Intumwa y’Amerika yasabye Perezida Kagame igisubizo ku Burundi

Intumwa ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Karere k’Ibiyaga Bigari,Thomas Perriello, kuri uyu wa 19 Kanama 2015 yasabye Perezida Kagame ibisubizo by’ibibazo byugarije u Burundi.

Ambasaderi Perriello yavuze ko abakuru b’ibihugu bigize akarere, bafatanije n’igihugu cye, Umuryango w’Abibumbye(UN) n’abandi bashobora gushakira ibisubizo u Burundi.

Perezida Paul Kagame aganira n'intumwa ya Leta Zunze Ubumwe z'Amerika mu Biyaga Bigari, Amb Thomas Perriello.
Perezida Paul Kagame aganira n’intumwa ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Biyaga Bigari, Amb Thomas Perriello.

Amaze kuganira na Perezida Kagame, Amb.Periello yagize ati “Ni ingenzi cyane ko abayobozi ku mpande zombi[mu Burundi] bashaka ibisubizo mu mahoro, bigizwemo uruhare n’abakuru b’ibihugu byo mu karere n’abandi.”

Yavuze kandi ko azakomeza kwibutsa igihug Leta Zunze Ubumwe za Amerika ibijyanye no kurwanya umutwe wa FDLR ngo bimeze nk’ibyasinzirijwe.

Na none ngo cyari igihe ko Ambasaderi Perriello amenyana na Perezida Kagame, akanumva ibibazo bijyanye na Politiki n’ubukungu bw’ibihugu bigize Akarere k’Ibiyaga Bigari.

Perezida Kagame na Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga, Louise Mushikiwabo, baganira na Amb. Thomas Perriello.
Perezida Kagame na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, baganira na Amb. Thomas Perriello.

Uyu mu amabasaderi aracyari mushya kuko yagenwe guhagararira Amerika mu kwezi kwa gatanu k’uyu mwaka, nyuma y’aho uwo yaje asimbura, Russ Feingold yeguye muri Gashyantare muri uyu mwaka.

Nyuma y’u Rwanda azakomereza urugendo rwe mu bihugu bya Kongo Kinshasa, Tanzania na Angola.

Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yabwiye abanyamakuru ko ibyo u Rwanda rwemereye Ambasaderi Perriello, bizatangazwa mu cyumweru gitaha.

Andi mafoto

Simon Kamuzinzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 16 )

Uburundi nibwigire k’u Rwanda bareke kwica abenegihugu
nibamara kubamaraho bazayobora iki?

Pacis yanditse ku itariki ya: 20-08-2015  →  Musubize

perezida wacu arizewe ahubwo akwiye kuyobora afrika nkigihugu kimwe.

kerozene yanditse ku itariki ya: 20-08-2015  →  Musubize

ibibazo by’uburundi!!! kubona igisubizo azakibabonera nicy’u Rwanda rwari rwarapfuye yaracyibonye rurazuka!

Isabane yanditse ku itariki ya: 20-08-2015  →  Musubize

Birakwiriye pe ko abayobozi b’ibihugu byo mu karere bashyira hamwe bagatorera umuti urambye ibibazo by umutekano biri muri ibi bihugu byacu.

Agatha yanditse ku itariki ya: 20-08-2015  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka