Ingabo za Runiga zigera kuri 650 zahungiye mu Rwanda nyuma yo gutsindwa n’iza Makenga

Amakuru agera kuri Kigali Today aremeza ko ingabo zigera kuri 650 zari mu mutwe uyobowe na Bishop Jean Marie Runiga wiyomoye ku buyobozi bwa M23 zamaze kwambuka umupaka w’u Rwanda zihahungira nyum yo gutsindwa mu mirwano yazishyamiranyije n’iza M23 zasigaye ziyobowe na Sultani Makenga.

Umunyamakuru wa Kigali Today uri ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, aratangaza ko muri abo basirikare harimo abaraswe abandi, bakaba bahise bamburwa intwaro bagikandagira ku butaka bw’u Rwanda.

Ngabo abasirikare bazanye na Runiga baruhuka, nyuma yo kwirukankanwa batareba inyuma.
Ngabo abasirikare bazanye na Runiga baruhuka, nyuma yo kwirukankanwa batareba inyuma.

Umwe mu basirikare bakuru b’iki gice witwa Bodouin yatangarije abanyamakuru bari aho ko icyatumye bahunga ari uko babuze amasasu yo kurwana.

Bodouin aganira n'umusirikare w'umuzungu nyuma yo kugera mu Rwanda ahunze.
Bodouin aganira n’umusirikare w’umuzungu nyuma yo kugera mu Rwanda ahunze.

Aba basirikare bagize igice cya Runiga birukanywe mu gace ka Kibumba bari basanzwe bakoreramo, nyuma yo kwitandukanya na bagenzi babo batangiranye urugamba rwo gushaka uburenganzira bw’Abakongomani bavuga Ikinyarwanda, nk’uko bakomeje kubitangaza.

Iyo mirwano kandi yatumye n’abaturage bagera ku bihumbi bitanu bahungira mu Rwanda batinya ko intambara yakongera kubura bakahasiga ubuzima.

Imodoka abasirikare bakuru bo ku ruhande rwa Runiga binjiranye mu Rwanda bahunga.
Imodoka abasirikare bakuru bo ku ruhande rwa Runiga binjiranye mu Rwanda bahunga.

Igitangazamakuru News of Rwanda cyatangaje ko Minisitiri w’ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda yatangaje ko ingabo z’u Rwanda zabanje kubaka intwaro mbere yo kubaha ubuhungiro bari batse, ariko Runiga we yashwizwe ahatandukanye n’impunzi ku bw’umutekano we.

Zimwe mu ntwaro ingabo z'u Rwanda zatse abasirikare bari ku ruhande rwa Runiga ubwo binjiraga mu Rwanda.
Zimwe mu ntwaro ingabo z’u Rwanda zatse abasirikare bari ku ruhande rwa Runiga ubwo binjiraga mu Rwanda.

Yagize ati: “Abasirkare n’abakuru babo baturutse muri RDC binjiye mu Rwanda ariko babanza kwamburwa intwaro bavona gucungwa, benshi muri bo bari inkomere ariko bari guhabwa ubufasha bw’ibanze n’Umuryango utabara imbarare wa Croix Rouge.

Abatugae nabo bari mu bakuwe mu byabo n'iyo ntambara yongee kubura ariko noneho hagati y'imitwe ibiri yahoze ari umwe.
Abatugae nabo bari mu bakuwe mu byabo n’iyo ntambara yongee kubura ariko noneho hagati y’imitwe ibiri yahoze ari umwe.

Turi kuvugana n’imiryango yo mu karere n’indi mpuzamahanga kugira ngo bashobore kubakurikirana”.

Hagati aho ubuyobozi bwa Minisiteri ishinzwe gucyura Impunzi no kurwanda Ibiza (MIDIMAR), bwagiranye ikiganiro n’Abanyekongo bahungiye mu Rwanda bubahumuriza.

MIDIMAR yabasabye ko aribo bakwihitiramo niba bashaka kuguma mu Rwanda bakajyanwa mu nkambi ya Nkamira cyangwa bagasubizwa mu byabo.

Umubare w'impunzi wo ukomeje kwiyongera ariko izihitamo kuguma mu Rwanda zirajyanwa mu nkambi ya Nkamira.
Umubare w’impunzi wo ukomeje kwiyongera ariko izihitamo kuguma mu Rwanda zirajyanwa mu nkambi ya Nkamira.

Andi makuru umunyamakuru wacu uri I Rubavu, Syldio Sebuharara, aracyayadukurikiranira.

Kigali Today

Ibitekerezo   ( 24 )

ukuri kuragaragaye.nkeka ko iyaba u rwanda rufasha aba bantu ntabwo baba bahunze.kabila naze atware abantu be arekere aho kuvuza iya bahanda.

rukundo yanditse ku itariki ya: 16-03-2013  →  Musubize

IKI NIKINYOMA RWOSE NDETSE NIKINA MICO !!!! GUSA UKULI KULI HAFI!!!

JEYJEY yanditse ku itariki ya: 16-03-2013  →  Musubize

Ibi byo noneho ni agahomamumwa none bano bene data babacongomani ko bari gusubiranamo noneho bimeze gute? Gusa mbabajwe na na baturage bari kubigwamo,none se abavuga baravuga iki? urwanda se rwafashije abatsinze cg rwafashije abatsinzwe? ukuri guhora kwihishe inyuma yikinyoma. Imana iratuzi yirirwa ahandi igataha i Rwanda nabo basirikari ni baze turabakira. Ibi byose ni igisubizo ku mahanga.IMANA IFASHE ABAKONGOMANI BIKEMURIRE IBIBAZO BYABO.

Joseph yanditse ku itariki ya: 16-03-2013  →  Musubize

sinkibyo byose, na Zaire yanze kuzaka Ex FAR, ariko reba aho benewabo batugeze! bakaba ari nabo ntandaro y’umutekano muke mu karere muri rusange!

FDLR igihe cyose amahanga azaba atarabona ko aricyo kibazo akarere k’ibiyaga bigari gafite, ntamahoro azahaboneka, uyu munsi ni M23, ejo ni F24 (february 24), Congo nifatanye n’u Ewanda ubwabyo birandure FDLR naho ubundi ntamahoro! naho Mushikiwabo na Paul ndabemera mukumetriza stuation.

kaka yanditse ku itariki ya: 16-03-2013  →  Musubize

Ntwasaba leta y’urwanda nimiryango mpuzamahanga ishinzwegutabara gufasha izompunzi zabasivire kuko abobayobozi ningabozabo batazi ibyobakora.

Nkusi yanditse ku itariki ya: 16-03-2013  →  Musubize

Imana ibafashe!Baziyunge babane mumahoro!

Mukeshimana Marie yanditse ku itariki ya: 16-03-2013  →  Musubize

Bavandi,njye ibibera mubaturanyi bacu, njya mbona ari IKINAMICO!Ubuse aba ntibavugaga ko barwanya akarengane bagirirwa n ubuyobozi bwa Kongo? Nonese ko basubiranamo ari abavandimwe, ubu icyo barwanira barakizi koko? ubu ntabwo ari inda nini no gushaka ubutegetsi?Njye mbona hari ikindi kibyihishe Inyuma!Gusa tubitege amaso tuzaba tureba ibyiyi Kinamico? Gusa biraababaje niba abantu baterwa nabo bakitera!

Siborurema Jhon yanditse ku itariki ya: 16-03-2013  →  Musubize

Ngaho da!ibise kandi ni ibiki koko !!!!!!!!!!!!!Turabikemura gute noneho????Nyamara Congo ikwiye kwicara igakemura ikibazo cy’abana bayo,kandi nabo bakwiye gushyira hamwe aho kurwana batazi icyo barwanira ubu se koko turaBASHYIRA HE??????????????

ndekezi François yanditse ku itariki ya: 16-03-2013  →  Musubize

Ngahore! kweli abavandimwe! nukuri birabaje kubona abavandimwe basubiranamo ago gushakira hamwe icyabahuza. ariko wenda ukuri kuraza kujya ahagaragara.

yanditse ku itariki ya: 16-03-2013  →  Musubize

Ngahore! kweli abavandimwe! nukuri birabaje kubona abavandimwe basubiranamo ago gushakira hamwe icyabahuza. ariko wenda ukuri kuraza kujya ahagaragara.

Dominique yanditse ku itariki ya: 16-03-2013  →  Musubize

Ngahore! kweli abavandimwe! nukuri birabaje kubona abavandimwe basubiranamo ago gushakira hamwe icyabahuza. ariko wenda ukuri kuraza kujya ahagaragara.

Dominique yanditse ku itariki ya: 16-03-2013  →  Musubize

Ngaho rero babandi birirwa babeshyera u Rwanda ngo Rufasha Congo ese ni narwo rwemera ko abo rufasha bacikamo ibice? Erega ukuri kurahari Congo na UN bashakire umunti urabye abanyeKongo aho kwirirwa bikoma u Rwanda mu bibazo byabo.

Tubakirira impunzi ndetse n’abitwaje intwaro tukazibaka mbere yo kubakira nk’impunzi. Ibyo byakozwe amahanga areba Nyamara Congo aho kwambura FDLR intwaro ahubwo barazibaha. Congo igomba guhindura imikorere

Lilian Muzinga yanditse ku itariki ya: 16-03-2013  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka