Ingabo za Congo zateye mu Rwanda umwe ahasiga ubuzima

Mu rukerera rwo kuri uyu wa gatatu tariki 11/06/2014, ingabo za Kongo zinjiye ku butaka bw’u Rwanda zirasa ku birindiro by’ingabo z’u Rwanda mu karere ka Rubavu biba ngombwa ko ingabo z’u Rwanda zirwanaho umusirikare wa Kongo ahasiga ubuzima.

Kuri metero nka 300 uvuye ku mupaka ugabanya u Rwanda na Congo mu murenge wa Busasamana, akagari ka Rusura, umudugudu wa Cyamabuye niho uyu musirikare wa Kongo witwa Hategekimana Boysiro yaguye arashwe n’ingabo z’u Rwanda nyuma yuko we na bagenzi be binjiye ku butaka bw’u Rwanda.

Abasirikare ba Kongo bahagaritswe bageze mu murenge wa Busasamana, akagari ka Rusura, umudugudu wa Cyamabuye.
Abasirikare ba Kongo bahagaritswe bageze mu murenge wa Busasamana, akagari ka Rusura, umudugudu wa Cyamabuye.

Abasirikare ba Kongo binjiye ku butaka bw’u Rwanda bavuye ku gasozi kitwa Kanyesheja kegeranye n’akandi kabaho ingabo z’u Rwanda, nyuma yo kurasana ingabo za Kongo zasubiye kuri ako gasozi zari zavuyeho ariko haba igikorwa cyo kongera ingabo bava kuri 15 barenga 300 kandi bose biteguye urugamba.

Ku ruhande rw’u Rwanda ingabo zatabaye mu gihe abaturage barimo bava mu byabo bafunga amazu bajya ahitaruye. Ku ruhande rw’ingabo z’u Rwanda, nta musirikare wagize icyo aba.

Abaturage baje gushungera ahoa amasasu yavugiye.
Abaturage baje gushungera ahoa amasasu yavugiye.

Mu minsi ishize ingabo za Kongo zari ahitwa Kirimanyoka zasatiriye umupaka w’u Rwanda mu ndetse bamwe mu baturiye ikibaya kigabanya u Rwanda na Congo bavuga ko muri abo basirikare ba Kongo basanzemo Abanyarwanda bavuka muri Busasamana bikaba byongeye kugaragazwa n’uwarashwe witwa Hategekimana.

Nk’uko byavuzwe ko mu ngabo za Kongo harimo FDLR mu bateye mu Rwanda harimo abavugaga Ikinyarwanda neza , ndetse no mu basirikare baje gufasha ingabo za Kongo bavuye Ruhunda ahari ingabo za MONUSCO zavuye Tanzania harimo abavuga Ikinyarwanda ndetse batambaye nk’abandi basirikare kuko bo bari bambaye ipantalo ya gisirikare hejuru bambaye imyenda isanzwe nk’uko Hategekimana yari yambaye.

Amasasu akimara kuvuga, abaturage bafunze amazu kubera ubwoba.
Amasasu akimara kuvuga, abaturage bafunze amazu kubera ubwoba.

Iki gikorwa cyo kurasa mu Rwanda kije nyuma yuko ejo tariki 10/06/2014 abasirikare ba Kongo bari zinjiye ku butaka bw’u Rwanda bagatwara inka 6 bakazigarura nyuma yo guhabwa amafaranga ibihumbi 170 n’abaturage.

Muri iki gitondo, abantu bari bacye mu nzira zo mu gace amasasu yavugiyemo.
Muri iki gitondo, abantu bari bacye mu nzira zo mu gace amasasu yavugiyemo.

Sylidio Sebuharara

Ibitekerezo   ( 15 )

ingabo za kongo zimaze iminsi zitwiyenzaho , muereke tubereke ko tutazongera kurebera ibi biba

kanaya yanditse ku itariki ya: 11-06-2014  →  Musubize

ibyuvuze nukuri fifi

ntwali yanditse ku itariki ya: 11-06-2014  →  Musubize

KUDAKUBITA IMBWA BYORORA IMISEGA

FIFI yanditse ku itariki ya: 11-06-2014  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka