Abayobozi b’uturere baherutse kwegura basimbuwe hirya no hino mu Rwanda

Mu turere tw’u Rwanda tutari dufite abayobozi habaye ibikorwa byo gutora ababasimbura ku wa 25/02/2015 kandi bose bamaze kumenyekana.

Mu Karere ka Gatsibo batoye Richard Gasana ku mwanya w’umuyobozi w’akarere, Theogene Manzi ku mwanya w’umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu, naho Capt (Rtd) Wilson Rutayisire atorerwa kuyobora inama njyanama.

Gasana Richard, umuyobozi w'Akarere ka Gatsibo.
Gasana Richard, umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo.
Capt (Rtd) Rutayisire Wilson watorewe kuyobora inama njyanama y'Akarere ka Gatsibo.
Capt (Rtd) Rutayisire Wilson watorewe kuyobora inama njyanama y’Akarere ka Gatsibo.

Gasana watorewe kuyobora Akarere ka Gatsibo yari asanzwe ari umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Tare mu Karere ka Nyamagabe.

Mu Karere ka Rwamagana bagombaga gusimbuza umuyobozi w’akarere n’umwungirije nabo bakoze amatora, maze Uwizeyimana Abdul Karim atorerwa kuba umuyobozi w’akarere naho Regis Mudaheranwa aba umuyobozi wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu.

Uwizeyimana Abdoul Kalim watorewe kuyobora Akarere ka Rwamagana.
Uwizeyimana Abdoul Kalim watorewe kuyobora Akarere ka Rwamagana.
Mudaheranwa Regis, umuyobozi w'Akarere ka Rwamagana wungirije ushinzwe imari n'iterambere ry'ubukungu.
Mudaheranwa Regis, umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu.

Mu Karere ka Karongi mu burengerazuba bw’u Rwanda hatowe Ndayisaba François wari usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gitesi muri ako karere.

Ndayisaba Francois wagiriwe icyizere cyo kuyobora Akarere ka Karongi.
Ndayisaba Francois wagiriwe icyizere cyo kuyobora Akarere ka Karongi.

Mu Karere ka Rusizi ho batoye Harerimana Frederic ku mwanya w’umuyobozi w’akarere. Uyu yari asanzwe ari umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge muri Kigali.

Harerimana Frederic watorewe kuyobora Akarere ka Rusizi.
Harerimana Frederic watorewe kuyobora Akarere ka Rusizi.

I Rusizi kandi batoye Nsigaye Emmanuel ku mwanya w’umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage. Uyu Nsigaye yari ashinzwe imiryango itegamiye kuri leta n’itangazamakuru muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu.

Mu Karere ka Nyamasheke naho habaye amatora yo gusimbuza Habyarimana Jean Baptiste wari umuyobozi wako uherutse kwegura, uyu mwanya ukaba wegukanywe na Kamali Kamali Aimé Fabien, wari Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanjongo muri aka karere.

Kamali Aimé Fabien watorewe kuyobora Akarere ka Nyamasheke.
Kamali Aimé Fabien watorewe kuyobora Akarere ka Nyamasheke.

Hanatowe kandi perezida w’inama Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke, umwanya wegukanywe na Ndabamenye Telesphore ukora mu kigo cy’igihugu cyo guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB), akaba ari umuyobozi wungirije ushinzwe ibyo kuhira n’ihingishwa ry’amamashini, akanayoboya ishami ryo kongera umusaruro.

Ndabamenye Telesphore, Perezida w'inama njyanama y'Akarere ka Nyamasheke mushya.
Ndabamenye Telesphore, Perezida w’inama njyanama y’Akarere ka Nyamasheke mushya.

Ahishakiye Jean d’Amour afatanyije n’abanyamakuru ba Kigali Today mu turere amatora yabereyemo

Ibitekerezo   ( 19 )

K.Fabien, kayobore urabikwiye! Tukuri inyuma kbsa!

HABIYAREMYE Fabien yanditse ku itariki ya: 25-02-2015  →  Musubize

Twishimiye abayobozi bashya. Imana ibibafashemo.

Innocent. yanditse ku itariki ya: 25-02-2015  →  Musubize

Kamali uri intore y’indongozi,haranira icyazamura imyumvire n’iterambere by’umuturage wa Nyamasheke.

Tuyisenge yanditse ku itariki ya: 25-02-2015  →  Musubize

Yo ni byiza cyane rwose Rusizi uwo muyobozi turamwishimiye ndabona asobanutse rwose

Jean Claude yanditse ku itariki ya: 25-02-2015  →  Musubize

felicitation kuri Richard Gasana from our sector

alias yanditse ku itariki ya: 25-02-2015  →  Musubize

kamali oyeee!!! urasobanutse ntituzagutererana mu guteza akarere kacu imbere.ubu maire urabukwiye rwose.imana ibane nawe. kandi nyamasheke yose ikujye inyuma igikombe cyacu cy’ imihigo tukivane i cyicukiro.

Ndahayo Eliezer yanditse ku itariki ya: 25-02-2015  →  Musubize

Ko mushyiraho abasirikare gusa!?!

kamanzi yanditse ku itariki ya: 25-02-2015  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka