Kuri uyu wa kabiri tariki 02/10/2012, mu karere ka Nyamasheke hatangiye ibiganiro by’iminsi ibiri hagati ya komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge (NURC) n’inzego zitandukanye z’ubuyobozi n’izihagarariye ibyiciro bitandukanye by’abaturage.
Nyuma yo kugaragara ko abaturage babiri bubatse ku musozi wa Rubavu bakarengera imbibe bagendeye ku byangombwa bahawe n’abakozi b’akarere, ubuyobozi bw’intara bwahisemo kubakurikirana bagenerwa ibihano.
Nyampinga w’u Rwanda muri uyu mwaka wa 2012, Aurore Mutesi Kayibanda, avuga ko gushyira mu kigega Agaciro Development Fund atari ukuba ufite amafaranga menshi ko n’urubyiruko ruciriritse rwakihesha agaciro binyuze kuri telephone zabo.
Icikagurika rya hato na hato ry’amashusho ya isosiyete icuruza amashusho, Star Times, rishobora gutuma ifatirwa ibihano; nk’uko bitangazwa n’Ikigo gishinzwe kugenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA).
Umuryango udaharanira inyungu, Rwanda Partners, wemereye umusaza Karongozi Stephan w’imyaka 84 utuye mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango, kuva mu muhanda agahabwa akazi kazajya kamuha amafaranga yo kwikenuza.
Umukobwa w’imyaka 18 y’amavuko witwa Dusabe Pascaline yitabye Imana, abandi batatu bajyanwa kwa muganga biturutse ku nkuba yakubitiye mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro ku wa mbere tariki 01/10/2012.
Abanyekongo bafashwe biba amafi mu Rwanda Abanyekongo 23 bafungiye mu karere ka Rubavu bazira kwambuka imipaka ku buryo butemewe n’amategeko bakajya kuroba amafi mu kiyaga cya Kivu mu gice cy’u Rwanda mu gihe mu Rwanda uburobyi bwahagaze.
Urubyiruko rurasabwa kurwanya ubushomeri ruhanga imirimo rushaka igisubizo cy’ubukene kugira ngo rwiheshe agaciro aho gutega amaboko ibivuye ku bandi.
Umurambo w’umugabo witwa Emmanuel n’uwundi mwana ufite umwaka umwe n’amezi make yatoraguwe mu mugezi wa Nyabarongo mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 01/10/2012.
Kimwe n’ahandi hose mu gihugu tariki 29 Nzeri 2012 mu Karere ka Kirehe habaye umuganda ngaruka kwezi wahuje abaturage n’abayobozi ku nzego zitandukanye bakaba baracukuye imirwanyasuri bubaka n’ibyumba by’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12.
Akarere ka Rubavu kateganyine amafaranga miliyoni eshatu yo gufasha ababyeyi gukora imishinga bakorera mu Rwanda aho gusiga abana ku mihanda bakajya gushaka imirimo mu mujyi wa Goma.
Abasore bo mu mirenge itandukanye yo mu karere ka Rusizi bari bamaze imyaka ibiri bahabwa amasomo i Wawa azabafasha mu buzima bwo hanze dore ko batarajyayo bitwaga amazina mabi kubera urumogi n’ubujura byabarangaga.
Abayobozi b’umuryango w’ubumwe bw’iburayi (EU) ishami ry’Afurika, batangaje kuri uyu wa mbere tariki 01/10/2012, ko EU ikomeje gutera inkunga u Rwanda, ititaye ku bibazo bya politiki u Rwanda rufitanye na Kongo Kinshasa.
Miliyoni zirenga 70 z’amafaranga y’u Rwanda (amadorali ibihumbi 120) niyo yakusanyijwe n’Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro i Darfur muri Sudani mu muhango wabereye El Fasher ku kicaro cya batayo y’Abanyarwanda tariki 28/09/2012.
Umutwe ugizwe n’abapolisi 143 b’Abanyarwanda bari basesekaye ku kibuga cy’indege i Kanombe tariki 29/09/2012 bava mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro mu gihugu cya Haiti, aho bari bamaze amezi icyenda.
Umushinwa wakoraga muri sosiyete ikora umuhanda Nyamasheke-Karongi yitwa “société nationale chinoise des travaux de ponts et chaussées” yagonzwe n’imashini ipakira izindi, mu ma saa kumi n’imwe zo mu gitondo tariki 30/09/2012 yitaba Imana.
Nyuma yo guhingira umukecuru wari uraye ihinga witwa Verediyana Nyirabakunzi mu gikorwa cy’umuganda cyabereye ahitwa i Mubumbano mu Murenge wa Mukura, akarere ka Huye, tariki 29/09/2012, abawitabiriye bashimangiye ko abasheshe akanguhe ni abo guhabwa agaciro.
Abasheshe akanguhe bo mu karere ka Karongi ngo bafite icyizere ko Leta izashyira mu bikorwa icyifuzo cyabo cy’uko amafaranga y’izabukuru (pension) yagenwa hakurikijwe ibihe tugezemo kubera ko n’ubuzima busigaye buhenze.
Ihuriro ry’ abagore bari mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda (FFRP) rikomeje kwamagana ibihuha bivugwa na bamwe babifitemo inyungu zabo cyangwa se badasobanukiwe bagenda bavuga ko hatowe itegeko ryo gukuramo inda.
Visi Perezida w’Inteko Ishingamategeko umutwe w’Abadepite, Kankera Marie Josée, asanga umuganda utagira uruhare gusa mu kubaka igihugu, ahubwo ari n’umuyoboro wo gusabana kw’Abanyarwanda.
Mu gikorwa cy’umuganda rusange wabaye kuwa gatandatu tariki 29/09/2012, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) yashyikirije akarere ka Nyanza igihembo cy’uko kabaye indashyikirwa mu kwita ku bikorwa by’umuganda w’abaturage.
Minisitiri w’intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yatangije igihembwe cy’ihingwa A mu karere ka Rubavu, yifatanya n’abaturage mu gikorwa cy’umuganda ngaruka kwezi cyakorewe k’umugezi wa Sebeya wangiriza abaturage ukanahitana ubuzima bwabo uko imvura iguye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) na gifatanyije n’Ishyirahamwe ry’Ibinyamakuru byigenga (FPN), byasabye abayobozi bimana amakuru kandi babifitiye ubushobozi kubireka. Babikanguriwe mu mahugurwa y’umunsi umwe bagenewe kuri uyu wa Gatanu tariki 28/09/2012.
Ikigo Nyarwanda gishinzwe iterambere ry’icyaro (RISD), kirateganya gutangiza urwego rugamije gukemura amakimbirane aturuka ku iyandikisha n’itangwa ry’ibyangombwa bya burundu by’ubutaka.
Minisitiri w’intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi arifatanya n’abaturage bo mu karere ka Rubavu mu kubungabunga umugezi Sebeya umaze igihe ubasenyera ukangiza n’imyaka yabo, mu gikorwa cy’umuganda cyo kuri uyu wa Gatandatu 29/09/2012.
Itsinda ry’abayobozi icyanda baturutse muri Liberiya, bari mu rugendoshuri mu Rwanda, bishimiye uruhare ababyeyi bagira mu kubaka ibyumba by’amashuri yigwamo abana babo, mu rugendo bagiriye mu karere ka Bugesera kuri uyu wa Gatanu 28/9/2012.
Umuyobozi wa polisi mu Karere ka Rwamagana, Supt. James Muligande arashishikariza abatwara abantu kuri moto kwihesha agaciro mu murimo wabo, bakareka kujya bigaragaza nk’abantu badakwiye agaciro n’icyizere.
Abayobozi b’ibanze, ababyeyi n’abarezi mu Ntara y’Uburasirazuba ntibumvikana ku buryo bazitwara mu mezi ari imbere kuva aho ishami rya LONI ryita ku biribwa (PAM) ritangarije ko ritazongera kugaburira abana biga mu mashuri abanza.
Mu mezi atatu ari imbere, buri cyumwe hazajya hakorwa umuganda rusange mu gihugu hose mu rwego rwo kurwanya inkangu n’ingaruka z’ibiza; nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’Ubutaka n’umutungo kamere. Iyi gahunda izatangirana n’umuganda wo kuri uyu wa gatandatu tariki 28/09/2012.
Inama yo gusuzuma niba abatoza mu miyoborere (coaches) bakenewe mu nzego z’ibanze, yagaragaje ko mu turere 10 twakorewemo igerageza, utwinshi twageze ku mihigo y’umwaka wa 2011-2012 ku kigero gishimishije; nk’uko ikigo gishinzwe imiyoborere mu Rwanda (RGB) cyabitangaje.