Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba abahinzi kugira uruhare mu kurinda uburwayi bw’imbuto nshya y’imyumbati bari guhabwa.
Abanyeshuri bane n’Umuyobozi ushinzwe Amasomo mu Kigo cy’Amashuri Yisumbuye cya Miyove muri Gicumbi batawe muri yombi kubera urupapuro ruriho ingengabitekerezo ya Jenoside.
Mutesi Jolly, Nyampinga w’u Rwanda 2016, kuri uyu wa 3 Werurwe 2016, yasinyanye amasezerano y’imikoranire na COGEBANQUE.
Televiziyo y’u Rwanda (RTV) yamaze kuba imwe mu masheni ya televiziyo mpuzamahanga zigize sosiyete ya DSTV, igaragara kuri sheni ya 299.
Abarimu bigishaga mu ishuri ry’imyuga rya VTC Rusasa, mu Murenge wa Rusasa, Mu Karere ka Gakenke, barasaba kwishyurwa miliyoni 4frw.
Abanyeshuri biga ku Ishuri Ribanza rya Saint Paul Tyazo ry’i Kanjongo Karere ka Nyamasheke, basobanuriwe uko bagenda neza mu muhanda, maze basabwa kwirinda impanuka.
Dr Munyandamutsa Naasson wamenyekanye cyane mu bijyanye n’ubujyanama ku ihungabana, yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 1 Werurwe 2016, azize uburwayi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo bugiye gutangira kwimurira mu midugudu abaturage batuye, kugira ngo biborohereze kubagezaho ibikorwa remezo n’izindi gahunda.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Bosenibamwe yasabye abikorera bo mu karere ka Burera kwishyira hamwe bakubaka amazu agezweho ku mupaka wa Cyanika.
Abasoje icyiciro cya kabiri cy’amahugurwa y’abagize Urwego Rwunganira Ubuyobozi bw’Akarere mu gucunga Umutekano (DASSO), barasabwa gukurikirana akarengane gakorerwa abaturage.
Ingabo z’u Rwanda zatangiye gusimbuza abasirikare bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye i Bangui muri Central Africa (MINUSCA).
Minisitiri Kaboneka Francis yabwiye abayobozi bashya b’Umujyi wa Kigali ko intwaro yo kubafasha kugera ku nshingano bahawe ari ukumva ababatoye.
Amazu 11 ndetse n’intoki zitaramenyekana ubuso byasenywe n’umuyaga mu midugudu 2 y’ Akagari ka Nsheke Umurenge wa Nyagatare.
Abaturage b’Umurenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza ngo bahangayishijwe n’imvubu yaje mu mazi y’urugomero bubakiwe, batinya ko yabahohotera.
Impanga zavukanye igihimba kimwe ku itariki ya 23 Gashyantare 2016 mu Karere ka Kirehe, zamaze kwitaba Imana.
Abayobozi b’Akarere ka Ruhango batowe tariki 26 Gashyantare 2016, baravuga ko icyizere bagiriwe n’abaturage ari ideni rikomeye bafite ariko biteguye kwishyura.
Monique Mukaruriza ni we utorewe kuyobora Umujyi wa Kigali, asimbuye Fidel Ndayisaba wari usoje manda ye y’imyaka itanu.
Ubuyobozi w’Akarere ka Huye buvuga ko itumba ryo muri Mata 2016 rizasanga abatishoboye icyenda bahoze batuye mu Rwabuye mu mazu bwabubakiye.
Imiryango 12 iranyagirwa nyuma yo gusenyerwa n’imvura ivanze n’umuyaga n’urubura hakangirika n’imyaka ku mugoroba wo ku wa26 Gashyantare 2016, iyo miryango ikaba isaba ubufasha.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi bwatangiye igikorwa cyo gusobanurira abaturage bataregera abandi batuye mu midugudu akamaro bibafitiye, birimo kwegerezwa ibikorwa remezo.
Intumwa esheshatu z’Umuryango w’Abibumbye zasuye ku itariki ya 26 Gashyantare itsinda ry’ abapolisi b’u Rwanda bari mu gihugu cya Centrafrika, bashimirwa kuba bakora akazi kinyamwuga kandi barangwa n’imyitwarire myiza.
KT RADIO, ubusanzwe yumvikanaga gusa ku murongo wa 96.7 FM mu Mujyi wa Kigali no mu nkengero zawo, ubu yatangiye kumvikana mu zindi ntara ku yindi mirongo.
Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, yasabye abayobozi bashya batorewe kuyobora uturere n’abagize za Njyanama zatwo gukorera hamwe no kwihutisha iterambere ry’abaturage.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 27 Gashyantare 2016, Abaturarwanda bitabiriye igikorwa cy’umuganda ngaruka kwezi mu gihugu hose, kibanze ku gutunganya bikorwa remezo.
Imashini itanga amashanyarazi (Generator) yo muri kaminuza y’u Rwanda ishami ry’Uburezi, yahoze yitwa KIE, yahiye irakongoka ku mpamvu zitaramenyekana.
Perezida Paul Kagame avuga ko Abanyarwanda barajwe ishinga no gukomeza gutera imbere n’ubwo hari ibyagezweho kuva u Rwanda ruvuye muri Jenoside.
Abari abayobozi b’uturere twa Gasabo, Huye, Ruhango, Nyamagabe, Nyaruguru, Ngoma, Kirehe, Gatsibo, Gakenke, Nyamasheke, Karongi, Rusizi na Rubavu; bongeye gutorerwa kutuyobora muri manda y’imyaka itanu.
Abaturage bo mu bihugu by’u Rwanda na Congo baturiye imipaka ya Rusizi barishimira ko Leta ya Congo yongereye amasaha yo gufungura umupaka hagati ya Bukavu na Kamembe, bikazaborohereza mu kazi.
Guverineri w’Intara y’iburengerazuba Madame Mukandasira Caritas yasabye abagore batorwa mu nama y’igihugu y’abagore kuzaba nyambere mu iterambere ry’umuryango n’igihugu.