Abaturage bari barabuze uko bava mu maboko y’abarwanya u Rwanda mu mashyamba yo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, basobanuye ko abo barwanyi bari baranze kubarekura ngo batahe kuko bababwiraga ko mu Rwanda nta mutekano uhari.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rweretse abanyamakuru Herman Nsengimana wasimbuye Callixte Nsabimana, ku buvugizi bw’umutwe wa FLN.
Abashakashatsi biyemeje kunyomoza bamwe mu Banyarwanda bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, abanyepolitike n’abanyamahanga bitwaza Jenoside ku bw’inyungu zabo bwite.
Umuryango Plan International Rwanda wafashije abana b’abakobwa 100 batewe inda ndetse n’abandi 150 bacikirije amashuri, kwiga imyuga banahabwa ibikoresho by’ibanze ngo babashe kwibeshaho.
Kuva muri Kanama 2019 inzu iri hakurya y’ibiro by’Akarere ka Huye umwamikazi Rosalie Gicanda yahoze atuyemo yashyizwe mu maboko y’Ikigo cy’Ingoro z’Igihugu z’Umurage w’u Rwanda (INMR), none kirateganya kuyihindura inzu ndangamurage.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa mbere tariki ya 29 Nyakanga 2019, yafashe imyanzuro irimo uwo gusubiza bimwe mu bigo bya Leta mu mijyi yunganira Kigali.
Abahoze bakorera amavuriro mato (Postes de Santé) mu Karere ka Ngororero barasaba ubuyobozi bw’Akarere kubishyura imishahara bakoreye mbere y’uko ayo mavuriro yegurirwa abikorera.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwazamuye ibiciro by’amashanyarazi ku bazakoresha umuriro mwinshi nk’uko ruheruka kubigenza ku bakoresha amazi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwijeje abaturage bako batishoboye basenyewe n’ibiza birimo imvura yaguye kuri Noheli mu mpera z’umwaka ushize wa 2019, ko butazabatererana mu gihe cyose batarabona aho baba.
Umwalimu mu Itorero rya ADEPR witwa Minega Jean de Dieu avuga ko mbere yo kwakira agakiza ngo yanyweye ibiyobyabwenge bimutera kurya cyane bidasanzwe, akaba ngo atewe impungenge n’ingo zirimo abantu bakennye banywa ibiyobyabwenge.
Mu muhango wo kwizihiza umunsi ngarukamwaka wahariwe umuco ku basirikare bakuru biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare riherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze, amafunguro yo mu gihugu cya Botswana na Zambia yatunguye benshi.
Ku Cyumweru tariki 12 Mutarama 2020, ni bwo hamenyekanye inkuru y’akababaro y’urufpu rwa Mugabo Pie, wigeze kuba Minisitiri w’Imibereho myiza y’abaturage ndetse akaba yarabaye n’umuyobozi mukuru w’ishyaka rya PL.
Muri paruwasi ya Nyamiyaga mu Karere ka Nyanza, hari abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’ababahemukiye biyunze hanyuma bibumbira mu isinda ‘Twunze Ubumwe’, none bahawe inkunga ya miliyoni 26 na Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge.
Madamu Jeannette Kagame avuga ko kubaho nta byiringiro ku buzima buri imbere ari nko guhakana ubushobozi bw’Imana kandi yo haba hari ibyo iteganyiriza ibiremwa byayo.
Ikigo cyitwa RITCO Ltd (Rwanda Inter-Link Transport Company) gikora ibijyanye no gutwara abagenzi hirya no hino mu gihugu, kiratangaza ko kigiye kwibanda ku kwerekeza mu mihanda yo mu cyaro ihuza icyaro n’imijyi mito ndetse n’Umujyi wa Kigali.
General Kabarebe yabwiye abarimu bigisha amateka bari mu itorero i Nyanza ko atajya aririmba kandi ko yabyangishijwe n’umwalimu wamwigishaga.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred arasaba abayobozi mu Karere ka Nyagatare gukora batizigama no gukosora ibyangiza isura y’akarere.
Madamu Jeannette Kagame avuga ko ibibazo bisigaye biba mu ngo z’Abanyarwanda bituma hari abato bica intege bagatinya gushinga ingo bitahozeho, bityo ko bishobora no kurangira umuntu akajya gushinga urugo yumva ko agiye aho azakundwa nk’uko byahoze kera.
Itsinda ry’Abanyarwanda 40 baba mu mahanga (Diaspora) mu bihugu byo hirya no hino ku isi baravuga ko aho u Rwanda rugeze mu birebana n’ishoramari mu bikorwa bitandukanye hatanga icyizere gishimishije.
Perezida wa Sena, Dr Iyamuremye Augustin, ahamya ko urukundo hagati y’abashakanye atari ukurebana mu jisho ahubwo ari ukureba mu cyerekezo kimwe.
Nyuma y’uko hemejwe ko hazubakwa Bazirika ya Bikira Mariya i Kibeho, imirimo yo kuyubaka iri hafi gutangira.
General James Kabarebe yabwiye abarimu bigisha amateka bari mu itorero i Nyanza ko intama y’umweru yagaragaye ku mafoto hamwe n’Inkotanyi yazikundaga ikanazikurikira, ko itari umupfumu wazo.
Urwegwo Ngenzuramikorere (RURA), rurizeza abinubira gukererwa ku kazi mu Mujyi wa Kigali bitewe n’imodoka zitinda kubageraho, ko iki kibazo kizaba cyabaye amateka bitarenze ukwezi kwa Kamena muri uyu mwaka.
Kompanyi y’u Rwanda ikora ingendo zo mu kirere (Rwandair) yanyomoje amakuru yavugaga ko imwe mu ndege zayo yahiye imwe muri moteri zayo i Tel Aviv muri Israel.
Abagore n’urubyiruko 42 barangije ibihano bo muri gereza ya Musanze n’iya Nyagatare bahawe ibikoresho by’imyuga bigizwe n’imashini zidoda, izikoreshwa mu bubaji, gusudira, izitunganya imisatsi n’ibindi byifashishwa mu myuga itandukanye.
Ahagana saa sita n’iminota 15 mu ijoro rishyira ku wa kane tariki 09 Mutarama 2020 nibwo Abanyarwanda icyenda bari bamaze igihe bafungiye mu gihugu cya Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko basesekaye ku butaka bw’u Rwanda, banyujijwe ku mupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda.
U Rwanda rwongeye gusaba Leta ya Uganda kurekura Abanyarwanda bose bafungiyeyo bazira ubusa, no guhagarika ibikorwa byo gutera inkunga imitwe yitwaje intwaro igamije guteza umutekano muke mu Rwanda.
Urubyiruko rutari mu mashuri mu turere twa Rwamagana na Nyarugenge ruratangaza ko Clubs z’Ubumwe n’Ubwiyunge ruhuriramo zirufasha kungurana ibitekerezo ku mateka yaranze u Rwanda no gufatanyiriza hamwe gushaka ibisubizo by’ibibazo ruhura na byo.
Ubuyobozi bw’Ingoro z’Umurage w’u Rwanda, buravuga ko imirimo yo kubaka ingoro y’amateka y’urugamba rwo kwibohora iri kubakwa ku Mulindi, biteganyijwe ko izaba yarangiye muri Kamena uyu mwaka wa 2020.
Abatuye mu Mujyi wa Musanze no mu nkengero zawo bavuga ko batewe impungenge n’abana b’inzererezi bagaragara ku mihanda cyane cyane mu masaha ya nijoro basabiriza abahisi n’abagenzi.