Umuryango w’Abibumbye wambitse Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo imidari y’ishimwe kuko zakoze akazi k’indashyikirwa mu kubungabunga amahoro ndetse zikarenzaho n’ibikorwa by’ubutabazi n’iterambere.
Abakirisitu Gatolika bo mu karere ka Burera batangaza ko umunsi mukuru wa Noheli bawufata nk’umunsi udasanzwe kuburyo bateganya ibyo bagomba guhemba umubyeyi Bikira Mariya uba wibarutse umwana Yezu.
Abinyujije ku rubuga rwa Twitter, Perezida Kagame yifurije abantu Noheli Nziza by’umwihariko abayimwifurije n’umuryango we, aboneraho kubifuriza n’umwaka mushya Muhire.
Habura amasaha make ngo Noheri igere (ku mugoroba wa tariki 23/12/2012), ibitaro bya Nyanza byatanze impano zitandukanye z’umunsi mukuru ku bana baharwariye ndetse n’abahavukiye mbere y’uko Noheri igera.
Itsinda ry’abakarateka ryitwa LIONS KARATE-DO CLUB risanzwe rikiniramo abana bato kuri stade Amahoro i Remera, ku cyumweru tariki 23/12/2012 yatangije ikiciro cy’abakinnyi bafite imyaka hejuru ya 35.
Ishuri rikuru ryigisha ibijyanye n’ubutetsi n’ubukerarugendo (Rwanda Tourism College), ku nshuro yaryo ya mbere ryamuritse abanyeshuri barangije mu byiciro bya mbere by’amashami arigize, kuva ryatangira mu myaka itanu ishize.
(*Ubuhanuzi bw’ibinyoma ni ibibazo!) Hala ! (Holla! – Mukomere!) Zirajyamo se pipo ? (Mumeze neza mwese?) Ebana, nizere ko mumeze fuleshi (fresh – neza) nanjye ndaho ndateratera (ndaho bisanzwe)
Abaturage batuye akarere ka Kirehe barema isoko rya Nyakarambi bavuga ko iyi minsi mikuru ya Noheri n’ubunani itameze nka mbere kuko ubu amafaranga ari make bitandukanye n’iminsi mikuru yashize.
Ministeri y’ingabo (MINADEF) yashimye inkunga ingana na miriyoni eshatu z’amadolari y’Amerika, yatanzwe na Leta y’Ubuyapani mu kubaka ibikorwaremezo by’ishuri ryigisha kubungabunga amahoro (Rwanda Peace Academy) riri i Nyakinama mu karere ka Musanze.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 24/12/2012, inkambi ya Kigeme icumbikiwemo impunzi z’abanyekongo zahunze imirwano n’umutekano muke biri muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo yakiriye indi miryango 34 igizwe n’abantu 135 baje baturuka mu nkambi y’agateganyo ya Nkamira.
Ku rwego rw’akarere ka Nyanza hagiye kubakwa urwibutso rwa jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 ruzatwara amafaranga arenga miliyoni 169; nk’uko byemejwe mu nama yabaye tariki 24/12/2012.
Abagabo barindwi bo mu karere ka Rusizi bafungiye kuri station ya Polisi ya Muganza bakurikiranyweho icyaha cyo kwica Samvura Yohani bamuziza kuba ngo ari umurozi.
Abakaporari babiri: Ntezimana Emmanuel na Ntawumenyiryayo; n’umu sordant umwe bitandukanyije n’umutwe wa FDLR bageze mu nkambi ya Nyagatare mu karere ka Rusizi ku mugoroba wa tariki 21/12/2012.
Olivia Culpo ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ni we wabaye nyampinga w’isi wa 2012 nyuma yo kuza ku rutonde rw’abakobwa bafite igikundiro.
Umugore witwa Nyirandikubwimana Dévotha utuye mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera yibarutse abana 3 b’abahungu mugoroba wa tariki 23/12/2012 ariko ntibari bagejeje igihe cyo kuvuka kuko barimo kurererwa mu byuma.
Abadiventiste b’intara ya Mudende mu karere ka Rubavu bageneye abagororwa bo muri gereza ya Rubavu toni ebyiri z’ibirayi. Iki gikorwa cyashimwe n’ubuyobozi bwa gereza ya Rubavu kuko byungura byinshi mu mibereho y’imfungwa n’abagororwa.
Umunyecongo witwa Munyarutete Auguste yahungiye mu Rwanda taliki 23/12/2012 yarashwe ku kaboko ubu akaba avurirwa mu bitaro bya Gisenyi.
Ikiraro cyo ku mugezi wa Rukarara giherereye mu Kagari ka Nyabisindu mu murenge wa Kaduha gihuza imirenge ya Mbazi na Kaduha cyari kimaze umwaka cyarangiritse bikabije, cyongeye kuba nyabagendwa nyuma yo gusanwa.
Umugabo witwa Sanjay wo mu gihugu cy’u Buhindi ahitwa Ramgaon amaze amezi 9 aba mu giti kubera ko umugore we yanze kumusaba imbabazi nyuma yo kumwiba.
Polisi y’igihugu irasaba abaturage ko bakwiye kwitwararika bakishimisha mu rugero ndetse bakanicungira umutekano muri iyi minsi mikuru kuko gusoza umwaka atari ubuzima buba burangiye.
Maniraho Bernard utuye mu murenge wa Musha mu karere ka Gisagara arishimira ko itariki ya 21/12/2012 yaramusize amahoro kandi byaravugwaka ko isi izaba yarangiye.
Mukeshimana Frederic w’imyaka 35 yakomerekejwe n’ingona ubwo yari arimo kuroba rwihishwa ku kiyaga cya Kidogo mu murenge wa Ririma mu karere ka Bugesera mu mpera z’icyumweru gishize.
Ibi byatangajwe ku wa gatanu, tariki ya 21 Ukuboza, ubwo itsinda rishinzwe kugenzura imiterere y’ahazubakwa umujyi ryagiranaga ibiganiro n’izi nzego mu rwego rwo kunoza imigendekere myiza y’iki gikorwa ubwo kizaba gitangiye.
Umukozi ushinzwe ibikorwa bya sosiye y’ishoramari y’i Muhanga SIM (Societe d’investissement de Muhanga), Ntihinyuka Jeremi, aratangaza ko iyi sosiyete itigeze isenyuka ahubwo ngo yagize ibibazo by’ubukungu kubera abo bantu banze gutanga imigabane yabo bari bemeye.
Rutarindwa Joseph Desire uyobora akagari ka Kinyanzovu, umurenge wa Cyanzarwe mu karere ka Rubavu arahamagarira abaturage gusezerana imbere y’amategeko no kuboneza urubyaro kuko byagaragaye ko iyo bidakozwe byongera amakimbirane mu miryango.
Ikigo cy’igihugu gitanga amazi n’amashanyarazi (EWSA) ishami rya Ngoma ritangaza ko ryibasiwe n’ubujura bw’insinga bugenda bwiyongera uko amezi ashira.
Abakirisito b’Itorero rya ADEPR bo muri Paruwase ya Rwesero mu karere ka Nyamasheke, ku cyumweru, tariki 23/12/2012 batashye urusengero rwuzuye rutwaye amafaranga asaga miliyoni 289.
Koperative COOPEDU yasabye abanyamuryango bayo barenga ibihumbi 21 kwemeza ko imitungo bayibitsemo ibaye imigabane, kuko icyari Koperative gihindutse sosiyete y’ubucuruzi COPEDU Ltd, yitegura guhinduka banki y’imari iciriritse mu mwaka w’2014.
Umukecuru witwa Mukaruhana Herena utuye mu mudugudu wa Gakenyeri B mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza, yari yivuganye umwuzukuru we arera bapfuye ko yaramennye umuceli bahawe mu mushinga nk’igaburo ry’iminsi mikuru ya Noheri n’ubunani bw’umwaka wa 2013.
Abatuye umurenge wa Kibirizi akagari ka Muyira ho mu karere ka Gisagara bongeye gushishikarizwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa mu ngo, nyuma y’aho bigaragariye ko ari inzitizi ku bikorwa byinshi mu buzima bw’umuryango ndetse n’iterambere muri rusange.
Ikipe y’igihugu Amavubi yatsindiwe i Luanda na Angola igitego 1-0, mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade du 11 Novembre ku wa gatandatu tariki ya 22/12/2012.
Abafite ubumuga bo mu karere ka Gakenke bari guhugurwa ku gikorwa cy’amatora y’abadepie bazahagararira abaturage mu nteko ishingamategeko, giteganyijwe umwaka utaha wa 2013. Komisiyo y’amatora ikemeza ko abafite ubumuga nabo bafite uruhare muri iki gikorwa.
Abagabo barenga 3000 nibo bamaze kuboneza urubyaro mu gihugu cyose kuva mu 2008 iyi gahunda yatangira, nk’uko Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ibitangaza.
Abaturage bo mu kagari ka Gitwa no mu nkengero zaho bavuga ko ivuriro bubakiwe ribafitiye akamaro, kuko bakoraga urugendo rw’amasaha atatu n’amaguru kugira ngo bagere ku kigo nderabuzima kiri hafi.
Abafite ubumuga bo mu karere ka Rubavu bavuga bashima komisiyo y’amatora ku biganiro ibagenera bya Demokarasi no kubakangurura uruhare rwabo mu matora yo mu nzira ya demokarasi.
Ubuyobozi bwa sosiete y’itumanaho MTN mu karere ka Ruhango, buravuga ko bugiye gufatira ingamba zikomeye abashinzwe gukwirakwiza amakarita na za mitiyu muri aka karere, bagaragaraho ingeso yo kwiba abakiriya.
Inama y’ umutekano yaguye y’akarere ka Ngoma yemeje ko amarondo ashyirwamo ingufu, mu rwego rwo guhashya ibikorwa by’ubujura n’urugomo bishobora kwiyongera byihishe inyuma yo kwizihiza iminsi mikuru ya noheli n’ubunani.
Bamwe mu barwaza barwarije kubitaro bikuru bya Kibungo n’abakozi b’ibitaro bari bakererewe akazi kuri uyu wa Kane 20/12/2012 bahejejwe hanze y’ ibitaro amasaha abili kubera gukererwa amasaha yagenwe n’ibitaro.
Koperative yo kubitsa no kuguriza, Hirwa Rwaniro SACCO yo mu Murenge wa Rwaniro, ni yo yabaye iya mbere mu Karere ka Huye ITASHYE ibiro izajya ikoreramo yiyubakiye. Abakozi bayo bazajya bakorera mu biro byagutse, bavuye gukorera bari baratijwe n’ubuyobozi.
Abatuye umujyi wa Goma batangiye kuba mu bwoba nyuma y’aho abantu bagera ku munani bamaze gutwikwa bashinjwa ibikorwa by’ubujurua kuko ubuyobozi budashobora kubafunga. Urubyiruko nirwo rukaze muri ibyo bikorwa, kubera ijambo Perezida Joseph Kabira aherutse kuvuga.
Indirimbo Gangnam Style y’Umunyakorera y’Epfo niyo imaze guca agahigo mu mezi atanu ashize mu kuba imaze gusurwa n’abantu benshi. Imaze gusurwa n’abagera kuri miliyari ku rubuga rwa Youtube, nkuko bitangwazwa n’abanyiri uru rubuga.
Abahinzi b’imyumbati bo mu Karere ka Gicumbi barakangurirwa kurwanya indwara y’ibibembe ifata imyumbati mu bihe by’imvura igatuma amababi yituna. Bagasabwa gufata ingamba zikomeye zo kuyirwaya, kuko nta musaruro basarura batagize icyo bakora.
Itsinda ry’abanyeshuri barangiye muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR) barihiwe n’Ikigega gishinzwe gutera inkunga abacitse ku icumu rya Jenoside, bashimye uburyo iki kigega cyabaereye umuryango mushya kikabitaho nyuma y’uko benshi muri bo bari barasigaye ari imfubyi.
Abacungagereza barasabwa kurangwa n’imyitwarire myiza kugira ngo babashe gucunga neza umutekano wa za gereza. Babisabwe na Komiseri mukuru wa RCS ubwo yasuraga 2012 Gereza ya Gicumbi iherereye mu murenge wa Miyove, kuri uyu wa Gatanu tariki 21/12/2012.
Ikigo cy’Igihugu giushinzwe Uburezi (REB), gifite gahunda yo guhugura abarimu aho bari hose ku ikoranabuhanga, mu rwego rwo kubafasha kurikoresha mu kwigisha kwabo no guhererekanya amakuru no gufasha abanyeshuri kwiyigisha badategereje ko umwarimu ababwira buri cyose.
Abakozi b’ikigo cya Walfram Mining and Processing Company (WMP) gicukura amabuye y’agaciro i Rwinkwavu mu karere ka Kayonza, bavuga ko hari byinshi bamaze kugeraho nyuma y’aho ubuyobozi bw’icyo kigo bushyiriye imbaraga mu kunoza imibereho y’abagikoramo.
Bamwe mu bahahira n’abacururiza mu isoko rya Kamembe mu Karere ka Rusizi bavugako imyiteguro y’iminsi mikuru isoza kandi ikanatangira umwaka, idashyushye nk’uko bisanzwe kubera ibura ry’amafaranga kubahaha n’ubwo ibiciro by’ibicruzwa byagabanutse.
Abashinzwe iby’imitangire ya serivisi mu karere ka Nyanza bemeranyije ko bagiye gukora ibishoboka byose bagacyemura ikibazo cy’imitangire ya serivisi itanoze, nk’uko babihurijemo mu nama yabahuje kuri uyu wa Gatanu tatiki 21/12/2012.
Akabyiniro kazwi ku izina rya Orion Club ko mu mujyi wa Muhanga kafashwe n’inkongi y’umuriro muri iri joro rya tariki 21/12/2012. Icyateye iyo nkongi y’umuriro ntikiramenyekana.