Bamwe mu baturage bo mu mudugudu wa Nyarucyamo ya II mu kagali ka Gahogo mu mujyi wa Muhanga bahangayikishijwe n’ubujura bukorerwa mu ngo nijoro bwongeye gufata intera ikabije muri iyi minsi.
Minisitiri ushinzwe umuco n’itangazamakuru muri imwe muri Leta zigize Sudani Ragab Elbash n’itsinda ry’abanyamakuru bo muri Sudani tariki 04/04/2013 basuye Radio Izuba bagamije kureba imikorere y’amaradio y’abaturage mu Rwanda n’icyo Sudani yakwigira kuri iyo mikorere.
Umurenge wa Kivumu mu karere ka Rutsiro uranengwa ko umwaka ushize wari ku mwanya wa kane none muri uyu mwaka ukaba uri ku mwanya wa 12 mu kwitabira gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza.
Amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda arimo gutegura uko azibuka abari abakinnyi, abayobozi ndetse n’abakunzi b’imikino bazize Jenoside, ibyo bikorwa byo kwibuka bikaba biteganyijwe muri Gicurasi na Kamena uyu mwaka.
Ubwo abantu bavuye mu mpande zose z’igihugu bahuriraga ku Rwibutso rwa Buranga, Umurenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke baje gushyingura imibiri y’abazize Jenoside, abantu 14 bagize ikibazo cy’ihungabana, kuri uyu wa mbere tariki 08/04/2013.
Ishyaka ryo muri Afurika DA (Democratic Alliance) ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa ANC rirasaba Prezida Jacob Zuma gutanga ibisobanuro ku butumwa bw’ingabo z’Afurika y’Epfo zitegura kujyamo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo.
Alexis Nzamwitakuze w’imyka 29 utuye mu kagari k’Amahoro umurenge wa Muhima ari mu maboko ya polisi akurikiranywe kugaragaraho ingengabitekerezo ya Jenoside mu buturage avuga ko kwibuka jenoside ari iby’Abatutsi gusa.
Ikipe ya APR Volleyball Club iri mu mikino y’igikombe cya Afurika gihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo irimo kubera i Antananarivo muri Madagascar yasezerewe muri ¼ cy’irangiza itsinzwe amaseti 3-0 na Al Ahl yo mu Misiri mu mukino wabaye ku wa mbere tariki 08/04/2013.
Bwamwe mu batuye akarere ka Muhanga basanga Leta y’u Rwanda yarakoze byinshi biganisha ku guha agaciro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ariko ngo haracyari byisnshi byagakozwe birimo ubushakashatsi bwimbitse kuri Jenoside.
Umutoza w’ikipe ya Manchester City, Roberto Manchini, yanejejwe cyane no gutsinda mukeba Manchester United ibitego 2-1 ku wa mbere tariki 08/04/2013, ariko avuga ko azatwara igikombe umwaka utaha kuko igikombe cy’uyu mwaka cyo ngo asanga cyaramaze kumucika.
Mujawayezu yarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi i Zaza mu ntara y’Iburasirazuba ariko kuri ubu atuye mu murenge wa Nemba, akarere ka Burera, mu ntara y’Amajyaruguru.
Robert Bobby Williamson watozaga ikipe y’igihugu ya Uganda yasezerewe kuri iyo mirimo, nyuma yo gutsindwa n’ikipe y’igihugu ya Liberia, bikagabanyiriza Uganda amahirwe yo kuzajya mu gikombe cy’isi kizabera muri Brazil muri 2014.
Umurenge wa Busogo mu karere ka Musanze ni hamwe mu hantu hagaragaye ukwica Abatutsi mbere y’umwaka 1994, ndetse abahatuye bakemeza ko bwari uburyo bwo kugerageza Jenoside yakorewe Abatutsi.
Urwibutso rwa Jenoside rwa Nyamata rwubatse mu karere ka Bugesera mu murenge wa Nyamata rushyinguyemo imibiri y’abantu barenga ibihumbi 45, rukaba rubitse amateka menshi agaragaza amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umuhanzi w’imideli akaba n’umunyamakuru, Dady de Maximo Mwicira Mitali, abinyujije kuri facebook kuri uyu wa mbere tariki 08/04/2013 yatanze ubutumwa bujyanye n’icyunamo cya Jenoside mu buryo bw’igisigo.
Kuri uyu wa mbere tariki 08/04/2013, sosiyete ye MTN icuruza itumanaho rya telefone zigendanwa yasuye abacitse ku icumu bo mu Bisesero, umurenge waTwumba mu karere ka Karongi babatera inkunga y’amafaranga miliyoni enye n’ibihumbi 500.
Nyampinga w’u Rwanda, Umutesi Aurore, afatanyije n’urubyiruko, ba Nyampinga, abahanzi na Positive Production barategura ijoro ryo kwibuka urubyiruko rwazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Umugore wa mbere wabaye Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Margaret Hilda Thatcher, yitabye Imana mu gitondo cya taliki 08/04/2013 afite imyaka 87 azize kuba amaraso adatembera neza ngo agere mu bwonko.
Imwana w’imyaka itandatu yitabye Imana, nyina umubyara arakomereka kubera imvura nyinshi yateye inkangu yagwiriye inzu babagamo kuri iki cyumweru tariki 07/04/2013. Iyo mvura nyinshi yanangije amazu 13 mu Murenge wa Nemba, Akarere ka Gakenke.
Birasa Pascal w’imyaka 48 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Kavumu mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana yatawe muri yombi tariki 07/04/2013 akurikiranyweho amagambo ashinyagurira Abatutsi bishwe muri Jenoside no kuyipfobya.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa Loni (UNMISS) muri Sudani y’Amajyepfo zifatanyije n’Abanyasudani, tariki 07/04/2013, bitabiriye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 19Jenoside yakorewe Abatutsi.
Icyiciro cya kabiri cya gahunda y’imbaturabukungu (IDPRS II) iteganya ko bukungu n’imibereho y’Abanyarwanda bagomba kwiyongera. Amafaranga umuturage yinjiza ku mwaka azava ku madorali y’Amerika 644 agere ku madorali 1200.
Ubwo yagiranaga inama n’abakozi b’akarere ndetse n’izindi nzego zitandukanye, umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku, yabasabye ko bajya bakoresha imbuga nkoranyambaga cyane, mu rwego rwo kugaragaza isura nyayo by’umwihariko w’aho bakorera.
Nyuma y’uko Nyirakanyana Francoise abyaye abana bane mu mpera z’umwaka ushize, akaza kugabirwa inka y’inzungu ikamwa hamwe n’iyayo, tariki 06/04/2013 yagabiwe inzu.
Guverineri w’intara y’uburengerazuba, Kabahizi Celestin, yagiranye inama n’abakozi ndetse n’abayobozi batandukanye bo mu karere ka Rutsiro tariki 06/04/2013 bagamije kwibukiranya ku cyo Leta ibifuzaho, barebera hamwe aho intege nke ziri, bafata n’ingamba zo kwikosora kugira ngo bihute mu iterambere.
Stade ya Cyasemakamba iri mu karere ka Ngoma yari yarashaje, iri kubakwa ku buryo bugezweho. Nubwo iyi stade iri kubakwa ngo ntizaba ari iy’umupira w’amaguru ahubwo izaba ari stade y’imyidagaduro (petit stade).
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu murenge wa Nyakarenzo barashima intambwe bamaze gutera ariko ngo baracyafite ibibazo birimo abana babo bacikije amashuri bakiri kwita ku bibazo bya barumuna babo ndetse n’ amacumbi yabo yarabasaziyeho.
Abanyeshuri batatu bo mu gihugu cy’Ubuhinde (abakobwa babiri n’umuhungu) baherutse gukora isutiye (soutien-gorge) ikoze ku buryo irekura amashanyarazi ya kilovolute 3800 igihe nyir’ukuyambara agiye guhohoterwa.
Abaturage bo mu midugudu ya Kadasomwa, Ntemabiti, Gitinda, Kamyogo na Mucamo yo mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi, bibukijwe ko kwibuka ari umuhango wo gufasha abantu kumenya ibyabaye hagamijwe gukumira ingengabitekerezo ya Jenoside.
Kuri iki cymweru tariki 07/04/2013, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Barack Obama yatangaje ko yifatanyije mu kababaro n’Abanyarwanda mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 .
Ubwo hatangizwaga icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 19 jenoside yakorewe Abatutsi, abaturage mu kagari ka Kagugu umurenge wa Kinyinya akarere ka Gasabo bakusanyije amafaranga asaga ibihumbi 33 byo gufasha umukecuru witwa Mukahigiro Verdian w’imyaka 85.
Hashize igihe cyenda kugera ku mwaka urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwo mu Bisesero mu karere ka Karongi rwangiritse kubera imvura, ariko ngo mu kwezi kwa gatandatu ruzaba rwarangije gusanwa kuburyo rwakorerwaho imihango yo kwibuka.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye bo mu mirenge ya Nyamata, Ntarama, Ngeruka na Ruhuha yo mu karere ka Bugesera, tariki 06/04/2013, bashyikirijwe inka 20 zatanzwe na Leta ya Sudani.
Mugeri Theodore w’imyaka 88 y’amavuko na Mukangwije Emilienne ufite imyaka 79 bafashe umwanzuro wo gusezerana imbere y’Imana muri kiliziya Gatulika, Paruwasi ya Congo Nil mu karere ka Rutsiro tariki 06/04/2013, kubera ko ngo imibanire yabo Imana itigeze iyemera, bigatuma imbere yayo bafatwaga nk’abasambanyi.
Gutangiza icyumweru cy’icyunamo mu karere ka Rubavu tariki 07/04/2013 byatangiriye mu murenge wa Nyamyumba, umwe mu mirenge ukora ku Kivu waguyemo abantu benshi banazwe mu mazi bikozwe n’Interahamwe n’abari abayobozi bayoboraga komini ya Nyamyumba.
Nyuma yo gutukwa n’umuhanzi mugenzi we Professor Nigga, Nizzo wo mu itsinda rya Urban Boys avuga ko nta mwanya afite wo gutinda kubyo Professor Nigga yamuvuzeho hari byinshi yagakoze mu buhanzi bwe.
Umuryango witwa Plan Rwanda wazanye impuguke mu gutegura no gukora ibikorwa by’ubuvugizi ngo zigishe abayobozi b’amakoperative anyuranye mu Rwanda uko bakora ubuvugizi ku buryo bwa gihanga.
Nyuma y’igihe gisaga ukwezi abatuye mu mujyi wa Rwamagana batabona amazi kubera ibikorwa byo kubaka imihanda igezweho muri uwo mujyi, kuva tariki 09/04/2013 bazongera kubona amazi kuko imiyoboro mishya izaba yatangiye gushyirwaho no gusakaza amazi.
Imbaga y’abantu yitabiriye urugendo rwo kwibuka “Walk to remember” mu mujyi wa Kigali ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 07/04/2013, harimo n’Umukuru w’igihugu, ngo ni ikimenyetso cy’uko ibitekerezo bya benshi muri iki gihe byamagana Jenoside, nk’uko bamwe babisobanura.
Abaturage b’akarere ka Nyamasheke barasabwa kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 baharanira gukora kugira ngo bashobore kwigira, nk’uko insanganyamatsiko y’uyu mwaka ibivuga.
Mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe abatUtsi, wabereye ku Rwibutso rwa Kamonyi, ruherereye mu murenge wa Gacurabwenge, abatuye akarere ka Kamonyi basabwe ubufatanye no kuba hamwe mu gihe cyo kwibuka.
Niyitegeka Emmanuel na Gatera Emmanuel bafungiye kuri Station ya Polisi ya Gahunga mu karere ka Burera, nyuma yo gufatanywa imifuka 97 y’ifumbire mvaruganda yo mu bwoko bwa UREA bagiye kuyigurisha magendu muri Uganda.
Mu muhango wo gutangiza icyumweru cyahariwe kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi, umuryango urengera inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside (IBUKA wongoye gushyira umugayo ku bishyuzwa imitungo bononnye muri Jenoside.
Minisitiri w’ibikorwaremezo, Prof. Silas Lwakabamba, aremeza ko u Rwanda rufite ubushobozi bwose bwo kurwanya no gukumira uwo ariwe wese washaka kugarura Jenoside cyangwa gusubiza u Rwanda inyuma mu buryo ubwo aribwo bwose.
Umuhorandekazi witwa Roosje Sprangers ukora mu kigo cy’amashuri cya TTC Save na mugenzi we witwa Judith bashyikirije imiryango 22 itishoboye yo mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara ihene mu rwego rwo kuyifasha kwiteza imbere.
Ndagijimana Irene w’imyaka 20 wari utuye mu kagali ka Cyabayaga, mu ijoro rya tariki 05/04/2013, yahiriye mu ikontineri yacururizwagamo essence bakanayiraramo. Abandi babiri bari kumwe barwariye mu bitaro bya Nyagatare.
Bamwe mu barokitse Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu kagari ka Mugumbwa, umurenge wa Mugombwa mu karere ka Gisagara bavuga ko bakeneye ko ubuyobozi bubaba hafi bitewe n’ihohoterwa ririmo kubiba, kubakubita ndetse no kubakomeretsa mu magambo rikunze kubakorerwa mu minsi yo kwibuka.
Kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi bizagera ku bantu benshi kurusha mu myaka yashize, kubera ko bizabera mu midugudu, ibisobanuro by’ibara ry’ikijuju ndetse n’icyumba cy’amahoro kizazengurutswa hirya no hino mu gihugu.
Abanyamahoteri n’amaresitora bo mu karere ka Nyagatare barakangurirwa kujya baha Abanyarwanda amata mazima akuwe ku makusanyirizo azwi. Icyemezo kandi kireba n’aborozi kugira ngo hirindwe kugaburira abanyarwanda amata adafite ubuziranenge.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Protais Mitali, aratangaza ko kugeza ubu umuntu uzambara ibara rya move nk’uko byari bisanwe atazabihanirwa n’amategeko kuko ngo nta kosa azaba akoze.