Imikorere y’urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) ntivugwaho rumwe n’ibihugu bigize akanama gashinzwe Amahoro ku Isi. Ibihugu 7 muri 15 bigize Akanama gashinzwe Amahoro ku Isi bishyigikiye urukiko mpanabyaha mu gihe ibindi birimo u Rwanda bidashima urwo rukiko.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, atangaza ko bamwe mu bantu bakoresha amayeri yo kwihindura abasinzi n’abasazi maze bakavuga amagambo apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
(*Ibura ry’umuriro riteye inkeke muri Kigali kubw’ibibazo bya EWSA!) Wasapu Pipo ? (What’s up people? – Amakuru ki yanyu?)
Sindayigaya Charles w’imyaka 30 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Kirwa mu kagali ka Mushirarungu mu murenge wa Rwabicuma arashinjwa kuba yarasanze inka aho yari iziritse mu ishyamba akayisambanya ku manywa y’ihangu.
Abanyarwanda ndetse n’inshuti z’u Rwanda babarizwa muri Korea y’Amajyepfo bafatanyije na Ambassade y’u Rwanda muri Koreya y’amajyepfo bibutse Jenoside yakorwe Abatutsi. Iyi mihango yabereye mu mujyi wa Seoul ari nawo murwa mukuru w’icyo gihugu taliki 13/04/2013.
Umutwe w’Ingabo z’Umuryango w’Ababimbuye ushinzwe guhashya imitwe yitwara gisirikare mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo uratangira mu mpera z’uku kwezi kwa Mata n’abasirikare 3069.
Ubwo imikino y’igikombe cy’Amahoro izaba igeze muri ¼ cy’irangiza kuri uyu wa kabiri tariki 16/04/2013, umwe mu mikino ikomeye uzahuza Mukura Victory Sport izakina na As Muhanga kuri Stade Kamena i Huye.
Imibiri isaga 200 y’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR Nyagatovu ahazwi ku izina ryo kuri Midiho ikomeje kuburirwa irengero nyuma y’imyaka 19 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) ziri mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Sudani y’Amajyepfo (UNMISS) bitabiriye umuhango wo gusoza icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi. Uwo muhango wabereye ahakambitse ingabo z’u Rwanda mu mujyi wa Juba kuwa 13 Mata 2013.
Umuyobozi w’akarere ka Kayonza, Mugabo John, avuga ko mu cyumweru cyo kwibuka muri ako karere ka Kayonza hagaragaye ingero eshatu z’abantu bafite ingengabitekerezo ya Jenoside no kuyipfobya.
Umugabo witwa Kango Suede w’imyaka 50 y’amavuko afungiye kuri Station ya Polisi ya Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke nyuma yo gutabwa muri yombi afite ibiro 80 by’amabuye yo mu bwoko bwa gasegereti mu buryo bwa magendu.
Ubwo hasozwaga icyumweru cy’icyunamo cya Jenocide, imibili 5142 yakuwe mu nzibutso zitari zimeze neza mu mirenge ya Mugesera,Zaza,Karembo na Gashanda yashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa Zaza.
Ubushakashatsi bwakozwe na Google buremeza ko ngo abareba filimi z’urukozasoni kuri interineti bafite ibyago byinshi byo kwangiza mudasobwa zabo n’ibyo bazikoreraho bindi kuko ngo hari abagizi ba nabi benshi bahitamo gusakaza ibyangiza mudasobwa uko umuntu afunguye filimi y’urukozasoni.
Mu kagari ka Shyembe, umurenge wa Murambi mu karere ka Karongi, umubyeyi yibarutse abana batatu b’abakobwa ku bitaro bya Kirinda tariki 13/04/2013. Umwe afite ibiro bibili, undi ikiro kimwe n’igice, uwa nyuma amagarama 700.
Perezida wa Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge mu Rwanda, Musenyeri John Rucyahana avuga ko amateka y’u Rwanda yagoretswe ku buryo hari abazi ko buri bwoko bufite ururimi rwabwo, akaba asaba ko ibiganiro bisobanura amateka bidakwiye kuba mu gihe cyo kwibuka gusa.
Manchester City yabonye itike yo gukina umukino wa nyuma muri ‘FA Cup’ nyuma yo gusezerera Chelsea iyitsinze ibitego 2-1 mu mukino wa ½ cy’irangiza wabereye kuri Stade Wembley i London ku cyumweru tariki 14/04/2013.
Habyarimana Emmanuel utuye mu murenge wa Murunda yarumye umugore we inshuro ebyiri ku munwa ashakaga kumwica amurumye umuhogo bapfa inzu bubakanye. Kuri ubu uwo mugore ari kwivuriza ku bitaro bya Murunda.
Kwegereza ubuyobozi abaturage birakomeje kugirango ibibazo by’umuturarwanda bikemuke adaciye mu nzira nyinshi cyangwa ngo arinde kuzamuka ajya mu nzego zo hejuru kuburyo bishobora kumugora.
Urupfu rwa Thomas Nzamwita wari utuye mu cyahoze ari segiteri Buhinga, komini Mabanza ku Kibuye ni kimwe mu bigaragaza ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yakoranywe ubugome bw’indengakamere kuko bamwishe babanje kumubamba hagati y’abagore babiri.
Umuvugizi w’ubushinjacyaha mu Rwanda, Alain Mukuralinda, yemeza ko ibyangombwa bitangwa mu nzego za Leta bitagurwa kandi niyo bibaye haba hari igiciro kizwi ndetse n’ahishyurirwa hazwi na buri wese.
Abayobozi batandukanye barimo umuyobozi wa Polisi ku rwego rw’igihugu, umunyamabanga wa Leta ushinzwe gutwara abantu n’ibintu, n’umuyobozi w’intara y’iburasirazuba tariki 11/04/2013 bakoze urugendo rwo kureba ikoreshwa ry’umuhanda Rwamagana-Kirehe kugira ngo bakomeze gukumira impanuka muri uyu muhanda.
Uburezi n’ubuhanga byunganiwe n’umuco w’ubupfura ni kimwe mu byashimangiwe na Lieutenant General Fred Ibingira mu kiganiro yatanze muri kaminuza y’Umutara Polytechnic mu ijoro ryo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu rwibutso rw’akarere ka Nyabihu hashyinguwe mu cyubahiro imibiri 35 yakuwe mu murenge wa Jenda, Mukamira na Muringa, isanga imibiri 2020 yari isanzwe ishinguwe muri urwo rwibutso.
Muri tombola y’uko amakipe azahura muri ½ cy’irangiza muri UEFA Champions League yabaye tariki 12/04/2013, ikipe ya FC Barcelone yatomboranye na Bayern Munich naho Real Madrid itomborana na Borussia Dortmund.
Nyuma gato yo gushyikirizwa umufarizo wo kuraraho (matela), umusaza w’imyaka 85 witwa Ukunzake Ananias utuye mu Kagali ka Nganzo, Umurenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke avuga ko ari bwo bwa mbere mu buzima bwe agiye kurara kuri matela.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gakenke, Gasasa Evergiste atangaza ko bakusanyije inkunga ingana na miliyoni eshatu zishyirwa mu kigega cy’ingoboka cyo gufasha abacitse ku icumu bo mu Murenge wa Gakenke.
Amazina y’abashaka imyanya y’ubuyobozi muri Komite y’igihugu y’imikino Olmpique (CNO) yashyizwe ahagaragara tariki 12/04/2013 ndetse banatangira kwiyamamaza hirya no hino mu bazabatora tariki 20/04/203.
Sinangumuryango Moise na Ndagijimana Jean Bosco bamwe mu baturage b’akarere ka Nyabihu bagize ubutwari n’umutima wa kimuntu wo gufasha Abatutsi mu gihe cya Jenoside, ubu abo bafashije baracyariho kandi barabifuriza ngo Imana izababahembere.
Bihoyiki Claude wo mu murenge wa Nkungu mu karere ka Rusizi afunzwe azira ko umugore we yamubwiye ko bajyana kwibuka abazize jenoside yakorewe Abatutsi hanyuma akamusubiza ko ajya kwibuka we ufite abo yibuka kuko ngo we ntabiwe bishwe na Jenoside.
Umuriro ushobora kuba watewe n’amashyarazi wibasiye inzu y’umuturage maze utwika “amajyambere” (ibikoresho by’umukobwa witegura kurushinga) mu mujyi wa Nyamagabe ahitwa mu Kiyovu.
Abanyarwanda barasabwa guharanira kwigira kandi bagakora ibishoboka byose ngo bazabigereho vuba kuko ntacyo amahanga azabakorera, ngo ahubwo nibikomera amahanga azongera akuremo akarenge nk’uko yabyerekanye mu gihe cya Jenoside yo mu 1994.
Perezida Yahya Jammeh uyobora igihugu cya Gambia yongeye kugaragaza ko atihanganira na busa abakorana imibonano mpuzabitsina n’abo babihuje, ndetse avuga ko uzafatwa akora ibyo bikorwa yita urukozasoni azahabwa ibihano bikarishye, akicuza icyatumye avuka.
Perezida w’Inteko ishinga amategeko y’umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (EALA), Margaret Nantongo Zziwa, arashima ibikorwa bimaze kugerwaho n’uruganda rw’amakaro (East African Granite Industries) rukorera mukarere ka Nyagatare.
Umubikira wo muri kiliziya Gatulika witwa Mary Anne Rapp yemereye imbere y’urukiko muri Amerika ko yibye amadolari ya Amerika ibihumbi 130 (86.500.000 Rwf) akayakinisha mu mikino bita casino benshi bafata nk’urusimbi rwa kizungu kandi rwemewe.
Urubuga nkoranyambaga rwa Facebook rwatangiye kwishyuza amafaranga akabakaba ibihumbi 10 ubaze mu mafaranga y’u Rwanda abandikira abo badafitanye ubucuti kuri Facebook nk’igihano kuko baba babavogerera ubuzima.
Ku bufatanye hagati y’abacitse ku icumu b’i Musange n’akarere ka Nyamagabe, mu murenge wa Musange hagiye kubakwa urwibutso rwa Jenoside rusimbura urwari ruhari rutari rumeze neza mu rwego rwo guha agaciro imibiri y’abishwe muri Jenoside iruhukiyemo.
Abagabo babiri bazwi ku izina ry’Abarembetsi bacumbikiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba bazira gufatanwa Kanyanga bari bavanye mu gihugu cya Uganda.
U Rwanda rwasubiye inyuma imyanya itatu ku rutonde rw’uko ibihugu bikurikirana mu mupira w’amaguru rwashyizwe ahagaragara na FIFA ku wa gatatu tariki 10/04/2013.
Intumwa ya rubanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umuraza Landrada, yagaye cyane abagore bateshutse ku bubyeyi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, ariko ashima n’uruhare abagore bakomeje kugira mu kubaka u Rwanda.
Umuhanzi Butera Jeanne d’Arc a.k.a Knowless, tariki 11/04/2013, yashyikirije imfubyi n’abapfakazi ba Jenoside batuye mu kagali ka Nkomero mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza inkunga igizwe n’ibiribwa n’amatungo magufi.
Mu muhango wo gusoza icyumweru cy’icyunamo wabereye mu murenge wa Tare tariki 13/04/2013, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’intara y’amajyepfo Izabiliza Jeanne yasabye ababyeyi kubwiza abana ukuri ku byerekeranye na Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abanyarwanda bakwiye kumenya imvano ya Jenoside, bagasubiza amaso inyuma bakareba ibibi yakoze bikabafasha kuyikumira; nk’uko byasobanuwe na Minisitiri Sheikh Moussa Fazil Harerimana, ubwo yasuraga umurenge wa Save mu karere ka Gisagara akabaganirira ku mateka ya Jenoside.
Uwimana Athanasie, umufasha wa Gen Nsabimana yatangarije Artiges Guy umugenzacyaha i Bruxelles taliki 30/06/1994 ko mbere yo guhamagarwa ngo aherekeze Perezida Habyarimana mu mishyikirano y’amahoro yagombaga gusinyirwa Arusha umugabo we yari ahangayikishijwe n’ikintu gishobora guturika bigatuma intambara yongera kwegura.
Ngabonziza Athanase wo mu kagari ka Kitazigurwa mu murenge wa Muhazi ho muri Rwamagana yakatiwe igifungo cy’imyaka 10 azira ko yakoze imibonano mpuzabitsina n’umwana utarageza imyaka 18 wari watumye mushiki wa Ngabonziza ngo azabwire musaza we ko amukunda.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku, aratangaza ko bamwe mu bagororwa basohoka muri gereza barangije ibihano byabo bagera hanze bakitwara nabi baba basubiza inyuma igihugu cyabo.
Umuyobozi wa Ibuka, Dr. Jean Pierre Dusingizemungu, aravuga ko amafaranga ateganywa n’itegeko agomba kujya mu kigega gishinzwe gufasha abarakotse Jenoside yakorewe Abatutsi “FARG” agomba gufasha mu bikorwa bitandunye nta na rimwe ryari ryagera muri icyo kigega.
Abaturage bagera ku bihumbi bitatu bo mu Murenge wa Gisozi, Akarere ka Gasabo bitabiriye igikorwa cyo kwibuka Abatutsi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ikigo cy’ububiko bw’ibicuruzwa biva mu mahanga (MAGERWA), cyasuye abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, batuye mu mudugudu wa Bimba ho mu Kagari ka Gihara, Umurenge wa Runda, babashyikiriza n’inkunga y’ibiribwa, kuri uyu wa Gatanu tariki 12/04/2013.
Abahanzi 11 bari muri Primus Guma Guma Super Stars icyiciro cya III, baje kwifatanya n’Abanyakamonyi kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi, basura umudugududu w’abapfakazi bo mu murenge wa Ngamba n’Urwibutso rwo mu Kibuza mu murenge wa Gacurabwenge.
Ikipe ya APR Volleybal Club y’abagore yatahukanye umwanya wa gatandatu mu mikino y’igikombe cya Afurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, yasojwe ku wa Gatanu tariki 12/4/2013 i Antananarivo muri Madagascar.