Umushushinga LVEMP ukorera muri REMA, watangije ibikorwa byo kubungabunga ikiyaga cya Rweru bizatwara amafaranga asaga miliyoni 200.
Abagore babiri bacuruza imbuto mu isoko rya Gakenke barwanye, umwe ashinja mugenzi kumwambura amafaranga 500 yamwishyuriye ikibanza cyo gucururizamo ntayamusubize.
Nyuma y’aho mu murenge wa Mulinga mu karere ka Nyabihu, na Cyanzarwe na Busasamana mu karere ka Rubavu hagaragariye indwara y’uburenge ku nka, iyi mirenge yashyizwe mu kato.
Papa Francis uyoboye Kiliziya Gatorika ku isi, tariki 07/05/2013, yatangaje ko Padiri Antoine Kambanda wari umuyobozi wa seminari nkuru ya Nyakibanda agizwe Umusenyeri ahita anamushinga kuyobora Diyoseze ya Kibungo.
Abahinga mu gishanga cy’Umukunguri bibumbiye muri Koperative COPRORIZ ABAHUZABIKORWA, baratangaza ko amazi y’imvura aturuka ku misozi ikikije icyo gishanga n’aturuka mu migezi yisuka mu mukunguri, ateza umwuzure mu mirima y’umuceri hakaba hamaze kwangirika hegitari 119.
AS Kigali na Bugesera FC zabonye itike yo kuzakina ½ cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya ¼ yo kwishyura yabaye tariki 07/05/2013.
Abagore bo mu karere ka Rwamagana baremeza ko bafite ubushobozi busesuye bwo gukora bakiteza imbere mu nzego zose kandi ngo icyizere ni cyose ko bazabigeraho; ndetse bamwe bavuga ko aho bizaba ngombwa ko bahangana n’abagabo bazabarusha guseruka neza.
Mu gutangiza Ukwezi k’Urubyiruko ‘Youth Connekt month’ kwatangiriye mu Karere ka Ngororero, tariki 03/05/2013, Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Isakazabumenyi n’Itumanaho, Jean Philbert Nsengimana yasabye urubyiruko guharanira kurangwa n’umuco wo gukunda igihugu.
Umuhanda Kigali-Musanze wongeye kuba nyabagendwa ku modoka zose ziwunyuramo guhera ahagana mu ma saa 17h40 zo ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 07/05/2013, nyuma y’akazi gakomeye kakozwe n’abahanga mu gukora imihanda b’ingabo z’u Rwanda.
Bimwe mu binyamakuru bikorera hanze y’igihugu byari bimaze iminsi bitangaza ko mu karere ka Muhanga hari inzara imereye nabi abaturage nyamara umuyobozi wako we arabihakanira kure.
Senateri Kengo wa Dondo uyoboye Sena ya Congo-Kinshasa yijeje impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Gihembe mu karere ka Gicumbi ko niziramuka zisubiye mu gihugu cyazo zizasubizwa imitungo yazo.
Niyomuranga Aimable wari umuyobozi w’ikigo cy’urwunge rw’amashuli rwa Mubuga mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza arashinjwa kuba yarihaye isoko ry’amafaranga asaga miliyoni 51 bitanyuze mu ipiganwa.
Abaganga bo mu bitaro bya gisirikare by’u Rwanda ku bufatanye n’ikigega cya Leta gishinzwe gutera inkunga abarokotse Jenoside batishoboye (FARG) barimo kuvura abarokotse bo mu karere ka Bugesera bafite uburwayi butandukanye burimo n’ubudakira.
Urubyiruko 179 rwarangije amahugurwa mu bijyanye n’ikoranabuhanga n’ubucuruzi mu kigo ngororamuco giteza imbere imyuga (Iwawa Rehabilitation and Vocational Skills Development Centre). Aya mahugurwa yatanzwe n’ikigo DOT Rwanda ku bufatanye na Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga.
Amakuru aturuka mu buyobozi bw’akarere ka Burera atangaza ko hamaze kugaragara abana b’abakobwa umunani biga mu mashuri yisumbuye bamaze gutwara inda z’indaro, bamwe muri bo bazitewe n’abarezi babigisha.
Koperative COMORU igizwe n’abamotari 400 bo mu karere ka Rusizi yashyizwe mu bahatanira igihembo gitangwa na RALGA ku bantu bagaragaje udushya mu kwiteza imbere. Abagize koperative COMORU bubatse inzu y’amagorofa ane babikesheje umusanzu w’amafaranga 500 buri cyumweru.
Abayobozi ba Sena z’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bari mu biganiro i Kigali kuri uyu wa Kabiri tariki 07/05/2013 batangaje ko bazakora ibishoboka byose kugira ngo ikibazo kigaragara mu Burasirazuba bwa Congo gikemuke.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 07/05/2013, umuhanda uva Musanze werekeza ku rugomero rwa Mukungwa, wahagaritse urujya n’uruza rurimo imodoka zijyana mazutu ku rugomero kugirango rubashe gutanga amashanyarazi.
Abacururiza mu isoko rya Nyabisindu mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga baratangaza ko kuba iri soko ritubakiye bibabangamira cyane cyane muri iki gihe cy’imvura kuko iyo iguye bibasaba guhagarika akazi bakanura ibicuruzwa.
Claire Akamanzi uyobora ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) yashyizwe ku rutonde rw’abagore 25 b’indashyikirwa bashobora gufata ibyemezo bijyanye n’ubucuruzi ku rwego rwo hejuru muri Afurika.
Abanyarwanda 5000 bo mu turere icumi batahutse bavuye mu buhungiro bagiye guterwa inkunga ibafasha gusubira mu buzima busanzwe binyuze mu mushinga wa Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza n’Impunzi (MIDIMAR) n’Umuryango Mpuzamahanga Ushinzwe abimukira (IOM).
Igihingwa cya Spiruline gihingwa mu mazi gifite intungamubiri zirimo vitamine A, E, D, B1, B2, B3, B6, B7, B8 na K, kandi kinakoreshwa nk’umuti uvura indwara zinyuranye zirimo iziterwa n’imirire mibi, ibisebe n’umubyibuho ukabije.
Abagenzi bo mu ntara y’Uburasirazuba bakoresha taxi express baremeza ko kubufatanye n’ikigo cy’iguhugu gishinzwe kugenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA) hari impinduka zikomeye nziza zabaye mu mitangire ya service ku modoka za express zijya i Kigali.
Nubwo abakuru b’imidugudu bafataga gutunga cashe nko kuba bahagarariye Perezida wa Republika ku rwego rw’imidugudu, ngo bishimiye ko batakizitunze kuko byabagoraga gutunga kashe kandi nta biro bagira.
Mu madini n’amatorero atandukanye, abashyingiranywe bambikana impeta nk’ikimenyetso cy’urukundo n’ubudahemuka baba basezeranye. Kuri ubu hari abashakanye batakizikoza, bakaba bavuga icyangombwa ari ukuzirikana isezerano.
Ubwo Guverineri Bosenibamwe yagiriraga uruzinduko mu murenge wa Kinyababa mu karere ka Burera, tariki 02/05/2013, yasabye Abanyaburera muri rusange kujya bajya muri Uganda bafite ibyangombwa byemewe mu rwego rwo kwirindira mutekano.
Barushwabusa Marie Goreti wari umurezi ku Rwunge rw’Amashuri rwa Nemba ya Mbere yitabye Imana yishwe n’abantu bagishakishwa mu ijoro ryo ku cyumweru tariki 05/05/2013 barangije bamujugunya mu musarani iwe.
Umuryango w’Abagide (urubyiruko rw’abakobwa n’abagore) baturutse mu bihugu 45 byo ku migabane yose igize isi, baje mu Rwanda kungurana ibitekerezo na bagenzi babo bo mu Rwanda, no kwiga uburyo bajya kwamagana ihohoterwa mu bihugu byabo.
Mu mezi atatu ya mbere y’uyu mwaka wa 2013 hapfuye abantu 32 buri kwezi bazize amakimbirane yo mu miryango ugereranyije na 40 bapfuye buri kwezi mu mezi atatu yayabanjirije (Ukwakira-Ukuboza 2012); nk’uko bigaragazwa n’icyegeranyo cya MININTER cyashyizwe ahagaragara tariki 06/05/2013.
Urukiko rushinzwe gusoza imirimo y’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwa Arusha (MICT) rwemeje ko urubanza rwa Bernard Munyagishari wabaye umunyamabanga wa MRND n’umuyobozi w’Interahamwe mu Mujyi wa Gisenyi mu gihe cya Jenoside rwoherezwa mu nkiko zo mu Rwanda.
Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka nka 30 y’amavuko ariko utaramenyekana, watoraguwe mu gice cy’ishyamba rya Nyungwe giherereye mu mudugudu wa Mujabagiro mu kagari ka Buvungira mu murenge wa Bushekeri wo mu karere ka Nyamasheke.
Ingabo z’igihugu zatangiye imirimo yo gusana umuhanda wa Kigali-Musanze wacikiye ku Kinyanda mu Kagali ka Taba, Umurenge wa Gashenyi, Akarere ka Gakenke mu rukerera rwo kuwa gatandatu tariki 04/05/2013.
Urubyiruko rurenga 70 ruvuga ko rubasha gukorera amafaranga ari hagati ya 3000 na 4000 ku munsi bitewe no kwikorera imizigo y’abantu bahinduranya imodoka iyo bageze mu karere ka Gakenke, aho umuhanda Kigali-Musanze wacitse.
Umuhanzi Jean-Paul Murara yashyize hanze indirimbo ihimbaza Imana iri mu cyongereza akaba yarayise I WANNA LIVE CLOSE TO YOU, bishatse kuvuga ngo NDASHAKA KWIBERA IRUHANDE RWAWE.
Umuhanzi Dominic Nic ubwo yari agiye kuririmba mu karere ka Rubavu mu gitaramo yari ahafite kuri iki cyumweru tariki 05/05/2013, yakoze impanuka Imana ikinga akaboko yaba we n’abari kumwe nawe bose bararokoka.
U Rwanda rwohereje umutwe ugizwe n’abasirikare, abapolisi n’abasivile 206 bagiye mu myitozo y’ibihugu bigize akarere k’Afurika y’Iburasirazuba (Eastern African Standby Force). Imyitozo izaba ihuriweho n’abasirikare bagera 1250 bava mu bihugu 11 bigize akarere k’Afurika y’iburasirazuba.
Nyuma y’aho umuhanda Kigali-Musanze ucikiye, benshi mu bakoraga ingendo za Kigali-Musanze-Rubavu batangiye gukoresha umuhanda Mukamira-Ngororero ariko uyu muhanda unyura mu misozi miremire wibasiwe n’inkangu cyane cyane muri ibi bihe by’imvura.
Umugeni n’abandi bakobwa bane b’inshuti ze bitabye Imana mu ijoro rya tariki 04/05/2013, bahiriye mu modoka yo mu bwoko bwa Limousine, ubwo bari mu muhanda berekeje mu birori muri leta ya California muri leta zunze ubumwe z’America.
Ku nshuro ya gatanu hibutswe imiryango 86 yo mu Karere ka Gatsibo yazimye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Minisitiri w’umuco na Siporo, Protais Mitali, wari muri uwo muhango watangiye ku mugoroba wa tariki 04/05/2013 yibukije ko kwibuka imiryango yazimye burundu binyomoza abagipfobya Jenoside bakigaragara hirya no (…)
Umukobwa witwa Joan Alupo wo mu gihugu cya Uganda yafashwe bugwate n’umuntu bari babaye inshuti ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook, ategeka iwabo w’umukobwa kumwoherereza amadolari ya Amerika ibihumbi 400 ngo abone kumurekura. Ku bw’amahirwe umukobwa yaje kurekurwa, ariko ngo byamusigiye ihungabana.
Nyuma y’uko ikiraro cyari kiri ku mugezi wa Rwondo ugabanya umurenge wa Mushubi n’uwa Nkomane yo mu karere ka Nyamagabe gisenyutse, kuwambuka ni ikibazo kuko iyo imvura itaguye abantu bavogera abifite bagatanga igiceri cy’ijana bakabambutsa babahetse ku mugongo.
Abanyarwanda bagomba kumva kimwe igikorwa cyo kwibuka kuko kwibuka ari umuti haba ku wiciwe ndetse no ku wishe bityo bigatuma Abanyarwanda babasha kubakira hamwe igihugu cyabo.
Abagabo batatu bafungiye kuri Station ya Polisi ya Muhima, bakurikiranyweho ubujura bwa bateri zibika umuriro umunani za MTN, zakoreshwaga ku munara (Antene) wa Muhima igatanga umuriro mu gice cya Gasabo, Nyarugenge n’ikindi gice cya Rulindo mu natara y’Amajyaruguru.
Mu gihe kitarenze uku kwezi kwa Gicurasi 2013, mu karere ka Nyamasheke haraba hari Station y’amavuta y’ibinyabiziga, ari na yo Station izaba ibonetse muri aka karere kuko indi yigeze kuhaba yashenywe na Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, ntiyongere gukora ukundi.
Polisi y’u Rwanda irakangurira abagenzi, baba abagenda mu modoka cyangwa kuri za moto, guharanira uburenganzira bwabo bakabuza ababatwaye kurenza umuvuduko wemewe no kuvugira kuri telephone kuko bishyira ubuzima bwabo mu kaga.
Imburamukoro ziganjemo indaya, abatagira ibyangombwa, abasore bambura abahisi n’abagenzi ndetse rimwe na rimwe akaba aribo bakunze gukoresha ibiyobyabwenge bafatiwe mu mukwabo wabaye mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi mu gitondo cyo kuri uyu wa 06/05/2013.
Ndayisenga Valens ukinira ikipe ya Amis Sportif y’i Rwamagana niwe wabaye uwa mbere mu bagabo mu isiganwa ry’amagare abakinnyi basiganwa n’isaha (course contre la montre individuelle), naho Uwimana Jeannette yagukana umwanya wa mbere mu bagore.
Ikipe ya Volleyball y’ishuri rikuru ry’ubuhinzi n’Ikoranabuhanga rya Kibungo (INATEK), ikomeje kuza ku isonga muri shampiyona ya Volleyball mu bagabo, nyuma yo kwitwara neza ku munsi wayo wa gatatu ikaba itaratsindwa na rimwe kugeza ubu.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Tanzaniya yamenyesheje umutwe wa M23 urwanya Leta ya Kongo Kinshasa ko Tanzaniya idatewe ubwoba na busa n’ubushobozi umutwe wa M23 wivugaho kandi ngo ingabo z’igihugu cye zizarasa M23 ubutayibabarira niramuka idashyize intwaro hasi.