Umugabo witwa Hategekimana Sebastien utuye mu murenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera, arasaba ubuyobozi bw’uwo murenge kumwishyura amafaranga bumurimo hashize umwaka wose.
Mugisha Moise w’imyaka 32 y’amavuko ukomoka mu karere ka Rusizi yatawe muri yombi ari mu karere ka Nyanza azira amafaranga y’amahimbano agera ku bihumbi 244 yari aje gukwirakwiza mu mujyi wa Nyanza.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa facebook, Mani Martin yagaragaje agahinda kenshi yatewe no gusoma amagambo atari meza kuri Cecile Kayirebwa bigendanye n’ikirego yatanze ku burenganzira bw’ibihangano bye ariko akaba atatangaje aho yabisomye.
Abayobozi b’akarere batandukanye, tariki 26/04/2013, bagiranye inama mu rwego rwo gusuzuma impamvu zituma baza ku myanya ya nyuma mu kwesa imihigo banarebera hamwe uko barwana nazo kugirango umwaka utaha bazaze ku myanya ya mbere ishoboka.
Urukiko rwa Kampala muri Uganda rwakatiye umugabo w’imyaka 41 witwa Ronald Bunjingo igihano cyo gufungwa umwaka umwe cyangwa gukora imirimo nsimburagifungo y’iminsi ibiri nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kunyara ku nzira nyabagendwa.
Jeannette Mukandanga utuye mu kagari ka Mburamazi mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro yanyweye umuti wica imbeba tariki 01/05/2013 icyakora abaturanyi barahagoboka bamujyana kwa muganga, akaba yaravugaga ko arambiwe kubaho.
Polisi y’u Rwanda yashyikirije abana b’imfubyi za Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu mudugudu w’Amizero wo mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera inkunga y’amadorali y’Amerika ibihumbi 14 bagenewe na Polisi y’igihugu cya Sudani y’Amajyepfo.
Ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza yabonye itike yo kuzakina umukino wa nyuma wa ‘Europa League’ nyuma yo gusezerera FC Basel yo mu Busuwisi, ikaba izakina na Benfica yo muri Portugal nayo yasezereye Fenerbahce yo muri Turukiya.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Karibata Agnes, arahumuriza abahinzi b’umuceri bo mu gishanga cya Rurambi mu karere ka Bugesera, ko Leta izabunganira mu kurandura urufunzo ruri muri icyo gishanga kugira ngo bazabashe kugihingamo umuceri.
Kugeza mu ma saa tanu n’igice zo kuri uyu wa 03/05/2013, abantu batandatu bari bamaze kwitaba Imana bazize impanuka yabaye hagati ya coaster ya Sotra Tours na bisi ya Gaagaa Coach mu karere ka Huye (urenze gato kuri ISAR werekeza i Kigali).
Mu gihe shampiyona y’u Rwanda mu mupira w’amaguru izigaje imikino ine ngo irangire, Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryafashe icyemezo cy’uko imikino yose isigaye izajya ikinirwa umunsi umwe n’isaha imwe mu rwego rwo kurwanya ruswa ikunze kuvugwa cyane mu mpeza za shampiyona.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’igihugu, IGP Gasana Emmanuel, hamwe n’umuyobozi w’akarere ka Bugesera, Rwagaju Louis, tariki 02/05/2013, bashyize umukono ku masezerano agamije ubufatanye mu bintu byinshi bitandukanye.
Abakozi b’ibitaro bya Ruhengeri barinubira ko imishahara yabo iza itinze ndetse no kudahabwa agahimbazamusyi kabo nk’uko bakemerwa. Ibi ngo bigira ingaruka ku mitunganyirize y’inshingano zabo.
Uzabakiriho Agnès utuye mu Murenge wa Kinazi mu karere ka Huye yabashije gushinga uruganda rutunganya ifu y’ibigori, Rusatira Maize Flour Company, abifashijwemo na gahunda ya Hanga umurimo. Kawunga akora yitwa Isoko.
Ku munsi wa kabiri w’ibiganiroku ishoramari muri Afurika biri kubera i Los Angeles muri USA, Perezida Kagame yabwiye abateraniye iyo nama ko u Rwanda rwagize amateka yihariye ariko rwayubakiyeho rubasha gutera imbere.
Kuri uyu wa kane tariki 02/05/2013, umushinga PADSEC wasinyanye amasezerano y’imikoranire na SACCO eshatu zo mu Karere ka Gakenke agena ko abanyamuryango b’ibyo bigo by’imari bazagurizwa amafaranga yishyuwe umushinga wa PADSEC.
Abarema isoko rya Rwagitima riri mu murenge wa Rugarama mu Karere ka Gatsibo, baratangaza ko mu bihe by’imvura bibagora kurema iryo soko kubera icyondo kinshi kiharangwa iyo imvura yaguye.
Umujyi wa Kigali ufatanyije na Polisi wongeye gukaza umurego mu guhangana n’abamotari batubahiriza amategeko y’umuhanda, hashyirwaho itegeko ryo kujya bakurikiranwa mu nkiko na moto zabo zigahagarikwa.
Umusore witwa Sekaziga Innocent utuye mu kagari ka Kidakama, umurenge wa Gahunga, akarere ka Burera, yitabye Imana nyuma yo guterwa icyuma munsi y’ugutwi n’umugabo witwa Ndayambaje Jean de Dieu.
Habimana Evariste w’imyaka 25 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Nyagacyamo mu kagali ka Gahombo mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza acumbikiwe kuri station ya Polisi ya Busasamana akurikiranweho kwica umusore mugenzi we amukubise ishoka mu mutwe.
Raporo y’uyu mwaka wa 2013 ya Banki y’isi ifatanyije na IFC, isaba umuryango w’ibihugu by’Afurika y’uburasirazuba (EAC), gutanga inguzanyo ku bikorera, kongera ingamba zo kurengera abashoramari ndetse no guhanahana ingamba buri gihugu gifite, kugira ngo uyu muryango uhabwe icyizere gisesuye n’abashoramari b’isi yose.
Uko abaturage bo mu karere ka Nyabihu bitabiraga ibiganiro byatanzwe mu cyumweru cy’icyunamo ni na ko baranzwe n’umutima w’impuhwe bagatanga inkunga izafasha bagenzi babo batishoboye bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubwo hizihizwaga umunsi w’abakozi tariki 01/05/2013, mu karere ka Gisagara batashye ibikorwa by’iterambere binyuranye abaturage bo mu murenge wa Mamba bagezeho ndetse abakozi b’akarere baremera abatishoboye 109 bafungurizwa konti mu SACCO yabo.
James Manzi uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Humble Jizzo akaba ari umwe mu bahanzi bagize itsinda rya Urban Boys yakoze impanuka ariko Imana ikinga ukuboko.
Minisitiri w’abubanyi n’amahanga mu Burundi, Kavakure Laurent, aravuga ko ibihugu bihuriye mu muryango wa CEPGL bikwiye gukomeza kuwushyigikira kugera ku nshingano zo guharanira amahoro n’umutekano, guteza imbere ibikorwa by’amajyambere bihuza abanyagihugu hamwe no korohereza ubuhahirane mu karere.
Niyibizi Theoneste wari utuye mu mudugudu wa Kagangayire, akagari ka Sheli ho mu murenge wa Rugarika, yapfuye nyuma yo kugwirwa nurukuta rw’inzu ye, ubwo we na mugenzi we Uwizeyimana Claude bayihomaga aho yari itangiye gusenywa n’imvura.
Nyuma yuko gare ya Ngoma igaragaye ko iteza impanuka abantu bakagwa mu myobo yari iyirimo bikabatera kuvunuka ndetse n’ibyuma byari birimo bigateza igihombo cy’ibihumbi 100 umushoferi wa taxi ya twegerane, akarere kavuguruye iyi gare.
Musabyimana Sylvestre bakunze kwita “Magori” utuye mu kagari ka Gisiza mu murenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro afite imyaka 32 y’amavuko ariko nta menyo yigeze amera.
Ubufatanye bw’inzego z’umutekano n’abaturage mu kubungabunga umutekano bukwiriye gukomeza kwimakazwa kugira ngo umutekano usugire, bityo n’umurimo ubashe gukorwa neza; nk’uko bitangazwa n’Umukuru wa Polisi muri Station ya Police ya Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke, CIP Adrien Rutagengwa.
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara n’ikinyamakuru The Daily buvuga ko imiryamire ya muntu ifite byinshi isobanura ku myitwarire ye iyo abyutse. Abantu bakunda kuryama bagaramye ngo babyuka mu gitondo bameze neza nta mavunane kandi bafite amerwe yo gutangira umunsi mushya.
Mu gihe hashize iminsi mike amakoperative y’abahinzi b’ingano mu karere ka Nyamagabe asinyanye imihigo n’ubuyobozi bw’akarere, abahinzi bavuga ko ntakabuza bazabasha kubona umusaruro mwinshi w’ingano cyane ko bafite icyizere cyo kubona isoko.
Umusaza w’imyaka 90 witwa Roger-marc Grenier wo mu Bufaransa tariki 22/04/2013 yafashe icyemezo cyo gutanga itangazo ry’uko ashaka umugore akoresheje icyapa yamanitse imbere y’iwe. Avuga ko ashaka umugore uri mu kigero cy’imyaka 70 na 80 wo kumurinda irungu.
Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abagore bari bamaze kwicirwa abagabo, bategetswe kunyura umuhanda wa Nyarubaka berekeza i Kabgayi, mu nzira bakorewe ibibi byinshi, birimo kwicirwa abana b’abahungu 150, bamwe muri bo bakabategeka kubihambira.
Nyuma y’uko ubuyobozi bw’akarere bumenyeye ko hari bamwe mu baturage batanze amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (mitiweli) ariko akaba akiri mu maboko y’abayobozi b’inzego z’ibanze, abayobozi b’utugari turimo ibyo bibazo barimo kuyishyuzwa kuva mu mpera z’icyumweru gishize.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Scania ifite puraki T 514B-TP yakoze impanuka, mu ijoro rishyira tariki 01/05/2013, ku bw’amahirwe umushoferi na kigingi barimo basohokamo ari bazima uretse imvune zidakanganye yabateye.
Sebanani Emmanuel uzwi cyane ku izina rya ‘Crespo’ yafatiwe ibihano byo guhagarikwa ku kazi ko gukinira ikipe ya Mukura Victory Sport mu gihe kingana n’amezi ane, kubera imyitwarire mibi amaze iminsi agaragaza muri iyo kipe.
Raporo yakozwe na Banki y’isi hamwe n’ikigo IFC mu mwaka ushize wa 2012 igaragaza imiterere y’ishoramari mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’uburasizuba (EAC), ishobora kuza gushyira u Rwanda mu myanya ya mbere, hashingiwe ku byagendeweho mu kuyikora, bigizwe ahanini n’ishyirwaho ry’amategeko yorohereza ishoramari.
Ku kirwa kitwa Phuket cyo mu gihugu cya Thailand harategurwa igitaramo kigamije gukusanya inkunga izafasha mu mushinga usanzwe uriho, ugamije guteza imbere abana b’abakobwa barera barumuna babo ndetse n’abandi bayobora ingo mu Rwanda.
Binyujijwe mu muryango nyarwanda Gender Equitable Local Development (GELD) ukorera muri MINECOFIN, Isami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku majyambere (UNDP) ryubatse ikigo nderabuzima cya kijyambere mu murenge wa Cyumba mu karere ka Gicumbi.
Nubwo amaze gukina imikino 10 ya shampiyona atarabona intsinzi n’imwe, umutoza wa Kiyovu Sport Kalisa François atarangaza ko ari nta gahunda afite yo kwegura ku mirimo ye, kuko yumva agishaka gukorera Kiyovu Sport.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) kirasaba abatumiza ibicuruzwa mu mahanga guca ukubiri n’umuco wo kunyereza imisoro kandi bagakoresha neza ubworoherezwe (facilities) service za gasutamo zigenda zibashyirirwaho.
Umusore w’imyaka 29 wo mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi ashobora gufungwa kuva ku mezi atandatu kugera ku myaka ibiri azira gufatwanwa ibiyobyabwenge. Uyu musore avuga ko yari abitwaje Umunyekongo wari kumuhemba amafranga 3000.
Umukuru w’abarwanyi ba M23 baherutse guhungira mu Rwanda, Jean Marie Runiga, aratangaza ko yatunguwe no kumva abavuze ko we n’abasirikare be basubiye rwihishwa muri Congo kurwana.
Ubuyobozi bwa EWSA bwemeza ko bugiye guhindura imikorere bwihutisha imikorere no kwegereza ibikorwa remezo abaturage, bikaba biri mu myanzuro y’umwiherero w’iminsi ubuyobozi bwa EWSA n’abafatanyabikorwa bayo bakoreye mu karere ka Rubavu.
Umukecuru w’imyaka 75 utuye mu mudugudu wa Nyarunyinya mu kagari ka Gitisi umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, amaze imyaka 4 atunzwe n’akazi ko guhonda amabuye.
Ihuririro ry’urubyiruko (youth Network) ryatangiye igikorwa cyo gukangurira abaturage mu bo mu karere ka Rusizi kwirinda maraliya ku nkunga y’umuryango Nyarwanda wita ku buzima Society for Family Health Rwanda.
Radio Isangano ivugira ku murongo wa 89,4 FM tariki 30 Mata 2013 yujuje imyaka ibili itangiye gukorera mu murenge wa Rubengera akarere ka Karongi.
Kuri uyu wa gatatu tariki 1/5/2013, Bayern Munich yabonye itike yo kwerekeza i Wembley ku mukino wa nyuma wa ‘UEFA Champions League’, nyuma yo gusezerera FC Barcelone iyitsinze ibitego 7-0 mu mikino ibiri.
Hashize iminsi hagaragara impunzi zitahuka ziva mu mashyamba ya Congo ariko nyuma y’igihe gito bamwe muri bo bakongera bagasubirayo rwihishwa.