Umukinnyi wa Espoir Basketball Club, Ngandu Bienvenu, ni we wahawe igihembo cy’umukinnyi wahize abandi mu gukina neza muri shampiyona ya Basketbal (MVP 2013) , yasojwe ku mugaragaro ku cyumweru tariki ya 17/11/2013.
Umukino uhuza abakinnyi ba basketball bakomeye mu Rwanda buri wese ku mwanya akinaho (All stars Game) wabereye kuri Stade ntoye i Remera ku cyumweru tariki ya 17/11/2013, ikipe yiswe ‘B’ niyo yegukanye igikombe itsinze ikipe ‘A’.
Nigeria, Cote d’ivoire na Cameroun niyo makipe yabimburiye andi yo muri Afurika kubona itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Brazil umwaka utaha.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu bavuga ko bishimira kuba igiciro cy’ibirayi cyaratangiye kumanuka ariko bagaterwa impungenge n’izamuka ry’igiciro cy’ibishyimbo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko hari bamwe mu bakozi bo muri ako karere bagaragaweho gucunga nabi umutungo wa Leta kuburyo ngo hagiye gukorwa igenzura ryihariye basanga abo bakozi ibyo baregwa bibahama bagashyikirizwa inkiko, bagahanwa hakurikijwe amategeko.
Bwa mbere mu mateka seminari into yitiriwe mutagatifu Kizito y’i Zaza yatangaje ko umwaka utaha wa 2014 izatangira kwakira abanyeshuri babishaka bavuye mu yandi mashuri barangije icyiciro rusange (Tronc-Commun).
Muhirwa Robert benshi bazi ko yitwa Silas hamwe n’abandi barwanyi bari kumwe nawe muri FDLR RUDI bishe abayobozi babo bahita bitahira mu Rwanda nyuma yo gufatwa bugwate no gushyirwa mu buzima bubi.
Chairman w’umuryango FPR-Inkotanyi mu ntara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, arakangurira urubyiruko rw’umuryango FPR n’urubyiruko rw’igihugu muri rusange kuba umusemburo w’iterambere, kuko igihugu gifite urubyiruko rudakora kitatera imbere.
Abanyamuryango ba RPF bakorera mu Kigo cy’Ingoro z’Igihugu z’Umurage w’u Rwanda (INMR), bubakiye inzu mugenzi wabo utari ufite aho aba, atanafite ubushobozi bwo kwikodeshereza inzu igaragara yo kubamo.
Abantu umunani bo mu mudugudu wa Kaganzo akagari ka Remera mu murenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro bakubiswe n’inkuba tariki 16/11/2013, icyakora nta n’umwe muri bo witabye Imana, usibye umuntu umwe yatwitse ku kuboko.
Abagize inama njyanama y’akarere ka Ngororero bavuga ko batazongera kwihanganira kubona hari bimwe mu bikorwa remezo byubakwa bitwaye amafaranga atagira ingano nyamara mu gihe gito bikaba byangiritse, ababishinzwe bakavuga ko ari inyigo zakozwe nabi.
Nyuma yo kubona ko icyaha cyo gufata ku ngufu kigenda cyiyongera mu Bushinwa, ngo hashyizwe ahagaragara umwambaro ushobora gutuma kigabanuka: collant (umwenda ufata ku mubiri) ifite ubwoya.
Ubwo bizihizaga umunsi mpuzamahanga wo gutekereza ku ndwara ya diyabete, kuwa 16/11/2013, Abanyehuye n’Abanyagisagara bibumbiye mu muryango Baho umenye nkumenye w’abarayi n’abarwaza ba diyabete, bibukiranyije ko bagomba kwiyitaho kugira ngo badahura n’ingaruka za diyabete.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe kongerera ubushobozi abakozi ba Leta ndetse n’abakorera ibigo byigenga (RMI: Rwanda Management Institute) buratangaza ko gifite ikibazo cy’ubushobozi buke mu kongerera ubushobozi aba bakozi.
Bamwe mu baturage baturiye ibirombe uruganda rwa Rutongo mines rucukuramo amabuye y’agaciro baravuga ko barenganijwe n’ubuyobozi bw’uru ruganda ruturitsa intambi zikabasenyera amazu nyamara ntirugire icyo rubikoraho.
Kayiranga Jean Baptise, umutoza wungirije w’ikipe y’umupira w’amaguru y’u Rwanda Amavubi yabwiye Kigali Today ko ngo Amavubi yagombaga gutsinda Uganda mu mukino wa gicuti wahuje ayo makipe yombi kuwa gatandatu tariki ya 16/11/2013, ariko amakipe yombi akaza kunganya ubusa ku busa.
Nyuma y’icyumweru kimwe gusa mu tubari turi mu karere ka Ruhango hageze inzoga nshya ya Primus iri mu icupa rya santilitiro 50 benshi bitirira umuhanzikazi w’umunyarwanda Butera Knowles, abacuruzi bo muri Ruhango baratangaza ko iyo nzoga ngo ikunzwe cyane.
Hadi Janvier, umusore w’umunyarwanda w’imyaka 22, niwe wagukanye umwanya wa mbere mu gace ka mbere gatangira isiganwa ry’amagare ‘Tour du Rwanda’ 2013’ ryatangiye kuri icyi cyumweru tariki ya 17/11/2013.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda akaba na komiseri mu muryango FPR-Inkotanyi, arasaba urubyiruko rwo muri FPR ndetse n’urubyiruko rw’u Rwanda muri rusange kurangwa n’umuco wo gushakira ibisubizo ibibazi gihugu gifite, aho kuba bamwe mu babitera.
Perezida Kagame kuri icyi cyumweru taliki ya 17/11/2013 yatangiye urugendo rw’akazi aho azitabira inama ihuza ibihugu by’Abarabu na Afurika, inama ibaye ku nshuro ya gatatu mu gihugu cya Koweti.
Umuryango wa Bazimaziki Saveri, umunyarwanda wiciwe i Goma arashwe ku mugoroba wo kuwa gatanu taliki ya 15/11/2013 wasabwe amadolari 300 kugira ngo uhabwe umurambo wa nyakwigendera uzanwe mu Rwanda aho uzashyingurwa.
Amahugurwa y’iminsi ine yahawe abatoza b’umupira w’amaguru bo mu karere ka Kayonza ngo azabafasha gushaka no guteza imbere impano z’umupira w’amaguru mu bana bakiri bato hirya no hino mu mirenge igize akarere ka Kayonza, nk’uko bivugwa na Nsengiyumva Francois umwe mu batoza b’umupira w’amaguru muri ako karere.
Ishuri ry’ubumenyi ngiro mu ntara y’Iburasirazuba (IPRC East) hamwe n’ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) batangije igikorwa cyo gukangurira kwihangira imirimo rukava mu bushomeri.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 16/11/2013, abantu 50 baturuka mu mirenge ya Gasaka, Cyanika, Tare, Kibilizi na Kamegeri basoje amahugurwa y’iminsi itanu kuri hanga umurimo, aho bigishwaga gutegura imishinga bagamije kwihangira imirimo.
Ubushakashatsi buherutse gukorwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) bwasanze mu karere ka Karongi, hakigaragara ibibazo byo guhutaza umuturage mu buyobozi bw’ibanze, ahanini bishingiye kukutamenya agaciro k’imikoranire n’abafatanyabikorwa barimo n’umuturage.
Kuva ingabo za Congo zagaruka mu duce M23 yahozemo, abaturage bo mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu basanzwe bajya gukorera i Kibumba muri Congo bavuga ko bahura n’Abanyarwanda bari basanzwe muri FDLR ubu bashyizwe mu ngabo za Congo.
Ubushakatsi bwakozwe ku bijyanye n’imiterere y’ibirunga, imicikire y’imigabane ishobora kuzaba mu kiyaga cya Kivu hamwe n’ingaruka z’imitingito ikunze kugira ingaruka ku Rwanda n’akarere bugaragaza ko nta ngaruka imitingito no kuruka kw’ibirunga byagira ku Kivu.
Irondo ryafashe imodoka ya FUSO ifite ikirango RAA 600R itwaye ibiti bya Kabaruka. Iyo modoka yafatiwe mu murenge wa Murama mu karere ka Kayonza mu ijoro rishyira tariki 15/11/2013 itwawe n’umushoferi witwa Kayinamura Jean Claude.
Abanyarwanda 59 bagarutse mu Rwanda bavuye mu duce dutandukanye muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo, aho bavuga ko ubuzima butari buborohereye ariko kubera kubura amakuru y’impamo y’ibibera mu Rwanda bagahitamo kunambira muri icyo gihugu.
Umushinga wifashisha ubutumwa bugufi witwa “SMS Feedback” witezweho gufasha mu gukemura ibibazo abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bahura nabyo. Uwagize ikibazo azajya yohereza ikibazo cye mu butumwa bugufi agahita ahabwa igisubizo kandi agafashwa kugikemura mu buryo bwihuse.
Abasanzwe ari abakiriya ba Equity Bank mu karere ka Rubavu bavuga ko batunguwe no kubona iyi banki igiye kumara iminsi itatu ifunze imiryango idakora, kuko bizatuma abadafite amakarita ya ATM batazashobora kubona amafaranga.
Bazimaziki Saveri w’imyaka 29, yiciwe mu mujyi wa Goma arashwe ajugunywa ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu inyuma ya Hotel Ihusi yegeranye n’umupaka w’u Rwanda, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 15/11/2013.
Mu karere ka Nyanza hashyizweho uburyo bushya bwo kunoza serivisi z’abakorewe ihohoterwa hifashishijwe ikarita nsuzuma mikorere, mu rwego rwo kurwanya serivisi mbi zahabwaga rimwe na rimwe abakorewe ihohoterwa.
Polisi ikorera mu karere ka Ruhango yataye muri yombi litiro zigera kuri 660 z’inzoga yitwa igikwangari na litiro ishanu za kanyanga, mu mukwabo wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 15/11/2013.
Koperative “Kundumurimo Munyarwanda” yo mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro, yatashye ku mugaragaro inzu mberabyombi y’ikitegererezo yuzuye itwaye miliyoni 38 z’amafaranga y’u Rwanda, ikaba kuwa Kane tariki 14/11/2013.
Abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye bari muri clubs zirengera ibidukikije bateye ibiti bisaga 200 ku nkengero z’umuhanda werekeza mu mujyi wa Karongi. Igikorwa bafashijwemo n’umuryango “Inshuti z’Ibidukikije Amis de la Nature (ANA).
Abaturage bo mu karere ka Ngororero barakangurirwa kwitabira ubuhinzi bw’imigano, kubera ubuaka bwako bugizwe n’imisozi ihanamye ikunze guteza isuri, nk’uko babigirwamo inama n’ishyirahamwe Nyarwanda ryita kubidukikije ARECO (Association Rwandaise des Ecologistes).
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwahagurukiye abakozi bakorera muri ako karere batujuje ibyangombwa ku buryo bitarenze ukwezi kwa 11/2013 umukozi uzaba ataruzuza ibyangombwa bisabwa azahagarikwa ku kazi.
Nyuma ya tombola yakozwe ku wa gatanu tariki ya 15/11/2013, u Rwanda rwashyizwe mu itsinda rya gatatu ririmo Uganda, Sudan na Eritrea mu mikino y’igkombe cya CECAFA y’ibihugu izabera muri Kenya kuva tariki ya 27/11/2013.
Aba banyarwanda bageze mu nkambi ya Nyagatare bavuga ko bafashe umugambi wo kugaruka mu gihugu cyabo, nyuma yo kumva amakuru meza y’uko igihugu cyabo kirimo umutekano n’ubutabera busesuye.
Akarere k’Amajyaruguru y’Uburengerazuba bw’u Rwanda kagizwe n’uturere dutandatu tw’u Rwanda kagiye kubakwamo ishyamba ry’icyitegererezo (Foret Model), mu rwego rwo gufasha kwihutisha iterambere no gushyiraho uburyo burambye bwo gucunga amashyamba.
Umwe mu mu barwanyi ba FDLR batashye mu Rwanda bagize uruhare mu mirwano ya Kanyarucinya na Kanyamahura bavuga ko M23 itariyo yarashe mu Rwanda na Goma, ahubwo ko byakozwe n’abasirikare ba Congo bakoranaga na FDLR.
Umugabo witwa Gatemberezi Daniel utuye mu mudugudu wa Mubumbwe mu kagari ka Bihembe muri Nyakariro yatemye umugore we n’ishoka yo kwasa inkwi n’abaturage bagerageje gutabara ababwira ko nabo umunsi yagarutse azabatema bose.
U Rwanda ruritegura kwakira inama mpuzamahanga izaba igamije gushyiraho amahame mashya mu kugorora abagororwa. Inama izaba guhera tariki 25-26/11/2013.
Kuri uyu wa kane tariki ya 14/11/2013, urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe rwategetse ko Uwamahoro Dative na Mukeshimana Claudine bakurikiranyweho urupfu rwa Kaporari Minani François (umugabo wa Uwamahoro) baba bafunzwe by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30 mu gihe iperereza rikomeje ku byaha baregwa.
Mutwarasibo Ernest, umushakashatsi mu kigo kigamije gukemura amakimbirane (Center for Conflict management), avuga ko iyo abakoze Jenoside baza kwibaza ku buzima buzakurikiraho nyuma yo kuyikora, ndetse bakanibaza ku buzima bateganyiriza abana babo, batari kwica.
Bamwe mu bitabiriye imurikagurisha ririmo kubera mu karere ka Nyagatare barasaba ko ryajya riba igihe cy’impeshyi aho kuba icy’imvura kuko bituma rititabirwa neza.
Abanyeshuli bane bahamijwe n’urukiko rwisumbuye rwa Muhanga icyaha cyo gutwika ku bushake ishuli ryabo rya ES Byimana bajuririye urukiko rukuru urugereko rwa Nyanza umwe muribo yarekuwe tariki 15/11/2013 kubera ko imyaka ye itamwemerera uburyozwacyaha.
Nyuma y’itabaruka ry’umubyeyi wa nyiri kampani ya Capital Express itwara abagenzi mu muhanda Kigali-Karongi, kuri uyu wa 15/11/2013 mu mujyi wa Karongi hari ikibazo cy’ibura ry’imodoka kubera ko abakozi ba Capital bose bagiye gutabara umukoresha wabo.