Umugabo w’imyaka 44 witwa Ribanje yagwiriwe n’ikirombe ahita yitaba Imana mu gitondo cya tariki 15/03/2014, mu murenge wa Nyakabuye mu karere ka Rusizi. Uyu mugabo ngo yari kumwe na bagenzi be bacukura zahabu mu buryo butemewe n’amategeko mu mugezi wa Rubyiro.
Umukino wari utegerejwe hagati ya AS Kigali na Police FC ku cyumweru tariki 16/3/2014 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, warangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1, ariko kapiteni wa AS Kigali Mbaraga Jimmy ahabwa ikarita y’umutuku nyuma yo gutsinda igitego.
Abakiristo bo mu Iterero rya ADEPR Paruwasi ya Karongi kuri uyu wa 16 Werurwe 2014 basoje igiterane cy’iminsi ibiri cyaberaga ku Rusengero rw’Umudugudu wa Nyamishaba cyari kigamije guhwitura abantu b’Imana ngo bigaragara ko bagenda barushaho gutwarwa n’iby’isi bakibagirwa gusenga.
Umuhuzabikorwa w’ikigo cy’urubyiruko cya Kayonza, Mwiseneza Jean Claude avuga ko isomero ryafunguwe muri icyo kigo rizagira uruhare runini mu kugabanya umubare w’urubyiruko rwishoraga mu bikorwa bibi.
Joseph Kagabo utuye mu karere ka Huye, avuga ko atumva impamvu hari abibaza impamvu ya “Ndi Umunyarwanda”, gahunda yibutsa abantu ko ari Abanyarwanda kandi basanzwe babizi, nyamara ntibibaze impamvu abantu bajya gusenga igihe cyose bibutswa ko ari abakirisitu.
Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Odda Gasinzigwa avuga ko urumuri rw’icyizere ari ikimenyetso cy’agaciro k’Abanyarwanda katakaye muri Jenoside kandi kagomba guharanirwa. Yabivuze tariki 16/03/2014 ubwo mu karere ka Kayonza bakiraga urumuri rw’icyizere bashyikirijwe n’akarere ka Gatsibo.
Muri shampiyona ya Volleyball yari igeze ku munsi wa gatatu ku wa gatandatu tariki ya 15/3/2014, kuri Club Rafiki i Nyamirambo, habereye imikino y’amakipe atatu akomeye mu Rwanda, aho APR VC yatunguye Rayon Sport na KVC ikazitsinda amaseti 3-1.
Abaturage bahinga hafi y’ishyamba rya kimeza rikikije umugezi w’umuvumba mu karere ka Nyagatare bavuga ko inyamanswa zibonera, ubuyobozi bw’aka karere bwo buvuga ko bitemewe guhinga ku nkengero z’uyu mugezi.
Ikipe ya APR FC ikomeje umuvuduko wo gushaka igikombe cya shampiyona nyuma yo gutsinda Etincelles igitego 1-0, ikaba ikomeje kurusha amanota atatu Rayon Sport iri ku mwanya wa kabiri n’ubwo yatsinze Mukura ibitego 3-1.
Mu rwego rwo gukomeza kubungabunga umutekano w’abaturage ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi bwasabye abantu basengera ku musozi wa Kadeshi kubireka kuko bishobora guhungabanya umutekano ndetse bigakururira abahasengera ingorane zirimo no kuba bahohoterwa.
Ubwo yatangaga ikiganiro ku mateka y’u Rwanda ku banyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu Karere ka Karongi muri gahunda yo kubasobanurira gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, tariki 15/03/2014, Ambasaderi Polisi Denis yasobanuye uburyo abanyapolitiki bagiye boreka u Rwanda mu macakubiri kugera ubwo ava mu moko akagera no mu turere.
Mukangango Beretilida utuye mu Karere ka Huye, avuga ko hari umuntu wari mu bitero byashakaga kumwica mu gihe cya Jenoside yajyaga abona agahahamuka; Ariko ngo nyuma yo kumushaka akamubwira ko nta mutima mubi amufitiye, ubu asigaye atuje no guhahamuka byarakize.
Mu gihe hirya no hino mu gihugu abagore bagenda bagaragaza ibyo bagezeho babikesheje kwiteza imbere no kwivana mu bwigunge, bamwe mu bagore batuye umurenge wa Nkombo, mu karere ka Rusizi baratangaza ko bagihura n’inzitizi zitari nke zibangamira iterambere ryabo.
Mu gihe Musabyemariya Jane wo mu mudugudu wa Kagitumba akagali ka Kagitumba umurenge wa Matimba avuga ko EWSA yamuranganye bigatuma inzu ya musaza we ishya igakongoka, ubuyobozi bwayo mu karere ka Nyagatare bwo buvuga ko icyo kibazo butari bukizi.
Mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda binyuze mu bikorera imirimo itandukanye mu gihugu, ikigo Nyarwanda CSR “Corporate Social Responsibility” cyafashe gahunda yo kujya gihemba ibigo bigaragara mu kugira uruhare mu iterambere ry’abaturage.
Umusirikare wa Congo wa 14 wafatiwe mu Rwanda yahinjiye mu buryo bunyuranyije n’amategeko yashyikirijwe itsinda ry’abasirikare bashinzwe kugenzura imipaka ihuza u Rwanda na Congo (Extended Joint Verification Mechanism: EJVM) kuri uyu wa gatandatu tariki 15/03/2014.
Abanyarwanda 54 bari basanzwe ari impunzi mu burasirazuba bwa Congo kuri uyu wa gatanu taliki 14/3/2014 bageze mu Rwanda, bavuga ko bari barambiwe ubuzima bubi bwiganjemo umutekano batezwa n’imitwe yitwaza intwaro irimo na FDLR ibaka imisoro y’ibiribwa.
Ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu nteko ishingamategeko (FFRP) bari mu mahugurwa y’iminsi ibiri agamije kobongerera ubumenyi ku kwinjiza ihame ry’uburinganire mu gutegura igenamigambi n’ingengo y’imari.
Umuryango uharanira iterambere ry’umogore no kurwanya ihohoterwa mu karere k’ibiyaga bigari “COCAFEM,” urishimira uko abagore barimo guharanira kwiteza imbere, bakaba basaba n’abandi bogore guhindura imyumvire bakareka guhora bateze amaboko abagabo.
Umujyanama mu bya gisirikare muri Ambasade ya Sweden mu Rwanda, Col. Leif Thorin Carison, yatangaje ko ingabo z’u Rwanda zikora akazi gakomeye mu butumwa bwo kugarura amahoro mu bihugu bitandukanye, hakaba hari byinshi bakwigira ku Rwanda.
Alphonse Munyantwari, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, atangaza ko ibiganiro bya gahunda ya "Ndi Umunyarwanda" atari iby’ubwenge gusa ahubwo ari ibyo gufasha mu kubohora imitima.
Abaturage bo mu karere ka Kayonza bakorana n’umushinga Learning Environmental Adaptations for Food security (LEAF) wa ADRA Rwanda bavuga ko umusaruro w’ibyo beza utazongera gupfa ubusa kubera ikoranabuhanga ryo kuwumisha bigishijwe n’uwo mushinga.
Bamwe mu baturage batuye umurenge wa Gakenke, akarere ka Gakenke basigaye bitabira ubucuruzi buri gukorwa inyuma y’isoko no mu minsi itari iyi soko kandi bukitabirwa cyane.
Amakipe ya APR na Rayon Sport aho ava akagera akunda guhangana mu mikino itandukanye, kuri uyu wa gatandatu tariki ya 15/3/2014 zirahurira mu mukino wa shampiyona ya Volleyball igeze ku munsi wayo wa gatatu, zikazakinira kuri Club Rafiki i Nyamirambo.
Umusore witwa Manirakiza Diogène w’imyaka 27 y’amavuko yamenyesheje Nyiransabimana Séraphine w’imyaka 25 ko ubukwe bwabo butakibaye bitewe n’uburwayi, mu gihe hari hasigaye icyumweru kimwe gusa ngo basezerane imbere y’Imana ko bagiye kubana akaramata.
Mukura Victory Sport na Rayon Sport ziheruka gutsindwa imikino ya shampiyona iheruka, zirahura mu mukino w’umunsi wa 20 ubera kuri Stade ya Muhanga kuri uyu wa gatandatu tariki ya 15/3/2014.
Abahinzi bo mu karere ka Nyagatare bakora ubuhinzi bifashishije uburyo butamenyerewe cyane mu Rwadna bwo kuhira imyaka, barishimira ko basigaye basarura no mu gihe cy’izuba, n’ubwo babitangiye bigoranye.
Urukiko rwo mu Bufaransa rwakatiye igifungo cy’imyaka 25 Simbikangwa Pascal, Umunyarwanda ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi muri mata 1994.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Sudani y’Amajyepfo mu mujyi wa Juba, kuva taliki ya 12/3/2014, zatangiye igikorwa cyo gutabara abaturage bugarijwe n’ibiza by’amazi menshi yabasanze aho bari bacumbitse.
Ministeri ishinzwe umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (MINEAC) irasaba Abanyarwanda aho baba bari hose kumva ko bahuje isanomuzi, kandi ko Ubunyarwanda burenze imipaka y’u Rwanda.
Ibihugu bitatu, u Rwanda, Kenya na Uganda, byishize hamwe bigashyiraho visa imwe y’ubukerarugendo muri ibi bihugu, byizeye ko izazamura ubukungu muri byo no kubimenyekanisha ku rwego mpuzamahanga.
Abashinzwe ubuhinzi mu mirenge igize akarere ka Rwamagana barasaba ko hashyirwa imbaraga mu gutera ibiti by’imbuto ziribwa ngo kuko uretse umumaro rusange bigira nk’amashyamba, ngo ibi biti bitanga imbuto ziteza imbere imirire myiza, bityo zikaba zarwanya indwara zituruka ku mirire mibi ikunze kugaragara hamwe na hamwe.
Mu isoko rirema mu ri santere ya Gakenke uhasanga ubucuruzi butandukanye dore ko abantu baba baturutse impande zitandukanye bitewe n’uko iri soko rirema kabiri gusa mu cyumweru.
Ku nshuro ya mbere, hagiye kubaho Iserukiramuco ry’abari n’abategarugori mu rwego rwo kumurika bimwe mu bikorwa bagezeho mu myaka 20 ishize Jenoside ibaye mu Rwanda.
Inzego zitandukanye zo mu Karere ka Nyabihu, kuri uyu wa gatanu tariki 14 Werurwe 2014, zakoreye urugendo shuli mu Karere ka Gatsibo mu rwego rwo kwigira kuri aka karere uburyo bwo kwishyura ubwisungane mu kwivuza hifafashishijwe uburyo bwo kwibumbira mu bimina.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Burera rutangaza ko rufite ibitekerezo by’iminshinga itandukanye ariko rukabura abarutera inkunga kugira ngo rutangize iyo mishinga yarwo bigatuma rurushaho kuba mu bukene.
Nyuma yo kuzenguruka imirenge 12 igize akarere ka Rubavu mu kwezi kw’imiyoborere myiza, ubuyobozi bw’akarere burahamagarira abaturage kubungabunga umutekano batangira amakuru ku gihe.
Bamwe mu barezi bo mu karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo, baratangaza ko kimwe mu byo basanga bihungabanya ireme ry’uburezi ari uburyo bwo kwigishamo bwaje; aho buri somo riba rifite umwarimu waryo mu mashuri abanza.
Nyuma yo kumara imyaka itanu yiberaho ubuzima butagira akazi na gahunda we yita ubuzima bwa gisongarere, Nganyirende Jean Damascene wiyita Kazi ni kazi ubu ukora akazi ko gukora inkwe arasaba urubyiruko guhagurukira gukora aho kwirirwa bicaye.
Inzego zishinzwe ubuhinzi mu karere ka Rwamagana, zafashe umwanzuro wo guca burundu akajagari kagaragara mu bucuruzi bwa kawa ngo kuko bituma abacuruzi bagongana bikaba intandaro yo kwangirika kwa kawa ari na byo bikomeza guhombya inyungu zashoboraga kwinjizwa n’iki gihingwa ngengabukungu.
Gusiba ibinogo no gutema ibihuru bikikije ingo nibyo bisabwa abaturage batuye mu karere ka Nyagatare nyuma y’igenzura ryakozwe mu isozwa ry’igikorwa cyo gutera mu ngo umuti wica imibu itera Malariya.
Ubwo hafungurwaga ku mugaragaro gereza izajya ifungirwamo abagore gusa mu ntara y’Iburasirazuba, abagore bemerewe ko nibita ku isuku bashobora kuzajya batunga imisatsi mu gihe ubundi uwageragamo yahitaga yogoshwa umusatsi wose.
Burura Abdou w’imyaka 54 y’amavuko hamwe na Kigingi we witwa Sentamu Abdoul w’imyaka 37 y’amavuko bafatanwe imodoka ipakiye ibiti by’imisheshe byari byibwe mu kagali ka Cyeru mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza.
Hashize amezi atari make abantu benshi batuye igihugu cya Brazil kizakira imikino y’igikombe cy’isi giteganyijwe mu mwaka wa 2016 bakora imyigaragambyo banatanga ubutumwa bwamagana kwakira iyo mikino mu gihugu cyabo.
Binyuze mu mushinga urengera ibidukikije witwa ARECO Rwandanziza, hagiye gukorwa ibishoboka byose ngo harengerwe ishyamba rya Pariki y’Ibirunga yibasiwe n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe n’iyangirika ry’ibidukikije.
Mu gihe abatuye umujyi wa Muhanga bakomeje kwinubira kudatabarana mu gihe hari utewe n’abagizi ba nabi, abayobozi baravuga bikomoka ku mayeri y’aba bagizi ba nabi batera ubwoba abaturage ariko bagasaba ko bashyira hamwe imbaraga bakabarwanya.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu karere ka Muhanga baratangaza ko batishimiye icyemezo cyafashwe cyo kugabanya inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi kuko bumva ko atari uguha agaciro ababo.
AS Kigali yari imaze iminsi mu marushanwa mpuzamahanga, yatsinze AS Muhanga igitego 1-0 mu mukino w’ikirarane wabereye kuri Stade Muhanga kuri uyu wa gatatu tariki 13/03/2014.
Abatuye Akarere ka Gatsibo barashishikarizwa kumva ko urumuri rutazima atari urwo kwizera gusa, ko ahubwo ruzanashimangira indangagaciro zo kwitandukanya n’ikibi icyo aricyo cyose.
Abasenateri bari muri komisiyo y’imibereho myiza, uburengazira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage baganiriye n’abayobozi b’ibigo by’amashuli abanza n’ayisumbuye yo mu karere ka Nyanza kuwa 13/03/2014, biga ku kibazo cyo kuzamura ireme ry’uburezi no gushakira umuti imbogamizi zose zibubangamiye.