Mu rukerera rwa tariki 28 Nzeri 2015 mu gihugu cy’u Bwongereza ukwezi kwagaragaye kwabaye nk’amaraso benshi barakangarana.
Ababyeyi, abanyeshuri, abarezi, ndetse n’ubuyobozi ntibavuga rumwe kuba umunyeshuri yakwemererwa kwiga atunze telefone kuko byamuviramo kurangara ntakurikire amasomo.
Abanyeshuri ba E.S. Ruhango, baravuga ko nyuma yo kubona mateka mabi yatewe n’ubuyobozi bubi, ko batazigera bumva ibitekerezo bibaganisha ahabi.
Abakuze batuye Umujyi wa Rwamagana baranenga ko usa n’usinziriye, bakavuga ko uheruka kugaragaza imbaraga z’iterambere ubwo wubakwaga n’Abarabu bakanahakorera ubucuruzi.
Urubyiruko rw’u Rwanda na Kongo rwibumbiye muri Tujenge Amani, ruhamya ko rwashoboye kubana neza mu gihe ibihugu bitari bibanye neza.
Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bagatuzwa mu murenge wa Ngera, mu karere ka Nyaruguru barataka ikibazo cy’imibereho mibi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere (RDB) kirakangurira Abanyarwanda kumenya no gusura ibice bigize umuco Nyarwanda kugira ngo nabo babimenyekanishe ku isi.
Umusore wo mu kagari ka Ruhingo umurenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro yarohamye mu kiyaga cya Kivu .
Abantu 2 bakubiswe n’inkuba umwe arapfa mu murenge wa Karangazi, akarere ka Nyagatare, kuri uyu wa 27 Nzeri 2015.
Minisitiri w’Umutungo Kamere Dr. Vincent Biruta aratangaza ko gukora ugahembwa bivuze kongera umusaruro kuko bitabaye ibyo n’ibyakozwe bishobora gupfa ubusa.
Ku munsi wa gatatu wa Shampiona y’icyiciro cya mbere,AS Kigali yatsinze Sunrise 4-0 ihita iyobora urutonde rwa Shampiona by’agateganyo
Umuryango VSO uri kwigisha abiga muri TTC Byumba gukora imfashanyigisho mu bikoresho bitandukanye no mu budeyi kugira ngo bibongerere ubumenyi.
Abaturage bo mu Kagari ka Rwayikona mu Murenge wa Mushikiri mu Karere ka Kirehe bagiye kwiyuzuriza umuhanda n’ikiraro bizabafasha kugirana imigenderanire n’utundi tugari.
Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga baravuga ko bahangayikishijwe no kuba baboneza urubyaro ariko abakobwa babo bakibyarira.
Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba,Uwamariya Odette, araburira abayobozi muri iyo ntara ko ko abatarara aho bakorera bagiye gufatirwa ibihano bikarishye birimo no kwirukanwa.
Ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye, kuri uyu wa 25 Nzeri 2015 ryatashye laboratwari yagenewe ubushakashatsi mu ikoranabuhanga rijyanye n’ibinyabuzima, Biotechnology Complex.
Abana 4023 bahuguwe na Imbuto Foundation muri gahunda ya 12+ program mu mwaka ushize barasabwa kuba abafashamyumvire kuri bagenzi babo.
Icyumba cyaberagamo amasengesho mu ishuri rya EAV Kabutare bikanze inkongi y’umuriro bavamo ikivunge bamwe bibaviramo guhungabana.
Uyu muganda mu rwego rw’Akarere ka Rulindo wabereye ahantu habiri, i Shyorongi no ku Kirenge cya Ruganzu.
Abaturage bo mu karere ka Ngororero barasabwa guhunika ibiribwa bitegura guhangana n’ibura ry’umusaruro igihe hashobora kuba ibiza bitewe n’ikirere.
Nyuma y’igihe kinini mu Ngororero bahiga gukuraho amabati ya Asbestos (Fibrociment) ntibigerweho, ubu noneho ngo 2016, uzasiga yaraciwe burundu.
Njyanama y’Akarere ka Ruhango, irimo kwitegura umwiherero ugamije kwisuzuma ireba ibyo imaze kugeraho ndetse n’ibyo itakoze mbere y’uko mbanda irangira.
Ubuto mu myaka y’ubukure mu bayobozi b’inzego z’ibanze budindiza ikemurwa ry’amakimbirane mu miryango kuko batizerwa ngo babwire imvano yayo.
Ubuyobozi bw’akagari ka Rusura mu Karere ka Rubavu bafunze ikirombe cy’umucanga nyuma yo kugwamo abantu bacukuragamo tariki 23 Nzeri 2015.
Buri wa gatandatu wa nyuma mu gihugu hose haba igikorwa cy’umuganda. Nk’uko bisanzwe tubahitiramo amwe mu mafoto yaranze iki gikorwa mu turere dutandukanye aba yafashwe n’abanyamakuru bacu bahakorera.
Uwayezu Gloriose w’imyaka 25 watinyutse akazi ko kubumba amatafari, avuga ko byamuteje imbere none ateganya kwirihira kaminuza mu mwaka utaha.
Muri miliari 60 Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yageneye abafite imishinga y’ubuhinzi, miliyari 2.2 zonyine ni zo zatanzwe mu gihe kirenze umwaka.
Abashakashatsi bo mu bigo bitatu ari byo Laterite, ikigo cy’Abanyakanada IDRC n’icyo mu Rwanda gikora ubushakashatsi kuri gahunda za leta IPAR nibo babitangaje bagendeye ku bundi buherutse gutangazwa n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR).
Mu mukino w’umunsi wa 3 wa shampiona APR fc na Police Fc zanganije igitego 1-1 mu mukino wabereye ku Kicukiro.
Abahanzi bo mu Rwanda n’abo muri Swede bahuriye mu gitaramo cyabereye mu kigo cya Inema Art Center, ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki 25 Nzeri 2015.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari tugize Akarere ka Karongi bagiye guhinduranywa mu rwego rwo kurushaho kunoza serivisi basanzwe baha ababagana.
Bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Gakenke basanga kwikoreza umwana imizigo ntacyo bitwaye kuko baba barimo kubashakira amaramuko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera buratangaza ko ubu abaturage bo muri ako karere bamaze kugezwaho imiyoboro y’amazi meza babarirwa muri 90.2%.
Abanyeshuri 3 bo mu kigo cy’ishuri cya G.S St Paul cyo mu karere ka Rusizi baherutse gutwara inda zitifujwe
Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda (RSE) ryamaze kwakirwa nk’umunyamuryango mushya mu ihuriro ry’amasoko y’imari n’imigabane mu muryango w’Abibumbye (UN-SSE.)
Abatuye ikirwa cya Mazane giherereye mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera bagiye kwimurwa bajyanwe i musozi.
Umugore wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, atangaza ko azakora ibishoboka byose kugira ngo abana bahuye n’ibibazo bagire imibereho myiza.
Niyobyiringiro Callixte w’imyaka 25 wakoreraga Umurenge Sacco–Mushubati ho mu karere ka Rutsiro aracyashakishwa aho akurikiranyweho gutorokana 1,651,500frw.
Mu Karere ka Bugesera imbwa 61 z’inzererezi zimaze kwicwa nyuma y’aho ziririye abantu 13 ndetse abagera kuri babatu bikabaviramo urupfu.
Bamwe mu rubyiruko rw’abakobwa bo mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko bitorohera umukobwa kuba yajya kugura agakingirizo mu iduka.
Abayobozi b’ibitangazamakuru byandika barasabwa gukora indi mirimo ifitanye isano n’ibyo bakora kugira ngo bongere ubushobozi bw’ibitangazamakuru byabo bifite ikibazo cy’amikoro.
Kubera ko ikibazo cy’amasoko atangwa atinze ari kimwe mu byatumye tumwe mu turere tw’intara y’Iburengerazuba tutaraje ku myanya myiza mu mihigo cyafatiwe ingamba.
Abacuruzi bakorera mu Karere ka Ruhango baravuga ko bahangayikishijwe n’abajura bacukura amazu bakabiba ibicuruzwa, bagasaba ubuyobozi kubihagurukira.
Impanuka y’ikamyo ya Bralirwa yahirimye igeze mu karere ka Gakenke, yatumye abaturage bari hafi aho bahita binywera inzoga yari yikoreye.
Puff Daddy ni we uza ku isonga ku rutonde rw’abaririmbyi b’injyana ya Hip Hop binjije amafaranga menshi mu mwaka wa 2014-2015
Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Remera bemaza ko kugaburira abana ku ishuri byazanye impinduka nziza mu myigire yabo.