Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Mukandasira Cartas, yasabye abaturage ba Nyamasheke, kutaririmba ko bigeze gutwara igikombe cy’imihigo kandi bagiheruka muri 2010.
Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga iratangaza ko mu byumweru bibiri iba yacukumuye neza ibibazo byose bigaragara mu ibagiro rya Misizi.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Muhanga bavuga ko Rwanda Day ifite akamaro kanini cyane kuko ari uburyo bwo kugaragariza icyarimwe ku isi hose isura nziza y’igihugu.
Ihuriro ry’imiryango itegamiye kuri Leta (CCOAIB) rivuga ko abaturage bakwiye guhabwa urubuga mu bibakorerwa kugira ngo iterambere rirambye rishoboke.
Bamwe mu bahesha b’inkiko b’umwuga baranengwa imikorere mibi inyuranyije n’amategeko ari byo byatumye abagera kuri 21 baregerwa Minisiteri y’Ubutabera.
Abahagarariye ibigo by’ubucuruzi birenga 100 byo mu Buholandi baritabira ibirori bya Rwanda Day, nk’uko itsinda riyitegura ryabitangaje.
Kuri uyu wa 01 Ukwakira, abamotari n’abashoferi basabwe kwirinda amakosa akenshi avamo impfu n’ibihano kuko bidindiza iterambere.
Abanyarwanda baba mu Buholandi, ariho hazabera Rwanda Day 2015, ngo bishimiye kwakira Perezida wa Repubulika Paul Kagame bafata nk’inshuti yabo by’umwihariko.
Ministeri y’ubuzima(MINISANTE) yatashye ububiko bw’imiti bushya ngo bugiye gufasha gukemura 16% by’ikibazo cy’ibura ry’ububiko bw’imiti bwijuje ubuziranenge.
Abarenga ibihumbi bine biganjemo abashoramari n’Abanyarwanda baba hanze nibo bazitabira ibirori Rwanda Day izabera mu Buholandi ku wa gatandatu tariki 3 Nzeri 2015.
Abanyarwanda b’imbere mu gihugu n’abo muri Diaspora bategereje gahunda ya Rwanda Day izabera mu Buholandi kuva tariki 3-4 Ukwakira 2015.
Hasohotse Film Unzi Igice igaragaza uko Abanyarwanda bari mu mahanga badatahuka kubera ko bababeshya uko u Rwanda rutari, kugira ngo bagumane imitungo.
Umuyobozi w’ibitaro bya Kabutare Dr. Saleh Niyonzima, ari mu maboko ya Polisi, naho ushinzwe ubutegetsi n’imari muri ibi bitaro we yaburiwe irengero.
Amakipe 20 niyo yamaze kwemera kwitabira imikino ya zone 5 ya Basket,aho milioni 25 arizo zitaganijwe gukoreshwa mu marushanwa azabera i Kigali kuva kuri iki cyumweru
Abahinga umuceri mu gishanga cya Ntende, mu Karere ka Gatsibo barataka ikibazo cy’amazi adahagije mu gishanga cyabo atuma batabona ubusaruro bifuza.
Abaturiye umuhanda ukorwa mu mirenge ya Muganza na Nyabimata muri Nyaruguru baravuga ko bangirijwe imitungo myinshi kandi barahawe amafaranga make.
Shampiona y’icyiciro cya mbere irakomeza ku munsi wayo wa kane,aho imikino ibiri ariyo iteganijwe kuri uyu wa gatanu,bakazakina kugeza ku cyumweru.
Abanyeshuri 170 barangije kuri PIASS mu mashami y’uburezi, iterambere n’iyobokamana, kuri uyu wa 30 Nzeri 2015 bahawe impamyabushobozi.
Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo, Rwamurangwa Steven, avuga ko gukunda igihugu atari ugukunda imisozi ikigize gusa ahubwo ko ari ugukunda Abanyarwanda n’abaturarwanda.
Ikigo cy’Igihugu Imyuga n’Ubumenyingiro, WDA, kuri uyu wa 1 Ukwakira, cyasinyanye amasezerano yiinkunga n’ibigo 38 byasabye inkunga yo kwigisha urubyiruko imyuga.
Umuryango Buffett Foundation wiyemeje gushora milliyoni 500 z’amadorari mu bikorwa bigamije guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda.
Abakora umwuga wo gucuruza amafaranga mu karere ka Rusizi barasaba urugaga rw’abikorera kubashyirahamwe n’abandi bikorera kuko PSF ivuga ko itabazi.
Abakinnyi ba filime mu Rwanda biyemeje gukora filime ivuga ku muco Nyarwanda mu rwego rwo kuwusigasira no kurushaho kuwukundisha Abanyarwanda.
Abikorera 14 bo mu karere ka Rubavu bitabiriye Rwanda day bavuga ko bashaka gukumbuza Abanyarwanda n’abanyamahanga bazayitabira ibyiza bya Rubavu.
Lambe wungirije Ambasaderi w’Ubwongereza yatangarije abarwanyi ba FDLR bari Kisangani bashaka kuganira n’u Rwanda ko ukuri ari ugutaha.
Abaturage bo mu murenge wa Kageyo wo mu karere ka Gicumbi nyuma yo guhabwa kandagira ukarabe na SOS bagiye gusezerera umwanda.
Colonel Augustin Nsengimana wari ashinzwe umutekano n’igisirikare muri FDLR kuri uyu wa 1 Ukwakira 2015 yatahutse mu Rwanda.
Inkongi y’umuriro yibasiye Agaseke Bank, ishami rya Remera, aho abakozi n’abagenzi bagiye kubona bakabona umwotsi mwinshi uri gusohoka munzu.
Kuri iki gicamunsi tariki 1 Ukwakira 2015, ahitwa Hindiro mu Karere ka Ngororero habereye impanuka y’imodoka ya HIACE 4 muri 17 yari itwaye bahita bahisiga ubuzima.
Mu mabara agize ibendera ry’umuryango wa FPR Inkotanyi hagaragaramo ibara ry’umutuku nk’ikimenyetso gisobanuye “Kwitangira igihugu byaba ngombwa ukakimenera amaraso.” Tariki ya 1 Ukwakira idufasha gusubiza amaso inyuma tukareba bimwe mu ishingiro ry’ubwo bwitange bwanateye bamwe kumenera igihugu amaraso.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gakenke bwemeje ibyiciro by’ubudehe; buvuga ko bigeye kubafasha gukora igenamigambi ry’akarere rihamye.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amakoperative (RCA), kirakangurira abakozi b’amakoperative y’umurenge SACO muri Rutsiro, kwirinda amarangamutima yabo mu gutanga inguzanyo.
Mu nama yahuje Ministeri y’Uburezi, abashinzwe uburezi n’abayobozi b’ibigo by’amashuri mu turere twa Ngoma na Kirehe, basabwe gusesengura impamvu zitera abana guta ishuri.
Akarere ka Ngoma kemeje ku mugaragaro ibyiciro by’ubudehe, nyuma yo gukosora amakosa yagaragaye mu byicirio byari byatangajwe mbere.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga (MYICT) isaba abanyeshuri biga mu makaminuza kugira umuco wo kwihangira imirimo bagafasha leta kugabanya ubushomeri mu gihugu.
Burenge wa Remera, Akarere aka Gatsibo, bavuga ko kuba bagihingisha amasuka bituma umusaruro wabo udindira.amwe mu bahinzi bo mu m
Nkurunziza Venuste wo mu murenge wa Kigina arwariye mu Bitaro bya Kirehe nyuma yo gutemagurwa n’umuturanyi we akeka ko amurongorera umugore.
Minisiteri y’Uburezi iravuga ko itakuyeyo igihano cyo kwirukanwa ku banyeshuri, ariko igasaba ko bitajya bihubukirwa ahubwo umwanzuro wajya ubanza kugishwaho inama.
Abageze mu za bukuru bo muri Karere ka Kamonyi bahamya ko VUP yabahinduriye imibereho, kuko inkunga bahabwa zibafasha kubona ibyo bakenera.
Ubuyobozi bukuru bw’igihugu burahumuriza abaturage bo mu Karere ka Nyamasheke ariko bukabasaba kubahiriza amategeko, nyuma y’imvururu zaguyemo abaturage babiri.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi buratangaza ko hari abantu 500 badafite ubushobozi bwo kwibonera umusanzu wa Mituweri.
U Rwanda rwaje ku mwanya wa gatatu muri Afurika, mu bihugu byahize ibindi mu iterambere ry’ubukungu no mu bikorwa remezo.
Hari ababona ko amafaranga akunze gutangwa ku banyamakuru mu bikorwa bitandukanye asanzwe amenyerewe nka “Giti” ashobora kuba ahishe ruswa.
Imwe mu miryango itishoboye yo karere ka Kicukiro yashyikirijwe amazu 20 yujuje ibyangombwa byo guturwa, biyifasha gusezerera ubukodi.
Ministeri y’Ubuzima yamaganye inatangaza urutonde rw’amavuta harimo n’azwi nk’umucango cyangwa umukorogo yo kwisiga abujijwe mu gihugu, avugwaho kwangiza ubuzima bw’abantu
Abakinnyi 23 barimo abakina hanze nibo bagomba kwerekeza mu mwiherero uzabera muri Maroc mu gihe cy’iminsi 10.
Umusore w’imyaka 26 w’Umunyarwanda amaze iminsi itatu mu maboko ya Polisi y’u Burundi imukekaho ko ari maneko w’u Rwanda.