Hari bamwe mu bagabo bumva ko umugoroba w’ababyeyi ureba abagore gusa bityo ugasanga ntibawitabiriye kandi ukemukiramo ibibazo birebwa n’ibitsina byombi.
Ishuri Elena Guerra ryo mu Karere ka Huye, riributsa ababyeyi ko uburere bw’abana budakwiye guharirwa abarimu, kuko n’uruhare rwabo rukenewe.
Abahinga buhira imyaka mu gishanga cya Kagitumba, barasaba ubuyobozi gusubizaho abazamu barinda ibyuma byuhira kuko abajura biba utwuma tunyuramo amazi.
Mu muhango wo guhemba abaguzi bitabiriye kwaka inyemezabuguzi z’akamashini ka EBM, byagaragaye ko abagore ari bake cyane babyitabiriye.
Abahinzi b’ahitwa mu Kigezi mu Karere ka Karongi barishimira imbuto nshya bahawe, n’ubwo byabagoye kumva impamvu y’itemwa ry’urutoki rwari rurwaye.
Abakiriya ba Banki ya Kigali muri Bugesera, baravuga ko kuba ubuyobozi bukuru bw’iyi Banki buza kubasura, bakaganira ku mikoranire, bibaha umurava.
Gahunda y’igikoni cy’umudugudu yazanye iminduka mu mikurire y’abana,, aho abasaga 1200 barangwagaho imirire mibi mu 2014, hasigaye gusa 157 muri 2015 .
Bamwe mu babyeyi batangaza ko ubukangurambaga bwo kwita ku mwana mu gihe cy’iminsi 1000 bwatumye bamenya akamaro ko konsa.
Kuri uyu wa gatandatu nibwo Shampiona y’umukino wa Handball yasojwe,ubwo umukino wari utegerejwe warangiye Police yongeye gutsinda APR
Abanyeshuri bane bakubiswe n’umuyobozi wabo, bakajyanwa ku kigo nderabuzima cya Kibingo, byabaye ngombwa ko bimurirwa mu bitaro bya Kabgayi.
Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka icumi itorero Inganzo Ngari rimaze ribayeho, rirateganya ibitaramo n’izindi gahunda zizamara umwaka wose mu gihugu hose.
Mu Karere ka Huye, kuri uyu wa 9 Ukwakira 2015, hatangirijwe gahunda yo kwifashisha amakarita y’utugari mu kugaragaza icyo ubutaka bwagenewe gukorerwaho.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gakenke buhangayikishijwe n’ikibazo cy’abana basaga 1230 batandikishijwe n’ababyeyi babo mu gitabo cy’irangamimerere, kuko ari imbogamizi kw’iterambere ry’akarere.
Urwego rwunganira mu by’umutekano mu karere ka Rutsiro (DASSO) rwasabwe kurushaho kunoza, nyuma yo kwambikwa amapeti.
Abahinga mu Rukore ho mu kagari ka Kahi ko mu murenge wa Gahini i Kayonza ngo barammbiwe urugomo bakorerwa n’abashumba.
Polisi itangaza ko hagiye gukorwa umuhanda w’amakamyo uhinguka mu Byahi mu rwego mu kugabanya imodoka Zigonga ibitaro bya Rubavu.
Urubyiruko rwibumbiye mu ihuriro ry’ imiryango y’urubyiruko itegamiye kuri Leta, ruratangaza ko rwiyemeje gusigasira iterambere ryagezweho na bakuru babo mu Rwanda.
Abanyeshuri 28 bigagaga kuri Collège Sainte Marie Reine mu Karere ka Muhanga birukanwe by’agateganyo bazira kwitwara nabi, bashaka gukora imyigaragambyo.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Oda Gasinzigwa, asaba abangavu kwirinda “uduhendabana” tw’ababashuka, ahubwo bakamenya gufata icyemezo n’icyerekezo cy’ubuzima bwiza bakiri bato.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubumenyingiro muri Minisiteri y’Uburezi, Nsengiyumva Albert, yahumurije abiga muri Lycee de Ruhango ko bagiye gukurikirana ibyabaye.
Milioni 14 nizo Ferwafa isabwa kwishyura RSSB ngo isubizwe imodoka yayo,atakwishyurwa n’inyubako yayo ikaba yafatirwa nk’uko amategeko abiteganya
Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) gisanga guhemba abaka inyemezabuguzi muri tombola ya EBM bizafasha kongera umubare wabo.
Bamwe mu baturage bo mu Kagari k’Akabuga mu Murenge wa Kiramuruzi, baratakamba bavuga ko ubujura bw’amatungo cyane cyane inka bukomeje kwiyongera.
Leta yiyemeje kwishakamo Miliyari 13 z’amafaranga y’u Rwanda yo kuziba icyuho kiri mu bwishingizi bw’ubuvuzi(mituweri), cyahungabanyije serivisi z’ubuvuzi.
Leta y’u Rwanda yagiranye amasezerano y’inkunga ya Miliyoni 15 z’amadolari n’Ikigega gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga mu bihugu bicukura peteroli (OFID) yo gukora umuhanda wa Nyagatare-Rukomo.
Bamwe mu baturage batuye mu byaro by’Akarere ka Rusizi baravuga ko igihingwa cy’ibihumyo kizabafasha kugabanya imirire mibi iboneka mu bana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera burateganya guha imiryango ikennye iby’ibanze bizayifasha kuva mu cyiciro cy’abakene ku buryo bwihuse.
Ibiro bya Volcano Express Bujumbura byatewe n’abantu batamenyekana muri iri joro basahura ibyarimo byose banahasanga gerenade ebyiri zitaraturika
Ikigo cya Intersec gitanga serivisi zo gucunga umutekano kigiye gutangiza uburyo bwo gucunga umutekano hifashishijwe ikoranabuhanga rya Interineti ya 4G LTE.
Abanyeshuri ba Kibogora Polytechnic basabwe guhiga imihigo ishingiye ku iterambere ry’igihugu, ubwo hatangizwaga urugerero rw’amezi atanu muri iri shuri rikuru.
Abagenzi bategera imodoka muri gare nshya murenge wa Rukomo babangamiwe no kutagira ubwiherero rusange.
Abaturage b’Akagari ka Juru mu Murenge wa Gahini mu Karere ka Kayonza baravuga ko imvune z’urugendo bakoraga bajya kwivuza zatumye biyubakira ivuriro.
Abarwaye amaso bo mu karere ka Rutsiro baratangaza ko bashimishijwe no kuba babonye uko bazajya basoma mu gihe mbere batabibashaga.
Bamwe mu baturage batangaza ko ibihano bihabwa abafatanwa ibiyobyabwenge bica intege ababatanzeho amakuru, kuko iyo bahanwe byoroheje bagaruka bakora ibibi kurushaho.
Muri Afurika haracyagaragara ikibazo cy’abarimu bigisha imyuga mu mashuri ariko ugasanga nabo nta bumenyi buhagije bafite.
Kuba imvura y’umuhindo yaratinze kugwa byatangiye gutera impungenge bamwe mu baturage muri Kigali batekereza ko bishobora ku intandaro yibura ry’ibiribwa.
Urugaga rw’Abacungamutungo b’Umwuga mu Rwanda, ICPAR, rugaragaza ko hari icyuho cy’abacungamutungo b’umwuga, bikaba impamvu ituma ibigo bihomba.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke bwamurikiye abaturage imihigo ya 2015-2016 maze na bo baboneraho guhiga ibyo bazakora.
Abantu batatu bitabye Imana abandi bane barakomereka bikomeye mu mpanuka yabereye mu Murenge wa Cyabakamyi mu Karere ka Nyanza.
Abaturage b’Akarere ka Kayonza bafite amasambu hafi ya Pariki y’Akagera barasaba ubuyobozi kubemerera kujya bahinga imyaka inyamaswa z’iyo pariki zitona.
Itsinda rishinzwe gutegura CHAN izabera mu Rwanda, riratangaza ko hakiri ukundi kwezi kurenga kugira ngo Stade Huye irangire gutunganywa
Guverinoma y’u Rwanda itangaza ko yishimiye icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga rwa Espagne gikuraho impapuro zita muri yombi abasirikari bakuru b’igihugu.
Abana b’abakobwa bari hagati y’imyaka 10 na 12 baturuka mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Gatsibo barafashwa kwiteza imbere.
Abikorera bo mu karere ka Bugesera bafatanyije n’ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi bagiye kugeza imashini zihinga zikanasarura ku bahinzi.
Harerimana Jean Baptiste wo mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro arashinja umugore we gutorokana abana akabajyana mu gihugu cya Uganda.
Mu rugabano rw’Akarere ka Ngoma n’aka Kirehe ahitwa Rwagitugusa mu mirenge ya Mutendeli na Gahara,hatoraguwe umurambo w’umukobwa wishwe akaswe ijosi.
Abamotari barinubira abagenzi bagenda barangariye ku materefoni bari ku mbuga nkoranyambaga cyangwa bakinisha abana mu muhanda bakabateza impanuka.
Abanyeshuri 20 b’abakobwa biga muri Lycee de Ruhango, bari mu bitaro kubera inkoni umuyobozi ushinzwe imyitwarire yabakubise abaziza gukererwa ishuri.