Shepherd Bushiri, umupasiteri wo muri Malawi yatunguye umwana we ku isabukuru y’amavuko, amuha imodoka ihenze yo mu bwoko bwa Maserati Levante.
Umuryango Rwanda women Network uravuga ko mu minsi 16 bamaze bakora ubukangurambaga ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina,isize bunze imiryango 16.
Mu mwaka wa 2017,ubutabera bw’u Rwanda bwageze kuri byinshi birimo kuburanisha bamwe mu bakekwaho ibyaha, hanavugururwa amategeko kugira ngo arusheho kujyana n’igihe.
Umuraperi Riderman ahamya ko azakora igitaramo cy’amateka ubwo azaba amurika umuzingo (Album) wa munani w’indirimbo ze.
Umuryango mpuzamahanga utanga ubufasha butandukanye (OXFAM) watangije umushinga wo kurwanya ndetse no gushyigikira abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina uzatwara miliyari 1.3Frw.
Abakobwa batanu bo mu tugari dutandatu tugize Umurenge wa Mushishiro wo mu Karere ka Muhanga nibo bari guhatanira ikamba rya Nyampinga wa Mushishiro.
Mu rwego rwo kongera umubare w’abapilote b’Abanyarwanda, mu Rwanda hagiye gutangira ishuri ryigisha gutwara indege nini kuburyo mu myaka itanu hazaba habonetse abapilote 200.
Ikipe ya APR Fc yaherukaga gukina mbere ya CECAFA, yongeye gusubira mu kibuga ikina n’Amagaju, umukino urangira amakipe yombi anganya 0-0.
Urukiko rukuru rwa Kigali rwagabanyije ibihano byari byahawe abana batwitse ishuri ryisumbuye rya Riviera High School mu mujyi wa Kigali.
Umucamanza w’umufaransa witwa Jean-Marc Herbaut yafashe icyemezo cyo guhagarika iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ryari ryubuwe ku nshuro ya kabiri.
Abafana b’ikipe ya Etincelles baratangaza ko kugeza ubu ari bo bafana ba kabiri mu bwinshi nyuma y’abafana ba Rayon Sports
Kubana na Virusi itera Sida bamwe babifata nk’urucantege rushobora gutera kwiheba, bigatuma ubana nayo atabasha kubaho igihe kinini.
Perezida Paul Kagame avuga ko Abanyafurika badakwiye kurambiriza ku mutungo kamere kuko abaturage ubwabo bafite imbaraga zazamura igihugu, nk’uko byagenze ku Rwanda.
Perezida Paul Kagame avuga ko kuba ubucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika bukigoranye, biri mu bikomeje kudindiza uyu mugabane kugira ngo ugere ku iterambere rirambye.
Ihuriro ry’Abanyarwandakazi bagize Inteko ishinga amategeko (FFRP) ryagiranye amasezerano n’Umuryango “Plan International-Rwanda” yo gufasha abakobwa gutinyuka no kwirinda ababashuka.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa 20 Ukuboza 2017, Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi muri Sudani, yataramanye na Mugenzi we Omar El Bashir mu mugoroba wiganjemo imbyino gakondo zo mu gihugu cya Sudani.
Abanyeshuri 250 bo muri kaminuza y’u Rwanda ishami ry’uburezi ni bo bahawe bwa mbere udukoresho two kwipima virusi itera SIDA.
Abageze mu zabukuru bo mu Karere ka Rwamagana bavuga ko inkunga y’ingoboka y’abageze mu zabuku bahabwa yabafashije kugira amasaziro meza.
Ikipe ya Etincelles yongeye kubabaza Rayon Sports ku nshuro ya gatanu yikurikiranya, nyuma yo kuyitsinda igitego 1-0 kuri Stade Umuganda
Neza Da Songbird, umuririmbyi w’umunyarwanda uba muri Nigeria yashyizwe ku rutonde rw’abazasusurutsa igitaramo cyo gutora uzegukana ikamba rya Miss Africa 2017.
Mu gihe integanyanyigisho mu burezi bw’abana b’incuke yari mu Kinyarwanda gusa, kuri ubu hamaze gusohoka indi nteganyanyigisho iri mu rurimi rw’Icyongereza, izafasha abiga ku buryo mpuzamahanga, abashakashatsi n’abaterankunga mu bijyanye n’uburezi.
Bamwe mu batunze imbwa mu Mujyi wa Kigali baravuga ko iyo zishaje hari abajya kuzijugunya mu nkengero z’uwo mujyi.
Mu bihembo bihabwa abakinnyi bitwaye neza mu mukino w’amagare muri Afurika, Areruya Joseph aje ku mwanya wa kabiri inyuma ya Luis Mentjes.
Abagenzi batega moto mu mugi wa Kigali baravuga ko uburyo bwa “Yego Moto” ari bwiza ariko bukirimo ibibazo mu myishyurire.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Sudan aho ari bugirane ibiganiro na Perezida w’icyo gihugu Omer al-Bashir.
Nk’uko mu ishyamba Inyamaswa nini zitungwa n’intoya, no mu buzima busanzwe akaruta akandi karakamira.
Abagize koperative ‘Urukundo’ bacururiza mu gikari cya Haji Enterprise i Mugandamure mu karere ka Nyanza bemeza ko iterambere bagezeho barikesha Haji wabakuye mu muhanda.
Guhera mu mpera z’umwaka wa 2017, abagenzi bishyura itike y’imodoka bakoresheje amakarita azwi nka “Tap&Go” baratangira kwandikwaho ayo makarita.
Ingoro y’amateka kamere iherereye ahazwi nko kwa Richard Kandt mu Mujyi wa Kigali, yamaze guhindurirwa inyito yitwa "Ingoro ya Richard Kandt" mu rwego rwo kurushaho kugaragaza amateka nyakuri y’Abanyarwanda mbere y’umwaduko w’Abadage no mu gihe cy’ubukoroni bwabo mu Rwanda.
Amakuru aturuka mu ishuri rikuru ry’Abaporotesitanti (PIASS) riri mu Mujyi wa Huye avuga ko inkongi y’umuriro yibasiye icyumba kimwe cy’inyubako nshya y’iryo shuri, ibyari birimo birakongoka.
Mu mukino w’umunsi wa cyenda wa Shampiona wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, As Kigali na Kiyovu zinganyije 2-2 mu gihe zarwaniraga kuyobora urutonde rwa Shampiona
Depite Martin Ngoga uhagarariye u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EALA), yatorewe kuyobora iyo nteko.
Inzego zishinzwe kubungabunga umutekano mu Karere ka Nyagatare zafashe abagore batatu bafite inzoga zifatwa nk’ibiyobyabwenge mu Rwanda.
Urukiko rukuru urugereko rwa Nyanza, rumaze kwemeza ko Philbert Mugisha wayoboraga Akarere ka Nyamagabe arekurwa.
Inzobere mu kuvura uburwayi bwo mu mutwe zitangaza ko umujinya mwinshi ari kimwe mu bimenyetsoby’indwaraza zo mu mutwe.
Inama y’Umushyikirano wa 2017 yari iteraniye i Kigali isoje hafashwe imyanzuro umunani igomba gushyirwa mu bikorwa mu gihe cy’umwaka.
Perezida Paul Kagame yagaragaje uburyo ababyeyi b’iki gihe bahangayikishijwe bikomeye n’ibiyobyabwenge byibasiye urubyiruko, avuga ko hakwiye kongerwa imbaraga mu kubirandura burundu kuko bikomeje gufata indi ntera
Umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Edouard Bamporiki yibukije urubyiruko ko aho Abanyarwanda bicaye ubu hakomoka ku butwari no ku bwitange bw’abababanjirije, abasaba guca bugufi no kubigiraho kugira ngo bazatere ikirenge mu cyabo.
Rwiyemezamirimo Jaures Habineza utuye muri Canada asaba urubyiruko kureba kure, agahamya ko ari byo byamuhaye amahirwe yo kwihangira umurimo uzamubeshaho mu minsi iri imbere.
Bampiriki Eduard, umuyobozi w’itorero ry’igihugu ahamya ko umuco wo guhiganwa ariwo ukwiye kuranga Abanyarwanda nkuko byahozeho kuva kera.
Rutahizamu wahoze akinira Amavubi n’andi makiep atandukanye hano mu Rwanda, yatowe nk’umukinnyi wahize abandi muri Shampiona y’umupira w’amaguru muri Kenya
Isosiyete y’itumanaho ya Bharti Airtel yamaze gutangaza ko yaguze bidasubirwaho Tigo Rwanda, isosiyete y’itumanaho imaze imyaka umunani ikorera mu Rwanda.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yafunguye uruganda rukora ibikoresho by’ubwubatsi muri beto (Beton) bizorohereza abakora umurimo w’ubwubatsi.