Ibikorwa byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 Umuryango wa FPR Inkotanyi umaze ubayeho, Abaturage bo mu Kagali ka Gasagara mu Murenge wa Rusororo, Akarere ka Gasabo, barishimira ko bibasigiye Ikigo Mbonezamikurire kizajya cyita ku bana kikabaha uburere bufite ireme .
Inyambo ni inka zigaragaza umubyimba munini n’amahembe manini kandi maremare zaranze amateka y’u Rwanda, ziboneka i Nyanza ku gicumbi cy’umuco.
Abanyeshuri batatu biga muri Musanze Polytechnic bakora intebe zo munzu no mu busitani bakoresheje isima n’ibyuma, zishobora kugeza ku myaka 150 zitarasaza.
Charly na Nina bashyize hanze album yabo ya mbere bise “Imbaraga”, bashimira abafana bakunze iyo ndirimbo kuko ari yo yatumye bamenyekana.
Jenny Kim, wo muri Korea y’Epfo niwe wegukanye ikamba rya Miss Supranational 2017 nyuma yo gutsinda abo bari bahanganye babarirwa muri 68.
Abanyarwanda babiri bakina muri Dimension data yo muri Afurika y’epfo bamaze guhabwa andi masezerano y’umwaka muri iyi kipe yabigize umwuga yo muri Afurika y’epfo
Abanyarwanda baba mu mahanga bakusanyirije arenga miliyoni 22RWf yo gufasha Serubogo Ally wari umaze igihe atabarizwa ku mbuga nkoranyambaga, kugira ngo abone ubufasha bwo kumuvuza kanseri y’ukuguru.
Ntawe bitatungura kuba yajya kwipimisha kwa muganga agasanga afite indwara kandi yari asanzwe agenda mu nzira yumva nta kibazo afite.
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard yagaragaje ko mu bantu bose bari mu kazi mu Rwanda, abafite ubushobozi bukenewe mu kazi bakora barenga gato ½.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney yatangaje ko gahunda ya buri cyumweru y’abayobozi kuva ku Ntara kugera ku Kagari izajya itangazwa hifashishijwe ikoranabuhanga.
Umuhanzi Niyibikora Safi wamamaye nka Safi nyuma akaza kwishyiriraho akandi kazina ka “Madiba” atangaza ko nta kintu na kimwe yicuza nyuma yo kuva muri Urban Boys.
Umuryango SOS Rwanda, utangaza ko mu bihano ababyeyi n’abarezi bahanisha abana, harimo ibigaragaramo kubahohotera no kubabuza uburenganzira.
Ikipe ikomeje kwitwara neza muri Cote d’Ivoire, aho itsinze ishuri ry’umupira w’amaguru ryitwa WAFA ryo muri Ghana
Abakora umwuga wo gusana ibikoresho by’ikoranabuhanga byapfuye baravuga ko batakibangamirwa n’ibitagikora kuko babigurisha ku nganda zo hanze.
Mu Rwanda hatangijwe ku mugaragaro uburyo bushya bwo kwipima SIDA (HIV self-testing), hakoreshejwe agakoresho kabugenewe umuntu acisha mu kanwa, bitandukanye n’uburyo bwari busanzwe bwo gupima amaraso yo mu mutsi.
Kayibanda Mutesi Aurore wabaye Miss Rwanda 2012 ari na wo mwaka musaza we Hirwa Henry yitabyemo Imana, yagaragaje ko agishavuzwa no kubura umuvandimwe we.
Mu 2006, Umuhoza Rwabukumba ari mu Banyamabanga nshingwabikorwa ba mbere bashyizweho ubwo Guverinoma yashyiragaho uburyo bushya bw’imiyoborere mu nzego z’ibanze.
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) rutangaza ko kugeza ubu kugura imyenda n’ibikoresho by’ubwubatsi mu mahanga bitakiri ngombwa kuko inganda zibikorera mu Rwanda.
Antoine Hey, umutoza w’Amavubi yatangaje urutonde rw’abakinnyi 23 bazitabira imikino ya CECAFA, irushanwa rihuza amakipe ari mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’iyo hagati.
Mu mwaka wa 2011, Kayitesi Immaculée wari ufite imyaka 48 y’amavuko yongeye gusubira ku ntebe y’ishuri kugira ngo abashe kurangiza icyiciro cya kabiri cya Kaminuza.
Nyuma y’ibyumweru hafi bibiri irushanwa ry’ubwiza rya Miss World 2017 rirangiye, Miss Elsa Iradukunda wari waryitabiriye yageze i Kigali.
Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) irasabwa kongera ingufu mw’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu myigishirize cyane ko ari cyo cyerekezo igihugu gishaka.
Umuririmbyi w’icyamamare wo muri Uganda, Juliana Kanyomozi yageze i Kigali aje gushyigikira Charly na Nina mu gitaramo bafite ku wa gatanu tariki ya 01 Ugushyingo 2017.
Ikipe y’Isonga yo mu Rwanda yatumiwe mu irushanwa ry’amashuri y’umupira w’amaguru muri Afurika riri kubera muri Cote d’ivoire, yatsinze umukino wayo wa mbere.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Uwizeyimana Evode avuga ko u Rwanda ruri mu bihugu bike bifite amategeko yanditse mu ndimi nyinshi.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanze kwakira ikirego cya Manirareba Herman, wareze Musenyeri Ntihinyurwa Thadee amushinja gutesha agaciro umuco Nyarwanda awita uw’igishenzi, akawusimbuza uwa Gikirisitu.
Nsengimana Jean Pierre, umubyeyi w’umwana w’umuhungu w’imyaka ibiri watwitswe n’itara ry’aho ababyeyi babyarira akivuka, arasaba ubufasha kugira ngo avurwe kuko bisaba miliyoni esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda.
Abahinzi b’umuceri mu Karere ka Nyagatare barasaba ko mu kugena ibiciro by’umuceri hazongerwaho n’ibisigazwa byawo kuko byungura cyane ba nyi’inganda.
Abagore n’abakobwa b’impunzi z’Abarundi baba mu nkambi ya Mahama iri mu Karere ka Kirehe baboha ibikapu n’ibiseke bakabibika kuko batabona aho babigurisha ngo babone amafaranga.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Huye bishimiye kugezwaho internet ya 4G, bavuga ko bajyaga bahora bayumva batazi imikorere yayo.
Abadepite banze kwakira intumwa yari yoherejwe n’umuyobozi w’ibitaro bya Rwinkwavu, bakeka ko yanze kubitaba nkana kugira ngo atisobanura ku bibazo yari ahamagariwe.
Harindintwari Claude warangije amashuri y’ubumenyingiro mu ishuri rya VTC Gacuriro, avuga ko mu gihe cy’umwaka umwe amaze akora yinjije Miliyoni 15Frw.
Nshuti Dominique Savio umaze igihe mu mvune yo gukuka ukuboko yatangaje byinshi bimwerekeyeho birimo kuba akumbuye abafana ku kibuga muri shampiyona.
Abavumvu bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaraza ko inzuki boroye iyo zigiye guhova zitagaruka zose kuko hari izipfira mu nzira.
Banki y’Igihugu (BNR) irakangurira abaturage kwitabira ikoranabuhanga mu guhererekanya amafaranga, kugira ngo Leta irengere Miliyari 17Frw zikoreshwa buri mwaka mu gusimbuza inoti n’ibiceri bishya.
Abadepite bagize komisiyo ishinzwe imibereho y’abaturage, ntibanyuzwe n’Umyobozi mukuru wa RDB ndetse n’umwungirije batitabiriye ubutumire bw’inteko, bakohereza ababahagararira .
Mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, abagore bafatwaga nk’abadashoboye mu bikorwa bitandukanye birimo n’imikino.
Perezida Paul Kagame yageze muri Côte d’Ivoire aho yitabiriye inama igiye kuhabera, ihuza abakuru b’ibihugu by’Afurika n’abayobozi b’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi.
Mu bana 48 bari bifuje guhabwa amafaranga yasizwe n’ababyeyi babo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, batanu gusa nibo bamaze kubonerwa konti ziriho ayo mafaranga.
Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli, Benjamin Netanyahu yatangaje ko igihugu cye kitegura gufungura bwa mbere Ambasade yacyo i Kigali mu Rwanda.
Abanyakenya baba mu Rwanda n’abahakorera bishimiye ko babonye Perezida nyuma y’urugendo rutoroshye rw’amatora yo mu gihugu cyabo yaranzwemo imvururu.
Abashoramari 41 baturutse muri Turkiya bari mu Rwanda, aho baje kureba uko bashora imari mu bice bitandukanye bijyanye n’inganda.
Mu gihe habura iminsi mike ngo Charly na Nina bamurike Alubumu ya mbere y’indirimbo zabo, abo baririmbyi bavuga imyiteguro y’igitaramo bayigeze kure.
Abunganizi mu by’amategeko bazwi nk’‘abavoka’ bavuga ko abantu babibuka ari uko bamaze kugera mu bibazo bakagombye kuba baririnze hakiri kare.
Butera Knowless uherutse gukorana na Bruce Melody indirimbo bise “Deep in love” iteguza igitaramo bafitanye, yatangaje ko gukorana na we byaboroheye cyane nk’aho bari basanzwe bakorana.