Ubusanzwe abahesha b’inkiko b’umwuga ni abantu bashyirwaho n’itegeko ndetse rikabaha ububasha bwo kurangiza ku gahato imanza zabaye itegeko, ziba zaramaze no guterwaho kashi impuruza.
Ubuyobozi bwa Korali Ijuru y’i Huye buvuga ko iyi Korali yiteguye kuzasusurutsa abanye-Huye ku cyumweru ku itariki ya 07 Mutarama 2018.
Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugunga mu mujyi wa Kigali rwemeje ko Gacinya Chance Denis Visi Perezida wa Rayons Sports akaba na Rwiyemezamirimo afungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Iyi ni imwe mu nkuru igaragaza uburyo u Rwanda rugenda rukurura benshi mu barugenderera bikarangira bahisemo kudasubira iwabo ahubwo bakahaguma ubuziraherezo.
Umuhanzi Senderi International Hit yagaragaje ko ubukene bumurembeje maze asaba abategura irushanwa rya Primus Guma Guma Superstar kumuha amahirwe yo guhatana.
Abanyamakuru batunguwe n’imvugo y’Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Harerimana Frederic, ubuza abaturage kubwira itangazamakuru ibibazo bafite.
Mu Rwanda ntibimenyerewe kubona umubwirizabutumwa ari kwigisha bikagera aho ahimbarwa cyane akabyinira imbere y’abayoboke be.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi ikomeje imyitozo muri i Sousse muri Tunisia, nyuma aho itegereje imikino ya gicuti itangira kuri uyu wa Gatandatu
Nyuma y’iminsi mikuru ya Noheli n’ubunani, abaguzi b’ibiribwa baravuga ko ibiciro byazamutse mu gihe abacuruzi bo barira ko babuze abakiriya.
Ap Paul Gitwaza ahamya ko ari impano y’Imana ku gihugu cy’u Rwanda, ku karere, muri Afurika ndetse no ku isi muri Rusange.
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Igororamuco (NRS) butangaza ko mu mujyi wa Kigali hagaragara abana benshi bata ishuri bakirirwa batoragura inyuma bishaje bita “Injyamani”.
Umwaka urashize undi uratashye, ingamba ziba ari nyinshi ku bantu bifuza uzarangira hari aho bageze muri gahunda n’intego bihaye z’impinuka ziganisha ku iterambere. Imbogamizi nazo ntizibura nubwo hari izigaragara ko zoroshye ariko zose zishobora kubangamira imikorere ya benshi.
Urugaga rw’urubyiruko rukora mu buhinzi (RIAF) rukangurira urubyiruko rwize ubuhinzi kujyana ubwo bumenyi mu cyaro cy’iwabo kuko ari ho bwagira akamaro.
U Rwanda rugiye kwakira Shampiona y’Afurika mu mu mukino w’amagare, ikazaba hagati y’itariki 13 na 18 Gashyantare 2018.
Polisi y’u Rwanda irashimira abaturage imyitwarira myiza yabaranze yatumye habaho ituze n’umutekano mu mwaka ushize wa 2017.
Polisi y’u Rwanda iravuga ko mu minsi mikuru y’ubunani nta bibazo bidasanzwe byabaye uretse impanuka 20 z’ibinyabiziga zanaguyemo umwana w’umusore.
Gahunda ya Leta y’u Rwanda yo guhera viza ku Kibuga cy’indege cy’i Kanombe, abantu baturutse mu bihugu byose ku isi bagenderera u Rwanda yahise ishyirwa mu bikorwa guhera kuri uyu wa Mbere tariki 1 Mutarama 2018.
Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda ( MINICOM) yatangaje ibihano by’amakosa agaragara mu bucuruzi bw’ibirayi bwo mu mujyi wa Kigali no mu zindi ntara.
Mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira iryo kuwa Mbere tariki 1 Mutarama 2018, Perezida Paul Kagame yakiriye abayobozi mu nzego zitandukanye zaba iza Leta n’izigenga, kugira ngo abasangize ku mwaka mushya.
Perezida Kagame yashimye ubushake n’ubwitange bwaranze Abanyarwanda mu mwaka 2017, bwatumye abashaka gusenya igihugu batabona aho bamenera.
Hirya no hino Abanyarwanda bari kwizihiza Ubunani mu buryo butandukanye aho bamwe biyemeje gutangira umwaka mushya wa 2018 bari mu nsengero abandi bo bari mu birori.
Mu munsi mukuru wo gusoza umwaka Perezida Kagame yakiriramo Abayobozi muri Guverinoma, mu nzego za Gisirikare na Polisi, inzego zitegamiye kuri Leta ndetse n’abahagarariye abikorera, abifurije umwaka mushya muhire abasaba gutarama kugeza bucyeye.
Umwaka wa 2017 urangiye hari abantu batandukanye bafite ibinezaneza kubera ibintu byiza byababayeho kuburyo badashobora kubyibagirwa mu buzima bwabo.
Nikubwayo Yves na bagenzi be mu gihe kiri imbere baraba binjiza amamiriyoni babikesha uruganda rukora amavuta n’umutobe batangije.
Urubyiruko rufite ubumuga bunyuranye cyane cyane abafite ubwo kutabona n’ubwo kutumva bagira ikibazo cyo kutamenya amakuru y’ahari akazi bityo ntibajye kugahatanira.
Munyakayanza Donasiyani watomboye imodoka ya miliyoni 38Frw muri tombora ya Banki ya Kigali yiswe ‘Bigereho na BK’ ngo igiye kumufasha mu bucuruzi bwe.
Rwemarika Félicité wiyamamaje ari umwe nyuma y’uko Nzamwita Vincent Degaule bari bahanganye akuyemo kanditatire, atsinzwe n’imfabusa aho mu majwi 52 yatoraga abonye amajwi 13 imfabusa zigira 39.
Nzamwita Vincent Degaule wari umaze imyaka ine ari Perezida wa FERWAFA, yeguye ku buryo butunguranye mu matora yo kongera kuyobora iri shyirahamwe.
Polisi ya Uganda yarekuye Abanyarwanda batanu ibageza ku mupaka wa Gatuna, uhuza iki gihugu n’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Nyagatare buvuga ko 90% by’abakorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina baba ari abana bari munsi y’imyaka 18.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge (RSB) cyahawe icyemezo mpuzamahanga cy’uko gishobora gutanga ikirango cy’Ubuziranenge ku biribwa byoherezwa mu mahanga.
Akarere ka Kirehe karavuga ko kagiye gushora hafi miliyari ebyiri mu gusana umuhanda w’ibirometero 35 wa Cyagasenyi-Gasarabwayi-Nganda utari nyabagendwa.
Umwaka wa 2017 wabayemo ibikorwa bitandukanye by’imyidagaduro birimo udushya twinshi abantu batazibagirwa.
Ikigo cy’igihugu giteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA) cyasinyanye amasezerano y’inkunga n’uruganda HEMA Garments, azatuma ruhugura abantu 500 bazarukorera.
Umuraperi Ama G The Black umaze iminsi akoze ubukwe avuga ko undi muhanzi yifuza ko nawe yakora ubukwe ari Senderi International Hit.
Ministeri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) ivuga ko yaciye abamamyi mu bucuruzi bw’ibirayi, mu rwego rwo kurenganura abahinzi no kugabanya izamuka ry’ibiciro byabyo.