Perezida Paul Kagame kuri uyu wa kane tariki 5 Nzeri 2024 yatanze ikiganiro ku bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bateraniye mu nama ihuza u Bushinwa na Afurika (FOCAC) iri kubera i Beijing kuva tariki 4 kugera tariki 6 Nzeri 2024 agaragaza ko imiyoborere ihamye ari ingenzi mu kubaka iterambere rishyira umuturage ku isonga.
Umugandekazi wari icyamamare mu mukino wo gusiganwa ku maguru, Rebecca Cheptegei yitabye Imana, biturutse ku bisebe bikomeye by’ubushye yagize nyuma yo gutwikwa n’umukunzi we, abanje kumusukaho peterori agashya ku kigero kiri hagati ya 75-80%.
Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, ushinzwe ibikorwa byo kuhira, Hitayezu Jerome, avuga ko ibiyaga bihangano byifashishwa mu kuhira umuceri byasibye bizatangira gukorwa umwaka utaha ariko n’amakoperative y’abahinzi akangurirwe kujya asana ibyangirika hakiri kare kuko iyo bitinze (…)
Urukiko rw’ibanze rwa Kiyumba mu Karere ka Muhanga ruratangira kuburanisha Musonera Germain wari ugiye kuba Umudepite, ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi akekwaho.
Ishami rya Polisi y’u Rwanda, rishinzwe ibizamini n’impushya zo gutwara ibinyabiziga ryatangaje ko gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bya ‘Automatique’ bizatangira kuva tariki 09 Nzeri 2024.
Abasirikare babiri bakekwa kuba abo Ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo FARDC, binjiye mu Rwanda mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Busasamana bashaka kwiba inka barateshwa.
Abasoje gahunda y’Intore mu biruhuko mu Karere ka Ruhango, barasaba ko aho bakorera gahunda z’Itorero hashyirwa ibikoresho bihagije, byatuma bunguka ubumenyi bwisumbuyeho kuko basanze hatangirwa ubumenyi bwabafasha kubana neza mu muryango Nyarwanda.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu bikorwa byo kugarura umutekano zibarizwa muri Batayo ya 3 (Task Force Battle Group 3) ikorera mu Karere ka Ancuabe, Intara ya Cabo Delgado, muri Mozambique bashyikirije ubuyobozi ibyumba bitanu zavugururiye ishuri ribanza rya Nacololo.
Ku Gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki 4 Nzeri 2024, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Ngirente Edouard, yakiriye Dr. Roy Steiner, Visi Perezida wa Rockefeller Foundation ushinzwe ibiribwa.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 4 Nzeri 2024, inkongi y’umuriro yibasiye ishuri ryitiriwe Mutagatifu Berenadeta (ESB Kamonyi).
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda (Amavubi) yanganyirije na Libya iwayo igitego 1-1 mu mukino wa mbere wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2025 kizabera muri Maroc.
Banki ya Kigali (BK) yatangije icyiciro cya gatatu cy’amahugurwa agamije kongerera ubumenyi n’ubushobozi urubyiruko, mu bijyanye n’imikorere n’imyitwarire y’umukozi ukora muri banki.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 4 Nzeri 2024, yagiranye ibiganiro na Jin Liqun, uyobora Banki ya Aziya iteza imbere ishoramari mu bikorwa remezo (Asian Infrastructure Investment Bank -AIIB).
Akarwa k’Abakobwa gaherereye mu kiyaga cya Kivu hagati kakaba gafite amateka yihare mu Rwanda rwo hambere kubera imiziro n’imiziririzo yarangaga Abanyarwanda.
Twagirayezu Cassien ni umwe mu bahanzi bakahanyujije ahagana mu myaka ya za 80-90, mu ndirimbo z’urukundo, impanuro n’ubuzima rusange. Mu ndirimbo ze zakunzwe cyane harimo iyitwa ‘Muhoza wanjye’ ikunze gusubirwamo mu birori by’ubukwe n’abahanzi bo muri iki gihe by’umwihariko uwitwa Cyusa Ibrahim.
Mu gihe abantu bamenyereye ko Ingoro z’Umurage w’u Rwanda zisurwa, abantu bakajyayo bakirebera imbonankubone ibizimuritsemo, ubu noneho Inteko y’umuco, ari na yo ireberera Ingoro z’Umurage w’u Rwanda, yashyizeho uburyo bwo kuzisura hifashishijwe ikoranabuhanga.
Mu gihe u Bushinwa na Afurika byongeye guhura ku nshuro ya Cyenda nama ihuza Abayobozi b’ibihugu bya Afurika n’u Bushinwa (FOCAC), Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) kiravuga ko mu myaka 20 ishize, imikoranire y’u Bushinwa n’amahanga (diplomacy) yatanze umusaruro ufatika.
Ikipe ya APR FC itsinze Mukura Victory Sports ibitego 3-2 mu mukino wa gicuti wabaye ku wa Kabiri tariki 3 Nzeri 2024, kuri Kigali Pelé Stadium.
Perezida Paul Kagame uri i Beijing mu Bushinwa aho yitabiriye inama ihuje u Bushinwa n’umugabane wa Afurika, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 4 Nzeri 2024, yagiranye ibiganiro na Wavel Ramkalawan wa Seychelles.
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zatangaje ko ku wa 2 Nzeri 2024, zafatiriye indege ya Perezida Nicolas Maduro wa Venezuela, kubera ko hari ibihano bimwe yari yafatiwe na Amerika akabirengaho, ndetse ko n’iyo ndege yaguzwe mu buryo butubahirije amategeko.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 3 Nzeri 2024, Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente yakiriye mugenzi we wa Sierra Leone, Dr David Moinina Sengeh bagirana ibiganiro.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwiseguye ku baturage bakererejwe n’umushinga wa Green City ugomba gushyirwa mu bikorwa mu bihe bya vuba ukazakorerwa mu Tugari tubiri two mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo.
Robert Kyagulanyi wamenyekanye mu muziki nka Bobi Wine, akaba umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda (NUP), yarashwe mu kaguru arakomereka nk’uko abo mu ishyaka rye babitangaje.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Mata mu Kagari ka Muhanga, Umurenge wa Muhanga barinubira kwamburwa umuyoboro w’amazi biyubakiye ukaba ugiye kwegurirwa rwiyemezamirimo uzajya abishyuza amazi bita ayabo.
Abacururiza mu isoko rishya ry’ibiribwa rya Musanze rizwi nka ’Kariyeri’, binubira ko ibicuruzwa byabo bikomeje kwangirika, bitewe no kutagira abaguzi, bikabashyira mu gihombo gikomeye.
Kuva ku Cyumweru muri Israel hari imyigaragambyo ikomeye hirya no hino mu gihugu nyuma y’uko ingabo za Israel zibonye indi mirambo itandatu (6) ya bamwe mu batwawe bunyago n’umutwe wa Hamas mu gitero yagabye kuri Israel ku itariki 7 Ukwakira 2023.
Mu kiganiro n’abanyamakuru ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri, umuyobozi w’umujyi wa Kigali yavuze ko hakozwe ubugenzuzi bw’isuku mu nyubako zose zihuriramo abantu benshi mu mujyi wa Kigali, bagasanga hari izitubahiriza amabwiriza y’isuku.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko 90% by’ubutaka bugize uwo Mujyi butubatseho amazu, bugomba kuba buteyeho ubusitani binyuze muri gahunda yo gutera ibiti mu myaka itanu iri imbere aho bateganya gutera ibiti birenga miliyoni 3.
Hashize igihe kitari gito, umujyi wa Kigali utangije gahunda yo kwimura abatuye ahashyira ubuzima bwabo mu kaga. Ni muri urwo rwego ingo zirenga 7,000 zimaze kwimurwa mu bice binyuranye by’umujyi wa Kigali kuva mu mwaka wa 2023. Ariko se abo bimuwe bari he? babayeho bate?
Umushumba wa Kiliziya ku Isi, Papa Francis tariki ya 2 Nzeri 2024 yatangiye urugendo rw’iminsi 12 aho azanyura mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane wa Aziya na Oseyaniya mu rwego rw’ivugabutumwa.
Ni mu butumwa Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Consolée Uwimana yahaye abarenga 1800 bari bateraniye mu Nama Nkuru y’Abana, i Huye, tariki 2 Nzeri 2024, abasaba gushimangira kuvuga ’Oya’ mu kwirinda ababashuka kuko baba bifuza kubangiriza inzozi zabo z’ahazaza.
Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda (Societe Biblique u Rwanda - SBR), ugaragaza ko urubyiruko ruramutse rutigishijwe neza ndetse ngo rutozwe indangagaciro nziza, rushobora kuba ikibazo ku Mugabane wa Afurika.
Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’umutekano imbere mu gihugu muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, yatangaje ko imfungwa 129 zari zifungiye muri gereza ya Makala mu mujyi wa Kinshasa zapfuye nyuma yo gushaka gutoroka gereza.
Perezida Paul Kagame yageze i Beijing mu Bushinwa, aho yitabiriye mu nama ihuza Abayobozi b’ibihugu bya Afurika n’u Bushinwa (FOCAC).
Abaturage bo mu Mudugudu wa Nganzo mu Kagari ka Rugogwe mu Murenge wa Muhororo mu Karere ka Ngororero, barashinja Kompanyi ikora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro kubangiriza inzu batuyemo, kubera ubucukuzi buhakorerwa, bakifuza ko bahabwa ingurane ikwiye bakimurwa.
Umusore wari usanzwe akora akazi k’ubumotari, yapfiriye mu isoko ry’ibiribwa ryo muri Gare ya Musanze, mu buryo butunguranye bibabaza benshi.
Mu Murenge wa Nyange, Akarere ka Musanze, hagiye kuzura uruganda rugiye kujya rwenga inzoga mu birayi yitwa VODKA.
Ubuyobozi bukuru wa MTN-Rwanda burahamagararira abakiliya bayo batarakemurirwa ibibazo muri gahunda ya Macye Macye, kuyimenyesha mu buryo bwo kubahamagara, kubandikira kuri Whatsapp cyangwa ku mbuga nkoranyambaga zabo.
Uruzinduko rw’iminsi ibiri rw’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Perezida Paul Kagame rusize abikorera bo mu Rwanda no muri Indonesia basinye amasezerano y’ubufatanye hagati y’Urugaga rw’abikorera mu Rwanda, (PSF), n’urw’abikorera muri Indonesia, (KADIN), mu guteza imbere ubucuruzi, inganda, ikoranabuhanga, ubukerarugendo no (…)
Abatoza batatu barimo Otto Addo, umutoza mukuru w’ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru ya Ghana (Black Stars), bakoze impanuka ubwo imodoka barimo yagonganaga n’ikamyo.
Ku Cyumweru, tariki ya 1 Nzeri 2024, ikipe ya Dream Taekwondo Club ku bufatanye n’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Taekwondo mu Rwanda yazamuye abana 40 muri uyu mukino batsindiye imikandara yo mu rwego rwisumbuye.
Kuri uyu wa Mbere tariki 2 Nzeri 2024, hatangijwe Umwaka w’Ubucamanza wa 2024-2025, witezwemo kongera imbaraga mu bikorwa by’ubutabera birimo kunoza imiburanishirize y’imanza zimunga ubukungu bw’Igihugu harimo ruswa n’ibyaha bifitanye isano nayo.
Bamwe mu bahinzi b’umuceri mu Karere ka Nyagatare batewe impungenge n’umusaruro w’umuceri ushobora kuba muke kuko hari abataratera imbuto kubera kubura amazi awuhira bitewe n’uko ikiyaga gihangano cya Cyabayaga cyasibye ndetse n’ingomero za Karungeri na Ngoma zidakora kubera impamvu zitandukanye.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga buratangaza ko bwatangije umushinga wo kubaka inzu 50 z’abatishoboye, mu Mudugudu wa Gifumba Akagari ka Gifumba muri uwo Murenge, hagamijwe gutuza abaturage batagira aho kuba.
Minisiteri y’Uburezi MINEDUC iratangaza ko kugira ngo umwarimu yemererwe kwimurirwa ahandi, nibura agomba kuba amaze imyaka itatu akorera aho yasabye kwigisha, cyangwa aho yoherejwe mu rwego rwo kwirinda guhungabanya uburyo abarimu bashyirwa mu myanya.
Bamwe mu bafatabuguzi ba MTN-Rwanda barasaba Urwego Ngenzuramikorere (RURA) kubishyuriza amafaranga MTN-Rwanda ibatwara ibabwira ko bishyuye telefone za Macye Macye kandi itarigeze izibaha.
Mu gikorwa cyo gutangiza Umwaka w’Ubucamanza wa 2024-2025 cyabaye kuri uyu wa mbere tariki 2 Nzeri 2024 ku Cyicaro cy’Urukiko rw’Ikirenga Umushinjacyaha Mukuru, Angelique Habyarimana, yagaragaje ko hakenewe ingamba mu kugabanya umubare w’urubyiruko rukora ibyaha kuko ibyaha cyo gukubita no gukomeretsa byihariye 57% by’imanza (…)
Muri Kenya, mu Mujyi wa Nairobi, abana babiri bavukana bari basizwe mu nzu bonyine mu masaha y’ijoro baguye mu nkongi y’umuriro yibasiye inzu bari barimo.
Leta y’ u Rwanda yashyizeho amabwiriza yo kwirinda icyorezo cy’ ubushita bw’ inkende buzwi nka MPOX mu gihe abanyeshuri barimo gusubira ku ishuri.
Muri Madagascar, hasohotse itegeko rikomeje kwamaganwa n’imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu rihanisha umuntu wese usambanya umwana gukonwa hakoreshejwe kubaga, aho gukoresha imiti.