Hashize amezi atandatu ishuri Notre Dame de la Providence Karubanda (ENDPK) rishakiye umwarimu w’Igishinwa abanyeshuri bifuza kukimenya, none habonetse umwana uzahagararira Afurika mu marushanwa yo kukivuga.
Mu Mujyi wa Musanze hagiye kubakwa ibiro bishya by’Intara y’Amajyaruguru, bizakorerwamo n’izindi nzego z’ubuyobozi zinyuranye zirimo Akarere ka Musanze n’Umurenge wa Muhoza.
Abaturage ba Munyiginya bahawe ivuriro ridatanga serivise yo kwita ku bafite virusi itera Sida kugira ngo abakozi babanze bahabwe amahugurwa.
Muri Kanama uyu mwak mu Rwanda hagiye kubera irushanwa ry’isi rya Volleyball ikinirwa ku mucanga, rikazahuza amakipe 56 mu bagabo n’abagore aturutse ku isi yose.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe buvuga ko bitarenze Nzeri 2019, abantu 15 bagaragarije Perezida Kagame ko bangirijwe ibyabo muri 2013, bazaba bamaze kwishyurwa.
Kuri uyu wa Gatandatu mu karere ka Rubavu hagiye kubera irushanwa rya Afurika rya Triathlon rizahuza ibihugu icyenda
Hakizimana Alphonse acuruza amazi mu majerekani akoresheje igare, mu bice bya Kabeza na Kanombe mu Karere ka Kicukiro, ku buryo ashobora kwinjiza amafaranga y’u Rwanda ari hagati ya 10,000 na 18,000 ku munsi.
Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo iremeza ko gukoresha imashini-muntu zizwi nka ‘robots’, byongera imitangire ya serivisi ndetse n’umusaruro.
Iterambere ry’ikoranabuhanga hamwe n’amamashini, bikomeje guteza bimwe mu bikoresho byari bisanzweho kuburirwa irengero, ndetse hari n’ababikoreshaga bavuga ko nabo bari mu basigajwe inyuma n’amateka.
Mu muco nyarwanda no mu gitabo cy’amategeko mbonezamubano y’u Rwanda, inkwano zifatwa nk’ishimwe rihabwa ababyeyi b’umukobwa kuko bareze neza.
Urukiko rw’ibanze rwa Kampala rwahamagaje depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine ngo yisobanure ku byaha byo gusuzugura no kutemera imisoro ku mbuga nkoranyambaga na serivisi za mobile money.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Esperance Kibukayire, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Cyarubare mu Murenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza ashinjwa gukoresha nabi amafaranga yagombaga gukoreshwa mu bwubatsi.
Ikipe ya AS Kigali yabonye itike yo guhagararira u Rwanda mu marushanwa ya CAF Confederation Cup, yasinyishije abakinnyi 10 bashya barimo abanyamahanga bane
Ibiyobyabwenge ni ikintu cyose unywa, witera mu nshinge cyangwa utumura bigahindura imitekerereze yawe ndetse n’ubwonko bukaba bwayoba ugakora ibitajyanye n’ibyo watekerezaga.
Mu ntara zitandukanye zigize igihugu cya Benin, hari kumvikana umurishyo w’ingoma, amashyi menshi ndetse n’indirimbo z’abagore ku buryo budasanzwe mu rwego rwo gusaba abakurambere ngo babane n’ikipe yabo izatware igikombe cya Afurika.
Abakinnyi barindwi b’ikipe ya Fly Cycling Club, bagiye gukina amasiganwa 25 mu Bubiligi
Umupolisi ufite ipeti rya AIP wakoreraga kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamabuye mu Karere ka Muhanga yaraye yitabye Imana mu mpanuka yakoze ava ku kazi kwigisha gahunda ya “Gerayo amahoro”.
Kuva ku wa mbere tariki 08 Nyakanga 2019, mu ishuri rikuru rya Polisi riherereye mu Karere ka Musanze habereye amahugurwa y’iminsi itatu agenewe abakozi 68 b’Abagenzacyaha, Abashinjacyaha, Abacamanza n’Abapolisi.
Abatwara ibinyabiziga cyane cyane ibitwara abagenzi, barasabwa kudaha agaciro amafaranga kurusha ubuzima bw’abantu batwara kuko biri mu bizatuma birinda impanuka za hato na hato zihitana abantu.
Abanyarwanda batuye mu gihugu cy’Ubudage(Diaspora nyarwanda yo mu budage) bubatse ibyumba by’amashuri bifite agaciro ka miliyoni 120Frw kuri Groupe Scolaire Rwinzovu iherereye mu kagari ka Murago Umurenge wa Gataraga mu karere ka Musanze.
N’ubwo abatuye i Nyaruguru mu Murenge wa Ruheru mu Mudugudu wa Yanza ndetse no hafi yawo bishimira ibikorwaremezo bagejejweho, bifuza n’imodoka yabafasha mu ngendo zabo.
Hagati ya tariki 26 na 30 Kamena 2019, mu turere twose tw’igihugu uko ari 30 harimo hemezwa ingengo y’imari izakoreshwa mu mwaka wa 2019-2020. Uko ingengo y’imari itorwa kandi ikemezwa n’inama njyanama y’akarere, ni na ko igabanywa mu bice, hagendewe ku bikorwa byateganyijwe gukorwa mu karere runaka.
Imashini irarira amagi (Incubator) ni imashini ishobora kuba yagira akamaro nk’ak’inkoko mu kurarira amagi mu gihe kingana n’iminsi 21 n’ubundi nk’uko inkoko ibikora.
Kuri uyu wa mbere tariki 09 Nyakanga 2019, igihugu cya Kenya cyashyizeho ingamba zigamije kubungabunga inyamaswa ziba mu misozi zo mu bwoko bw’isha zizwi nka Montain Bongo, nyuma y’uko bigaragaye ko ziri gukendera cyane kuko hasigaye izitarenga 100 muri Kenya, ari naho honyine ziri ku isi.
Ikipe ya Rayon Sports nayo yamaze kugera muri 1/4, nyuma yo gutsinda Atlabara yo muri Sudani y’Amajyepfo ibitego 2-0.
Hari abantu bumva igituntu, bakumva ni indwara iteye ubwoba gusa, bakumva ko n’umuntu runaka akirwaye, bakamuhunga, ariko mu by’ukuri ugasanga nta makuru ahagije bafite kuri iyo ndwara.
Abanyakenya batatu n’umunyarwanda umwe bashinjwa ’guteka umutwe’ bakambura ibihumbi byinshi by’urubyiruko kuri Kigali Convention Centre bagejejwe imbere y’urukiko mu Rwanda.
Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa RCS ruranyomoza amakuru yavuzwe ko abagororwa bafungiye muri gereza ya Nyarugenge/Mageragere iherereye mu karere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali, bigaragambije.
Mu gihe umuvuduko ukabije, gutwara wasinze no kuvugira kuri telefone utwaye ari bimwe mu bikunze kugarukwaho nk’ibiteza impanuka zo mu muhanda, bamwe mu bamotari bo mu karere ka Musanze bavuga ko abagore n’abakobwa bambaye batikwije nabyo biri mu ntandaro z’impanuka zo mu muhanda.
Umuyobozi w’umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda (TI), Marie Immaculée Ingabire, avuga ko ruswa yiganje mu bakuru b’imidugudu n’ab’utugari ndetse no mu baveterineri, mu Karere ka Gisagara.
Perezida Kagame yasabye abayobozi bakuru b’igihugu kugira umuco wo kwisuzuma, bakitonganya ubwabo kubera aho bagize intege nke aho gutegereza gutonganywa n’undi, kuko ngo ari byo bifasha abantu gutera intambwe.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko bagiye kujya bashyira ibigo by’amashuri mu byiciro, kugira ngo bamenye ibikwiye kwitabwaho kurusha.
Col. Albert Rugambwa avuga ko imibereho myiza y’Abanyarwanda iha imbaraga abakomerekeye ku rugamba rwo kubohora igihugu kuko bumva ko bataharaniye ubusa.
Ikigo cy’Ibarurishamibare (NISR) kigaragaza ko imitungo y’Abanyarwanda bose mu gihugu (yitwa umusaruro mbumbe/GDP), kugeza mu mwaka ushize wa 2018 yari ifite agaciro karenga miliyari ibihumbi umunani.
Nyuma y’uko abasizwe iheruheru na Jenoside bari bubakiwe inzu, ariko nyuma y’imyaka irenga 20 zikaba zarashaje, zimwe zaranaguye, mu Karere ka Huye batangiye kububakira inzu nshya.
Abakora ibikorwa by’ubukerarugendo ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu hazwi nka Kivu Belt bavuga ko bari gutegura ubukerarugendo bwa Moto nini mu kumenyekanisha ubwiza bw’u Rwanda.
Pastor Rick Warren, umunyamerika ufitanye ubucuti bukomeye n’u Rwanda, aratangaza ko Perezida Kagame ari umuyobozi udasanzwe, kubera ko mu buyobozi bwe ashyira imbere inyungu z’abaturage imbere y’ize.
Clementine Yumvuyisaba avuga ko gukorera abandi no guhora asaba umufasha we amafaranga yo gukoresha mu rugo buri munsi, ari byo byamufashije kugira igitekerezo cyo kwishyira hamwe na bagenzi be ngo bikorere.
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y’umukunzi we Tanasha Donna, uhuza itariki y’amavuko na nyina wa Diamond bita Mama Dangote, Diamond Platnumz yatangarije abari bitabiriye ibyo birori ko afite ibyishimo byinshi.
Ku mugezi wa Nyabarongo iruhande rw’urutindo runini rw’ahazwi nko kuri Ruliba, ahakunze kuba imyuzure ikabuza imodoka ziva i Kigali zerekeza mu Majyepfo cyangwa zivayo gutambuka, harimo gukorwa imirimo izaca iyo myuzure.
Itangazo ryashyizweho umukono na perezida w’inteko ishinga amatego umutwe wa SENA, Senateri Bernard Makuza, riravuga ko kuri uyu wa mbere tariki 08 Nyakanga 2019, Senateri Bishagara Kagoyire Thérèse yitabye Imana, imihango yo kumuherekeza ikaba izatangwaza mu bihe biri imbere.
Ikipe ya APR FC yageze muri 1/4 cya CECAFA Kagame Cup, nyuma yo gutsinda Green Eagles igitego 1-0 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.
Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (CPI) kuri uyu wa mbere tariki ya 8 Nyakanga 2019 rwahamije ibyaha Bosco Ntaganda wamamaye mu ntambara zo mu mashyamba ya Congo.
Mu gihe bamwe mu banyamahanga bemererwa ubwenegihugu bw’u Rwanda, bamwe bibaza inzira bicamo kugirango umuntu runaka yitwe umunyarwanda, icyo bimarira uwo muntu ndetse n’uko umuntu ashobora kubutakaza.
Nyuma y’uko Ange Ingabire Kagame ashyingiranywe na Bertrand Ndengeyingoma kuwa gatandatu tariki 06 Nyakanga 2019, amafoto y’ubukwe bw’aba bombi yatangiye kujya ahagaragara.
Amata ni ikinyobwa gikundwa n’abantu benshi, hakaba n’abandi bavuga ko amata y’inka yaba ari mabi ku buzima bw’abantu.
I Gasagara mu Karere ka Gisagara, abaturiye ahayobowe amazi hakorwa umuhanda baturiye bararira ayo kwarika kuko amaze gutwara imirima itari mikeya.