Ikigo cyita ku bidukikije (Global Green Growth Institute - GGGI) cyiyemeje gufasha u Rwanda kunoza imiturire mu mijyi itangiza ibidukikije. Icyo kigo cyasabye u Rwanda kugiha imishinga isobanutse ishobora guterwa inkunga.
Abanyeshuri biga mu ishuri ryisumbuye rya Mbogo riherereye mu murenge wa Kigoma mu karere ka Huye, barasabwa kwiga bashyizeho umwete no kwigira ku bababanjirije muri iryo shuri, kandi ko hari amahirwe menshi yo gutera imbere.
Umugabo witwa Jean Damascene Baziruwiha wari umaze umwaka muri Uganda ari umurobyi mu kiyaga cya Victoria, yavuze uburyo yashinjwe kuba intasi y’u Rwanda muri Uganda akahafungirwa.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Prof. Sam Rugege arasaba abakora umwuga wo kunganira abandi mu nkiko bazwi nk’Abavoka kurangwa n’imyitwarire myiza, bakabera urugero abandi barimo n’ababashakaho ubufasha kuko ari zo ndangagaciro zikwiye kubaranga.
Kwishyura ifumbire n’izindi nyongeramusaruro hifashishijwe ikoranabuhanga ry’Ikofi Banki ya Kigali (BK) yashyiriyeho abahinzi, ngo bizakemura ikibazo cy’abanyerezaga izo nyongeramusaruro ntizigere ku bo zagenewe.
Umuntu wese wapfushije, ategekwa n’itegeko nº32/2016 ryo ku wa 28/08/2016 rigenga abantu n’umuryango mu ngingo zaryo zitandukanye, kumenyekanisha urwo rupfu mu buyobozi kandi ibi bigakorwa bitarenze iminsi 30.
Kuri uyu wa 15 Nyakanga 2019, Inteko ishinga Amategeko yatoye umushinga w’Itegeko rivanaho burundu amategeko 1,000 yo mu gihe cy’ubukoroni, bitewe n’uko atajyanye n’igihe.
Kuri uyu wa 15 Nyakanga Polisi y’igihugu yatangiye kubakira Mwanajeshi George inzu yo kubamo ifite agaciro ka miliyoni umunani n’ibihumbi Magana atandatu.
Muri iyi minsi bikunze kugaragara henshi ko ababyeyi batakibona umwanya uhagije wo guhura n’abana babo, bitwaje ahanini ko bakora amasaha menshi babashakira imibereho.
Nyuma yo kubona ko uburyo bwiza bwo guca ibiyobyabwenge ari ukubirandurana n’imizi, ikigo gishinzwe kugorora abasabitswe nabyo kiri kwakirira i Wawa ababikoresha ndetse n’ababyeyi babo igihe bigaragaye ko na bo babikoresha.
Abashakashatsi bo muri kaminuza y’igihugu ya Motilal Nehru mu Buhinde mu ishami rishinzwe ubutabire basanze utubuto tuba mu rubuto rwa pomme (Apple) twaba dufite uburozi bwakwica.
Kuri uyu wa mbere tariki 15 Nyakanga 2019, ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu (REG) ku bufatanye n’urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) ndetse na polisi y’igihugu n’abaturage, hafashwe abagabo babiri aribo Habimana Sylvain na Nshimiyimana Obed, bakaba bakekwaho kwiba umuriro.
Ashingiye ku biteganywa n’itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo muri 2003, ryavuguruwe mu 2015 cyane cyane mu ngingo yaryo y’111, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, yashyizeho abazahagararira u Rwanda mu bihugu by’amahanga ku buryo bukurikira.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 15 Nyakanga 2019, Polisi y’u Rwanda yatangije ukwezi kwahariwe ibikorwa bigamije gushimangira iterambere n’imibereho myiza y’umuturage aho abayobozi batandukanye hirya no hino mu gihugu basabye abaturage gufata neza no kubyaza umusaruro uhagije ibikorwa bahabwa na Polisi y’u Rwanda kandi (…)
Umuziki wagize uruhare runini cyane mu rugamba rwo kubohora igihugu. Igihe imirwano yabaga igeze ahakomeye, ndetse n’ikirere kitoroheye ingabo, umuziki wahitaga useruka nka paracetamol ku muntu ufite umuriro.
Nyuma yo kubona ko mu Karere ka Gisagara hari urubyiruko rwinshi rudafite imirimo, ubuyobozi bw’aka karere bwiyemeje kubatera inkunga mu kwihangira imirimo, buremera abafite imishinga myiza.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba yageze mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba, aho arimo gusura umupaka muto uhuza Goma na Gisenyi mu rwego rwo kureba ingamba zashyizweho zo gukumira Ebola kugira ngo itinjira mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko bugiye guhagurukira ikibazo cy’iterambere ry’urubyiruko mu Murenge wa Kabagari.
Abahoze babunza ibicuruzwa (abazunguzayi) baravuga ko igihe bahawe cyo gucururiza mu isoko batishyura ubukode n’imisoro, ngo kibashiranye bakiri abo gusubira ku mihanda.
Repubulika ya Demokarasi ya Congo yemeje ko mu Mujyi wa Goma hagaragaye icyorezo cya Ebola. Uwo mujyi uherereye mu Burasirazuba bwa Congo ubamo abantu basaga miliyoni imwe.
Amazi y’isoko aturuka hagati mu musozi, abaturage benshi bayanywa bizeye ubuziranenge bwayo,ndetse n’abatabasha kuyivomera bakayagura ku giciro cyo hejuru ugerenyije n’ayandi. Nyamara ikigo kigenzura ubuziranenge cyo kivuga ko ayo mazi atari meza yo kunyobwa adatetse ngo anayungururwe.
Urubyiruko rwo muri za kaminuza rumaze iminsi mu marushanwa ashingiye ku biganiro mpaka ku buringanire n’ubwuzuzanye (gender), rwemeza ko arufitiye akamaro kuko birwongerera ubumenyi bityo bikarurinda abarushuka ari na ho hava n’abaterwa inda zitateganyijwe.
Abaturage bo mu Karere ka Nyanza baturiye ahatagera amazi meza baravuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cyo gukoresha amazi y’ibiziba, mu gihe bakomeje gushishikarizwa kunoza isuku n’isukura.
Bamwe mu banditsi b’Abanyarwanda baravuga ko kubera umuco wo kudasoma n’iterambere ry’ikoranabuhanga abantu bahitamo kwirebera imyidagaduro kuri za murandasi cyangwa bakareba televiziyo ntibasome ibitabo.
Mu Kagari ka Ngoma mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe hari abahinzi binubira kuba igishanga cya Miramo cyaratunganyijwe bakaburamo uturima nyamara bari bahasanganywe imirima.
Umuvunyi mukuru, Anastase Murekezi, avuga ko inzira ya mbere yo kurwanya ruswa ari ukubanza abantu bakayanga, naho ubundi byaba ari ukuyirwanya bya nyirarureshwa.
Munyakazi Sadate usanzwe akuriye MK Sky Vision, atorewe kuba Perezida wa Rayon Sports asimbuye Paul Muvunyi
Hari ubwo wumva abantu bavuga ko abageni ‘basezeranye imbere y’amategeko’, hakaba n’ababyita ko abageni ‘bagiye mu rukiko’ cyangwa se ‘bagiye mu murenge’ n’izindi mvugo, ariko se gusezerana mu mategeko bivuze iki? Biteganywa n’irihe tegeko? Iyi nkuru irasobanura icyo amategeko avuga ku gushyingiranwa.
Abatega imodoka zitwara abagenzi mu Rwanda baranenga serivisi bahabwa na bamwe mu bashoferi bazitwara, kuko batubahiriza uburenganzira bwabo mu gihe bahagurutsa imodoka bataricara cyangwa batarayisohokamo neza, isuku nke igaragara mu modoka, n’ibindi.
Kubasha kubona inguzanyo yisumbuye ku yo bari basanzwe babona, ni kimwe mu byiza abarimu bigisha mu mashuri abanza n’ayisumbuye ya Leta ndetse n’afashwa na Leta bishimira, nyuma yo kongezwa amafaranga agera ku 10% ku mushahara wabo.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Sake buvuga ko icyumba ntangamakuru ari igisubizo ku itekinika kuko ibibera hasi mu midugudu biba bizwi n’abaturage bose.
Ikipe ya Rayon Sports yatsinzwe na KMC yo muri Tanzania mu mikino wa nyuma w’itsinda A, wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.
Mu birori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abatuye isi byabereye mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Muganza ku rwego rw’igihugu tariki 11 Nyakanga 2019, abaturage bibukijwe kurushaho kwitabira gukoresha uburyo butandukanye bwo kuboneza urubyaro mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubwiyongere bw’abaturage.
Agakiriro ka Kimironko gaherereye mu Kagari ka Bibare mu Karere ka Gasabo gafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa sita z’amanywa kuri uyu wa gatandatu tariki 13 Nyakanga 2019.
Urubyiruko rugororerwa ku kirwa cya Iwawa rwizeza inzego z’umutekano n’ubushinjacyaha ko bagiye gukorana mu kurandura icuruzwa ry’ibiyobyabwenge mu Rwanda.
Umuryango w’ibihugu bya Afurika uhugura abajya mu butumwa bwo kubungabunga amahoro (African Peace Support Trainers Association – APSTA), urashima umusanzu w’ikigo cy’igihugu cy’Amahoro (RPA), mu gufasha impuguke zijya mu butumwa bw’amahoro.
Si kenshi wabona imbwa yizerereza mu Mujyi wa Kigali idafite nyirayo, ariko si uko zidahari ahubwo inyinshi ngo zagiye kororerwa mu ngo z’abantu, ndetse nazo zikaba zisigaye zijyanwa ku ishuri.
Kuva kuri uyu wa Gatandatu tariki 13/07/2019 Kigali Today Ltd ifite ibitangazamakuru nka www.kigalitoday.com KTRadio na www.ktpress.rw irava i Nyarutarama aho yakoreraga kuva yabona izuba maze yerekeze mu Mujyi wa Kigali rwagati mu nyubako ya CHIC (Champion Investment Company).
Itangazo ry’inama yahuje abakuru b’ibihugu bine ari byo Angola, u Rwanda, Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DR Congo) na Uganda riravuga ko ibihugu bya Angola na DR Congo bigiye kuba umuhuza w’ibiganiro hagati y’u Rwanda na Uganda.
Mu muco nyarwanda birasanzwe ko umubyeyi ashobora kurera umwana atabyaye bitewe n’impamvu zinyuranye, cyane cyane iyo asizwe n’umuntu wo mu muryango wapfuye, cyangwa se watawe n’uwamubyaye.
Imiryango 80 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 itishoboye yatangiye kugera mu macumbi yubakiwe.
Umuririmbyi NINA uhuriye na Charly mu itsinda, yatangaje ko ari ubwa mbere agiye gukora ibirori byo kwishimira isabukuru ye, kuko ngo ubusanzwe atajyaga abyitaho, anavuga ko ibyo gushaka umugabo no kubaka urugo ategereje umugambi w’Imana kuko atari ibintu yakwiha.
Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) gitangaza ko ibibazo bya Politiki biri mu bihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kitagabanyije imisoro yinjira mu gihugu kuko ubucuruzi butigeze buhagarara.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango, ku bufatanye n’Umuryango Caritas Rwanda barizeza ko icyerekezo 2024 kizagera nibura ikibazo cy’imirire mibi kigabanutse kikagera munsi ya 20%.
Imigani y’imigenurano ni ingeri y’ubuvanganzo nyarwanda,ivuga ku muco, ku mateka no ku mitekerereze y’Abanyarwanda. Ibyo rero bigenda uko ibihe bisimburana, bishatse kuvuga ko n’agaciro k’imigani kagenda gahinduka.
Itorero ADEPR Paroisse ya Kinazi mu karere ka Ruhango ryasubitse gahunda yo gusezeranya Uyisenga Ildephonse na Banamwana Sadako bari gushyingirwa kuri uyu wa gatanu tariki ya 12 Nyakanga 2019, kubera ko umukobwa atwite.
Akarere ka Kicukiro kamuritse inzu kubatse mu mirenge inyuranye zifite agaciro k’asaga miliyoni 800Frw, zahawe abatishoboye barimo abatari bafite aho baba ndetse n’ababaga mu manegeka.