Nyuma y’imyaka 25 ikipe ya Al-Hilal yo muri Sudani inyagiwe na Rayon Sports mu irushanwa rya Cup winners Cup, bamwe mu bakinnye uwo mukino ubu ni abatoza, abayobozi, abacuruzi, mu gihe abandi batandukanye na ruhago.
Ubwo urubyiruko rurenga 600 rwasozaga itorero Indangamirwa rya 12 kuri uyu wa kane tariki 08 Kanama 2019, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasabye uru rubyiruko kwiga Ikinyarwanda kuko ari imwe mu nkingi z’Umuco Nyarwanda.
Igisonga cya Nyampinga w’u Rwanda 2019, Yasipi Kasmir Uwihirwe, ni umwe mu bagize Indangamirwa icyiciro cya 12 baturuka mu bihugu 23, basoje amasomo ku gukunda igihugu ndetse n’amateka yacyo no kukirwanira.
Dushimimana Olive akora akazi ko kotsa inyama (Mucoma) mu gasantere ko mu Nkanika gaherereye mu Kagari ka Gakamba, Umurenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera. Avuga ko yiyemeje gukora ako kazi kugira ngo arebe ko imirimo abagabo bakora na we yayibasha, kugira ngo imufashe kwiteza imbere.
Anjine ni uburwayi bufata inyama ebyiri ziba mu muhogo zitwa amigdales (soma amigidale) cyangwa tonsils (soma tonsozi), zikaba zigira umumaro wo kurinda umuntu mikorobe zafata imyanya y’ubuhumekero n’uburiro. Iyo izo nyama zifashwe na mikorobe nibyo bita anjine.
Hari abitegura kurushinga bajya ku mwanditsi w’irangamimerere ngo bamugaragarize uko bifuza kuzacunga umutungo wabo, ngo ugasanga hari ubwo abahitiramo ntibibashimishe kuko amahitamo ari ayabo.
Uhagarariye Amerika mu mishinga y’Umuryango w’Abibumbye(UN) i Burayi, Tom Kip yasomye ku rwagwa ahita yizeza abahinzi-borozi ko azakomeza kubasabira amafaranga.
Ikipe ya AS Kigali yabuze ibyangombwa by’abakinnyi batandatu bagombaga gukina umukino uzabahuza n’ikipe ya KMC kuri uyu wa Gatandatu
Umunyarwenya wo muri Uganda, Anne Kansiime, aherutse kwiyemerera ko ari we watanze amafaranga yo kumukwa no gukora ibindi birebana n’ubukwe bwe yakoranye n’umugabo batandakunye witwa Gerald Ojok.
Muri Kenya, umwe mu bahagarariye abagore yasohowe mu ngoro y’inteko ishinga amategeko nyuma y’uko aje mu kazi ari kumwe n’umwana we w’amezi atanu.
Abanyeshuri 30 baturutse muri Kaminuza zinyuranye zo hirya no hino ku isi bahuriye mu ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri, aho baje kungurana ibitekerezo basangira ubunararibonye muri gahunda yo gutegura imishinga ijyanye no guhanga imirimo.
Abahanzi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben na Butera Knowless hamwe n’umubyinnyi ukomoka mu Rwanda Sherrie Silver ni bamwe mu bari guhatanira ibihembo bitangwa n’ikinyamakuru African Music Magazine (AFRIMMA) bya 2019.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred avuga ko imiryango igaragaraho isuku nke igiye kujya inengerwa mu ruhame kugira ngo yikosore.
Kuri uyu 06 Kanama 2019, Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase yasuye bwa mbere Ngororero kuva yagirwa Minisitiri, yirebera uko ubuzima buhagaze muri ako karere, hafatwa n’ingamba zirimo kugarura mu ishuri abana 1851 barivuyemo bitarenze uku kwezi.
Ubusanzwe indwara y’imvuvu no gucika kw’imisatsi biterwa n’uruhu rwumagaye cyangwa gukoresha ibikoresho by’imisatsi byanduye, ibintu bitandukanye dushyiramo, nk’amavuta ataragenewe gusigwamo n’ibindi.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, akaba n’umuyobozi w’ikigo nyafurika cy’Intego z’iterambere rirambye (SDGs) yageze i Rusaka muri Zambia.
Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Umutesi Marie Goretti, yasabye abamotari kwitwararika, bubahiriza amategeko yo mu muhanda ndetse barangwa n’imyitwarire myiza kugira ngo babashe gukora akazi kabo neza, batanga serivisi nziza ku babagana.
Mu gikorwa cyo gushyira umukono ku masezerano y’amahoro n’ubwumvikane hagati ya Leta ya Mozambique n’umutwe RENAMO, Perezida Paul Kagame yashimiye Abanya-Mozambique intambwe nziza bateye, aboneraho kubibutsa ko bo ubwabo ari bo bazahitamo ubumwe bakanabusigasira.
Ikipe ya Al Hilal izakina na Rayon Sports, yageze i Kigali idafite umunyamahanga n’umwe ariko itangaza ko yiteguye gutsinda
Ikipe ya AS Kigali yaraye inyagiye Gicumbi FC iratangaza ko hari icyizere cyo gutsinda KMC kuri uyu wa Gatandatu
Impuguke mu bijyanye n’ihumana ry’umwuka hamwe n’indwara z’ubuhumekero, zirasaba abahumeka imyuka iva mu modoka, mu nganda no mu bikoni kurushaho kwirinda.
Guhera mukwezi kwa cyenda (Nzeri) uyu mwaka wa 2019 kaminuza ya Indiana muri Leta ya Indiana, muri Leta Zunze ubumwe za Amerika (USA), igiye gutangira kwigisha ururimi rw’Ikinyarwanda mu rwego rwo gufasha abana b’Abanyarwanda bavukirayo kumenya ururimi rw’igihugu bakomokamo.
Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda Diane Gashumba yakiriye Minisitiri w’agateganyo ushinzwe ubuzima muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo Mbayi Kangudia baganira ku cyorezo cya Ebola gihangayikishije ibihugu byombi.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyatangaje ko cyamaze gusinya amasezerano n’Ikigo cyo mu Bufaransa ‘Vivendi Group’ gisanzwe kibarizwamo Canal +, yo kubaka no kubyaza umusaruro umudugudu w’umuco ‘Kigali Cultural Village (KCV)’, uherereye ku I Rebero mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali.
Muri iki gihe, hari abagore bakunze kwambara imiringa cyangwa imikufi ku bice bitandukanye by’imibiri yabo, aho usanga hari iyambarwa mu ijosi, ku mazuru, ku matwi, ku maboko, ku mukondo, mu rukenyerero, ndetse no ku maguru.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuri uyu wa kabiri tariki 06 Kanama 2019 yerekeje i Maputo muri Mozambique mu muhango wo gushyira umukono ku masezerano yo kumvikanisha impande ebyiri zimaze igihe zitavuga rumwe.
Uwizeyimana Immaculée wacururizaga muri Nyabugogo ahitwa ku Mashyirahamwe mu murenge wa Kimisagara, ibintu bye byose bikaba byahiriye mu nkongi yadutse muri iyo nyubako ahagana saa sita z’ijoro ryakeye, avuga ko yamuhombeje asaga miliyoni 10.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu n’inzego z’umutekano bakajije uburyo abantu bambukiranya umupaka birinda indwara ya Ebola aho abadafite akazi kazwi bahagarikwa.
Ishimwe Clement, umuyobozi w’inzu ya Kinamusic itunganya umuziki, aherutse muri Leta Zunze Ubumwe bw’ Amerika (USA) mu nama yitwaga ASPEN IDEAS FESTIVAL, bituma agira amahirwe yo kubonana n’abantu batandukanye bakora umuziki na filimi bamusangiza ubunararibonye bwabo mu ruganda rw’umuziki w’abanyemerika.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwishimiye kwakira inama yiga ku kibazo cyo kwihaza mu biribwa ku mugabane wa Afurika.
N’ubwo icyorezo cya Ebola kitaragera mu Rwanda, ubuyobozi bwa Kiliziya Gatolika Diyoseze ya Nyundo buravuga ko bushobora gusaba abakirisitu guhana amahoro ya Kirisitu badakoranyeho mu rwego rwo kwirinda ko iki cyorezo cyakwirakwira.
Umuhanzi Abayizera Marie Grace uzwi nka Young Grace, yashyize hanze amafoto yishimisha, ari mu bwato ndetse no mu nkengero z’ikiyaga cya Kivu yambaye utwenda tugaragaza inda ye y’imvutsi.
Minisiteri y’abakozi ba leta n’umurimo (MIFOTRA) yatangaje ko kuwa mbere tariki 12 Kanama 2019 ari umunsi w’ikiruhuko, nyuma yo kumenyeshwa n’umuryango w’aba-Islam mu Rwanda ko ku cyumweru tariki 11 Kanama 2019 ari umunsi mukuru wa Eid al-Adha, bityo kuko uyu munsi uzahurira n’impera z’icyumweru, kuwa mbere ukurikiyeho (…)
Kuri uyu wa mbere kuri Stade Amahoro, APR FC yakoze imyitozo yo gutegura imikino ya gisirikare izabera i Nairobi muri Kenya
Kurumika no kurasaga, ni imigenzo nyarwanda yakorwaga mu buvuzi gakondo no kurinda ibyago Abanyarwanda, bityo uwabikoraga akaba afite imyizerere y’uko iyo bikozwe byanze bikunze birinda. Gusa kuri ubu Abanyarwanda benshi ntibabyemera, ndetse bavuga ko ari imihango ya gipagani, n’ubwo hari abaganga bemeza ko iyo migenzo (…)
Itegeko ngenga n° 30/2008 ryo ku wa 25/07/2008 ryerekeye ubwenegihugu nyarwanda mu ngingo zaryo zitandukanye, risobanura uko umuntu wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda ashobora kubwamburwa cyangwa se akaba yanabusubirana.
Mu buzima bwa muntu habamo kurwara, bikaba ngombwa ko afata imiti imukiza indwara runaka. Hari igihe imiti ufashe ikiza indwara ariko ikagusigira ingaruka runaka (effets secondaires du medicaments).
Polisi y’igihugu irashishikariza abaturage bagenda ku binyabiziga gutinyuka bakagaragariza inzego z’ibishinzwe amakosa akorwa n’abatwara ibinyabiziga, akaba yateza impanuka zihitana ubuzima bwabo.
Marie Chantal Rwakazina wari umuyobozi w’Umujyi wa Kigali akaba aherutse kugirwa Ambasaderi, yahererekanyije ububasha ku buyobozi bw’uwo mujyi na Busabizwa Parfait usanzwe ari umuyobozi wungirije wawo ushinzwe iterambere ry’ubukungu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare buvuga ko gukora ibizamini umunsi wa mbere w’itangira ry’igihembwe bizatuma abanyeshuri batangirira igihe.
Jean d’Amour Nizeyimana na bagenzi be bane, bamaze amezi 16 bafungiye muri Uganda, baratangaza ko bakoreshwaga imirimo y’uburetwa kandi ku gahato, ku munsi buri wese akabarirwa amashiringi 100 ya Uganda, ahwanye n’amafaranga y’u Rwanda 22.
Umukinnyi ukina hagati mu kibuga Omar Sidibé, yamaze gusinya amasezerano y’imyaka ibiri muri Rayon Sports nyuma y’icyumweru ageze mu Rwanda
Guhera ku itariki ya 4 Kanama 2019, igihugu cya Gabon cyabonye umuturage wiyongeraye ku rutonde rw’abenegihugu bacyo. Samuel Leroy Jackson umaze icyumweru muri Gabon, yashyikirijwe pasiporo ye ya Gabon ayihawe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga ushinzwe Abanya-Gabon baba mu mahanga.
Minisitiri w’ubuzima Dr Diane Gashumba hamwe na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Prof. Shyaka Anastase, kuri uyu wa mbere tariki 05 Kanama 2019 basuye imipaka ihuza Gisenyi na Goma bishimira ibikorwa biri ku mipaka bikumira ko ebola yakwinjira mu Rwanda.
Kuri iki cyumweru hakinwe irushanwa ry’umukino w’amagare ryiswe Tour de l’Espoir Memorial Sakumi Anselme ryo kwibuka Sakumi Anselme wahoze ari umuyobozi wungirije mu Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda.
Abageni benshi bashyingiwe n’idini, bakunze kurangwa no kwambara agatimba kaba gatwikiriye umutwe kagahisha isura n’inyuma mu bitugu. Iyo myemerere benshi bagaragaza ko batazi icyo isobanuye ndetse n’aho byaturutse. Gusa abayobozi b’amadini bo bahamya ko agatimba gasobanura ubusugi.
I Huro mu Murenge wa Muhondo, mu karere ka Gakenke, ni ahantu habumbatiye amateka y’umuganura mu Rwanda, aho ibiribwa byaganuzwaga Umwami byose byahingwaga bikanakusanyirizwaga muri ako gace bakabyigemurira i bwami.
Abaturage babarirwa mu bihumbi bine bo mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Kigali mu Kagari ka Mwendo bagiye kwegerezwa amazi meza, nyuma y’uko muri ako kagari hari ikibazo cyo kutabona amazi meza ahagije.
Abapolisi 140 bagize icyiciro cya cyenda ari nacyo cya nyuma cya Polisi y’igihugu y’u Rwanda yakoreraga ubutumwa bw’amahoro mu gihugu cya Haiti bageze mu Rwanda kuri iki cyumweru 04 Kanama 2019.
Abanyamuryango ba Koperative yitwa Kabeho ngagi Sabyinyo igizwe n’abatuye mu mirenge ikora kuri Pariki y’ibirunga bahoze bashimuta inyamaswa bakanangiza Pariki, basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi ruruhukiyemo imibiri y’abarenga ibihumbi 250 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, maze basobanurirwa uko (…)