Ubuyobozi bw’umurenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza, buvuga ko hari abahinzi batumvaga akamaro ko gukoresha ifumbire mu buhinzi bwabo, ariko nyuma yo kubona ko bagenzi babo bakangukiye kuyikoresha babona umusaruro mwiza, abakoresha ifumbumbire batangiye kwiyongera.
Minisitiri w’intebe, Dr. Edouard Ngirente, arasaba ko buri rugo rw’Umunyarwanda rutera nibura ibiti bitatu by’imbuto, mu rwego rwo guharanira imibereho myiza.
Umunyeshuri witwa Flavia Uwizeye witeguraga kurangiza amasomo muri Kaminuza yigisha ubukerarugendo, ubukungu n’ikoranabuhanga (University of Tourism and Business Studies- UTB), ku mugoroba wo kuwa kabiri tariki 21 Mutarama yanyereye mu bwogero (douche) yitura hasi bimuviramo gupfa.
Abaturage bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Rutsiro bishyuwe amafaranga bakoreye bubaka ibyumba by’amashuri kuri GS Mukura nyuma y’umunsi umwe biyemeje kurara ku biro by’Umurenge.
Umunya-Nigeria w’imyaka 22, Joseph Akinfenwa Donus uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Joeboy, ni we uzaririmba mu gitaramo kimaze kumenyerwa mu Mujyi wa Kigali kizwi ku izina rya “Kigali Jazz Junction”, kizaba tariki ya 28 Gashyantare 2020.
Minisitiri w’Ubutabera w’igihugu cya Norvège, Jøran Kallymr uri mu ruzinduko mu Rwanda, avuga ko yababajwe n’ibyabaye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko anashima iterambere rugezeho.
Guhera mu mpera z’iki cyumweru mu Rwanda harakinwa imikino igamije kuzirikana intwari z’u Rwanda, aho izaba mu mikino itandukanye
Kaminuza yigisha amasomo y’ubuvuzi bungana kuri bose mu Karere ka Burera, University of Global Health Equity, (U-G-H-E), yatangaje ko ku wa gatanu tariki 24 Mutarama 2020 izashyikiriza ibigo nderabuzima impano y’ibyuma cg za mikorosikope 19 zifashishwa mu gupima indwara, harimo n’ibizahabwa ibitaro bya Butaro.
Mu kiganiro Perezida w’u Rwanda yatanze kuri uyu wa kabiri tariki 21 Mutarama 2020 ku ishuri mpuzamahanga ryigisha imiyoborere mu Bwongereza (International School for Government) kuri Koleji yitiriwe Umwami mu Mujyi wa London (King’s College London), yashimye uburyo inama yo ku wa mbere yagenze ku ishoramari hagati y’u (…)
Kuri uyu wa Kabiri i Cairo mu Misiri habereye Tombola y’amatsinda mu gushaka itike y’igikombe cy’isi kizabera muri Qatar
Kaminuza y’u Rwanda (UR) hamwe na Banki Itsura Amajyambere (BRD), batangaje ko abanyeshuri batinze kwiyandikisha hamwe n’abatanga amakuru atuzuye ajyanye n’amakonti yabo, ari bo batuma inguzanyo yo kubatunga yitwa buruse itinda kugera ku banyeshuri.
Imiryango y’abari abakozi b’uruganda rwa Bralirwa batwikiwe muri Bisi tariki 19 Mutarama 1998 bavuga ko bibaza impamvu ntawe urirega cyangwa ngo aburanishwe kuri iki cyaha cyakorewe abantu babo.
Nyuma yo kubona ko hari abantu babazwa n’indwara bamaranye igihe kirekire bikabaviramo izindi ndwara no kwiheba, ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB), byiyemeje gushyiraho uburyo bwo kubafasha.
Urukiko rwisumbuye rwa Musanze rutegetse ko Ndabereye Augustin akomeza kuburana afunzwe nyuma y’uko zimwe mu mpamvu yatanze mu kirego cye urukiko rusanze zidafite ishingiro.
Igihugu cya Norvège cyabaye icya mbere cyemeye kwakira umubare munini w’impunzi z’Abanyafurika ziri mu Rwanda by’agateganyo, gusa uburyo bwo kubatwara bukaba butaranozwa kugira ngo icyiciro cya mbere kibone kugenda.
Abafite ubumuga mu Karere ka Muhanga baravuga ko gahunda ya Gerayo Amahoro izagabanya ubumuga buterwa n’impanuka igihe abakoresha umuhanda baramuka bayubahirije.
Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) yasohoye inyandiko igaragaza ko hari abanyepolitiki baba hanze y’u Rwanda bitwaje ko bahari ku mpamvu za Politiki nyamara bafite ibindi byaha bashinjwa byerekeranye na Jenoside.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gusinyisha rutahizamu witwa Bannen Philippe Arthur ukomoka muri Cameroun
Rev. Dr. Ock Soo Park, washinze Umuryango mpuzamahanga uharanira Iterambere ry’Urubyiruko (International Youth Fellowship- IYF), asaba urubyiruko gutekereza mbere yo gufata imyanzuro no kuyishyira mu bikorwa, rwirinda ko rwafata ibyemezo byarushora mu kaga.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Rubavu, baratangaza ko bahagurukiye ibibazo birimo kutagira inzu, inzu zimeze nka nyakatsi, amavunja, imirire mibi, amakimbirane mu miryango, ibiyobyabwenge n’ikibazo cy’inda ziterwa abangavu.
Abaturage b’Umurenge wa Mukura mu Karere ka Rutsiro baratangaza ko biyemeje kurara ku biro by’Umurenge kugeza igihe bishyuriwe amafaranga bavuga ko bakoreye bubaka ibyumba by’amashuri ya GS Mukura.
Abadepite baheruka mu kazi mu Karere ka Rubavu bagaragaje ko gufata urukingo rwa Ebola nta ngaruka bigira, basaba abaturage kwihutira kurufata.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye yatangaje ko Leta y’u Rwanda yahagurukiye ikibazo cyo gufata ku ngufu no gusambanya abangavu, avuga ko imiryango igomba kureka kwihererana ikibazo igihe umwana w’umukobwa yasambanyijwe agaterwa inda ahubwo bakabishyikiriza ubutabera.
Sena y’u Rwanda yateguye igikorwa cyo kumenyekanisha mu mashuri makuru na kaminuza ubushakashatsi ku miterere y’ihakana n’ipfobya bya Jenoside yakorewe Abatutsi bibera mu mahanga n’ingamba zo kubirwanya.
Ikigo cy’imari Duterimbere IMF mu Karere ka Ruhango cyibwe n’abajura batoboye inyubako ya banki, bakangiza umutamenwa bagatwara miliyoni zizaga 11frw basanzemo.
Ku munsi wa kabiri w’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, tariki 20 Ukuboza 2019, nibwo ubukangurambaga bwo gutanga telefoni ku Banyarwanda bwiswe #ConnectRwanda bwatangijwe n’umuyobozi mukuru wa MTN Rwanda, Mitwa Kaemba Ng’ambi.
Mu mpera z’icyumweru gishize, nibwo irushanwa rya Miss Rwanda ryatoye abakobwa 20 bazahagararira umujyi wa Kigali, biba n’agahigo kuko ari ho hatowe abakobwa benshi ugereranyije n’izindi ntara.
Dr Bizimana Jean Damascène ukuriye Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) yemeje ko imibiri yabonetse ku kibuga cy’indege i Rubavu ari iy’abazize Jenoside, anibutsa ko hari indi ikomeje kuburirwa irengero.
Mu nama yateranye kuri iki Cyumweru kuri Muhazi, abanyamuryango ba Rayon Sports bafashe imyanzuro irimo kuvugurura amategeko, gutangira sosiyete y’ubucuruzi n’ibindi.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ari i London mu Bwongereza, ahateraniye abandi bayobozi batandukanye, biga ku guteza imbere ishoramari hagati ya Afurika n’u Bwongereza.
Dr James Vuningoma wari Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Inteko Nyarwanda y’ururimi n’umuco yitabye Imana azize uburwayi.
Minani Hemed, umuyobozi w’abafana ba Kiyovu Sports, avuga ko izina Gorigota rikwiye kuvaho rigahinduka Yeruzalemu kuko uwakahabambiye ariwe usigaye uhambambirwa.
Mu rwego rw’ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’amatorero ya Porotesitanti mu kurwanya impanuka zo mu muhanda, kuri iki cyumweru tariki 19 Mutarama 2020, hirya no hino mu gihugu mu nsengero hatangijwe ku mugaragaro ubukangurambaga bwa ‘Gerayo Amahoro’.
Abasenateri baturuka mu muryango FPR-Inkotanyi, baributswa ko mu byo bakora byose bagomba gushyira imbere inyungu z’abaturage, bakaba ari bo bareba mbere yo kwireba ubwabo.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Ambasaderi Solina Nyirahabimana, ashima abatuye mu Karere ka Nyaruguru ko bumvise bwangu akamaro k’ingo mbonezamikurire y’abana, akanavuga ko abandi bazajya baza kubigiraho.
Mujawamungu Mariya wo mu Kagari ka Kabyiniro, mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, umaze igihe kirekire atagira ubwiherero, yatanze ubuhamya by’ibyamubayeho mu buzima bwo kutagira ubwiherero cyane cyane agaterwa isoni no kubona abashyitsi banyuranye, by’umwihariko abakwe be.
Imikino isoza igice kibanza muri Volleyball yasojwe kuwa Gatandatu tariki ya 18 Mutarama 2020, ikipe ya Gisagara VC itsinda REG VC amaseti 3-2, mu gihe Ikipe ya Kirehe VC yatsinzwe na IPRC Ngoma amaseti 3-1 isoza imikino ibanza nta mukino n’umwe itsinze.
Chief Supertendent of Police (CSP) Alphonse Businge, Umuyobozi wungirije wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Iburasirazuba, arasaba abatwara ibinyabiziga kutagenda bacunga Polisi, ko ahubwo bakwiye gutwara batekereza ku buzima bwabo.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’ubuhinzi n’ubworozi (RAB) Sitasiyo ya Rwerere mu Karere ka Burera, buraburira abahinzi bagikoresha imbuto y’ibirayi ituburwa n’ababikora mu buryo butemewe, kuko bigira ingaruka ku musaruro n’ubutaka bahingaho.
Mu majonjora y’ibanze y’irushanwa rya Miss Rwanda, Umujyi wa Kigali uciye agahigo ko gutanga abakobwa 20, baruta igiteranyo cy’abakobwa bavuye mu Burengerazuba, Amajyaruguru n’Amajyepfo kuko aha havuye abakobwa 19.
CIP Hamdoun Twizeyimana, umuvugizi wa Polisi y’igihugu mu Ntara y’Iburasirazuba avuga ko 80% by’impanuka ziterwa n’imyumvire.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Mutarama 2020, abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, baganiriye kuri gahunda z’ibikorwa by’uyu Muryango mu Karere ka Kicukiro, n’uburyo bamaze ku bishyira mu bikorwa.
Ikipe ya Etincelles yari yahize ko izatsindira ikipe ya APR FC kuri Sitade Umuganda ntiyashoboye kubigeraho cyakora amakipe yombi yaje kunganya.
Minisiteri y’Ubuzima yakiriye impano y’utumashini dupima ingano y’isukari ku barwayi ba diyabete ndetse n’utwembe tujyana n’utwo tumashini tugera kuri miliyoni 11.7, utwo twembe twifashishwa mu gutobora aho bafata amaraso apimirwaho urugero rw’isukari.
Abaturage bo mu mudugudu wa Nyabagobe mu Mujyi wa Gisenyi bamaze imyaka umunani bafite ibyangombwa biruta ubutaka batunze bagasabwa umusoro uri hejuru.
Muhitira Felicien uzwi ku izina rya Magare, ni we wegukanye isiganwa ry’amaguru ryiswe ‘Huye Half Marathon’ mu bagabo ryabereye mu Karere ka Huye.
Abikingije indwara ya Ebola bavuga ko urukingo bahawe nta ngaruka mbi rwabagizeho, bityo bagahumuriza abatinyaga kwikingiza kuko hari bivuga ko ukingiwe akurizamo ibindi bibazo.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Mutarama 2020, irushanwa rya Miss Rwanda 2020 rirakomereza mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kuzenguruka Intara hashakishwa abakobwa bazahagararira buri ntara.