Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudian, avuga ko umuhigo w’ibiti bitatu by’imbuto kuri buri muryango uzatangira gushyirwa mu bikorwa muri Mata.
Abanyeshuri bigaga ku ishuri ryisumbuye ry’i Nyange, ni bamwe mu ntwari zo mu cyiciro cy’Imena nyuma yuko bamwe bishwe, abandi bagira ubumuga bukomeye ku mpamvu yo kwanga kwivangura mu gitero bagabweho n’abacengezi.
Abahinzi bo mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bemerewe ishwagara na Perezida wa Repubulika Perezida Kagame, ngo bayifashihse mu buhinzi, ariko bakinubira ko bakyihawe rimwe gusa, nyamara bari bayikeneye kenshi kugira ngo umusaruro ube mwiza.
Daniel Toroitich Arap Moi wabaye Perezida wa Kenya igihe kirekire kurusha abandi yapfuye afite imyaka 95. Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta ni we watangaje ko Daniel Arap Moi yitabye Imana aguye mu bitaro bya Nairobi, aho yari arwariye guhera mu Ukwakira, 2019.
Umwana wo ku muhanda witwa Jackson Gatego uri mu kigero cy’imyaka 10 yari atwawe n’umuvu munsi y’ikiraro cya Nyabugogo, akaba yaratabawe n’uwitwa Bunani Jean Claude w’umukarani, abifashijwemo na Yozefu Twagiramahoro wamuhaye urwego yuririraho ajya gutabara Gatego.
Umunyu wa gikukuru/gikukuri abandi bita umunyu w’ingezi, ni umunyu uzwi mu Rwanda guhera mu gihe cya kera kuko wakoreshwaga ahanini n’aborozi bawuha amatungo.
Abakozi 42 baherutse guhagarika akazi ku rwego rw’akarere n’imirenge mu Karere ka Muhanga, basimbujwe by’agateganyo mu rwego rwo kuziba icyuho aho abayobozi batagihari.
Minisiteri y’Uburezi irashishikariza ababyeyi kohereza abana b’inshuke mu ishuri, banataha na bo bakabafasha kurushaho kumva ibyo bize bifashishije ibyo bafite mu rugo ndetse n’ibitabo.
Imibare y’agateganyo itangazwa na Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) iragaragaza ko abantu 13 ari bo bishwe n’ibiza byibasiye ibice bitandukanye by’igihugu tariki 02 - 03 Gashyantare 2020.
Umuyobozi w’Ishuri ry’u Rwanda ryigisha Amahoro (Rwanda Peace Academy) Col Jill Rutaremara, avuga ko ubutwari butakiri ubw’abasirikare n’abarwana gusa, atari n’ubw’abagabo gusa ahubwo n’abagore ubu ari intwari.
Inzu yari irimo abantu barindwi bo mu muryango umwe yagwiriwe n’inkangu, inzu yitura kuri abo bantu bose bahasiga ubuzima.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge, Fidèle Ndayisaba, ntiyemeranya n’abavuga ko Inkotanyi zateye u Rwanda, ahubwo ngo zararurwaniriye kuko zaruzanyemo amahoro.
IPRC Huye yegukanye irushanwa ryahariwe kuzirikana intwari nyuma yo gutsinda The Hoops amanota 70 kuri 49 ,mu gihe REG yatwaye iki gikombe itsinze APR BBC ku mukino wa nyuma amanota 71 kuri 62.
Irushanwa ry’Ubutwari mu mikino itandukanye ryaraye risojwe kuri iki Cyumweru mu mikino yari isigaye, aho yakinwe mu byiciro by’abagabo n’abagore
Abagana Ikigo nderabuzima cya Bigogwe mu Karere ka Nyabihu baravuga ko imbangukiragutabara nshya bahawe igiye kubaruhura imvune baterwaga no guheka abarwayi mu ngombyi za gakondo.
Ikigo kigenzura amasoko y’imari n’imigabane (Capital Market Authority-CMA), gikomeje gahunda yo gukangurira urubyiruko rwo muri Kaminuza kwitabira amarushanwa yiswe Capital Market University Challenge (CMUC) mu rwego rwo kubereka amahirwe ari mu isoko ry’imari n’imigabane, no kubafasha gutinyuka ishoramari.
kipe ya Police HC mu bagabo na Kaminuza ishami rya Huye mu bagore ni bo begukanye igikombe cy’Ubutwari cyasojwe kuri iki cyumweru ku Mulindi w’Intwari.
Abakobwa 20 batoranyijwe muri 54 bahataniraga ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2020 ni bo bemerewe gukomeza mu cyiciro gikurikiyeho. Buri wese muri abo bakobwa afite umushinga ateganya gukora cyane cyane mu gihe yaramuka yambitswe ikamba nk’uko bagiye babisobanura.
I Luanda muri Angola, kuri iki cyumweru tariki 02 Gashyantare 2020 habereye Inama yahuje abakuru b’ibihugu bya Angola, Uganda, u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Leta y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), bashyize hamwe imbaraga mu kurwanya no gukumira icyorezo cya Ebola kugira ngo kitinjira ku butaka bw’u Rwanda, bikaba byarakozwe mu rwego rwo gukingira abaturiye ibice bifite ibyago byinshi byo kuba bakwandura.
Muri Tanzania abantu 20 bapfuye ku mugoroba wo ku wa gatandatu tariki 01 Gashyantare 2020 ubwo bari bateraniye hamwe n’abandi basenga.
Mu birori byo kwizihiza umunsi w’Intwari byabereye mu Karere ka Gakenke, Guverineri Gatabazi JMV wari kumwe n’inzego z’umutekano ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru yifatanyije n’abo mu Mirenge ya Muzo na Janja. Ibi birori byabimburiwe n’umupira w’amaguru wahuje ikipe y’Umurenge wa Muzo n’uwa Janja.
Mu kiganiro ku butwari cyatanzwe na Lt Col. Joseph Ndahiro uyobora ingabo mu turere twa Nyagatare na Gatsibo yavuze ko umwaduko w’abazungu wateje ibibazo kuko ubumwe bw’Abanyarwanda bwacitse ahubwo abantu babana mu rwikekwe.
Abatuye mu Mudugudu wa Kaburanjwiri uri mu Kagari k’Umunini, Umurenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara, bavuga ko batajya bicaza ku rutare rw’umwami Ruganzu ruri muri uwo mudugudu, umuntu wese utarahigura imihigo yahize.
I Gikondo ahasanzwe habera imurikagurisha ari na ho haberaga ibirori bya Miss Rwanda, akanama nkemurampaka kagizwe na batanu, katoranyije abakobwa 20 bagiye kujya mu buryohe bw’umwiherero w’ibyumweru bibiri muri Hotel y’inyenyeri enye banatyazwa ngo hazatoranywemo uzambikwa ikamba rya Miss Rwanda 2020.
Amakipe ya Kaminuza ya UTB , ikipe y’abagabo ndetse n’ikipe y’abagore, yombi yegukanye igikombe cy’Ubutwari 2020.
Ndayambaje Phenias w’imyaka 32 y’amavuko wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, yagejejwe mu bitaro bya Ruhengeri afite ibikomere mu mutwe no ku maguru, akavuga ko abaturage batanu bo mu gihugu cya Uganda bamusanze mu murima we uri muri Uganda baramufata bamukubita imihoro.
Igitaramo cyateguwe n’Umujyi wa Kigali ku bufatanye n’Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe(CHENO) cyabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village (KCEV) ahazwi nka Camp Kigali ku mugoroba wo gusingiza Intwari tariki 31 Mutarama 2020.
Ikipe ya APR FC cyahariwe kuzirikana intwari z’u Rwanda nyuma yo kurangiza imikino itatu iri ku mwanya wa mbere
Abasirikare 20 bo mu ngabo z’u Rwanda basoje amahugurwa y’iminsi itanu ajyanye no kurinda umutekano w’imbere mu gihugu mu rwego rwo kunganira izindi nzego zifite mu nshingano kuwurinda zirimo na Polisi y’Igihugu.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe kwihutisha iterambere (RDB) rwashimiye abikorera babaye indashyikirwa mu mwaka ushize wa 2019.
“Ibiciro byacu usanga biri hasi ugereranyije n’ibyo ku yandi masoko kuko nk’ahantu isukari igurwa amafaranga 1,000, twebwe usanga tuyigura kuri 800 ku kilo, umuti w’inkweto muto aho ugurwa 300Frw twebwe tuwugura nka 200Frw”. Ibi byasobanuwe na Sebaganwa François ukorera irondo ry’umwuga mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka (…)
Umuyobozi wa komisiyo y’imibereho myiza mu muryango w’Abayisilamu mu Rwanda, Sheikh Shafi Gabiro, avuga ko ubutumwa butangiwe mu musigiti bugera ku mitima y’Abayisilamu kandi bakabwubahiriza.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 1 Gashyantare 2020, Abanyarwanda hirya no hino bazindukiye mu gikorwa cyo kwibuka Intwari zitangiye igihugu, igikorwa na Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakoze ashyira indabo ku Gicumbi cy’Intwari.
Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe(CHENO), ruvuga ko urutonde rw’abazongerwa ku ntwari z’u Rwanda rumaze kumenyekana, rukaba rushobora gushyirwa ahagaragara n’Umukuru w’Igihugu igihe icyo ari cyo cyose.
Ibihugu by’u Rwanda na Uganda birasubira muri Angora kuri iki cyumweru tariki 02 Gashyantare 2020 mu biganiro bigamije gushakira hamwe umuti w’ikibazo cy’umubano umaze iminsi utifashe neza hagati y’u Rwanda na Uganda.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Mutarama 2020, Polisi y’u Rwanda yakomereje gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’, igamije kwigisha abaturage kwirinda impanuka zibera mu muhanda, mu idini ya Islam.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta, kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Mutarama 2020, yahuye na Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda Rao Hongwei, amugezaho ubutumwa bwo kwihanganisha abaturage b’u Bushinwa na Leta yabo, ku bw’icyorezo cya Coronavirus cyibasiye icyo gihugu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru burasaba abayobozi b’inzego z’ibanze gushyira mu bikorwa icyemezo cy’Inama Njyanama y’aka karere yo guca amande abazerereza inka ku gasozi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko mugenzi we wa Repubulika ya Demukarasi ya Kongo (RDC), Félix-Antoine Tshisekedi yateye intambwe igaragara mu kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa RDC, mu gihe gito amaze agiye ku buyobozi, amushimira uruhare rwe mu gushakira amahoro n’umutekano akarere k’Ibiyaga Bigari.
Kompanyi y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu kirere, Rwandair, yatangaje ko isubitse by’agateganyo ingendo zose zerekeza i Guangzhou mu gihugu cy’u Bushinwa, uhereye none ku itariki 31 Mutarama 2020.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred, avuga ko inteko z’abaturage zo kuwa gatanu wa buri cyumweru zidakuraho siporo ku bakozi ba Leta.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Ambasaderi Claver Gatete, avuga ko Umujyi wa Kigali uzaba utatse mu buryo budasanzwe mbere y’uko Inama y’Abakuru b’ibihugu bikoresha icyongereza (CHOGM) izateranira mu Rwanda mu kwezi kwa Kamena 2020.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko abakozi bako 41 ari bo bamaze kugeza amabaruwa yabo ku karere basaba guhagarika akazi mu gihe kitazwi, gusezera ku kazi no gusesa amasezerano y’akazi.
Abakoresha ipuderi (poudre) n’ibinini bikoreshwa n’abifuza kugira ibituza binini, baraburirwa ko bishobora kubagiraho ingaruka mu gihe babikoresheje mu buryo butagenwe cyangwa se badafata indyo yuzuye.