Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (Rwanda Revenue Authority) bwongereye igihe cyo kwishyura umusoro wa 2019 ku mutungo utimukanwa, uw’ipatante wa 2020 n’umusoro ku nyungu z’ubukode wa 2019.
Amakuru dukesha BBC aravuga ko umubare w’abamaze guhitanwa n’icyorezo cya Coronavirus wazamutse ugeze ku bantu 170, ikindi kandi, kuba hari umuntu byamaze kwemezwa ko yafashwe n’icyo cyorezo mu gace kitwa “Tibet” bivuze ko icyorezo cyageze mu duce twose tw’u Bushinwa.
Manishimwe Elias ukomoka mu Murenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza wajyanye n’umuryango we mu gihugu cya Uganda mu mwaka wa 2017, yagarutse mu Rwanda imbokoboko nyuma yo kwamburirwa muri Uganda ibye byose ubwo yari mu nzira ataha mu Rwanda.
Umuryango Imbuto Foaundation ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’iterambere mu nzego z’ibanze (LODA), bagiye gushyiraho ingo mbonezamikurire ibihumbi bitanu zizafasha abana bato gukura neza.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Ambasaderi Claver Gatete, avuga ko guhera muri uyu mwaka wa 2020, agace kegereye sitade Amahoro kose kagiye kubakwamo ibibuga bishya by’imikino, ubwogero, imihanda y’amagare, hoteli ndetse n’isoko ricururizwamo ibijyanye n’imikino.
Nduwayesu Elie wafunguwe n’izari ingabo za FPR-Inkotanyi ku itariki 23 Mutarama 1991 ubwo yari afungiye muri Gereza ya Ruhengeri mu bitwaga ibyitso, arazishima cyane akemeza ko uwo munsi awufata nko kuvuka kwe kwa kabiri.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yongeye gusubiramo ikibazo kiri hagati ya Uganda n’u Rwanda, avuga ko ntaho gihuriye no gufunga imipaka, kuko ngo n’iyo hatabaho gufunga imipaka, ibi bibazo byari kubaho.
Imikino y’umunsi wa gatatu w’igikombe cy’Ubutwari iteganyijwe tariki ya 01 Gashyantare 2020 ari na yo mikino ya nyuma, yimuriwe kuri Stade nkuru y’igihugu Stade Amahoro i Remera.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko abakozi benshi basezeye ku mirimo yabo kubera kunanirwa kuzuza inshingano zabo.
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) ruratangaza ububiko bw’isoko ryambukiranya imipaka riri mu Karere ka Burera (Burera Cross Border Market) bugiye kongerwamo ibicuruzwa biva mu mahanga n’ibikorerwa mu Rwanda, mu rwego rwo kubyegereza abaturage bo muri aka Karere n’utundi byegeranye.
Muri iki gihe ibyaha bikorerwa kuri interineti byiyongereye, imbuga nkoranyambaga zabaye uburyo bworoshye abajura bakoresha mu kwiba abazikoresha.
Ange Kagame yiyemeje gutanga udupaki 80 tw’impapuro z’isuku (sanitary pads) zizafasha abana b’abakobwa bagorwaga no kuzibona mu gihe bari mu mihango, rimwe na rimwe abo bakobwa bikabatera ipfunwe, bikaba byabangamira imyigire yabo, cyangwa se ntibisanzure mu bandi.
Ku wa gatatu tariki 29 Mutarama 2020, i Kigali hatangijwe ku mugaragaro gahunda nshya yo kwihutisha imibereho myiza y’abaturage binyuze mu kurwanya ubukene. Ni gahunda u Rwanda rufatanyijemo n’Umuryango w’Abibumbye, ishami ry’u Rwanda.
Ambasaderi mushya w’u Buyapani mu Rwanda, Masahiro Imai, aremeza ko igihugu cye kigiye kongera ishoramari mu Rwanda kubera ko umubano hagati y’ibihugu byombi wifashe neza.
Muri iyi minsi u Rwanda ruratangira gukwirakwiza inzitiramibu zikorewe mu Rwanda, ibyo bikazafasha mu guca Malariya burundu mbere y’umwaka wa 2030, no kugabanya ingengo y’imari ikoreshwa mu kuzitumiza mu mahanga.
Abayobozi b’amatorero n’amadini akorera mu Rwanda, basinyanye amasezerano na Minisiteri y’Uburezi yo guha Leta ubutaka bwo kubakaho amashuri, mu rwego rwo kugabanya ubucucike mu mashuri.
Ba rutahizamu babiri ba Rayon Sports bari bamaze iminsi bari mu igeragezwa mu bushinwa bagiye kugaruka gukinira Rayon Sports.
Umuhanzi Jules Sentore ntiyumva impamvu ibigo bikomeye byo mu Rwanda bidaha akazi abahanzi nyarwanda ngo bamamaze ibikorwa byabo, ahubwo ugasanga isoko baryihereye abahanzi b’abanyamahanga.
Ikigo cy’ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) cyatangaje ko kuva tariki 01 Gashyantare 2020, abanyamuryango b’ishami ryacyo rya RAMA, uretse gukoresha amakarita asanzwe aranga abanyamuryango bazaba bemerewe gukoresha n’indangamuntu bivuza.
Ambasaderi Olivier Nduhungirehe yasabye Shadyboo gutanga impapuro z’isuku (sanitary pads) mu bukangurambaga bwiswe #FreeThePeriod.
Abatuye mu Murenge wa Gashaki mu Karere ka Musanze bavuga ko batabona ubuvuzi bw’indwara z’amenyo ku kigo nderabuzima cya Gashaki bigatuma bajya kuyivurirza muri ba magendu.
Urukiko rwisumbuye rwa Musanze rutegetse ko urubanza rwa Ndabereye Augustin wahoze ari Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Musanze ushinzwe iterambere ry’ubukungu ruburanishirizwa mu muhezo.
Ikipe ya APR FC yatsinze Police FC igitego kimwe cyatsinzwe na Nshuti Innocent cyongera amahirwe yo gutwara igikombe cy’Intwari. Mukura VS yo ikomeje kuba insina ngufi muri iyi mikino yatsinzwe na Kiyovu Sports ibitego 4 kuri 2.
Leta y’u Rwanda yasabye Abanyarwanda gusubika ingendo zitari ngombwa zerekeza mu Ntara ya Hubei mu Bushinwa, nyuma y’uko hagaragaye icyorezo cya Coronavirus, bigatangira no kuvugwa ko cyaba cyageze mu gace ka Afurika y’Uburasirazuba.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) ruvuga ko 10% by’ingengo y’imari yarwo ijya mu bikorwa remezo hagamijwe ko abari muri gereza babaho neza.
Mu bubasha ahabwa n’amategeko , Perezida Kagame yongeye kubabarira abana 18 bari bafungiye muri Gereza ya Nyagatare, batsinze neza ibizami bya Leta .
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, yabwiye abapolisi bo mu Ntara y’Iburasirazuba mu Karere ka Bugesera ko umutekano u Rwanda rufite ari wo ntandaro y’amajyambere rumaze kugeraho.
Urukiko rwa gisirikare rwarekuye by’agateganyo Uwimana Francis uzwi nka Fireman waregwaga icyaha cy’ubufatanyacyaha mu gukubita no kuvuna umwe mu bo bagororanwaga Iwawa, bikavugwa ko yafatanyije na Cpl Murwanashyaka Modeste wigishaga bagakubita Gisubizo Fabien bakamuvuna urubavu.
Umukinnyi w’ikipe ya Rayon Sports ndetse n’ikipe y’igihugu amavubi Iranzi Jean Claude yatijwe mu ikipe ya Aswan Sporting Club mu cyiciciro cya mbere mu Misiri.
Urugereko rwihariye rw’urukiko rukuru rwa Nyanza ruburanisha imanza mpuzamahanga n’imanza zambukiranya imipaka rwatangiye kumva uko Nsabimana Callixte yiregura ku byaha akurikiranyweho n’ubushinjacyaha.
Kuri uyu wa kabiri tariki 28 Mutarama 2020, hirya no hino mu gihugu haranzwe n’ikirere kiganjemo ibicu biremereye n’imvura, ibi bikaba byari byanagarutsweho mbere n’Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe (Meteo Rwanda).
Nyuma y’uko byavuzwe mu itangazamakuru ko hari abanyeshuri 47 bigaga kuri Butare Catholique birukanywe, ubuyobozi bw’iri shuri bwafatanyije n’ubw’akarere bubashakira aho bigira.
U Rwanda ruvuga ko raporo yasohowe n’umuryango mpuzamahanga urengera uburenganzira bwa muntu (Human Rights Watch - HRW) irimo ibinyoma kuko yashingiye ku makuru ya kera.
Umuhanzi Igor Mabano ukorera umuziki muri Kina Music agiye kumurika umuzingo(Album) we wa mbere yise “Urakunzwe” azashyira hanze ku itariki 21/03/2020 muri Serena Hotel.
Abanyeshuri 10 bigaga gukina umupira w’amaguru mu ishuri ry’imyuga riherereye ku Kabutare (bakunze kwita EAV Kabutare) mu Karere ka Huye, birukanywe bazira imyitwarire mibi none babuze aho berekera.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko inka bahawe muri gahunda ya ‘Girinka Munyarwanda’ zarushijeho kubabanisha neza, no kunga ubumwe n’ababahemukiye.
Uzabumwana Dieudonné w’imyaka 30 ukomoka mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera yapfuye, nyuma y’uko ingabo za Uganda zimugejeje ku mupaka wa Cyanika afite inguma yatewe n’inkoni yakubitiwe muri icyo gihugu.
Igitaramo cy’urwenya kimaze kumenyerwa na benshi bakunda urwenya kiba buri kwezi. Icyabaye bwa mbere muri uyu mwaka wa 2020 cyitabiriwe n’Umunyamalawi Daliso Chiponda ,wabaye uwa gatatu mu marushanwa ya ‘UK Got Talent’.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubumenyi bw’ikirere (Meteo Rwanda), kiraburira Abaturarwanda ko hari tumwe mu turere tugiye kongera kugusha imvura nyinshi ivanze n’umuyaga.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko mu Rwanda kuva muri 2015 yakajije ingamba zo kurwanya malariya kuko yari yabaye nyinshi bituma abo ihitana bagabanukaho 60%.
Ubuyobozi bw’uruganda rw’icyayi rwa Rutsiro buratangaza ko bugiye kubakira amacumbi abasoromyi b’icyayi kugira ngo babashe koroherezwa urugendo, bityo n’umusaruro urusheho kwiyongera.
Kuri uyu wa mbere tariki 27 Mutarama 2020, mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro(RPA), hatangijwe amahugurwa yitabiriwe n’abasirikari 20 b’u Rwanda aho bagiye gukarishya ubumenyi ku mategeko ajyanye no kubungabunga uburenganzira bwa muntu no kurinda umutekano w’imbere mu gihugu.
Abatuye mu Mujyi wa Nyagatare bavuga ko umwaka wa 2019 warangiye badafite amazi meza bakifuza ko muri 2020 iki kibazo cyakemuka burundu.
Ubuyobozi bwitorero ry’Abadivantisite b’umunsi wa karindwi mu Rwanda, bwemereye Polisi ko bugiye kwigisha gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’, ku buryo ngo abanyamahanga bazagera ubwo bashimira Abanyarwanda kujijukirwa ibijyanye no kugenda neza mu mihanda.
Nikuze Aisha na Hakizimana Gasigwa Ramadhan bagiye guhagararira u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga yo gusoma Korowani azabera muri Gabon mu minsi iri imbere.
Urugaga rw’ abagore rushamikiye ku Muryango wa RPF Inkotanyi mu Ntara y’Uburengerazuba biyemeje kubakira umuturage utishoboye muri buri murenge.
Imiti ishyirwa mu mutwe hagamijwe guhindura ibara ry’umusatsi izwi ku izina rya tentire ‘teinture’, ikoreshwa mu nzu zitunganyirizwamo imisatsi (salons de coiffure), ikoreshwa n’abatari bake, ariko se yaba igira izihe ngaruka ku buzima bw’abayikoresha?
Abaturage b’Utugari twa Karambi na Isangano mu Murenge wa Ndego, Akarere ka Kayonza, bavuga ko bakoresha amazi y’ikiyaga kubera ko aya nayikondo arimo umunyu mwinshi.
Ikigo kizwi kuva kera nko kwa Gisimba giherereye mu Murenge wa Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, gifite abana bacyirirwamo buri munsi ariko bagataha mu miryango yabo, bagahamya ko bibarinda ubuzererezi kuko bafashwa muri byinshi.
Minisiteri y’Ibidukikije igiye guha abaturiye Pariki y’Ibirunga akazi mu mushinga wo kubungabunga amazi ava mu Birunga, uzatwara amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari 35.