Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’ubutabazi (MINEMA) ikomeje kwibutsa abaturarwanda bose kwirinda ibiza bigaragara mu mu bihe by’imvura nk’uko bikomeje kugaragara hirya no hino mu gihugu.
Nyuma y’iminsi mu biganiro hagati y’abakinnyi ba Arsenal ndetse n’ubuyobozi bw’ikipe, baje kwemeranya ko abakinnyi, abatoza n’abandi bakozi bazakatwa 12.5%.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwandikiye abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge, n’ushinzwe ubutaka mu karere kutemeza ubugure bw’imitungo mu gihe cya COVID-19 hirindwa ko abaturage bahendwa.
Umuyobozi w’Ikipe ya Gasogi united, Kakooza Nkuriza Charles uzwi nka KNC, avuga ko Ikipe ya APR FC iyoboye urutonde rwa shampiyona yagakwiye guhabwa igikombe cya 2019-2020 mu gihe shampiyona yaba itarangiye.
Rosalie Gicanda yari umugore w’umwami Mutara wa III Rudahigwa, akaba yarapfakaye mu 1959 ubwo umugabo we yicirwaga i Bujumbura.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Gisagara, mu Ntara y’Amajyepfo, mu mpera z’icyumweru yafashe umuturage witwa Ntukabumwe Gerard, bamufatanye amasashe 4,400 yacuruzaga ndetse akanayaranguza aho yakoreraga mu Karere ka Gisagara, Umurenge wa Nyanza mu Kagari ka Higiro.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu ijoro rishyira ku wa mbere tariki 20 Mata 2020 yafashe abantu 28 barimo abagore 10 n’abagabo 18, bafatirwa ahantu hatandukanye mu Mujyi wa Kigali, bashinjwa gukora utubari mu buryo butemewe.
Umugabo wo mu Mujyi wa Guateng, muri Afurika y’Epfo yatawe muri yombi nyuma yo gusanganwa umukunzi we muri ’boot’ y’imodoka ye, agerageza kumusohora muri uwo mujyi mu buryo butemewe.
Abaturage n’ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke barishimira uburyo bazamuye urwego rw’ubuhinzi n’ubworozi, aho biyemeje guhangana n’ingaruka z’inzara yaterwa n’icyorezo cya COVID-19, biyemeza kwihaza mu biribwa bagasagurira amasoko.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kumenyesha abakinnyi ko yahagaritse imishahara y’abakinnyi guhera tariki 15 Werurwe, kubera ingaruka z’icyorezo cya Coronavirus
Ubuyobozi bw’ikigo gikurikirana ubudahungabana bw’ikiyaga cya Kivu ‘LKMP’ butangaza ko bukomeje gukurikiranira hafi umutekano w’ikiyaga cya Kivu nubwo iki kigo kitari mu byemerewe gukora.
Inzego z’umutekano mu Karere ka Gakenke ziravuga ko zataye muri yombi umusore witwa Karangayire Theodore, utuye mu Mudugudu wa Cyimbogo, Akagari ka Rwinkuba, Umurenge wa Muhondo mu Karere ka Gakenke, akekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe guteza imbere amakoperative mu Rwanda (RCA), Prof. Harerimana Jean Bosco, aratangaza ko buri munyamuryango mu bagize koperative cyangwa amatsinda manini akorana na Sacco yemerewe kubikuza amafaranga y’u Rwanda atarenze ibihumbi 50 mu cyumweru.
Polisi y’u Rwanda yategetse ibigo bifite abakozi benshi guhagarika uburyo byakoreshaga bibatwara mu modoka zabyo ahubwo ko bagomba gutwarwa mu buryo rusange kandi bubahiriza amabwiriza yo gusiga metero imwe hagati y’umuntu n’undi.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA ryahaye amabwiriza amashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi imirongo ngenderwaho ajyanye no guhangana n’ingaruka za Coronavirus.
Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) ryo kuri iki Cyumweru tariki 19 Mata 2020, rigaragaza uko icyorezo cya COVID-19 gihagaze mu Rwanda, riragaragaza ko umubare w’abanduye icyo cyorezo umaze kugera ku bantu 147. Muri bo harimo batatu bashya babonetse mu bipimo 722 byafashwe mu masaha 24.
Ubuyobozi bw’Itorero rya ADEPR mu Karere ka Kamonyi, kuwa Gatanu tariki 17 Mata 2020 bwashyikirije akarere imifuka 180 ya kawunga, yo gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, muri ibi bihe abantu basabwa kuguma mu ngo mu rwego rwo kwirinda Coronavirus.
Ku rubuga www.doctissimo.fr, bavuga ko ibirayi ari ikiribwa cyiza ku bantu batandunye, baba abana, abakora siporo (les sportifs) ndetse n’abantu bafite ikibazo cy’umubyibuho ukabije cyangwa se abafite ikibazo cy’ibinure bibi byinshi mu maraso ‘hypercholestérolémie’.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney arasaba abakoresha bo mu bigo byigenga kudatererana abakozi babo muri ibi bihe bikomeye bya COVID-19, aho abasaba kumenya umunsi ku wundi uko ubuzima bwabo buhagaze muri iyi minsi buri wese asabwa kuguma mu rugo.
Nsengumuremyi Athanase ukomoka mu cyahoze ari Komine Ngenda, mu Karere ka Bugesera k’ubu, avuga ko yatsinze ikizamini cy’iseminari hanyuma Padiri amwangira kwiga nk’abandi kubera ko ari Umututsi bituma atongera kwinjira muri Kiriziya.
Muri uru rugamba Abanyarwanda bafatanyije rwo gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19, inzego zose kuva ku midugudu zikora amanywa n’ijoro zikangurira abaturage kubahiriza amabwiriza yo kugikumira.
Miliyoni z’abantu mu isi basabwe kuguma mu ngo zabo, kugira ngo birinde icyorezo cya Covid-19. Hafi ya bose kandi bakenera ibikoresho byinshi mu mibereho ya buri munsi, (ibiribwa, ibikoresho by’isuku n’ibindi), baba bagomba kugura ahantu hanyuranye.
Ku itariki 13 Mata muri uyu mwaka, Leta zunze ubumwe z’Abarabu zemeje ko mu rwego rwo kwirinda guhura kw’abantu no kwanduzanya Coronavirus, abifuza gushyingirwa bashobora kubikorera ku ikoranabuhanga.
Kuwa Gatandatu tariki 18 Mata 2020, ni bwo ikipe ya Rayon Sports yasoje igikorwa cyo kumurikira buri mukinnyi n’abakozi babo za fan clubs n’abanyamuryango ku giti cyabo bazabitaho muri ibi bihe bidasanzwe byo kuguma mu rugo, mu kwirinda kwandura Coronavirus.
Ambasade y’U Rwanda mu bihugu bya Australia, New Zealand, Indonesia na Singapore, ikaba ifite icyicaro cyayo gikuru muri Singapore, iravuga ko hiyemejwe uruhare rwa buri wese mu gukurikirana abapfobya, bakanahaka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.
Itsinda ry’abanyarwenya rya ‘Comedy Knights’ barimo Prince, George, Babou, Herve na Michael, muri #GumaMuRugo ntabwo bicaye ahubwo bari gukoresha ikoranabuhanga ngo basusurutse abakunda urwenya.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko abantu 4500 hanze ya Kigali bagiye gupimwa ubwandu bwa COVID-19 mu rwego rwo kumenya uko icyorezo gihagaze mu gihugu.
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Daniel Ngamije yatangaje ko Abaturarwanda bose bagomba kwambara udupfukamunwa baba bari mu ngo cyangwa bari mu zindi gahunda hanze y’ingo zabo.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Cameroun ryafashe umwanzuro wo gufasha abakinnyi bakina shampiyona zose mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus
Umhanzi Nemeye Platini atangaza ko gahunda yo kuguma mu rugo ntacyo yamutwaye ahubwo ngo yamuhaye umwanya wo kuruhuka no kureba filimi atari yararebye, kuko ngo yari amaze iminsi akora cyane ku buryo kwibwiriza kuruhuka byari byaramunaniye, kugeza ubwo haje iyi gahunda.
Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) ryo ku wa Gatandatu tariki 18 Mata 2020 rigaragaza uko icyorezo cya COVID-19 gihagaze mu Rwanda, riragaragaza ko umubare w’abanduye icyo cyorezo umaze kugera ku bantu 144. Muri bo harimo umwe mushya wabonetse mu bipimo 712 byafashwe mu masaha 24.
Umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu y’abagore ya Basketball na IPRC Huye, Urwibutso Nicole, avuga ko yakunze uyu mukino kubera ko ari umukino bicara batsindana bityo abantu ntibarambirwe.
Icyorezo cya Covid-19 cyatumye hafatwa ingamba zikomeye, zirimo no guhagarika imirimo imwe n’imwe itihutirwa, cyangwa aho bishoboka abakozi bagakorera mu ngo zabo.
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ku musozi wa Mwulire mu Karere ka Rwamagana, mu Ntara y’Iburasirazuba bavuga ko bahanganye n’ibitero by’Interahamwe, abasirikare n’abajandarume mu gihe cy’iminsi itandatu, hitabazwa abasirikare barindaga perezida.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports butangaza ko butemera impamvu Skol ibasaba inyemezabwishyu y’amafaranga asanzwe ari mu maszerano basinyanye
Abakora umwuga w’ubworozi bw’inkoko mu Karere ka Gakenke baratabaza Leta ngo ibashakire isoko ry’amagi mu gihe bakomeje guhura n’igihombo gikomeye muri ibi bihe isi yugarijwe n’icyorezo cya Coronavirus, ubu amagi asaga ibihumbi 300 afite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda Miliyoni zisaga 24 akaba ari mu buhunikiro nyuma y’uko (…)
Umwanditsi w’inkuru n’ibitabo ukomoka muri Amerika, yasohoye igitabo kirimo inkuru yafasha abana kwirinda icyorezo cya coronavirusi bakakirinda n’abaturanyi babo.
Ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi mu Karere ka Musanze gihuriweho n’abatuye muri tumwe mu duce tw’umujyi no mu nkengero zawo, bavuga ko biri kubagiraho ingaruka cyane cyane muri iki gihe abenshi basabwa gukora akazi bari mu ngo zabo.
Nubwo hashize ukwezi Abanyarwanda basabwe kwirinda kujya ahateraniye abantu benshi mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus, hari abatuye mu cyaro bacyikitwara nk’aho iyi ndwara itagera iwabo.
Mu gihe abantu bose basabwa kuguma mu ngo zabo hakubahirizwa ingamba zo kwirinda kwandura no gukwirakiza icyorezo cya Covid-19, ibihugu binyuranye byo ku isi, byagiye bifata ingamba zinyuranye zo kwirinda ko icyo cyorezo cyakwinjira muri za gereza. Mu Rwanda, hashyizweho ingamba zihariye zo kwirinda ko iki cyorezo cyagera (…)
Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), iratangaza ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bituma Abarokotse Jenoside bongera guha umwanya ababo bishwe bazira ko ari Abatutsi, ntibunamirwe, kandi ntibashyingurwe.
Hamaze iminsi mu itangazamakuru mu Rwanda hari impaka ku kongera umubare w’abanyamahanga bakina mu Rwanda ukava kuri batatu babanza mu kibuga bakaba batanu cyangwa batandatu kugira ngo urwego rwa shampiyona ruzamuke.
Ibihugu bikize ku isi biri mu ihuriro rya G20 byagabanyije imyenda byagombaga kwishyurwa n’ibihugu bikennye, byinshi mu byakuriweho imyenda bikaba biri muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara. Ibihugu bikize biravuga ko byagabanyirije ibikennye imyenda kugira ngo ayo mafaranga ibihugu bikennye biyifashishe mu guhangana (…)
Abanyamakuru bari mu buyobozi bw’inzego zikuriye itangazamakuru mu Rwanda bemeza ko urwo rwego na rwo rwagizweho ingaruka mbi n’icyorezo cya Coronavirus cyatumye imirimo myinshi ihagarara, bityo na rwo ntirwongere kubona ubushobozi.
Abarokokeye i Rukumberi mu Karere ka Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba bavuga ko Interahamwe zatemye intoki n’imirima y’amasaka kugira ngo Abatutsi batabona aho bihisha, Inkotanyi zibatesha bagiye no gutwika urufunzo.
Icyorezo COVID-19 kimaze kumenyekana hose ku isi mu gihe cy’amezi arenga atatu gusa, ndetse n’ingamba ibihugu bishyiraho mu kucyirinda zikubahirizwa, byose bitewe n’uko itangazamakuru riba ryabimenyekanishije.
Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) ryo ku wa Gatanu tariki 17 Mata 2020 rigaragaza uko icyorezo cya COVID-19 gihagaze mu Rwanda riragaragaza ko umubare w’abanduye icyo cyorezo umaze kugera ku bantu 143. Muri bo harimo 5 bashya bakaba babonetse mu bipimo 760 byafashwe mu masaha 24.
Mu rwego rwo gukomeza ingamba zo gukumira icyorezo cya COVID-19 (lockdown), Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Mata 2020, yongereye igihe cyo gukurikiza izo ngamba kugeza ku itariki ya 30 Mata 2020.