Mu ijoro ryo kuwa 12 Gicurasi 2020, abantu 23 bafatiwe mu rugo rw’umuturage basenga, mu kwiregura bavuga ko basengeraga ibyifuzo byo gukiza Coronavirus, basengera n’umugore ngo ufite umwana urwaye.
Ikipe ya Etincelles FC y’I Rubavu yabaye indi kipe mu Rwanda ihagaritse amasezerano y’abakinnyi kubera ingaruka z’icyorezo cya Coronavirus
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko mu gihe inzu zitunganya imisatsi n’uburanga zongeye gufungura, ari ingenzi ko mu gihe abantu bagiye guhabwa serivisi, babikora bagendeye ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.
Urugaga nyarwanda rw’abafite virusi itera SIDA (RRP+) rutangaza ko gahunda y’abari ku miti igabanya ubukana bwa virusi itera SIDA itahungabanyijwe n’ibihe bigoye byatewe na Covid-19 kuko rwashyizeho uburyo bwihariye bwo kubakurikirana.
Inkuru yanditswe n’ibinyamakuru bitandukanye nka metro.co.cuk, Dailymail, theguardian,Ibcnews, telegraph,express n’ibindi, ivuga ko Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Boris Johnson yasobanuye ko atahamya niba bazigera babona urukingo rwa Coronavirus (No guarantee).
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Gicurasi 2020, hamenyekanye amakuru ko Nizeyimana Olivier wari umaze igihe kirekire ari Perezida wa Mukura Victory Sports yeguye ku buyobozi bwayo.
Ubuyobozi bw’agace ka Rivers, mu Majyepfo ya Nigeria, kamwe mu duce dukize cyane kuri peteroli, bwasenye burundu inyubako za hoteli ebyiri, bushinja ba nyiri izo hoteli kurenga ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Gicurasi 2020 habonetse umurwayi mushya umwe wa COVID-19 bituma abamaze kuboneka mu Rwanda banduye icyo cyorezo bose hamwe baba 286.
Amashyirahamwe y’imikino atandukanye hano mu Rwanda yamaze gufata imyanzuro y’uko imikino izakomeza nyuma y’icyorezo cya Coronavirus. Ni nyuma y’uko Minisiteri ya Siporo yabitangarije amashyirahamwe y’imikino atandukanye hano mu Rwanda ko imikino izasubukurwa mu kwezi kwa Nzeri, imyitozo igasubukurwa mu kwezi kwa Kanama 2020.
Abanyeshuri biga mu mashuri makuru na kaminuza mu Karere ka Rubavu bavuga ko bifuza gufashwa gusubira mu Ntara zabo kuko ubuzima budahagaze neza, nyuma y’uko amashuri ahagaritswe kugeza muri Nzeri, mu kwirinda icyorezo cya Covid-19.
Abahanga bagaragaza ko indwara ya COVID-19 nta muti nta n’urukingo irabonerwa ku buryo kuyivura bisaba kwita ku buzima bw’uwayanduye ahabwa imiti n’ibindi bituma abasirikare b’umubiri bahangana na Virusi ya Corona kugeza igihe ishiriye mubiri.
Mu gihe ibihugu byo muri Afurika ntacyo bikoze mu maguru mashya mu gukurikirana ababana n’ubwandu bwa Sida, abantu barenga igice cya miliyoni muri Afurika yo munsi yubutayu bwa Sahara bashobora gupfa hagati y’uyu mwaka n’umwaka utaha bazize indwara ziterwa n’agakoko gatera sida.
Kuva icyorezo cya Covid-19 cyakwaduka mu isi, hari amateka kimaze kwandika mu mitwe y’abantu, arimo n’ayo bazajya bacyibukiraho mu bijyanye no gutwara abantu n’ibintu.
Ikigo cyo muri Leta zunze ubumwe za Amerika gishinzwe kurwanya indwara z’ibyorezo, cyasabye abaturage bose kujya bahora bambaye agapfukamunwa, mu gihe cyose basohotse mu ngo zabo, mu rwego rwo gukomeza kwirinda icyorezo cya Covid-19.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, akaba n’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yitabiriye inama yahuriyemo n’abandi bakuru b’ibihugu bigize uwo muryango, ikaba igamije kwiga ku buryo bwo guhangana n’icyorezo cya COVID-19 muri aka karere.
Mu isoko rya Nyamata riherereye mu Murenge wa Nyamata, mu Karere ka Bugesera mu Ntara y’Uburasirazuba, bamwe mu bacuruzi bavuga ko bagezweho n’ingaruka z’ibiza byibasiye tumwe mu turere tw’Intara y’Amajyaruguru bitewe n’imvura nyinshi imaze iminsi igwa muri icyo gice.
Mu kiganiro Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi JMV aherutse kugirana na Kigali Today, yagarutse ku bintu byatumye inzego zitandukanye zihura n’akazi katoroshye, mu kumvisha abaturage no gukurikirana uko bashyira mu bikorwa amabwiriza yo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko abantu bagenda n’amaguru ndetse n’abatwara ibinyabiziga cyane cyane abatwara ibyabo bwite batambara udupfukamunwa, bagiye kujya bafatwa bafungwe ndetse banacibwe amande kuko baba barenga ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.
Umukinnyi wa filime Tom Cruise arimo gutegura hamwe na Kompanyi ikora ibyogajuru yitwa SpaceX ndetse na NASA bimwe mu bice by’ibanze muri filime ya mbere izakinirwa mu kirere.
Mu rwego rwo gukomeza ingamba zo gukumira icyorezo cya Covid-19, Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), rwasabye abafite amahoteli, resitora n’ahandi hose hafatirwa amafunguro n’ibyo kunywa, guhita batangira kujya bandika umwirondoro w’ababagana.
Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) byumvikanye ku buryo bwo gupima icyorezo cya Covid-19, bigendeye ku byemejwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) kugira ngo bikorwe mu buryo bwiza.
Uru rubanza rwatangiye kuburanishwa bwa mbere kuri uyu wa mbere tariki 11 Gicurasi 2020, nyuma yo gutabwa muri yombi tariki 8 Mata 2020, rwimuriwe ku itariki ya 25 Gicurasi 2020.
Icyorezo cya Coronavirus cyibasiye isi guhera mu mpera za 2019. Cyumvikanye bwa mbere mu Bushinwa nyuma kikagenda gifata n’ibindi bihugu ku migabane yose y’isi, kikaba kimaze gufata abasaga miliyoni enye.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko kuri uyu wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2020 habonetse umurwayi mushya umwe wa COVID-19 bituma abamaze kuboneka mu Rwanda banduye icyo cyorezo bose hamwe baba 285.
U Burundi bwabwiye Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ko indorerezi zose zoherejwe gukurikirana amatora rusange mu Burundi zigomba gushyirwa mu kato mu gihe cy’iminsi 14 ubwo zizaba zihageze mu rwego rwo kureba niba nta cyorezo cya COVID-19 zifite.
Abanyarwanda bari baraheze muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu (United Arab Emirates - UAE), kubera ko ingendo zari zahagaritswe mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’iryorezo cya Coronavirus bishimiye ko bagiye kugaruka mu gihugu cyabo.
Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Handball mu Rwanda (FERWAHAND), buratangaza ko igihe imikino izasubukurirwa mu Rwanda bazakomereza aho shampiyona yari igeze.
Abaturage ba Repuburika iharanira Demukarasi ya Kongo babaga mu Rwanda ariko batahatuye, kuri uyu wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2020 bemerewe gusubira mu gihugu cyabo.
Ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo muri 2003 ryavuguruwe muri 2015, cyane cyane mu ngingo zaryo iya 111 n’iya 112, Perezida wa Repubulikya Paul Kagame yashyizeho abayobozi mu myanya itandukanye harimo n’Umuyobozi Mukuru wa Porotokole ya Leta muri Perezidansi ya Repubulika.
Kuri uyu wa 11 Gicurasi, Vital Kamerhe wayoboraga Ibiro bya Perezida wa Congo Kinshasa yitabye urukiko, aho akurikiranyweho ibyaha bya ruswa no kunyereza asaga miliyoni 50 z’Amadolari ya Amerika, ni ukuvuga asaga miliyari 48 z’Amafaranga y’u Rwanda, yari agenewe gukemura ibibazo byihutirwa mu gihugu.
Mu gupima abakinnyi bakina shampiyona ya ESPAGNE, abakinnyi batanu basanzwe baranduye icyorezo cya Coronavirus, naho mu Budage ikipe yose ishyirwa mu kato.
Kaminuza y’u Rwanda (UR), kuri uyu wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2020, yatangiye gucyura abanyeshuri bayo basabye gufashwa kugera mu bice baturukamo nyuma y’uko amashuri afunzwe kubera ingamba zo kwirinda icyorezo cya Covid-19.
Abahinzi bibumbiye muri Koperative COPARWAMU ihinga mu gishanga cya Rwansamira mu Karere ka Muhanga, baravuga ko bamaze guhomba 2/3 by’umusaruro wabo w’ibigori kubera ibiza by’imvura.
Tariki ya 11 Gicurasi ya buri mwaka, ni umunsi mukuru ukomeye aba Rasta bafata nka Noheli ku bakirisitu, kuko ari wo bibukaho Robert Nesta Marley, ( Bob Marley) bafata nk’Umwami wa Reggae.
Ikinyamakuru Rushyashya kibinyujije kuri twitter, cyatangaje ko umunyamakuru Jean Lambert Gatare yasimbuye by’agateganyo Burasa Jean Gualbert wari Umwanditsi Mukuru akaba n’Umuyobozi wacyo, uherutse kwitaba Imana azize uburwayi.
Umukinnyi wo mu kibuga hagati mu ikipe ya Rayon Sports Mugheni Kakule Fabrice, arahakana amakuru avuga ko yaba agiye kwerekeza muri Yanga yo muri Tanzania
Kuri uyu wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2020, Urukiko rwa Gisirikare rwatangiye kuburanisha urubanza ruregwamo abasirikare batanu bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), bakekwaho gusambanya abagore ku ngufu.
Mbere y’uko COVID-19 igera mu Rwanda, Ibitaro bya Ruhengeri byakiraga abantu bari hagati ya 250 na 300 buri munsi baza gusaba serivisi z’ubuvuzi, ariko muri aya mezi abantu birinda icyo cyorezo umubare waramanutse ugera ku batagera kuri 200.
Kugeza ubu nta muti uremezwa n’urwego rubishinzwe wo kuvura Covid-19, gusa abantu baravurwa bagakira ariko bagasabwa gukomeza kwirinda kimwe n’abandi kuko ngo nta cyabuza ko bongera kuyandura nk’uko bigaragazwa n’ubushakashatsi.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, avuga ko gukoresha ikoranabuhanga muri Guma mu rugo byatumye nta mirimo idindira, bityo ko bishobora gukomeza bikagabanya ingendo z’abakozi.
Mu gihe ku isi hose hizihijwe Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Ababyeyi b’abagore (Mother’s Day), kuri iki cyumweru tariki 10 Gicurasi, Madamu Jeannette Kagame yatanze ubutumwa bushimira uruhare rw’ababyeyi b’abagore mu mibereho ya muntu.
Kuva kuwa mbere tariki ya 04 Gicurasi 2020, imwe mu mirimo yari yarahagaze hagamijwe kwirinda icyorezo cya Covid-19 yarakomorewe. Abajya kuri iyo mirimo, basabwe gukomeza gukurikiza amabwiriza yo kwirinda arimo gukaraba intoki no gukomeza kugira isuku, kwambara udupfukamunwa, gusiga intera hagati y’umuntu n’undi, n’ibindi.
Abantu 150 batwara abagenzi ku magare mu karere ka Musanze bashyikirijwe inkunga y’ibiribwa n’ibikoresho by’isuku. Buri wese yahawe ifu ya kawunga, umuceri n’ibishyimbo; kuri buri bwoko bw’ibi biribwa agahabwa ibiro bitanu byabyo byiyongeraho amavuta, umunyu n’umuti w’isabune.
Ikipe ya Rayon Sports kuri iki Cyumweru tariki 10 Gicurasi 2020, yashyizeho akanama ngishwanama kagiye gufasha ubuyobozi bwa Rayon Sports muri ibi bihe bya COVID-19.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko kuri iki cyumweru tariki 10 Gicurasi 2020 habonetse abandi bantu bane (4) barwaye COVID-19 bituma abamaze kuboneka mu Rwanda banduye icyo cyorezo mu Rwanda bose hamwe baba 284.
Nyuma y’icyumweru kimwe gishize abakozi mu nzego zitandukanye basubiye mu mirimo, hari abavuga ko batorohewe no kubahiriza neza amabwiriza yo kugera mu rugo bitarenze saa mbili z’umugoroba.
Ingingo eshatu ari zo: Gutegereza icyorezo cya Covid-19 kikarangira shampiyona igasubukurwa, gukina imikino ya kamarampaka ku makipe ane ya mbere muri buri tsinda uko akurikirana uyu munsi, no gusesa burundu shampiyona, ni zo ngingo zibanzweho mu nama yahuje ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) (…)
Mutesi Jolly wabaye Miss Rwanda muri 2016, agiye gushyira hanze filimi mbarankuru y’iminota 18 izaba ivuga ku buzima bwe, uhereye mbere yo kuba Miss Rwanda, mu gihe cy’ikamba, ndetse na nyuma y’uko atanze ikamba agakomeza mu bindi bitandukanye.