Mu Rwanda haherutse gushyirwaho ikigo gishinzwe iby’ibizamini by’amashuri abanza, ayisumbuye n’ay’imyuga n’ubumenyingiro ndetse n’ubugenzuzi bw’ayo mashuri cyiswe NESA (National Examination and School Inspection Authority), bikaba byakorwaga n’Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB).
Umutoza Cassa Mbungo André watandukanye na Gasogi United yerekanywe muri Bandari FC yo muri Kenya nyuma yo gusinya amasezerano y’imyaka ibiri.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara buvuga ko bwihaye gahunda yo gukora ku buryo umwaka w’ingengo y’imari wa 2021-2022 uzarangira abaturage bose bafite inka.
Umukozi muri Sositeye y’Itumanaho MTN-Rwanda ushinzwe guhanahana amakuru n’ibindi bigo, Alain Numa, aribuka ibyabaye ku nshuti ye yavuye i Kigali ijya gusura iwabo i Nyamasheke. Uwo munsi na bo bari bahagurutse i Nyamasheke baza kumusura i Kigali.
Gerry Marsden wamenyekanye ku ndirimbo yise “You’ll never walk alone” yaje gukundwa ikaba iranga ikipe ya Liverpool, yapfuye ku myaka 78 y’amavuko.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyagatare mu Murenge wa Mimuli mu Kagari ka Mahoro, ku wa Gatandatu tariki ya 02 Mutarama 2021 yafashe uwitwa Uwamahoro Evangeline w’imyaka 34 akaba akurikiranyweho guhana umwana we by’indengakamere.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 03 Mutarama 2021, mu Rwanda abandi bantu batatu bitabye Imana bishwe na COVID-19.
Tariki ya 01 Mutarama 2021 Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’abayobozi mu nzego z’ibanze, urubyiruko rw’abakorerabushake ndetse n’izindi nzego z’umutekano mu turere 4 two mu Ntara y’Amajyepfo bakoze igikorwa cyo kurwanya inzoga zitemewe.
Abarwanyi bitwaje intwaro muri Repubulika ya Santarafurika, kuri iki Cyumweru tariki 03 Mutarama 2021 bagabye igitero ku mujyi wa Bangassou mu rukerera barawigarurira, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye muri ako gace, Rosevel Pierre Louis.
Umwe mu bagabo bemeza ko bacuranze muri Orchestre yakunzwe mu myaka ya 1980 witwa Bihoyiki Francois uzwi nka Karangwa, ku myaka ye 63, avuga ko yazinutswe gucuranga kubera ibyo yahuriye na byo muri Pakita.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Mufulukye Fred, avuga ko umwanya Akarere kagira mu mihigo ugirwamo uruhare n’umuturage kuko iyo abishatse kaba aka nyuma cyangwa aka mbere.
Umwaka wa 2020 wari witezweho guhindura byinshi mu mpande zose z’ishoramari ry’u Rwanda n’ubucuruzi wihindurije mu gihe gito cyane kuva mu kwezi kwa Werurwe 2020 kugeza magingo aya haracyari abacuruzi batarafungura imiryango.
Nkunda kwibaza impamvu abakobwa ari bo bagaragara mu mashusho y’indirimbo bambaye ubusa. Ubundi niba kwambara ubusa biryoshya amashusho y’indirimbo Abahungu na bo kuki batabwambara kugira ngo indirimbo ibashe kuba nziza cyane kandi ikundwe cyane.
Mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki ya 02 Mutarama 2021 Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rusizi yerekanye abantu babiri ari bo Ibyimana Eliab w’imyaka 40 na Mugenzi Florien w’imyaka 34. Bafatanywe impapuro mpimbano 6 harimo enye zemerera imodoka gutwara abagenzi(Autorisation de Transport) n’izindi ebyiri zigaragaza (…)
Imvura yaguye ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 02 Mutarama 2020 yamanukanye amabuye, ibiti n’ibyondo bifunga umuhanda Huye-Nyamagabe, nk’uko ubuyobozi muri ako gace bwabitangaje.
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Repubulika ya Santarafurika zifatanyije n’iz’Abarusiya ndetse n’izindi ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye zasubije inyuma inyeshyamba zo mu mutwe wa CPC zari zagabye igitero ku mujyi wa Damara uherereye ku birometero bibarirwa muri 80 uvuye mu murwa mukuru, Bangui.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 02 Mutarama 2021, mu Rwanda abandi bantu bane bitabye Imana bishwe na COVID-19.
Umurenge wa Kibangu uherereye mu Karere ka Muhanga mu Ntara y’Amajyepfo, ni wo Murenge wari usigaye mu Rwanda utaragerwamo n’amashanyarazi mu Rwanda, uyu Murenge ukaba umaze igihe gito na wo ubonye amashanyarazi.
Umwaka urangiye wa 2020, Urwego rwa DASSO rugaragaza ko rwagize uruhare mu bikorwa bigamije kuzamura iterambere n’imibereho myiza y’abaturage.
Umuhanzi w’umunyarwanda Nikuze Alain Thierry uzwi nka R. Tuty ukorera umuziki we mu Bubiligi avuga ko umwaka wa 2021 yifuza gutumbagiza ijyana Gakondo haba mu Rwanda ndetse no ku mugabane w’i Burayi by’umwihariko mu gihugu cy’u Bubiligi.
Abakuru b’Imidugudu yo mu Karere ka Nyaruguru yegereye umupaka bahawe amagare ku wa 31 Ukuboza 2021, bishimira kwinjira muri 2021 bafite inyoroshyangendo mu kazi bakora.
Umwaka 2020 wari waragizwe uw’intego y’iterambere ku buryo hari benshi bari bawitezeho ibyiza, nyamara wadutsemo icyorezo cya Coronavirus cyatumye ibintu byinshi bihinduka. Ibiza byawubayemo na byo ntibyoroheye ubuzima kuko byahitanye abantu bagera kuri 290, bikomeretsa abagera kuri 398.
Hagati y’umwaka 1979-1983, mu Muhima wa Kigali havukiye orchestre yitwaga Les Anges, ivukira mu rugo rwa Nyakwigendera Gasana Gaetan, itangijwe n’abana be batandatu (6) mu bana icyenda (9) yarafite, nyuma haza kuzamo bagenzi babo 2 baba umunani (8), ubundi orchestre yabo bayita Les 8 Anges.
Orchestre Ingeli ni imwe mu zakanyujijeho mu Rwanda ahagana mu myaka ya za 80-90, ikaba ifite amateka maremare kandi akungahaye mu birebana n’ubuhanzi.
Bamwe mu baturage mu mujyi wa Nyagatare bavuga ko Noheli yizihijwe cyane kurusha Ubunani ahanini bitewe n’imyemerere no kudaha agaciro gusoza umwaka no kwinjira mu wundi ariko na none hakaba abatizihiza Ubunani bitewe no guteganyiriza amashuri y’abana.
Abaturage bo muri Repubulika ya Santarafurika by’umwihariko abo mu murwa mukuru w’iki gihugu Bangui baravuga imyato abapolisi b’u Rwanda bari muri iki gihugu mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bugamije kugarura amahoro, ku bikorwa bitandukanye bagenda babagezaho.
Nubwo icyorezo cya COVID-19 cyatumye nta birori byinshi byabaye mu mwaka wa 2020 nk’uko byari byitezwe, ntabwo byabujije abahanzi gukora indirimbo zigashimisha abantu hirya no hino mu Rwanda n’ahandi ku isi.
Buri ntangiriro z’Umwaka, Ikigo gitegura ibitaramo bitandukanye kizwi nka East African Promoters ( EAP), kigeza ku Banyarwanda igitaramo kibafasha gutangira neza umwaka bishimye kandi banezerewe.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 01 Mutarama 2021, mu Rwanda abandi bantu babiri bitabye Imana bishwe na COVID-19.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwasinyanye amasezerano n’ikigo cy’ubucuruzi Rubavu Investment Company Ltd yo kurangiza kubaka isoko rya kijyambere rya Gisenyi mu gihe cy’amezi atandatu.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko yafashe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibeho, Karegeya Jean Marie Vianney, akaba akekwaho kunyereza amafaranga y’u Rwanda miliyoni 30 yari ateganyirijwe kubaka ibyumba by’amashuri.
Mu rukerera rwo ku wa Gatatu tariki ya 30 Ukuboza 2020, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyagatare mu Murenge wa Nyagatare, ku bufatanye n’abayobozi mu nzego z’ibanze n’izindi nzego z’umutekano bafashe Mugiraneza Japhet w’imyaka 18, Twagirayezu Joseph w’imyaka 23 na Niyokwizerwa Emmanuel. Barakekwaho kwiba Sentetiseur (…)
Mu mpera z’umwaka wa 2019, ku isi hadutse indwara yiswe Coronavirus cyangwa Covid-19 iterwa na virusi ya ‘Corona’, yatangiriye mu mujyi wa Wuhan mu Bushinwa, itangirana ubukana kuko yandura mu buryo bwihuse, igenda ikwirakwira buhoro buhoro, yica abantu benshi ari nabwo yiswe icyorezo, kandi n’ubu ikaba ikomeje kugaragaza (…)
Mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro havutse abana babiri ku munsi w’Ubunani, ababyeyi babo babaha amazina aganisha ku cyizere bafite muri uyu mwaka mushya wa 2021, nyuma y’uko baciye muri byinshi mu gihe cy’amezi icyenda bari batwite abo bana mu mwaka wa 2020.
Mu ijoro rishyira ku wa Gatanu tariki 01 Mutarama 2021 mu Ntara y’Iburasirazuba hafashwe abantu 1824 barenze ku mabwiriza yo kwirida COVID-19.
Umwaka wa 2020 usize hari Abanyarwanda bakomeye bafashwe barafungwa bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye harimo ibya Jenoside, iterabwoba no kurwanya Igihugu. Mu bandi bafunzwe harimo abari abayobozi bakomeye ariko bisanga muri kasho cyangwa muri gereza.
Mu bukangurambaga bwa Banki ya Kigali, bukangurira abakiriya bayo kurushaho gukoresha Mastercard yise Mu Munyenga na Mastercard, ku wa Kane tariki 31 Ukuboza 2020 ku munsi usoza umwaka wa 2020 no kwinjira mu wa 2021, Banki ya Kigali yatanze igihembo cya mudasobwa ndetse n’igihembo cya moto ku banyamahirwe bakoresha Mastercard.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 31 Ukuboza 2020, mu Rwanda abantu batandatu bitabye Imana bishwe na COVID-19.
Banyarwanda, Baturarwanda mwese, nshuti z’u Rwanda, Dutangiye uyu mwaka mushya dufite icyizere ko u Rwanda rwageze kuri byinshi nubwo twahuye n’ibibazo bidasanzwe mu mwaka wa 2020.
Umwaka wa 2020 uzakomeza kugarukwaho nk’umwe mu myaka yabaye mibi muri rusange biturutse ku cyorezo cya COVID-19 cyahitanye abantu hirya no hino ku isi ndetse kigasubiza inyuma ubukungu, ariko hakaba n’abapfuye bazize izindi mpamvu zitandukanye.
Mu mwaka wa 2020, hakozwemo imishinga minini 12 y’ibikorwa remezo igamije guteza imbere abaturage ikaba yaratashywe ku mugaragaro ku wa 04 Nyakanga 2020 ndetse hubakwa ibyumba by’amashuri birenga ibihumbi 22.
Nyuma y’ubusabe bw’abaturage, Inama Njyanama y’Akarere ka Bugesera yasubiyemo ibiciro by’umusoro ku bukode bw’ubutaka.
Amezi icumi arashize kuva mu kwezi kwa Gashyantare 2020 abakozi b’Akarere basaga 40 beguye, abandi bahagarika akazi, abandi barasezera kubera impamvu zitamenyekanye kuko buri wese yagiye yandika agaragaza impamvu bwite.
Mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki ya 30 Ukuboza 2020, ku cyicaro cya Polisi mu Mujyi wa Kigali, Polisi y’u Rwanda yerekanye abasore 7 bakurikiranyweho kuba bibaga imashini zikoreshwa mu mikino y’amahirwe, imashini zizwi ku izina ry’ibiryabarezi. Bafatanwe ibiryabarezi 19, ariko bo bavuga ko batibuka umubare w’ibyo bari (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 30 Ukuboza 2020, mu Rwanda abantu barindwi bitabye Imana bishwe na COVID-19.