Alyn Sano umwe mu bakobwa bamaze kubaka izina mu muziki Nyarwanda kugeza ubu, indirimbo yise ’Say less’ aherutse guhurizamo abahanzi Fik Fameica na Sat B, iri mu ziyoboye kuri Radio ya RFI.
Abakunze kunyura mu muhanda Kigali-Musanze, bakunze kugira ikibazo cy’inzira, cyane cyane mu gace ka Gakenke, aho mu gihe cy’imvura imihanda ikunze kuriduka igafunga umuhanda.
Urubyiruko rurangije kwiga rwifuza akazi rwahuye n’abagatanga cyangwa abaranga aho kari, bamwe barufasha kumenya ahari amahirwe, abandi barwizeza kuzagahabwa nyuma yo guhugurwa no kwitoza nk’abakorerabushake.
Iburanisha mu rubanza rwa Félicien Kabuga ukekwaho ibyaha bya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rirakomeje, umutangabuhamya wumviswe kuri uwo munsi, ni uwahoze mu Nterahamwe zabaga mu rugo kwa Kabuga, akaba yamushinje kuziha amabwiriza yo kwica Abatutsi.
Visi Perezida wa Sena ushinzwe kugenzura amategeko n’ibikorwa bya Guverinoma, Nyirasafari Esperance ni we kuri ubu uyoboye Sena mu buryo bw’inzibacyuho nyuma y’iyegura rya Dr Augustin Iyamuremye, nk’uko bigenwa n’Itegeko rigenga imikorere ya Sena y’u Rwanda.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango Prof. Jeannette Bayisenge, ubwo yatangizaga aya amahugurwa, yabibukije ko baje guhaha ubumenyi buzatuma babasha guhatanira imyanya ikomeye no gufata ibyemezo, mu miyoborere y’Umuryango w’Abibumbye.
Ukwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi mu Karere ka Kirehe kwahujwe no kwimakaza umuco w’isuku n’isukura ndetse no kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana ariko hanabungwabungwa umutekano.
Mu Ntara zose zitandukanye z’igihugu, Polisi y’u Rwanda, yahatangije ubukangurambaga bwa Gerayo Amahoro. Muri iki gikorwa, wabaye umwanya wo gukebura abakoresha umuhanda, aho Polisi yabibukije ko mu gihe baramuka baretse uburangare mu gihe batwaye ibinyabiziga, cyangwa bagenda mu muhanda n’amaguru, byagira uruhare rukomeye (…)
Inteko Rusange ya Sena yemeje kuri uyu wa Gatanu tariki 09 Ukuboza 2022, ko Dr Augustin Iyamuremye avuye burundu ku mwanya w’Ubuyobobozi bwa Sena, ndetse ikaba yakiriye n’ubwegure bwe ku murimo w’Ubusenateri.
Mu nama y’iminsi itatu yateraniye i Kigali kuva tariki 7 kugera tariki ya 9 Ukuboza 2022 ihuje abagize Inteko zishinga Amategeko baharanira iterambere ry’ubuhinzi n’imirire muri Afurika y’Iburasirazuba, basabye Guverinoma z’ibi bihugu bya Afurika kongera ingengo y’imari mu buhinzi n’ubworozi kugira ngo barwanye ikibazo (…)
Abakinnyi bagera ku ijana babigize umwuga ni bo bamaze kwiyandikisha mu irushanwa rya Tennis "Rwanda Open 2022", rizatangira mu cyumweru gitaha muri IPRC Kicukiro
Mu rwego rwo kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge binyujijwe muri Ndi Umunyarwanda, abayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu Karere ka Nyaruguru baganirijwe kuri Ndi Umunyarwanda, banasabwa kuyimakaza mu bigo bayobora.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko ihindagurika ry’ibihe rigira ingaruka kuri Afurika ariko ko ibyo bidakwiye kuyica intege. Yabitangaje tariki 8 Ukuboza 2022, aho yitabiriye ihuriro ryitwa ’Kusi Ideas Festival’.
Umukino w’ikirarane cy’umunsi wa Gatandatu wa shampiyona utarakiniwe igihe wabaye kuri uyu wa Kane. Ikipe ya APR FC yujuje imikino ine idatsinda nyuma yo kunganya AS Kigali 0-0.
Dr Iyamuremye Augustin wari Senateri ndetse anayobora Sena y’u Rwanda yatangaje ko yeguye kuri iyo myanya yombi kubera uburwayi, kugira ngo kwivuza kwe bitabangamira inshingano ashinzwe.
Ku bufatanye bwa Kiriziya Gatorika na Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango batangije ihuriro ry’ingo rizatangirwamo inyigisho zizafasha abagize umuryango kubana mu mahoro no mu bwumvikane.
Irushanwa CIMEGOLF 2022 ryateguwe n’Uruganda Nyarwanda rukora Sima ‘CIMERWA’ ku bufatanye na Kigali Golf Club, ubwo ryasozwaga, abatsinze bahawe ibihembo, hanashimirwa abakiliya.
Pedro Castillo wari Perezida wa Peru, yegujwe ku butegetsi aranafungwa nyuma y’uko agerageje gusesa inteko ishinga amategeko nk’uko byasobanuwe na Guverinoma y’icyo gihugu, ubu uwari Visi perezida we, Dina Boluarte akaba yahise arahirira kuba Perezida w’inzibacyuho.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Nyarugenge, kuwa Gatatu tariki ya 7 Ukuboza, yafatiye litiro 3120 za mazutu mu rugo rw’umuturage zacuruzwaga mu buryo bwa magendu.
Umuyobozi wungirije wa Polisi y’Igihugu DCG Jeanne Chantal Ujeneza, yatangaje ko Abapolisi babarirwa muri 500 bagiye kwirukanwa kubera ibyaha bitandukanye, birimo ubusinzi no kwaka ruswa.
Kuri uyu wa Kane, Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Qatar aho yitabiriye umuhango wo gutanga ibihembo bihabwa indashyikirwa mu kurwanya ruswa, bizwi nka ‘Anti-Corruption Excellence Award’. Ni ibihembwo bigiye gutangwa ku nshuro ya karindwi, bikaba byaritiriwe Emir wa Qatar, Tamim bin Hamad Al Thani.
Impuguke mu by’ubukungu isobanura ko ibiciro ku masoko bishobora kudakomeza gutumbagira bitewe n’ibyemezo bigenda bifatwa ku rwego rw’Igihugu, birimo icyo gushyiraho nkunganire ku bacuruza ibikomoka kuri peterori.
Ikipe ya Rayon Sports kuri stade ya Kigali yatsinze Gorilla FC 1-0 mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa 7 wa shampiyona wabaye tariki 07 Ukuboza 2022, ishimangira umwanya wa mbere.
Abantu 25 batawe muri yombi mu Budage nyuma yo gushaka guhirika ubutegetsi bw’iki gihugu. Ubudage bwatangaje ko abashatse guhirika ubutegetsi babarizwa mu itsinda rya ‘extreme droite’ kandi ko bigeze kuba abasirikare bakaba bari biteguye gutera ku nyubako y’Inteko Ishinga Amategeko ya Reichstag, bagafata ubutegetsi.
Abafite ubumuga bagaragaza ko kubona insimburangingo no kwiga ururimi rw’amarenga bikiri imbogamizi kuri bo, bagasaba Leta kubakorera ubuvugizi kuri ibyo bibazo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko bugiye kwigira ku nzego byagaragaye ko abaturage bishimiye serivisi zazo, harimo n’urwego rw’umutekano rumaze imyaka itandatu ruza ku mwanya wa mbere mu gushimwa n’abaturage.
Umunyabigwi mu bufindo butandukanye harimo no kumira inkota, ukomoka mu Mujyi wa San Diego muri Amerika Scott Nelson, bakunze kwita “Murrugan The Mystic,” ubu ari mu bitaro nyuma yo kugira impanuka agakomeretswa n’izo nkota ubwo yarimo yereka abantu ubufindo bwe.
Padiri Byusa Eustache wabayeho kuva mu 1910 kugeza mu 1985, usibye kuba Padiri muri Kiliziya Gatolika, yari n’umuhanzi w’umuhanga mu ndirimbo gakondo, urugero nk’iyitwa ‘Umuhororo’ yahimbiye Paruwasi ya Muhoro, na ‘Kamonyi Nziza Murwa w’Abami’ yahimbye agendeye ku ndirimbo y’Ikidage yo mu kinyejana cya 19.
Ikipe y’APR y’abagore mu mukino wa Basketball yasesekaye mu mujyi wa Muaputo ho mu gihugu cya Mozambique aho igiye kwitabira irushanwa rya FIBA WOMEN CHAMPIONSHIP.
Kuva tariki ya 8 kugera tariki ya 18 Ukuboza 2022 i Kigali hagiye kubera imurikagurisha ridasanzwe rigenewe iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani.
Muri gahunda y’iminsi 16 yo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, Akarere ka Rulindo gakomeje ubukangurambaga hirya no hino mu mirenge, hatangwa inyigisho ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Abaturage 36 batishoboye batagira amacumbi, mu Murenge wa Rukira, bashyikirijwe amazu yo kubamo n’ibiribwa ndetse n’ibikoresho by’isuku hagamijwe kubatuza neza no kuzamura imibereho yabo. Izi nzu zikaba zarubatswe ku bufatanye bw’Akarere, Umurenge ndetse n’uruhare rw’abaturage binyuze mu miganda.
Ubuyobozi bw’umujyi wa kigali butangaza ko bugiye gukurikirana ibibazo by’urubyiruko rugororerwa ku kirwa cya Iwawa hirindwa ko hari uwagorowe wakongera kwisanga mu bikorwa bituma asubira yo.
Umuyobozi w’Ingabo z’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba zihora ziteguye gutabara (Eastern Africa Standby Force - EASF), Brig Gen Getachew Shiferaw Fayisa, uri mu ruzinduko mu Rwanda yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Ingabo w’u Rwanda, Maj Gen Albert Murasira n’umugaba Mukuru w’Ingabo Gen Jean Bosco Kazura.
Urwego rwa Police rushinzwe umutekano wo mu muhanda (Traffic Police), inzego z’ubuyobozi bw’ibanze, Ikigo cy’Igihugu Gikwirakwiza Amashanyarazi (REG) n’igishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), ni byo bigo bya leta biza ku mwanya wa mbere mu kwaka ruswa.
Ibihugu by’u Rwanda n’u Buyapani byashyize umukono ku masezerano y’inkunga ya Miliyoni 22 z’Amadorali ya Amerika, azakoreshwa muri gahunda yo gukwirakwiza amazi meza mu Mujyi wa Kigali, binyuze mu mushinga wa Ntora – Remera.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatumiye abatanga akazi n’abagakeneye, kuza guhurira muri ’Kigali Exhibition and Cultural Village (Camp Kigali)’ kuri uyu wa Kane tariki 08 Ukuboza 2022, kuva saa mbili za mu gitondo kugera saa cyenda z’igicamunsi.
Abantu benshi bakunda filime z’uruhererekane (Series), mwashyizwe igorora by’umwihariko abakoresha decoderi ya StarTimes, guhera tariki 8/ 12 / 2022 kuri shene ya ST Novela Plus CH 062 na CH 128 ( Dish ), muratangira gukurikira filime y’uruhererekane ( Series ) yitwa ‘THE UNIDENTICAL TWINS’.
Ubuyobozi bw’umutwe w’inyeshyamba za M23 bwatangaje ko wemeye gusubira inyuma nk’uko wabisabwe n’Abakuru b’Ibihugu mu Karere i Luanda muri Angola tariki ya 23 Ugushyingo 2022.
Ikipe y’igihugu ya Maroc yakoze amateka yo kugera muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2022 nyuma yo gutsinda Espagne kuri penaliti 3-0. Ni umukino ikipe y’igihugu ya Maroc yagaragajemo kwihagararaho igihe kinini yugarira neza kuko Espagne ariyo yihariye umupira cyane ariko uburyo ibonye nabwo butabaye bwinshi ntibubyaze umusaruro.
Nsabimana Jean w’imyaka 56 wo mu Kagari ka Kampanga Umurenge wa Kinigi mu karere ka Musanze, avuga ko mu myaka 39 amaranye ubwandu bw’agakoko gatera SIDA atigeze agira ikibazo cy’ubuzima kubera kubahiriza amabwiriza ahabwa n’abaganga.
Iyo uri umusore ukaba wifuza kugirana umubano wihariye n’inkumi (ibyo urubyiruko rukunze kwita kujya mu rukundo), akenshi usanga bigora kumenya neza aho umukobwa ahagaze, umunsi umwe ukabona arakwishimiye, undi munsi ukabona arasa n’utakwitayeho.
Nyuma yo guhabwa inyunganirangingo zigizwe n’amagare, inkoni zera, imbago amavuta yo kwisiga ndetse n’amatungo magufi, abafite ubumuga bo mu Karere ka Gakenke, barahamya ko bigiye kubakura mu bwigunge, bakabona uko bitabira umurimo, bityo bakihutana n’abandi mu iterambere.
Ubwo bwato buzana ifumbire y’u Burusiya muri Afurika, buzazana igice kimwe cy’ifumbire igera kuri Toni 260.000 ikorerwa mu Burusiya ariko ubu ikaba iri mu bubiko ku byambu byo mu Burayi.
Igice cya mbere cy’ingano zagombaga koherezwa muri Afurika ziturutse muri Ukraine, kuwa mbere cyageze Djibouti aho zigomba kuva zerekeza muri Ethiopia, muri gahunda ya Ukraine yo gutera inkunga ibihugu bimerewe nabi n’ibibura ry’ibiribwa.
Mu Karere ka Ruhango mu Kagari ka Rubona mu Mudugudu wa Gako, habereye impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa HOWO yari ipakiye umucanga, igeze ku iteme rirariduka umuntu umwe ahita yitaba Imana abandi batanu barakomereka.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru Nyirarugero Dancille yibukije Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwo mu Karere ka Gicumbi ko ejo hazaza h’Igihugu ari bo hashingiyeho, bityo ko rugomba gusigasira ibyagezweho no kubyubakiraho rukagiteza imbere. Yanabibukije ko bagomba kurangwa no gukunda Igihugu ndetse no kugira imyitwarire myiza.
Uruganda rutunganya sima mu Rwanda, CIMERWA Plc, rugiye guha abanyamigabane bayo amafaranga miliyari 10,5 Frw y’inyungu yinjiye mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2022.
Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Albert Murasira na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wungirije wa Pologne, Pawel Jabłoński bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu by’umutekano.
Ikipe ya Kiyovu Sports yatangaje ko wari umutoza mukuru Alain Andre Landeut yahinduriwe inshingano agirwa umuyobozi ushinzwe imikino.