Umuyobozi Wungirije w’Umuryango FPR Inkotanyi, Uwimana Consolée, afungura Inama Nkuru y’urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi yarusabye kwirinda kwishora mu ngeso z’ubusambanyi n’izindi ngeso mbi kuko bigira ingaruka ku buzima bwabo kandi bikaba ari icyaha gihanwa n’amategeko.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ashobora gutera no gusenya ingomero z’amashanyarazi za Iran, mu gihe icyo gihugu cyaba kitarafungura umuhora wa Hormuz mu masaha 48, kugira ngo amato atwara ibicuruzwa yongere gutambuka nta nkomyi, kuko ubwikorezi bw’ibikomoka kuri peteroli ndetse na gaze (…)
Mutesi Pascaline avuka mu Karere ka Rubavu ari na ho yiga muri Kaminuza yigenga ya Kigali ishami rya Rubavu. Yatangiye aya masomo ya Kaminuza nyuma yo kurangiza amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2024, aho yize icyiciro cya kabiri cyayo afashwa na gahunda ya “Tubarere Neza Project” y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no (…)
Ikipe ya Police VC na REG VC mu bagabo na APR WVC zageze ku mukino wa nyuma uzagena uwegukana shampoyona 2025-2026 binyuze muri kamparamaka (Playoffs) nyumo yo gutsinda imikino itatu zasabwaga gutsinda Gisagara VC, Kepler VC na RRA WVC.
Mu nama Nkuru ya Gatandatu y’urugaga rw’Abagore rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi, yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Werurwe 2026 hatowe Komite nshya iyobowe na Uzamukunda Pudencienne.
Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ntawavuga umuryango RPF Inkotanyi atavuze uruhare abagore n’abana babo bagize mu rugamba rwo kubohora u Rwanda no mu bufatanye bw’iterambere ry’Igihugu.
Umunyezamu wa Rayon Sports Kwizera Olivier yongerewe mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda iri kwitegura imikino ya gicuti iri mu mpera za Werurwe 2026.
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali bwafunguye ku mugaragaro ishami ryayo ku mupaka wa Rusizi ya Kabiri (Rusizi II) , umupaka uhuza u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, mu Murenge wa Mururu ho mu Karere ka Rusizi.
Ishyirahamwe rya Ruhago muri Guinea ryasabye ko Maroc yamburwa igikombe cya Afurika cyo mu 1976, ivuga ko ibyatumye Senegal yamburya icya 2025 bitewe n’uko abakinnyi bivumbuye bakava mu kibuga umukino ugikomeje, Maroc nayo yabikoze mu mukino wa nyuma wabahuje wagombaga kugena uwegukana igikombe.
Ikipe APR FC yatsinze Amagaju FC mu mukino w’umunsi wa 25 wa Rwanda Premier League wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Werurwe 2026, ifata umwanya wa mbere ku urutonde rwa Shampiyona by’agateganyo.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko ku bwumvikane yatandukanye n’umutoza Bruno Ferry wari umaze amezi atatu ayitoza.
Perezida Paul Kagame yifurije Abayisilamu bo mu Rwanda no ku Isi yose umunsi mwiza wa Eid al-Fitr, wizihijwe kuri uyu wa 20 Werurwe 2026, abasaba ko uyu munsi ukwiye gukomeza kubibutsa kugira indangagaciro z’impuhwe, ubumwe n’ubumuntu.
Umusaza Ngombwa Timothée wahimbye indirimbo nyinshi zirimo izagize uruhare mu rugamba rwo kubohora u Rwanda nka ‘Ziravumera’ yitabye Imana afite imyaka 80. Amakuru y’urupfu rw’uyu musaza yamenyekanye kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Werurwe 2026.
Muri Nyaruguru, Intara y’Amajepfo, ubwo itotezwa ry’Abatutsi ryakazaga umurego, umubyeyi wabyaye hungu na kobwa yakijije amagara ye, maze ahungana n’umuryango we i Burundi.
Mu nkuru ibanza, twabagejejeho ikiganiro twagiranye n’uwo twise Mujawamariya Bernadette winjiye mu Babikira ari umwana w’impunzi I Burundi, hanyuma akaza kubona inzira yo kuza mu Rwanda mu gihe cy’urugamba rwo kubohora u Rwanda, kuko yari afite ishyaka ryo gufasha FPR Inkotanyi, cyane cyane mu buvuzi.
Mu mikurire ye, Kansayisa Marie Grace yarebaga umubyeyi we yari asigaranye (mama), akumva ko byanze bikunze azakora mu bijyanye n’amafaranga, kuko nyina yakoraga ibijyanye n’Ubucungamari.
Uwakwibagirwa ibyo inama ya CHOGM yadusigiye, ntiyakwibagirwa byose ngo abure gusigarana izina "Mu Marangi".
Umuhanzi yararirimbye ati “urukundo ni indwara kandi itavuwe yakwica nk’izindi zose”, ariko rero, hari abantu baba bariyeguruye Nyagasani, ku buryo kubakunda, ibi byo gutereta bishobora gufatwa nko kurengera.
Ubundi abantu bazi ko habaho imyumbati y’imiribwa (hari abayita imiryoha), ni wa mwumbati umuntu ashobora guhekenya ukamuryohera, hakabaho n’imyumbati irura utabasha guhekenya, iyi ni yo bakunze kuvuga ko ari iy’ubugari.
Uwasoma uyu mutwe w’inkuru yagirango ibi si impamo! Ariko nyamara abashakashatsi babiri bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bavumbuye ko hari ibintu bitangaje ku mbeba z’ingabo abantu benshi batazi ko bibaho kuko nubwo ari inyamaswa nto cyane, ubuzima bwazo burimo amabanga n’imyitwarire itangaje.
Mu gace ko mu misozi mu mashyamba yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, habaye ikintu kidasanzwe cyatumye abashakashatsi batekereza kabiri ku bwenge bw’ibisiga abenshi bazi ku izina ry’ibikona nyuma y’uko bavumbuye ko hari ibikorwa bikora bijya gusa nk’aho bihuriyeho n’abantu.
Itsinda Maranatha Family Choir rikomeje urugendo rwo kugeza ubutumwa bwiza ku bakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, nyuma yo gushyira hanze amashusho y’indirimbo nshya yitwa ’Ubunini’ ikubiyemo ubutumwa bufasha abantu kugira imbaraga zo kwizera mu bihe bibakomereye.
Mufti w’u Rwanda, Sheikh Sindayigaya Mussa, avuga ko Igisibo cy’Abayisilamu cyagenze neza, akabivuga ahereye ku kuba nta kibazo bigeze bagira mu minsi 30 cyamaze, kuko nta kibazo cy’umutekano bigeze bahura na cyo, mu gihe hari ahandi ku Isi hari bagenzi babo batabasha gusenga bisanzuye kubera intambara.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba abafatanyabikorwa mu iterambere, guhindura uburyo batangamo inkunga ku bagenerwabikorwa, kugira ngo abaturage bagere ku iterambere rirambye.
Mufti w’u Rwanda, Sheikh Sindayigaya Mussa, agereranya Igisibo Gitagatifu cy’ukwezi kwa Ramadhani nk’ikipe y’abakinnyi n’abatoza babo, bajya mu mwiherero kugira ngo hatagira ikindi kibarangaza, bitegura umukino ukomeye, kuko Abayisilamu na bo bamara iminsi 30 biyiriza, basenga cyane, bagamije kurushaho kwiyegereza Imana.
Ikipe ya Rayon Sports yageze muri 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro nyuma yo gusezerera Police FC kuri penalito 4-2 mu mukino wo kwishyura wa 1/4 wabereye kuri Kigali Pelé Stadium kuri uyu wa Kabiri, aho umukino usanzwe warangiye ari 0-0.
Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) yatangaje ko nubwo hari igitutu gituruka hanze, ubukungu bw’u Rwanda bwakomeje kwihagararaho muri 2025, aho urwego rw’inganda rwiyongereyeho 11%, serivisi ziyongeraho 8.5%, naho ubuhinzi bwiyongeraho 7.4%. Ibi byatewe n’ishoramari mu bikorwa remezo no kwiyongera kw’ibyoherezwa mu mahanga, cyane (…)
Mu rubanza rukomeje kubera mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Ubuhuza i La Haye mu Buholandi, ku kibazo cy’amasezerano atarubahirijwe ajyanye n’impunzi n’abimukira bagombaga kuzanwa mu Rwanda baturutse mu Bwongereza, kuri uyu munsi warwo wa kabiri, Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr. Ugirashebuja Emmanuel, (…)
Iyo havuzwe ibigwi by’Inkotanyi akenshi abenshi babihuza n’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko abigaga mu ishuri ryisumbuye rya Nyange (ES Nyange) mu 1997, bafite andi mateka yihariye y’ubutwari bwazo.
Umutwe witwaje intwaro wa FDLR, ntukiri itsinda ry’abantu bake basigaye ku basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda, ahubwo wahindutse ihuriro rigari ry’imikorere n’imibereho bya gisirikare, nk’uko byagaragajwe n’ubushakashatsi bw’umuhanga mu by’Akarere k’Ibiyaga Bigari, Dr. Alex Mvuka Ntung.
Amakuru y’umunyeshuri wakuyemo inda, ndetse ikamugwa nabi, yamenyekanye ahagana saa yine na mirongo itatu n’ine (22h34) z’ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki 18 Werurwe 2026. Byabereye ku ishuri rya Kibisabo TSS, riherere mu Karere ka Nyabihu, Umurenge wa Rambura, mu Kagari ka Kibisabo.
Ubuyobozi bushya bwatowe n’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) burasaba Leta kongera gusuzuma icyemezo cyo kwemerera ibikorwa by’ubucuruzi gukora amasaha 24 kuri 24, buvuga ko kongera amasaha y’akazi ari ingenzi mu kuzamura umusaruro, inyungu n’iterambere mu nzego zitandukanye.
Mu gihe imikino ya kamarampaka (Playoffs) irimbanyije, amakipe ya Police ndetse na REG ari munzira zerekeza ku mukino wa nyuma naho Gisagara na Kepler bo nti borohewe.
Ibihugu bya Qatar, Azerbaijan, Bahrain, Egypt, Jordan, Kuwait, Lebanon, Pakistan, Saudi Arabia, Syria, Türkiye na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) byasabye Iran guhagarika ibitero byayo ako kanya nta yandi mananiza, nyuma y’inama yabihurije i Riyadh mu murwa mukuru wa Saudi Arabia, tariki 18 Werurwe 2026.
Guverinoma y’u Rwanda yagaragarije Abadepite impinduka zitandukanye yifuza gushyira mu mikorere y’amatora, zirimo guhindura uburyo bwo gutora ku nzego zimwe, kongera igihe cyo gusimbuza abayobozi no kuvugurura imiterere y’inzego zitora, hagamijwe kurushaho kunoza imigendekere myiza y’amatora.
Ku wa 17–18 Werurwe 2026, abahagarariye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC) n’u Rwanda bahuriye i Washington, D.C., muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho bemeranyije ku ngamba zifatika zigamije gukomeza ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano y’Amahoro ya Washington.
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore, yemeye ko mu Rwanda hakigaragara ikibazo cy’amashanyarazi abura cyangwa acika intege, cyane cyane mu masaha y’umugoroba, asobanura ko biterwa n’ibikorwa remezo bishaje ndetse n’ubwiyongere bw’ibikenerwa n’ubukungu bugenda butera imbere.
Minisitiri w’lbikorwa Remezo, Dr. Jimmy Gasore, yagaragaje ko imirimo yo kubaka inganda zitunganya amazi mu mijyi igeze kure aho hari kubakwa inganda nshya, izindi zikongererwa ubushobozi mu rwego rwo kugeza amazi meza ku baturage.
Abari abanyeshuri mu mwaka wa Gatanu n’uwa Gatandatu barokotse igitero abacengezi bagabye ku ishuri ryisumbuye rya Nyange, bagaragaje ko icyo gihe iby’amoko bari babizi kandi ko Abahutu n’Abatutsi bashoboraga kumenyekana ariko bahitamo kunga ubumwe.
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire mu ruzinduko arimo muri Sénégal, yakiriwe na Perezida Bassirou Diomaye Faye, amushyikiriza ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Perezida Paul Kagame yamugeneye.
U Rwanda rwagaragaje ko amasezerano rwagiranye n’u Bwongereza ajyanye no kwakira abimukira ndetse n’abasaba ubuhungiro yari ajyanye na politiki yarwo isanzweho kandi imaze igihe kirekire yo kurengera ubuzima bw’impunzi bikajyana no kuzifasha mu mibereho n’iterambere ry’ubukungu mugihe Ubwongereza bwayafashe nk’ayo gukemura (…)
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) irizeza Abanyarwanda ko nta gahunda ihari yo gutegeka abantu gutura mu nyubako zigeretse gusa, kuko nta mpungenge zihari z’uko ubutaka bwo guturaho bushobora kuzashira mu gihe cya vuba.
Kuri uyu wa 18 Werurwe, Minisitiri w’Ubutabera w’u Rwanda akaba n"intumwa Nkuru ya Leta, Dr Ugirashebuja Emmanuel ari kumwe n’abunganira u Rwanda mu mategeko, basobanuriye urukiko impamvu yatumye u Rwanda rurega u Bwongereza.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buhinzi n’Ubworozi (RAB) cyakoze igikorwa cyo gusogongera ubwoko bushya bw’imbuto z’imyumbati zimaze igihe zikorerwaho ubushakashatsi, zikaba ari imbuto zongerewe ubudahangarwa, bituma zitarwara kabore, indwara ifata imyumbati ikabora, abahinzi bagahomba.
Abunganira u Rwanda mu rubanza ruregamo u Bwongereza bagereranyije imyitwarire y’u Bwongereza n’“umucuruzi, abonye ko atazabona ibyo yashakaga, agatangira gutota uwo basinyana ati ’sinya, sinya!’
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) irasaba abakobwa b’abangavu, kwirinda inshuti mbi n’igitutu cyazo, kuko bituma hari abangavu bakurikiza inama mbi za bagenzi babo bananiranye, bigatuma bishora mu mibonano mpuzabitsina imburagihe.
Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi, Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa, arasaba abaganga n’abandi bita ku barwayi kujya babavugisha neza, kuko biri mu bifasha kugira icyizere cyo gukira vuba.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Olivier Nduhungirehe yagaye itsinda ry’Abanyamulenge baturutse i Burayi na Amerika bakaza kubwira Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye ko ari umutabazi wabo, kandi nyamara ari we wamaze Abanyamulenge b’i Minembwe na Uvira by’umwihariko.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amagaru muri Senegal ryatangaje ko rirajuririra umwanzuro wafashwe n’Akanama ku Bujurire ka CAF wo kuyambura Igikombe cya Afurika 2025 cyigahabwa Maroc.