• Nyanza: Umukecuru w’imyaka 64 yiyahuje simikombe

    Umukecuru Mukantabana Odette w’imyaka 64 y’amavuko, tariki 06/02/2012 ahagana saa moya n’igice z’umugoroba, yiyahuje umuti ukoreshwa mu buhinzi wica udukoko mu murima witwa Simikombe.



  • Rubavu: Abantu 3 bahitanywe n’inzoga abarokotse bahuma amaso

    Abantu batatu bitabye Imana undi umwe ahuma amaso bazize inzoga y’inkorano banyoye tariki 04/02/2012 mu kabari ko mu mudugudu wa Gasizi, akagari ka Nyamirango, umurenge wa Kanzenze, akarere ka Rubavu.



  • Ruhango: Yafatanywe imisongo 101 y’urumogi

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 07/02/2012, umusore witwa Mpawenimana Jean Bosco wo mu kagari ka Nyamagana ko mu murenge wa Ruhango yafatanywe imisongo igera ku 101 y’urumogi.



  • Nyakinama: ingabo zivuye mu bihugu 9 ziri kwiga kubaka amahoro

    Ingabo zivuye mu bihugu 9 byo muri afurika bivuye mu bibazo by’intambara ziteraniye mu kigo cy’u Rwanda cyigisha ibijyanye n’amahoro ( Rwanda Peace Academy) kiri i Nyakinama mu Karere ka Musanze ziga uburyo ibihugu byabo byakubaka amahoro arambye (Security Sector Reform- SSR).



  • Tumba:Ibisambo bikomeje guhungabanya umutekano

    Abaturage batuye mu Kagari ka Cyarwa ko mu Murenge wa Tumba wo mu karere ka Huye barasaba ko hagira igikorwa mu kurwanya ibisambo byambura abantu nijoro bikomeje kwiyongera muri ako gace.



  • Gicumbi: Yishe nyina amukubise agafuni

    Manirahari Jean de Dieu wo mu murenge wa Giti, mu kagari ka Gatobotobo mu mudugudu wa Kabacuzi ari mu maboko y’ubutabera kubera kwica nyina umubyara witwaga Mukamana Esperance amukubise ifuni mu mutwe.



  • Gicumbi: Yarumye mugenzi we amukuraho ibitsike byo kujisho

    Umugabo witwa Rudacogora wo mu karere ka Gicumbi, umurenge wa Muko mu kagari ka Ngange ari mu maboko ya polisi azira kuruma mugenzi we, Mbanzendore Wellars, amukuraho ibitsike byo ku jisho.



  • Ikamyo yarenze umuhanda imena amavuta yose yari itwaye

    Gakenke: Ikamyo yahitanye abantu babiri

    Ikamyo yo mu gihugu cya Tanzaniya yakoze impanuka, tariki 05/02/2012, mu Rwamenyo mu murenge wa Gashenyi, akarere ka Gakenke umushoferi na kigingi we bahita bitaba imana.



  • Nyanza: Yatemye murumuna we kubera igitoki

    Umugabo witwa Harerimana Stany wo mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza, kuva tariki 04/02/2012, yaratorotse amaze gutema murumuna we witwa Hakizimana Robert mu mutwe bapfa igitoki.



  • Umugore yitemeye umugabo we amuziza kutamugurira telefoni

    Mu rukerera rwa tariki 03/02/2012, umugore witwa Claudine Yambabariye wo mu mudugudu wa Nyabimata akagari ka Ruli umurenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga, yatemye umugabo we, Leon Sebaganwa, w’imyaka 31 y’amavuko babyaranye imbyaro ebyiri amuziza kutamugurira telefoni igendanwa.



  • Ngendahimana aho arwariye mu bitaro.

    Akurikiranyweho icyaha cyo gukubita umwana agahinduka intere

    Murebwayire Rehema wo mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Mukarange, kuva tariki 03/02/2012, akurikiranyweho icyaha cyo guhohotera umwana, akamukubita kugeza ubwo abaye intere.



  • Gatsibo: abayobozi b’imirenge 3 bari mu maboko ya police

    Abanyamabanga shingwbaikorwa b’imirenge ya Kiramuruzi, Rwimbogo na Kabarore bari mu maboko y’ubutabera bakurikiranyweho ibyaha by’inyandiko mpimbano hamwe n’ubufatanyacyaha bw’ubuhemu bakoze mu mwaka wa 2010.



  • Mukamurigo atwaye umwana yari yataye mu musarane mu ikarito

    Yabyaye umwana amuta mu musarane

    Seraphine Mukamurigo w’imyaka 43 wo mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango y’amavuko yabyaye umwana mu ijoro rishyira tariki 03/02/2012 ahita amuta mu musarane wo murugo rwe.



  • Izo nyamaswa zibasira amatungo magufi

    Musanze: inyamaswa zitazwi zimaze kwica amatungo 21

    Abaturage batuye mu murenge wa Shingiro mu karere ka Musanze barasaba ko ubuyobozi bwabafasha kurinda inyamaswa zikomeje kubatera zikabarira amatungo.



  • Musanze: Abana b’inzererezi bagiye gufatirwa ingamba

    Inama y’umutekano y’akarere ka Musanze yateranye tariki 31/01/2012 yafashe umwanzuro ko abana b’inzererezi baboneka muri uwo mujyi bagiye gufatirwa ibyemezo birimo no kubajyana mu bigo ngorora muco.



  • Arakekwaho gufata ku ngufu umwana w’imyaka 4

    Bukuru Pascal w’imyaka 19 utuye mu kagari ka Nyarutunga ho mu murenge wa Nyarubuye akarere ka Kirehe ari mu maboko ya polisi akurikiranyweho gufata ku ngufu umwana w’imyaka 4 y’amavuko.



  • Ngoma: Ubujura bwo kumena amazu bwongeye kwaduka

    Abatuye akagali ka Karenge umududu w’ubumwe mu murenge wa Kibungo baratangaza ko bahangayikishijwe n’ubujura bwo kumena amazu bwongeye kwaduka muri aka kagali.



  • Hafashwe abajura bayogoje Uburasirazuba bwose

    Abaturage b’umudugudu wa Bigabiro mu murenge wa Kigabiro muri Rwamagana barishimira igikorwa bita icy’ubutwari bagezeho cyo guta muri yombi bamwe mu bagize itsinda rinini ry’abajura biyemeje kujya biba rubanda utwabo ku minsi mikuru yose n’igihe habaye amasoko mu ntara y’uburasirazuba.



  • Uwafatanywe ihene amaze kuyikata umutwe.

    Bafatanywe ihene bibye bagiye kuzigurisha mu tubari

    Abasore babiri bo mu karere ka Ruhango bafatanywe ihene ebyiri bari bamaze kwiba bazijyanye kuzigurisha mu tubari twotsa inyama two mu mujyi wa Ruhango. Aba bajura bafashwe tariki 31/01/2012 mu bihe bitandukanye bikoreye ibikapu birimo ihene zapfuye.



  • Nyanza: Mu cyumweru kimwe abantu 2 bishwe na Simikombe mu kagali kamwe

    Abantu babiri bo mu mudugudu wa Ruvumera mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana, mu cyumweru gishize, bapfuye bazize kunywa umuti wica udukoko mu bimera witwa simikombe.



  • Ari mu maboko ya polisi nyuma yo gushaka gutera icyuma uwo basangiraga

    Muzindutsi Nkorerimana utuye mu kagari ka Ruhanga mu murenge wa Kigina mu karere ka Kirehe, guhera tariki 30/01/2012, ari mu maboko ya polisi akurikiranyweho gushaka gutera icyuma uwitwa Fulgence Ndayambaje ubwo basangiraga.



  • Nyanza: Abagore babiri barwaniye umugabo, umwe arahakomerekera bikomeye

    Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyanza yabaye tariki 30/01/2012 byagaragaye ko hari ibyaha byahungabanyije umutekano mu kwezi kwa Mutarama ariko bigatinda kumenyekana.



  • Nyamagabe: indaya zarwaniye ku iriba zipfa umugabo

    Mu gitondo cya tariki ya 30/01/2012, mu mujyi wa Nyamagabe ku kagega abaturage bavomaho amazi, indayi yarwanye na mugezi wayo bapfa umugabo bakizwa n’inkeragutabara.



  • Yabuze feri ahitamo gushyira imodoka mu muferege

    Ku mugoroba wo kuwa gatandatu tariki 28/01/2012, umugabo witwa Sebasaza Augustin wari utwaye imodoka yo mu bwoko bwa Fuso arututse mu karere ka Rulindo yageze i Shyorongi abura feri ahitamo gushyira imodoka mu muferege.



  • Ngororero: ari mu maboko ya polisi akekwaho kwica nyina

    Umusore witwa Niyibizi Andre ari mu maboko ya polisi akekwaho ko yaba ari we wishe nyina, Bwenge Perusi, witabye Imana mu ijoro rishyira tariki 28/01/2012 mu murenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero.



  • Musanze: Abaturage bagaragarijwe ububi bw’ibiyobyabwenge

    Mu gikorwa cyo gusobanurira abaturage b’akarere ka Musanze ububi bw’ibiyobyabwenge no kubasaba uruhare rwabo mu kubikumira cyabaye tariki 27/01/2012 mu murenge wa Kinigi, Polisi y’igihugu, yamennye litiro 49 z’inzoga z’inkorano n’amashashi 48 ya chief warage.



  • Imodika yangiritse cyane.

    Nyanza: Ikamyo yakoze impanuka irangirika bikomeye

    Ikamyo yo mu bwoko bwa Fuso yakoreye impanuka mu muhanda uva i Kigali werekeza i Huye nyuma yo guta umuhanda ikagonga ibiti biri ku nkengero zawo. Abantu batatu yari itwaye bose bavuyemo ari bazima ariko umwe yakomeretse byoroheje.



  • Niyibizi Clementine.

    “Nararwanye sinakubiswe nk’uko FDU Inkingi ibivuga” - Uwimana

    Uwimana Jeannette wo mu mudugudu wa Rambo, akagari ka Kirenga, umurenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu arabeshyuza amakuru yatangajwe na FDU-Inkingi ko yakubiswe n’umuyobozi w’akagari.



  • Aho impanuka yabereye.

    Ngoma: Impanuka yakomerekeyemo abantu batatu

    Ku mugoroba wa tariki 25/01/2012 saa kumi n’igice, moto yagonganye n’imodoka ya gisirikare mu mujyi wa Kibungo rwagati abatu batatu bahita bajyanwa mu bitaro bikuru bya Kibungo.



  • Yahisemo gufungwa aho kurera umwana we

    Marie Francoise Dusabe wo mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga yafashe icyemezo cyo guta umwana we yibyariye amuziza ko yavukanye ubumuga.



Izindi nkuru: