Banki ya Kigali(BK) yatanze umusanzu w’ubwinshingizi bw’ubuvuzi(Mutuelle) hamwe n’ibiribwa ku miryango 100 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bakaba baragezweho n’ingaruka z’icyorezo cya Covid-19.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko guhera ku wa Gatanu tariki 05 Werurwe 2021, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli gihinduka ku buryo bukurikira:
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwasobanuye ko umushinga w’amabwiriza agenga ibigo bikora ubucuruzi bwifashisha ikoranabuhanga (e-Commerce) ukirimo kwigwaho, RURA ikaba ivuga ko ibyakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga bijyanye n’ayo mabwiriza atari byo.
Guvorinoma y’u Rwanda ivuga ko izakomeza gukorana n’ibihugu bituranye narwo, cyane cyane Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), kugira ngo ubucuruzi bwambukiranya imipaka y’ibihugu byombi ndetse no mu karere bukomeze, nyuma y’uko imipaka yari yafunzwe kubera icyorezo cya Covid-19.
Koperative yo kubitsa no kuguriza izwi ku izina rya Umwalimu SACCO yavuze ko iri mu biganiro n’abarimu bigenga bahuye n’imbongamizi zo kwishyura inguzanyo bahawe na koperative biturutse ku ngaruka za COVID-19.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), gitangaza ko ishoramari ryinjije miliyari imwe na miliyoni 300 z’Amadolari ya Amerika muri 2020, rikaba ryaragabanutseho 47.1% ugereranyije n’umwaka wa 2019, aho ryari ryinjije miliyari 2.46 z’Amadolari ya Amerika.
Inzego zihagarariye abikorera hamwe n’ubuyobozi mu bihugu bigize Umuryango w’Ubucuruzi w’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo(COMESA), ku wa Gatatu tariki 20 Mutarama 2021 zahuriye i Kigali zigamije kwemeza politiki imwe y’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu bacuruzi bato n’abaciriritse(SMEs).
Abakorera muri santere z’ubucuruzi zo mu mirenge yegereye imipaka mu Karere ka Burera, ngo ntibagikora ingendo ndende bajya gushaka ibicuruzwa kure, bitewe n’uko abikorera bo muri aka Karere bagera kuri 76 bishyize hamwe, bakora Ikigo gishinzwe kuhakwirakwiza ibicuruzwa bikorerwa mu Rwanda kandi ku giciro gito.
Guhera kuri uyu wa 15 Mutarama 2021 Abanyarwanda bashobora kujyana ibicuruzwa byabo mu bihugu 34 bya Afurika bishyira mu bikorwa amasezerano y’Isoko Rusange (AfCFTA), agamije guhahirana hagabanyijwe cyangwa hakuweho imisoro kuri za gasutamo.
Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo imbuto za mbere ziturutse mu Rwanda zageze i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), zikaba zizacuruzwa na sosiyete ikomeye y’ubucuruzi ikorera muri icyo gihugu n’ahandi henshi ku isi ya ‘MAF Carrefour’.
Nyuma y’uko ikwirakwira ry’indwara ya Coronavirus ryatumye hashyirwaho gahunda ya Guma Mu Karere, abacuruzi b’i Huye baravuga ko ubucuruzi buri gucumbagira, ariko hakaba n’abatekereza ko Guma Mu Karere yari ikenewe.
Gahunda yo kuvugurura santere z’ubucuruzi zo mu Karere ka Musanze iribanda ku kuvugurura inzu zishaje no gusiga amarangi asa. Iki gikorwa abacuruzi n’abafite inzu muri santere, bagitangiye kuva mu kwezi k’Ugushyingo umwaka wa 2020, nyuma y’uko zimwe mu nzu zari zarashaje, kubera kumara igihe zitavugururwa, izindi zisize (...)
Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Urwego ngenzuramikorere (RURA) kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Mutarama 2021 rimenyesha abantu bose ko guhera ku wa Kane tariki 7 Mutarama 2021, igiciro cy’ibikomoka kuri Peteroli gihindutse.
Abakora serivisi zijyanye n’ubucuruzi bo mu Karere ka Musanze baravuga ko batatunguwe n’icyemezo cyo kuba ibikorwa by’ubucuruzi bigomba gufunga bitarenze saa kumi n’ebyiri, kuko n’ubundi ngo bari bamaze iminsi izo saha zigera bamaze gufunga imiryango y’aho bakorera, batanguranwa no kugera mu ngo zabo saa moya z’umugoroba.
Abacuruzi basaba kongererwa igihe cyo kwishyura imisoro n’amahoro, byaba na ngombwa bagakurirwaho amande y’ubukererwe, bitewe n’uko muri iyi minsi isoza umwaka bari biteze kubona abaguzi benshi, bikomwa mu nkokora n’icyorezo Covid-19 gikomeje kugaragara.
Umwaka wa 2020 wari witezweho guhindura byinshi mu mpande zose z’ishoramari ry’u Rwanda n’ubucuruzi wihindurije mu gihe gito cyane kuva mu kwezi kwa Werurwe 2020 kugeza magingo aya haracyari abacuruzi batarafungura imiryango.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwasinyanye amasezerano n’ikigo cy’ubucuruzi Rubavu Investment Company Ltd yo kurangiza kubaka isoko rya kijyambere rya Gisenyi mu gihe cy’amezi atandatu.
Tariki ya 13 Kamena 2019 Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr. Uzziel NDAGIJIMANA yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko imitwe yombi umushinga w’ingengo y’imari y’umwaka wa 2019/2020 yari miliyari 2876.9 Frw avuye kuri miliyari 2585.2 Frw yari mu ngengo y’imari ivuguruye y’uyu mwaka wa 2018/2019, bisobanuye ko ingengo (...)
Mu gihe abantu bizihiza umunsi mukuru wa Noheli, abacuruza ibiribwa, imyambaro cyangwa ibikoresho by’ibanze bikenerwa muri ibi bihe, baravuga ko abaguzi bagabanutse cyane muri iki gihe ugereranyije n’indi myaka yabanje.
Abaturage bibumbiye muri Koperative ya COCOBEGI mu mujyi wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu baravuga ko bahawe inguzanyo na BDF yo kugura imashini zo kudoda imyenda ikorewe mu Rwanda (Made in Rwanda) ariko bakaba batazi kuzikoresha.
Leta yashyizeho ikigega cya miliyari 200 z’Amafaranga y’u Rwanda yo kuzahura ubukungu bwazahajwe na Covid-19, abacuruzi bagakangurirwa kukigana ngo bagurizwe kuko amafaranga agihari.
Ikigo cy’Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda (RSE) gihamya ko CIMERWA Plc ihagaze neza ku Isoko ry’Imari n’imigabane nubwo imaze igihe gito iryinjiyemo.
Imwe muri gahunda z’imena zo guhangana n’ikwirakwizwa ry’icyorezo cya covid19, harimo guhererekanya amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) iratangaza ko imibare y’abandura COVID-19 nikomeza kwiyongera bizateza igihombo ku bucuruzi bw’imbere mu gihugu n’ubucuruzi mpuzamahanga.
Abanyarwanda bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka mu Karere ka Rubavu bavuga ko abafite umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi bashobora kuwucuruza mu gihugu cya Repubulika ya Demukarasi ya Kongo batavuye aho bari, ahubwo bakoranye n’amashyirahamwe n’abakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka bakabafasha.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yitabiriye inama y’umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) yateranye kuri uyu wa Gatandatu tariki 05 Ukubiza 2021.
Abaturage baturiye umupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharaanira Demokarasi ya Congo mu Karere ka Rubavu basaba ko mu ngengo y’imari ya 2021/2022 bakorerwa imihanda ibafasha mu buhahirane butuma bageza imyaka ku isoko.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda(MINICOM) hamwe n’inzego bafatanyije guteza imbere politiki nshya yorohereza ba rwiyemezamirimo, ivuga ko abikorera bazayungukiraho ari abandikishije ubucuruzi bwabo kabone n’iyo bwaba buto cyane.
Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) rwateguye Imurikagurisha Mpuzamahanga rya 23 rizabera i Gikondo mu Mujyi wa Kigali kuva tariki ya 11 kugeza ku ya 31 Ukuboza 2020.
Banki y’u Rwanda Itsura Amajyambare (BRD), yatangarije impunzi zose ziri mu Rwanda hamwe n’abaturage b’uturere tuzicumbikiye, ko ibafitiye amafaranga akabakaba muri miliyari icyenda (9,000,000,000Frw), bazajya bafatamo nk’inguzanyo ivanze n’impano, kugira ngo bateze imbere ibikorwa bibabyarira inyungu.