Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki 23 Gicurasi 2024 yafunguye ku mugaragaro inyubako y’Ikigo gitanga serivisi z’ubwishingizi mu Rwanda, ‘Radiant Insurance Company’, iherereye mu Murenge wa Nyarugenge mu mujyi wa Kigali.
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Gicurasi 2024 bwasabiye Barikana Eugène wahoze ari umudepite mu Nteko Ishingamategeko, gufungwa imyaka ibiri nyuma yo gusanganwa intwaro iwe mu rugo.
Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 22 Gicurasi 2024, iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashyize mu myanya abayobozi batandukanye barimo na Kaboneka Francis wari umaze igihe atagaragara cyane mu myanya y’ubuyobozi.
Umubyeyi witwa Priscilla Mukarusanga avuga ko muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Interahamwe zamwiciye umugabo, ariko ntizashyirwa kuko nyuma ya Jenoside mu 1997 zagarutse zikamwicira umugabo wabo bari barasigaranye, nyirabukwe na muramukazi we zigasiga zimupfakaje kabiri.
Umunyarwenya Mucyo Samson wamamaye nka Samu mu itsinda rya Zuby Comedy yatanze kandidatire ye kuri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) aho yifuza kuba umukandida ku mwanya w’Umudepite uhagarariye urubyiruko.
Umugabo w’imyaka 32 y’amavuko wacururizaga mu Murenge wa Muhoza wo mu Karere ka Musanze, yafatanywe inzoga zo mu bwoko bwa ‘Liqueur’ butandukanye yacuruzaga mu buryo bwa magendu, zifite agaciro k’asaga miliyoni imwe (1Frw).
Itsinda ryakanyujijeho mu bihe byashize ry’abakobwa b’abahanzikazi bakomoka mugihugu cya Uganda, ryamamaye ku izina rya BLU 3, ryari rigizwe na Jackie Chandiru, Lilian Mbabazi, na Cindy Sanyu, riri kwitegura kongera kwihuza binyuze mu ndirimbo nshya bateguje abakunzi babo.
Protais Habanabakize ushinzwe porogaramu mu Muryango ushinzwe kubungabunga ibidukikije, kuzamura iterambere ry’ubuhinzi ndetse no kurwanya ubukene uhereye ku muturage wo hasi (APEFA) avuga ko guhinga udacokoza ubutaka ari bumwe mu buryo bwo kugabanya ibyuka byangiza ikirere.
Ikipe ya Patriots BBC ihagaze neza kugeza ubu aho ifite agahigo ko kuba itaratsindwa umukino numwe, yatsinze Orion BBC amanota 86-67 bituma ikomeza kuyobora urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’u Rwanda mu kiciro cya mbere.
Ubuyobozi bw’ishuri Elena Guerra ryo mu Karere ka Huye, buvuga ko kimwe mu bituma abana barera babasha gutsinda bakanagira amanota meza mu bizamini bya Leta, ari ukubera ko babatoza gukorera ku mihigo.
Ingabire Assumpta Umuyobozi mukuru ikigo cy’igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA) avuga ko barimo gukora ubukangurambaga bugamije kurandura igwingira mu bana, aho asaba ababyeyi kugaburira abana indyo yuzuye no kubagirira isuku.
Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nyuma y’uko havuzwe igitero cyagabwe ku Biro bya Perezida wa Repubulika (Palais de la Nation) no ku rugo rw’Umunyapolitiki Vital Kamerhe, babiri mu bari bashinzwe umutekano we bakahasiga ubuzima, iperereza ryahise ritangizwa. Ariko se ryaba rimaze kugera ku ki?
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yayoboye Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Gicurasi 2024, ifatirwamo imyanzuro ikurikira:
Itsinda ry’ibigo bigize BK Group, ari byo Banki ya Kigali, BK Insurance, BK Capital, BK Foundation na BK TechHouse, ryatangarije abanyamigabane baryo ko ryabungukiye amafaranga 24.18Frw kuri buri mugabane usanzwe.
Minisitiri w’Urubyiruko, Dr. Abdallah Utumatwishima yasabye urubyiruko kwitegura amatora bashaka ibya ngombwa bikenewe byose ndetse bakazatora mu b’imbere.
Israel yasabye ibihugu yise biteye imbere “Nations of the Civilised World" gutambamira icyifuzo cy’Umushinjacyaha wo mu Rukiko Mpanabyaha mpuzamahanga (ICC), usaba impapuro zo guta muri yombi abayobozi ba Israel, zikwiye kwimwa agaciro.
Ikipe ya AS Muhanga yatsinzwe ibitego 2-1 n’ikipe ya Vision FC, mu mikino ya Kamarampaka yo gushaka itike yo kwerekeza mu cyiciro cya mbere cya Shampoyona.
Kuri uyu wa Gatatu, tariki 22 Gicurasi 2024, Itsinda ry’Ingabo za Mali riyobowe na Col Cheick Mamadou Cherif Tounkara, riri mu ruzinduko mu Rwanda, ryasuye Minisiteri y’Ingabo n’Icyicaro gikuru cya RDF.
Ubuyobozi bwa komisiyo y’amatora mu Rwanda burahumuriza abashobora kuzagira ikibazo cyo kubura indangamuntu bucya haba amatora ko hateganyijwe uburyo bazatora, ariko bunasaba n’abantu bashobora kuyibura mbere yaho gushaka icyangombwa kiyisimbura irangamuntu no kugenzura ko bari kurutonde rw’abazatora.
Umuryango utari uwa Leta IMRO (Ihorere Munyarwanda Organisation) uharanira uburenganzira bwa muntu wibanda ku buzima bw’imyororokere no kurwanya SIDA, wateguye amahugurwa yagenewe abakora mu miryango itari iya Leta (SCOs), cyane cyane abafite aho bahurira no gutangaza amakuru no kumenyekanisha ibikorwa by’iyo miryango.
Hari abakunda kwibaza ku myambaro y’Abapadiri bo muri Kiliziya Gatolika, ibisobanuro by’amabara yayo, igihe yambarirwa, ndetse n’ibirango biyiriho. Kigali Today yegereye Padiri Nkundimana Theophile, ushinzwe ibya liturujiya muri Arikidiyosezi ya Kigali maze abitangaho ibisobanuro mu buryo burambuye.
Minisitiri w’Urubyiruko, Dr. Abdallah Utumatwishima yasabye urubyiruko kwitabira imikino ya BAL izabera mu Rwanda guhera ku wa Gatanu tariki 24 Gicurasi 2024 muri BK Arena.
Inzobere mu kuvura amaso zivuga ko abantu bashyira imiti mu maso batandikiwe na muganga baba biyongerera ibyago byo guhuma.
Itegeko nshinga rya Togo rishya ryamaze gutangazwa mu igazeti ya Leta, ryemeje ko nta matora rusange y’Umukuru w’Igihugu azongera kubaho, ahubwo azajya atorwa n’abagize Inteko Ishinga Amategeko.
Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, yavuze ko Isi yugarijwe n’ibibazo bitandukanye birimo iterabwoba, inzara, imihandagurikire y’ikirere,… bityo hakwiye kubaho ubufatanye mu gushaka ibisubizo by’umwihariko ku mugabane wa Afurika.
Myugariro w’iburyo Mucyo Didier Junior urangije amasezerano muri Rayon Sports agiye kujya mu igeragezawa mu ikipe ya Al-Jazira yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Niyonsenga Valens w’imyaka 21, ni umunyeshuri wiga mu mwaka wa gatandatu mu ishuri kabuhariwe mu kwigisha ikoranabuhanga rya Rwanda Coding Academy (RCA), avuga ko yigeze gutoroka ababyeyi be agiye kureba iri shuri riherereye ku Mukamira mu Karere ka Nyabihu ngo ashire amatsiko yari arifiteho.
Urutonde rwakozwe na Forbes Magazine , rugaragaza ko umukinnyi w’icyamamare uhembwa menshi kurusha abandi muri uyu mwaka wa 2024, ari Cristiano Ronaldo, umwanya akaba agarutseho ku nshuro ya kane.
Imibare ya raporo nshya ku bijyanye n’umurimo mu Rwanda, (Labour Force survey) y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, igaragaza ko mu Rwanda 49.6% by’abafite akazi bose bari mu cyiciro cy’ubuhinzi.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, yasobanuye ko kuva mu 1959, n’indi myaka yakurikiyeho, kwitwa Umututsi byari ibyago ku Batutsi ubwabo no ku yandi moko ku buryo undi wabyitwaga yaregeraga akarengane.
Mu kiganiro yatanze hifashishijwe ikoranabuhanga mu nama ya Global Security Forum yabereye i Doha muri Qatar, tariki 21 Gicurasi 2024, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagaragaje ko uburyo bwiza bwo gukemura ibibazo by’umutekano ari uguhera mu mizi yabyo.
Padiri Kayisabe Vedaste avuga ko kurokoka kwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 abikesha kwigaragura mu maraso no kujya kwihisha mu mirambo yari yiciwe ku Kiliziya muri Mukarange aho bari bahungiye icyo gihe.
Abaturage bakorana n’umushinga wo guteza imbere ubuhinzi bw’imbuto, KIIWP, mu Mirenge ya Kabarondo na Murama, barishimira ko watumye ubutaka bwabo bwongera gutanga umusaruro ku buryo ubu batangiye kwiteza imbere nyamara mbere bari abakene.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagore muri Sitting Volleyball yisanze mu itsinda rimwe n’amakipe abiri akomeye ku rwego rw’Isi, ari yo Brazil na Canada mu mikino ya Paralympic 2024 izabera i Paris.
Abahinzi b’icyayi baratangaza ko bagifite imbogamizi bahura nazo zirimo ifumbire ihenze ku isoko bakifuza ko hakorwa ubuvugizi mu rwego rwo kuborohereza bakabona nkunganire bikabafasha kurushaho gutanga umusaruro uhagije.
Urutare rwa Nkuri ruri mu hahoze ari u Buhoma. Ubu ni mu Ntara y’Uburengerazuba, Akarere ka Nyabihu, Umurenge wa Mukamira, Akagari ka Rurengeri, Umudugudu wa Kibugazi.
Nyirabakiga Suzana w’imyaka 59 avuga ko Jenoside iba yari afite abana bane barimo abakobwa batatu n’umuhungu umwe, aho yahunze ku itariki zirindwi amaze iminsi itatu abyaye.
Mu Bushinwa, umugabo washakishwaga n’inzego z’umutekano ngo ashyikirizwe ubutabera kubera icyaha yakekwagaho cy’ubwicanyi, yihishe Polisi imyaka 20 itaramufata, nyuma yo kwigira umuntu ufite ubumuga bwo kutumva ntanavuge.
Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka wa 2022-2023, yagaragaje ko imishinga umunani y’iterambere, ifite agaciro ka miliyari 564 z’amafaranga y’u Rwanda yadindiye, bitewe n’uko igihe yari yagombaga gukorwamo cyararangiye cyangwa kikaba kiri hafi kurangira, iyo mishinga itaragera ku musozo.
Saa kumi na 45 z’igicamunsi cyo ku itariki 21 Gicurasi 2024, Ikamyo Mercedes Benz yari itwawe na Mutonesha Donatie, yikoreye inzoga z’u ruganda rwa BRALIRWA yakoreye impanuka mu nkengero z’umujyi wa Musanze mu Kagari ka Kigombe, Umurenge wa Muhoza Akarere ka Musanze, ubwo yavaga i Rubavu yerekeza i Kigali.
Abanyeshuri bafite ubumuga baturutse mu bigo by’amashuri hirya no hino mu gihugu, bari mu bahize abandi mu marushanwa yo kwandika inkuru ategurwa n’Isomero rusange rya Kigali (Kigali Public Libary, KPL), aho mu banyeshuri 36 batsinze icyenda muri bo ari abafite ubumuga.
Nyiramahirwe Jeanne d’Arc, Umwarimu muri Groupe Scolaire Butete mu murenge wa Cyanika Akarere ka Burera, wagiye gutanga candidature yo kwiyamamariza umwanya w’Ubudepite, yavuze ko hari kimwe basanze atujuje, ahabwa amahirwe nk’umubyeyi wari uhetse.
Urwego rw’ Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gicurasi 2024 rwafunze abantu 10 bakoraga mu nzego z’ifitanye isano n’ubutabera bakekwaho ibyaha birimo ruswa no kwaka indonke.
Mugihe muri Iran, bari mu cyunamo cy’iminsi itanu nyuma y’urupfu rwa Perezida Ebrahim Raisi, waguye mu mpanuka y’Indege, ibihugu birimo u Burusiya, u Bushinwa na Turkiya byatangaje ko byababajwe n’urupfu rwe ndetse byabuze inshuti ikomeye.
Umubyeyi witwa Mukabagire Sylverie warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Ruhango, yashimiye mu ruhame abagore batatu batahigwaga muri Jenoside bamuhishe mu bihe bitandukanye, akabasha kugenda arokoka ibitero byabaga biri kumuhiga.
Mu gihe habura iminsi mike ngo imikino ya kamarampaka (Playoffs) itangire mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL 2024), hatangajwe urutonde rw’abahanzi bazasusurutsa abakunzi b’umukino wa basketball, bazaba baturutse hirya no hino ku Isi baje gukurikira iyi mikino izatangira ku wa gatanu, tariki 24 Gicurasi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) arasaba buri muntu wese wujuje ibisabwa, kwitabira amatora kandi agatora kuko ijwi rimwe ryonyine rishobora gutuma umukandida wawe atsinda cyangwa agatsindwa amatora bitewe n’umubare w’amajwi aba yabonye.
Perezida wa Kenya, William Ruto ari mu ruzinduko rw’akazi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, akazagirana ibiganiro na mugenzi we Joe Biden ku ngingo zitandukanye, bakazibanda cyane ku mutekano n’ubucuruzi.
Israel Mbonyi yatangaje ko agiye gutaramira ahantu habiri muri Uganda, nyuma yo guca amarenga ko ashobora no kujya muri Kenya.
Umwanditsi w’ibitabo Gashema Emmanuel, avuga ko bidakwiye ko abanyamahanga bandika amateka y’u Rwanda nyamara Abanyarwanda bahari kandi babishoboye.