Minisitiri Kalibata yashyikirijwe igihembo yahawe kubera guteza imbere ubuhinzi

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Agnes Kalibata, ari mu bayobozi bashyikirijwe ibihembo n’Ihuriro Nyafrica Riteza Imbere Ibidukikije (African Green Revolution Forum) ku mugoroba wa tariki 28/09/2012 kubera uruhare mu kuzamura ubukungu bushingiye ku buhinzi muri Afurika.

Minisitiri Kalibata yahawe igihembo bise Yara Prize 2012 kubera uruhare yagize mu guteza imbere ubuhinzi no kugeza u Rwanda ku mutekano w’ibiribwa.

Yara Prize 2012 ni igihembo kigenerwa abayobozi b’abagore muri Afurika bagize uruhare mu guteza imbere ubuhinzi no kwihaza mu biribwa kandi bigakorwa banarengera ibidukikije.

Dr Agnes Kalibata na Dr Dr. Eleni Gabre-Madhin bari kumwe na Perezida Jakaya Kikwete wa Tanzania, Kofi Annan na Jørgen Ole Haslestad uhagarariye Yara International.
Dr Agnes Kalibata na Dr Dr. Eleni Gabre-Madhin bari kumwe na Perezida Jakaya Kikwete wa Tanzania, Kofi Annan na Jørgen Ole Haslestad uhagarariye Yara International.

Undi wahawe icyo gihembo ni Dr. Eleni Gabre-Madhin, Umuyobozi ucyuye igihe wa Ethiopian Commodity Exchange (ECX) muri Ethiopia. Dr. Eleni yashimwe kuba yarateje imbere abahinzi bato ba kawa bo muri Ethiopia bakabasha kugera ku musaruro ushimishije no kuwubonera isoko.

Ihuriro Nyafrica Riteza Imbere Ibidukikije (African Green Revolution Forum) rigenera amashimwe abayobozi bo ku mugabane w’Afurika bashishikariza abaturage guhagurukira ibikorwa biteza imbere inganda zishingiye ku buhinzi kandi bakanazana impinduka nziza mu guteza imbere ibidukikije no kwihaza mu biribwa.

Gasana Marcellin

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Courage Dr Agnes Kalibata mbonereho no kukubwira ngo niwonkwe namenye ko wabyaye impanga Imana ikomeze ihezagire your family.uri umukozi n’abandi barebereho

agasaro yanditse ku itariki ya: 4-10-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka