Rutsiro: Basanze umurambo munsi y’urutare ariko ntibazi icyamwishe

Ku wa 25 Kanama 2015, mu Murenge wa Mushubati ho mu Karere ka Rutsiro habonetse umurambo w’umuntu ariko ntibashobora kumenya uwo ari we n’icyamwishe.

Uyu murambo wabonywe n’abaturage ubwo bawusanze munsi y’urutare ariko bayoberwa uwo ari we bitewe n’uko wari warangiritse kandi ngo nta n’umuntu uzwi wari waraburiwe irengero muri uwo murenge.

Binemezwa n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mushubati, Nirere Etienne, uvuga ko uretse kuba nyir’umurambo ataramenyekana batigeze banamenya igitsina kuko umurambo wari wangiritse cyane.

Cyokora, ngo ubuyobozi buzakomeza kurangisha kugira bumve niba hari uwaba yarabuze umuntu we mu minsi ishize.

Mbarushimana Cisse Aimable

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Icyo sicyo kibazo uwo murambo bajye bawushyikiriza ubuyobozi kuko police ifite ububasha bwo gukora autopsie ikamenya nyakwigendera uwo ariwe.

Jado yanditse ku itariki ya: 27-08-2015  →  Musubize

BANJYE BAFOTORA IMYENDA BISHOBORA GUTUMA AMENYEKANA.

SOSO yanditse ku itariki ya: 26-08-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka