Burera: Baracyaca iz’ubusamo bajya Uganda nubwo boroherejwe kunyura ku mupaka

Ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda, mu Karere ka Burera, haracyagaragara abantu batandukanye bawunyuraho mu buryo butemwe n’amategeko bajya muri Uganda banyuze mu bisambu, kandi barashyiriweho uburyo bworoshye bwo kwambuka.

Mu ntangirizo z’umwaka wa 2014 nibwo abaturage batuye mu bihugu bitatu; u Rwanda, Uganda na Kenya, bemerewe kujya bajya muri ibyo bihugu bakoresheje indangamuntu gusa aho gukoresha ibyangombwa cy’inzira (Laisser passer cyangwa Passé-port) nk’uko byari bisanzwe.

Nubwo hashyizweho iyo gahunda ariko bamwe mu Banyaburera ndetse n’abaturuka ahandi bajya muri Uganda banyuze muri ako karere, baracyawunyuraho mu buryo butemewe n’amategeko, banyura inzira zitazwi.

Abaturage basabwa kwerekana indangamuntu gusa kugira ngo bambuke bajye muri Uganda.
Abaturage basabwa kwerekana indangamuntu gusa kugira ngo bambuke bajye muri Uganda.

Ubuyobozi bw’abinjira n’abasohoka mu Ntara y’Amajyaruguru buvuga ko hari bamwe mu baturage bafatwa n’abashinzwe umutekano banyura mu bisambu, cyangwa mu bashyamba bajya muri Uganda.

Abaturage batandukanye bo mu Karere ka Burera bo bavuga ko abakoresha nabi umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ari abakora forode, bita “Abafozi” muri ako gace. Ibyo ngo babikora cyane cyane nijoro.

Ikindi Abanyaburera bavuga ngo ni uko ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda nta kintu gihari kigaragara cyerekana aho ibihugu byombi bitandukanira. Ibyo bituma Abanyaburera n’Abagande bagenderana mu buryo bworoshye, ugasanga nk’Umunyaburera agiye muri Uganda nk’ujya mu wundi murenge wo mu Karere ka Burera.

Gutura kure ya gasutamo, intandaro yo guca iz’ubusamo

Bigirwanimana Emmanuel, umwe muri abo baturage, avuga ko ikindi gituma bamwe mu Banyaburera banyura inzira zitazwi bajya muri Uganda ari uko batuye kure ya gasutamo zizwi.

Agasantere ka Kabere ko muri Uganda kari hafi y'Akarere ka Burera. Abaturage bajyayo uko bishakiye nk'abajya mu wundi murenge.
Agasantere ka Kabere ko muri Uganda kari hafi y’Akarere ka Burera. Abaturage bajyayo uko bishakiye nk’abajya mu wundi murenge.

Ubusanzwe mu Karere ka Burera hari gasutamo ebyiri gusa, iya Cyanika n’iya Buhita iri mu Murenge wa Kivuye. Bigirwanimana agira ati “…abatuye haruguru wenda nko ku kirunga (cya Muhabura), ntibyoroha ko bamanuka kuri gasutamo (ya Cyanika)”.

Ikindi gituma hari abakoresha nabi umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ni abashuka abantu ko ibyuma byo kuri gasutamo bitari gukora, ngo babanyuze mu bisambu babambutse bityo babahe amafaranga.

Aba bari ku Mupaka wa Cyanika berekana indangamuntu ngo bajye muri Uganda.
Aba bari ku Mupaka wa Cyanika berekana indangamuntu ngo bajye muri Uganda.

Gatarama Benoit, uhagarariye ubuyobozi bw’abinjira n’abasohoka mu Ntara y’Amajyaruguru, asaba abantu nk’abo gucika kuri iyo ngeso. Avuga kandi ko hashyizweho ingamba zo guhashya abantu bakoresha umupaka nabi.

Agira ati “Kugufata tukakujyana mu rukiko! Bajyaga babaca amafaranga, turimo turasaba ubuyobozi bw’inkiko ngo bukaze itegeko, nibagufata bagufunge umwaka! Nta mpamvu yo guca mu ishyamba ufite indangamuntu!”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera nabwo buhora busaba Abanyaburera gutunga indangamuntu kandi bakajya muri Uganda banyuze inzira zizwi, kugira ngo n’iyo baba bari muri icyo gihugu bagahurirayo n’ibibazo babashe gutabarwa.

Norbert NIYIZURUGERO

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka