Kuba umuhanzi ntibyambuza gucuruza inkweto-Doxa

Umuhanzi Doxa, umwe mu bahanzi bagaragayeho ibikorwa by’ubushabitsi bindi bibinjiriza bitari ubuhanzi gusa ngo kuba ari umuhanzi ntibimubera imbogamizi mu bucuruzi bwe b’inkweto.

Mu kiganiro Showbusiness Time kuri Kt Radio, 96.7 FM ku wa gatanu 18:15, Doxa yatangaje ko kuba ari umuhanzi bitamubuza gukora ubushabitsi (Business) bumwinjiriza kabone n’ubwo usanga bamwe mu bahanzi babifata nk’ibisuzuguritse.

Doxa ni uwo hagati.
Doxa ni uwo hagati.

Yagize ati: “Kuba ncuruza inkweto kuri njye numva nta gisebo kirimo kuko birantunze, bitunze umuryango wanjye kandi bikanamfasha kujya muri studio.”

Abajijwe niba namara kuba icyamamare muri muzika azahagarika gucuruza inkweto nk’uko bigenda bigaragara muri benshi mu bahanzi Nyarwanda aho aba yakoraga ikintu yamara kwinjira mu buhanzi cyangwa kwamamara akagihagarika, Doxa yasubije ko adateze kubireka.

Yagize ati: “ Ntabwo nteze kureka gucuruza inkweto ahubwo ubuhanzi bwanjye buzamfasha kuba iyo business yanjye yakwamamara kuko kuba icyamamare bisobanuye ko na Business yanjye izaba yamamaye, bityo abafana banjye nkabambika ndetse n’abanyarwanda bose muri rusange.”

Tumubajije inzozi afite ku bijyanye n’iyo business ye yo gucuruza inkweto yadusubije ko afite inzozi zo kuzabona ari we wambika Abanyarwanda bose ndetse akanarenga imbibi.

Yagize ati: “ Mfite inzozi zo kuzambika abanyarwanda bose kandi mfite n’inzozi zo kuzabona nanjye ngira brand yanjye ikamamara nk’uko twumva Gucci, Addidas, Nike n’izindi.”

Doxa mu bucurui bwe bw'inkweto.
Doxa mu bucurui bwe bw’inkweto.

Doxa yagiye yambika na bamwe mu bahanzi bagenzi be mu bikorwa binyuranye bagaragaramo.

Kugeza ubu bamwe mu bahanzi Doxa yambika hamwe n’abo yambitse harimo Ciney, Queen Cha, Diplomate mu mashusho y’indirimbo ye “Indebakure” n’abakobwa bagaragaramo, ndetse n’abakobwa bagaragara mu mashusho y’indirimbo “Sugar Teta” y’umuhanzi Free Man akaba nawe ayigaragaramo.

Doxa ni umwe mu bahanzi batatu bagize itsinda rya “Narrow Road Crew” ari bo Pacific Umwe Uzi, JDC Umwe Uzi na Doxa Umwe Uzi.

Kugeza ubu, aba basore bamaze kugira indirimbo zigera muri eshanu arizo “Ndapapa”, “Higa Ubeho”, “Mpishurira”, “Mpishurira remix ft Ezra”, na “Uri Umubyeyi Iteka”.

Marie Clemence Cyiza Uwimanimpaye

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

Yes I,amahoro agwire kuri narrow road crue kuberako ibikorwa bakora bashaka ko umuntu wese yagwiza amahoro nabo bajye babigirirwa inshuro nyinshi.........wish u to feel Irie

Rwanda yanditse ku itariki ya: 3-03-2015  →  Musubize

courage ku murimo, ntucike intege, imbere ni heza..

Raissa yanditse ku itariki ya: 2-03-2015  →  Musubize

Tumurinyuma mri byose

christella yanditse ku itariki ya: 26-02-2015  →  Musubize

Doxa icyo namubwira nugukomereza aho

christella yanditse ku itariki ya: 26-02-2015  →  Musubize

Doxa courage wangu!aho ushaka uzahagera Imana izabigufashamo!!

didine diane yanditse ku itariki ya: 26-02-2015  →  Musubize

Doxa courage wangu!humura icyo ushaka uzakigeraho kdi indirimbo ni nziza ukomerezaho uzagera kure!!

didine diane yanditse ku itariki ya: 26-02-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka