Nyaruguru: Kutagira ibibuga byaba intandaro yo kwishora mu biyobyabwenge

Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko kuba muri aka karere nta bibuga by’imyidagaduro bihari ari imwe mu mpamvu zituma abana bari mu biruhuko ndetse n’urubyiruko muri rusange rwishora mu biyobyabwenge.

Abatuye mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko uretse ibibuga biri ku bigo by’amashuri, kandi nabyo ngo ugasanga atari ibibuga byiza abana bakwidagaduriraho, ngo nta bibuga biri muri aka karere.

Aba baturage kandi banavuga ko n’ibibuga bike byo ku mashuri biharangwa ngo ari iby’umupira w’amaguru, ku buryo ngo abakina indi mikino ntaho gukinira babona.

Niyomukesha avuga ko kutagira ibibuga bishobora gutuma abana babo bajya mu ngeso mbi mu gihe bari mu biruhuko.
Niyomukesha avuga ko kutagira ibibuga bishobora gutuma abana babo bajya mu ngeso mbi mu gihe bari mu biruhuko.

Melanie Niyomukesha, umubyeyi utuye mu Murenge wa Ruheru wegereye ishyamba rya Nyungwe, avuga ko kuba mu murenge wabo, uretse ibibuga biri ku mashuri abana bigiraho nta bindi bibuga ahabona bishobora gutuma wa mwanya wo kwidagadura uhinduka uwo kwishora mu biyobyabwenge n’izindi ngeso mbi.

Ati “Ibibuga bihari ni ibiri ku mashuri nta bibuga byihariye bihari, abana bacu bakina bari ku ishuri gusa. Mu rugo rero uretse nko kubaha uturimo two mu rugo bakora nta kindi, ubundi usanga bagiye kwikinira amakarita n’urusimbi, bakaba bashobora no kujya kunywa ibiyobyabwenge, mbese bakirirwa bazerera nk’ababuze icyo bakora”.

Bimwe mu bigo by'amashuri nabyo nta bibuga bigira.
Bimwe mu bigo by’amashuri nabyo nta bibuga bigira.

Uyu mubyeyi kandi anavuga ko uretse n’abana baba bakeneye aho bidagadurira ngo haramutse habonetse ibibuga bihagije n’abantu bakuru bajya bafata akanya bakajya kunanura ingingo, kuko ngo siporo atari iy’abana gusa.

Ati “Erega natwe abakuru dushobora kujya tujya kunanura ingingo ntabwo siporo ireba abana gusa natwe iratureba, ubuyobozi bukwiye kudufasha kureba uko twabona aho twidagadurira rwose”.

Habitegeko avuga ko mu mwaka utaha bateganya kubaka inzu y'imyidagaduro mu Murenge wa Kibeho.
Habitegeko avuga ko mu mwaka utaha bateganya kubaka inzu y’imyidagaduro mu Murenge wa Kibeho.

Ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru buvuga ko muri gahunda iri imbere hagiye gutangira kubakwa ibibuga by’imyidagaduro, mu mwaka w’imihigo utaha (2015-2016) hakazatangira kubakwa inzu y’imyidagaduro mu Murenge wa Kibeho, nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Habitegeko Francois.

Ati “Ubu uyu mwaka twakoze inyigo ku buryo mu mwaka utaha w’imihigo tuzatangira kubaka jimunaze (gymnase) mu Murenge wa Kibeho mu rwego rwo guteza imbere imikino n’imyidagaduro mu rubyiruko, ariko kandi n’abakuru bakaboneraho”.

Kuba Akarere ka Nyaruguru nta bibuga bikoze neza kagira bituma nta n’ikipe y’akarere mu mukino uwo ariwo wose ihaba, uretse imikino ihuza utugari n’imirenge ijya ihakinirwa mu mukino w’umupira w’amaguru gusa, kandi nayo ikabera ku bibuga by’amashuri.

Charles RUZINDANA

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka