Rwamagana: Inkongi y’umuriro yibasiye inzu y’ubucuruzi, ibicuruzwa birakongoka

Amaduka atanu ari mu nzu y’ubucuruzi yo mu mujyi wa Rwamagana, ahazwi ku izina ryo “Kwa Murenzi”, yibasiwe n’inkongi y’umuriro, ahagana saa moya n’iminota 40 zo ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki ya 1/10/2014; ibicuruzwa byinshi bitarabarurirwa agaciro birakongoka.

Imodoka za Polisi y’Igihugu mu ishami rishinzwe kuzimya umuriro, zahageze nyuma y’isaha iyi nkongi itangiye, ni zo zabashije kuwuzimya neza mu gihe kigera ku masaha abiri zihageze.

Aya maduka yakongotse mu buryo bugaragara.
Aya maduka yakongotse mu buryo bugaragara.

Iyi nkongi, hataramenyekana icyayiteye, yatwitse amaduka 5 ari mu nzu y’ubucuruzi yegeranye n’isoko rya Rwamagana, ibumoso bw’umuhanda wa kaburimbo umanuka werekeza ahitwa Buswahilini. Muri aya maduka, atatu yatikiriyemo ibicuruzwa hafi ya burundu, naho andi abiri, abaturage bagerageje kuvanamo bimwe bitarafatwa.

By’umwihariko, iyi nkongi yibasiye cyane iduka rikomeye kandi ryarimo ibicuruzwa bitubutse (tutaramenya agaciro kabyo kugeza ubu) by’umucuruzi Murenzi Jean Baptiste, akaba ari umucuruzi ukomeye mu karere ka Rwamagana ndetse iri duka rye ryakongotse rikaba ari ryo ryaranguzaga ku bacuruzi benshi bo mu mujyi n’abo mu byaro by’akarere ka Rwamagana, nk’uko twabibwiwe na bamwe mu babizi neza.

Uku ni ko inkongi yari imeze uri aya maduka yo mu mujyi wa Rwamagana.
Uku ni ko inkongi yari imeze uri aya maduka yo mu mujyi wa Rwamagana.

Uyu mucuruzi Murenzi, ubwo yari amaze kubona ibimubayeho, yahise agira ikibazo cy’ihungabana ku buryo atigeze agaragara mu bikorwa byo kuzimya iyi nkongi.

Abaturage bo, ngo bakimara kubona aya maduka afashwe, bihutiye gutabara bakiza ibicuruzwa byari bitarakongoka ariko umuriro ubarusha imbaraga kugeza ubwo Polisi yahageraga n’imodoka zayo zizimya inkongi, ikabasha kuwuzimya ahagana saa tanu z’ijoro.

Imodoka za Polisi zizimya umuriro ni zo zatabaye, zibasha kuwuhosha.
Imodoka za Polisi zizimya umuriro ni zo zatabaye, zibasha kuwuhosha.

Umuyobozi w’akarere ka Rwamagana, Uwimana Nehemie, yatangaje ko iyi nkongi ari ingorane zikomeye ku bucuruzi bwo mu karere ka Rwamagana ariko agashimira Polisi y’Igihugu yabashije gutabara ikazimya uyu muriro ndetse agasaba abaturage muri rusange kudahungabana ahubwo bakakira ko iki kibazo ari impanuka, maze bagakomeza ibikorwa byabo.

Nta makuru aramenyekana niba abacuruzi bahuye n’ibi biza, by’umwihariko uyu Murenzi Jean Baptiste, bari bafite ubwishingizi bw’ibicuruzwa byabo.

Nubwo uyu muriro wari uteye ubwoba, byarangiye Polisi iwujimije ariko wamaze gutikiza ibicuruzwa byinshi.
Nubwo uyu muriro wari uteye ubwoba, byarangiye Polisi iwujimije ariko wamaze gutikiza ibicuruzwa byinshi.

Cyakora, Umuyobozi w’akarere ka Rwamagana, Uwimana Nehemie, yongera gushishikariza abacuruzi kujya bagira ubwishingizi bw’ibicuruzwa byabo aho kugira ngo babwibuke bamaze guhura n’ingorane nk’izi.

Abaturage bari benshi bareba aya maduka yashyaga.
Abaturage bari benshi bareba aya maduka yashyaga.

Emmanuel Ntivuguruzwa

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

kuki mutagaragaza neza icyateye iyi nkongi.ariko hagataho ntago byoroshye kubyakira mufashe abacuruzi ndetse n’abanyarwanda bose muri rusange inkongi zirwanywe.

musigire innocent yanditse ku itariki ya: 2-10-2014  →  Musubize

yooo ndabona inkongi zongeye kugaruka ariko buri munyarwanda wese agerageze kwitegura kuryanya inkongi

seraphine yanditse ku itariki ya: 2-10-2014  →  Musubize

akanama kashyizweho ngo kameneye ikihishe inyuma yizi nkongi kagakwiye kugira icyo kerekana hakiri kare izi nkongi zigafatirwa ingamba zikomeye, kuko ziamzeho imtungo yabanyarwanda rwose kandi ibi nino kudindiza iterambere ry’igihugu

matayo yanditse ku itariki ya: 2-10-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka