Imibiri y’abatutsi basaga 200 biciwe mu rusengero ruri ahitwa “kuri Midiho” muri Kayonza ikomeje kuburirwa irengero, nyuma y’imyaka 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ibaye.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bo muri Gisagara, barasaba ko abarundi bari bahacumbitse bakoze Jenoside bashyikirizwa ubutabera na bo bagahanwa.
Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba yafashije Dusabimana wacitse ku icumu rya Jenoside mu Karere ka Rutsiro gusubirana imitungo ye irimo n’amafaranga.
Munyanshoza Dieudonné yemereye abatuye i Mukarange mu Karere ka Kayonza ko agiye kubahangira indirimbo yo kwibuka amateka ya Jenoside yahakorewe.
Mu rwego rwo gukomeza gufata mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, Abanyaburera batanze inkunga ibarirwa muri miliyoni 44Frw yo kubafasha no kubaremera.
Abarokokeye i Musha muri Rwamagana bavuga ko mu Batutsi basaga 3000 bari bahungiye ku Kiriziya abazwi barokotse ari mbarwa.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari, avuga ko kuba FPR yarahagaritse Jenoside yakorerwaga Abatutsi ari amahirwe ku Banyarwanda bose, agasaba abaturage kuyabyaza umusaruro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burizeza abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi ko bugiye gukora ibishoboka byose, kugira ngo imibiri itarashyingurwa mu cybahiro ishyingurwe.
Depite Semasaka Gabriel yasabye abaturage bo mu Karere ka Burera kutajenjeka mu kurwanywa ingengabitekerezo ya Jenoside ikiri mu mitima y’abaturage.
Abanyapolitiki bitabiriye gusoreza icyunamo ku Rwibutso i Rebero mu Mujyi wa Kigali, barakebura bagenzi babo ndetse basaba abaturage kuba maso.
Senateri Mugesera Antoine avuga ko umwihariko wa Jenoside yakorewe Abatutsi wari gutsemba isano hagati y’abantu bityo kubica bikoroha.
Abagize inzego zitandukanye z’ubutabera mu Rwanda barasabwa guhangana n’icyaha cy’ipfobya n’ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi, nk’inshingano z’ubutabera.
Musenyeri Servilien Nzakamwita wa Diyoseze ya Byumba yasabye abaturage b’Akarere ka Nyagatare guharanira agaciro baremanywe Yezu yabasubije bigoranye.
Urubyiruko rugize itorero “Uruhongore rw’Umuco” ry’Akarere ka Kirehe rwahagurukiye kwigisha abakuze kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside binyuze mu ndirimbo, imivugo n’ikinamico.
Pasiteri Bucyeye Coleb yemeza ko uwigisha ijambo ry’Imana afite ingengabitekerezo ya Jenoside adakwiye kwakira amaturo y’abo yavanguye.
Abatutsi bahungiye kuri Paruwasi ya Mukarange i Kayonza muri Jenoside ngo bari banesheje interahamwe iyo zidafashwa na Gatete na Senkware.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Musafiri Papias Malimba, arasaba abashakashatsi n’abanditsi b’amateka gukomeza kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abagabo bane n’abagore babiri mo mu Murenge wa Rugereo mu Karere ka Rubavu batawe muri yombi bazira kwifungirana mu kabari mu gihe abandi bari mu biganiro byo Kwibuka22.
Siboruhanga Judith wo mu Kagari ka Nyabikokora mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe arateganya kwitura Françoise wamurokoye interahamwe zigiye kumwica muri Jenoside.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Gatsibo rwasabwe kurwanya ibitekerezo bihembera ingengabitekerezo ya Jenoside bigifitwe na bamwe mu bantu bakuze.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bufatanyije n’abarokotse Jenoside muri aka karere, batangiye igikorwa cyo kwimura imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bayishyira mu rwibutso rutunganyije neza.
Pariti Emmanuel, umwe mu bakoze Jenoside bagasaba imbabazi bagafungurwa, avuga ko kuvugisha ukuri ku byo yakoze byamubohoye ariko bimuca ku ncuti.
Abagabo batanu, umugore n’umusore bari mu maboko ya Polisi i Kirehe bakurikiranweho ingengabitekerezo ya Jenoside mu gihe hibukwa ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Abapfakazi ba Jenoside batuye mu Mudugudu wa AVEGA i Nyagasambu mu Karere ka Rwamagana barasaba gusanirwa inzu batujwemo zitarabagwira.
Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, avuga ko nta warindira ubuzima abantu nka bo ubwabo kuko abari barinzwe n’ingabo z’amahanga muri Jenoside bitababujije kwicwa.
Ndayisaba Fabrice uhagarariye Ndayisaba Fabrice Foundation, yatangaje ko kwigisha abana bato amateka ya Jenoside, bizabafasha kwirinda ababashuka babashyiramo ingengabitekerezo yayo.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Mukandasira Caritas, avuga ko bigayitse kuba hari abantu bitabira gusenga nyamara ntibitabire gusaba imbabazi abo biciye.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi baramagana Padiri Fortunatus Rudakemwa bashinja gushaka kongera kubabibami ingengabitekerezo ya Jenoside.
Nsengiyumva Pierre wo mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu ari mu maboko ya Polisi ashinjwa kubuza umugore we kwifatanya n’abandi kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abana bavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bavuga ko kwibuka ari ikimenyetso kibahamiriza ko iyo Jenoside yabaye koko.