Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 25 Ukwakira 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 57, bakaba babonetse mu bipimo 10,887. Nta binjiye mu bitaro bashya kuri iyo tariki, abarembye ni batatu.
Mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki ya 23 Ukwakira 2021, abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda bafashe Nkurikiyimana Jean Baptiste w’imyaka 56, yafatanywe icyangombwa gihimbano kigaragaza ko imodoka ye yakorewe isuzuma ry’ubuziranenge (Contrôle Technique), yafatiwe mu Karere ka Nyabihu, Umurenge wa Mukamira, yari (...)
Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), rwatangaje ko kuva ku itariki 9 kugera ku ya 30 Ukuboza 2021, ari bwo hazaba imurikagurisha mpuzamahanga, Expo 2021, rikazabera i Gikondo mu Karere ka Kicukiro aho risanzwe ribera.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga nta mutware wabaho ngo yuzuze inshingano ze adafatanyije n’abo atwara.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 16 Ukwakira 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 61, bakaba babonetse mu bipimo 14,479. Nta muntu witabye Imana.
Itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda ryiganjemo abagore bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga Amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo (FPU-3), batanze imyenda n’inkweto ku bagore bagizweho ingaruka n’amakimbirane yabaye muri icyo gihugu bigatuma bava mu byabo. Ni igikorwa cyabaye ku ya 14 na 15 Ukwakira 2021, (...)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 15 Ukwakira 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 80, bakaba babonetse mu bipimo 9,748. Nta muntu witabye Imana. Abinjiye ibitaro ni babiri, nta muntu wasezerewe.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta, Dr. Ugirashebuja Emmanuel, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Ukwakira 2021, yitabiriye inama ihuza abayobozi ba Polisi zibumbiye mu muryango wo mu Karere k’Iburasirazuba (EAPCCO). Ni inama ngarukamwaka iteranye ku nshuro ya 23, yabereye mu gihugu cya Repubulika iharanira (...)
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, ku wa Kane tariki ya 14 Ukwakira 2021, yitabiriye inama ihuza Abayobozi ba Polisi bo mu muryango w’ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAPCCO), ni inama irimo kubera mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu Mujyi wa Kinshasa.
Ku wa Gatatu tariki ya 13 Ukwakira 2021, Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi yafashe uwitwa Ndagijimana Silas w’imyaka 32, yafashwe arimo guha umupolisi ruswa ingana n’Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 150, kugira ngo azamufashe gusubirana moto ye yakoreshaga mu bucuruzi bw’amabuye y’agaciro butemewe n’amategeko, yafatiwe mu (...)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 14 Ukwakira 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 61, bakaba babonetse mu bipimo 8,376. Umuntu umwe yitabye Imana, akaba ari umugore. Uwinjiye ibitaro mushya ni umwe, na ho abasezerewe ni batanu.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 13 Ukwakira 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 86, bakaba babonetse mu bipimo 7,714. Umuntu umwe yitabye Imana, akaba ari umugore.
Umuyobozi wa Polisi y’u Butaliyani, Lt Gen Teo Luzi na Ambasaderi w’icyo gihugu mu Rwanda, Massimiliano Mazzanti n’itsinda ribaherekeje, ku wa Kabiri tariki ya 12 Ukwakira 2021, basuye ishuli rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC), riherereye mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 11 Ukwakira 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 46, bakaba babonetse mu bipimo 7,498. Nta muntu witabye Imana kuri iyo tariki. Abahawe doze ya mbere y’urukingo ni 193,091 na ho abahawe doze ya kabiri ni 2,110.
Mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki 10 Ukwakira 2021, Polisi ikorera mu Karere ka Huye yafashe uwitwa Umurerwa Mushimiyimana Agnes w’imyaka 36, yafatanywe umupira wo kwambara wa Polisi y’u Rwanda (T-Shirt) n’ikirango cy’ipeti (Pips) ya ofisiye wo ku rwego rwa Assistant Inspector of Police (AIP).
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima (RBC), cyatangaje ko abatuye uturere 12 two hanze ya Kigali, bakigiye gukingirwa Covid-19 mu buryo bwagutse, icyo kigo kikaba kirimo kugeza muri utwo turere miliyoni imwe y’inkingo zizifashishwa.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru tariki ya 10 Ukwakira Polisi ikorera mu Ntara y’Iburengerazuba kubufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu bikorwa byo kurwanya ubucuruzi bwa magendu, bafashe amabalo y’imyenda arenga 40.
Ikigo kigenzura Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda (CMA) cyitabiriye ibikorwa biri mu cyumweru cyahariwe kwita ku bashoramari b’Isoko ry’Imari n’Imigabane ku isi hose mu 2021 (World Investor Week), aho mu Rwanda byateguwe n’Ikigo kigenzura Isoko ry’Imari n’Imigabane ku bufatanye n’Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda (...)
Igihugu cy’u Bwongereza cyakuye u Rwanda ku rutonde rw’ibihugu ababiturukamo batemerewe gukorera ingendo muri icyo gihugu, kubera kubahiriza ingamba cyafashe zo gukumira icyorezo cya Covid-19.
Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 6 Ukwakira 2021, Polisi ikorera mu Karere ka Rusizi yafashe uwitwa Kwizera Fabrice w’imyaka 22 na Irakoze Justin w’imyaka 16, bafashwe barimo gukora impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga, gategori B, bakaba barafatiwe mu Karere ka Rusizi, Umurenge wa Bugarama, Akagari ka Pera, (...)
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko imvura imaze iminsi igwa yangije umuhanda Huye-Nyamagabe, ahitwa ku Nkungu mbere yo kugera mu Mujyi wa Nyamagabe, bityo ko umuhanda Kigali-Huye-Nyamagabe-Rusizi utari nyabagendwa.
Polisi ku bufatanye n’izindi nzego bafashe Habimana Emmanuel w’imyaka 23, yafatanywe insinga z’umuyoboro w’itumanaho wa murandasi (Fibre Optique) zifite uburebure bwa metero 8, akaba yafatiwe mu Karere ka Rusizi, Umurenge wa Kamembe, Akagari ka Cyangugu, Umudugudu wa Karambo, ku ya4 Ukwakira 2021.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), cyatangaje gahunda ivuguruye y’ingendo z’abanyeshuri biga bacumbikirwa, bagiye gusubira ku ishuri guhera ku wa Gatanu tariki 8 Ukwakira 2021, aho guhera ku wa Kane nk’uko byari byatangajwe mbere.
Polisi ikorera mu Karere ka Rubavu yeretse itangazamakuru abantu barindwi bafashwe batwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha, bafashwe kuva tariki ya 1 Ukwakira kugeza tariki ya 3 Ukwakira 2021, bafatirwa mu Mirenge ya Gisenyi na Rubavu.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 03 Ukwakira 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 89, bakaba babonetse mu bipimo 13,289. Abantu babiri bitabye Imana, bakaba ari abagore babiri.
Abapolisi bakorera mu Karere ka Kamonyi ku Cyumweru tariki ya 3 Ukwakira 2021, bafashe abantu 27 bagize itsinda ricyekwaho guhohotera no kwiba abaturage. Icyenda muri abo bantu bafatiwe mu Murenge wa Ngamba aho abaturage bari bamaze iminsi bagaragaje ko hari abantu babatega bitwaje imihoro bakabagirira nabi ndetse (...)
Kuri iki Cyumweru tariki 3 Ukwakira 2021, Ikigo cy’igihugu cyita ku Buzima (RBC), cyapimye Covid-19 abantu 655 bari mu masengesho mu madini n’amatorero atandukanye yo mu Mujyi wa Kigali, abapimwe bose bakaba basanze ari bazima.
Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 2 Ukwakira 2021, Ikigo cy’igihugu cyita ku Buzima (RBC), cyatangiye gupima Covid-19 abari mu tubari mu Mujyi wa Kigali, hakaba hafashwe ibipimo 672, icyo kigo kikaba cyatangaje ko abapimwe bose basanze ari bazima.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 02 Ukwakira 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 86, bakaba babonetse mu bipimo 17,574. Abantu batanu bitabye Imana, bakaba ari abagore babiri n’abagabo batatu. Abantu batatu basezerewe mu bitaro mu gihe abandi batanu binjiye ibitaro, naho (...)
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, uri i Abu Dhabi aho yitabiriye inama kuri za Politiki, kuri uyu wa Gatandatu tariki 2 Ukwakira 2021, yasuye aho urwanda rumurikira ibyo rwajyanye mu imurikagurisha mpuzamahanga ribera i Dubai muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu.