Ikamyo ya rukururana itwara mazutu yataye umuhanda igiye kugonga Ibiro by’Akarere ka Kayonza itangirwa n’ipoto y’amashanyarazi mu rukerera rwo kuri uyu wa 29 Mata 2015, cyakora babiri bari bayirimo bagira amahirwe bavamo ari bazima.
Umusore witwa Nzeziryayo Emmanuel wo mu Kagari ka Gahungeri mu Murenge Gitambi ari mu maboko ya Polisi, akekwaho kuba yaba yishe nyina umubyara mu ijoro ryo kuri uyu wa 28 Mata 2015 akamujugunya mu musarane.
Kuva ku wa 27 Mata 2015, umwana w’umuhungu ufite imyaka 15 afunzwe akurikiranyweho gusambanya abana batatu b’abakobwa bari hagati y’imyaka 2 n’imyaka 5.
Kuri sitasiyo ya Polisi iri mu Murenge wa Gatumba mu Karere ka Ngororero hafungiye umugore witwa Niyonshuti Grâce ufite imyaka 23 wo mu Mudugudu wa Nyakarambi, Akagari ka Kabarondo mu Murenge wa Bwira ho mu Karere ka Ngororero, ukekwaho guca igitsina cy’umugabo we witwa Hakizimana Vincent ufite imyaka 27 akoresheje urwembe.
Umugabo witwa Nkwaya Théoneste w’imyaka 47 wo mu Kagari ka Nyabitare, mu Murenge wa Nyarubuye mu Karere ka Kirehe, mu gitondo cyo kuwa 28 Mata 2015, bamusanze mu nzu iwe ari mu mugozi bakeka ko yiyahuye, ariko impamvu zamuteye kwiyambura ubuzima ntiziramenyekana.
Guhera ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 27 Mata 2015, mu tugari tubiri twa Musamo na Rwoga mu Murenge wa Ruhango, Akarere ka Ruhango, ngo abantu 12 bamaze kuribwa n’imbwa mu buryo budasanzwe.
Umugore witwa upfuyisoni Therèse w’imyaka 52, wari utuye mu Mudugudu wa Cyanamo, Akagari ka Muganza, Umurenge wa Muganza mu Karere ka Gisagara, bamusanze yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa 27 Mata 2015 bigaragara ko yishwe atemwe ijosi.
Batanu barimo n’umusaza w’imyaka 65 bo mu Kagali ka Rubago mu Murenge wa Rukumberi ho mu Karere ka Ngoma,bafatiwe mu cyuho barobesha ibikoresho bitemewe byangiza amafi mu kiyaga cya Mugesera na Birira.
Guhera kuri iki cyumweru tariki ya 26 Mata 2015, abantu 3 bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare nyuma y’uko inka zabo zifatiwe mu kibaya cy’Umugezi w’Umuvumba/ Icyanya cya 8 cyagenewe guhingwamo umuceri, mu kagari ka Rutare, Umurenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare.
Kuri iki cyumweru tariki ya 26 Mata 2015 umwarimu witwa Andre Kayigema w’imyaka 50 y’amavuko wigishaga ku Kigo cy’Amashuri Abanza cya Rugarambiro riherereye mu Kagari ka Taba mu Murenge wa Gihango ho mu Karere ka Rutsiro bamusanze mu itongo ry’aho yari atuye ariko ntibamenye icyabimuteye.
Mugema Moses w’imyaka 24 y’amavuko wari utuye mu Mudugudu wa Mishongi Akagari ka Rwinyemera mu Murenge wa Karangazi yaraye yiyahuye anyweye umuti w’inka kubera impamvu zitarashobora kumenyekana kuko nta kibazo kindi ngo yari afitanye n’abaturage.
Umuryango wa Nsabimana Evaritse na Mukampamira Jacqueline utuye mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera urarangisha umwana w’umuhungu witwa Niyonizeye Benon, uri mu kigero cy’imyaka 11 y’amavuko, wabuze ku wa kabiri tariki ya 21 Mata 2015.
Itsinda ry’Abasirikare b’Umuryango wa ICGLR bahuriye mu itsinda EJVM bashyizweho gucunga imipaka ihana imbibe na Kongo basuye ubutaka bw’u Rwanda bwigabijwe n’ingabo za Kongo FARDC mu Kagari ka Hehu mu Murenge wa Bugeshi ho mu Karere ka Rubavu, abaturage ku mpande zombi barigaragariza ko koko ari ku butaka bw’u Rwanda maze (…)
Mu Karere ka Nyamasheke haravugwa inkuru y’umusore witwa Hategeka François wateye icyuma mugenzi we basangiraga mu isanteri ya Birogo, mu Mudugudu wa Kagarama mu Kagari ka Kibingo mu Murenge wa Gihombo, akamukomeretsa bikomeye ku kibero.
Rev. Pasteur Musabyimana Zabulon afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Rubengera akekwaho gutanga ruswa.
Umurambo w’umuntu uri mu kigero cy’imyaka 25 na 28 watoraguwe mu mazi y’ikiyaga cya kivu mu Mudugudu wa Kazibo mu Kagari ka Muyange mu Murenge wa Nyabitekeri mu Karere ka Nyamasheke.
Polisi y’Igihugu mu Karere ka Bugesera ngo yatahuye uburyo bushya abaturage basigaye bakoresha batetse inzoga itemewe ya kanyanga, aho basigaye bakoresha inkono zisanzwe za kinyarwanda.
Umuntu umwe muri batatu barohamye mu kiyaga cya Cyohoha ya Ruguru ku mugoroba wo ku wa 20 Mata 2015 ubwo bavaga mu Murenge Mareba bajya mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera akomeje kuburirwa irengero.
Mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi , mu Mudugudu wa Gitwa mu gitondo cyo kuri uyu wa 21 Mata 2015, umugabo witwa Ngamije Innocent w’imyaka 36 yazindutse ajya gucukura amabuye yo kubaka muri Carrieri akigerayo umusozi ngo uramugwira ahita yitaba Imana.
Polisi y’Igihugu ishinzwe umutekano wo mu mazi (Police Marine) imaze kurohora abantu babiri bashizemo umwuka muri batandatu baraye bakoze impanuka mu bwato bwarohamye mu Kiyaga cya Cyohoha ya Ruguru mu Murenge wa Mareba mu Karere ka Bugesera naho kugeza ubu ngo umwe yaburiwe irengero.
Uwari umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mata, Rumanzi Isaac, n’uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Munini Katabarwa Richard, bari mu maboko ya Polisi mu Karere ka Nyaruguru, bashinjwa ibyaha binyuranye birimo kunyereza amafaranga ya Leta ndetse no gutanga amasoko ya Leta mu buryo bunyuranije n’amategeko.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 20 Mata 2015, mu Mudugudu wa Rugarama, Akagari ka Tambwe ho mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango batoraguye umurambo w’umwana w’imyaka 13 witwa Bikorimana Sadi mu mugende w’amazi ariko ntibashobora kumenya icyamwishe.
Nyuma y’impanuka yatwitse icyumba cya rimwe mu macumbi y’abakobwa muri Kaminuza y’u Rwanda (UR/CASS), ishami rya Huye, ubuyobozi buratangaza ko bugiye kongera ingamba mu rwego rwo gufasha abanyeshuri kwirinda impanuka nk’iyi.
Umugore witwa Tuyishime Devota w’imyaka 23 utuye mu kagari ka Gabiro mu murenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro, atangaza ko atewe impungenge n’umugabo witwa Habimana wari ufite imwe mu mitungo y’iwabo akaza kuyitsindira ariko akaba akomeje kumutera ubwoba amubwira ko azamwica.
Mu ijoro ryo ku wa 15 Mata 2015 mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke umugabo witwaga Etienne Hitimana alias Mashayija wari ufite imyaka 30 y’amavuko yishwe akubishwe kugeza ashizemo umwuka azizwa amasafuriya bivugwa ko yibye kuri Pasika.
Mu Mudugudu wa Kinihira mu Kagari ka Rwinume mu Murenge wa Rilima mu Karere ka Bugesera, habonetse umurambo w’umugabo witwa Ribonande Céléstin.
Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke mu Karere ka Gakenke hafungiye abagabo batatu bakurikiranyweho icyaha cyo kwiba Inyana, gusa umwe muri bo arabihakana kandi ariwe banyiri gufatanwa inka bavuga ko bayiguze.
Abagabo babiri bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ngarama bacyekwaho kunyereza umutungo wa Koperative yo kubitsa no kugurizanya “SACCO-Terimbere Nyagihanga”, iherereye mu Murenge wa Nyagihanga.
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abakozi bane b’ikigo cy’imari “SAGER Ganza Microfinance Ltd” gikorera mu Mujyi wa Nyamata mu Kagari ka Nyamata Ville mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, nyuma y’uko gifashwe n’inkongi y’umuriro hagahiramo amafaranga y’u Rwanda miliyoni 12 ariko ivu ryayo ntirigaragare ndetse (…)
Umugabo witwa Kanyebeshi wo mu Kagari ka Kiyanzi, Umurenge wa Nyamugari mu Karere ka Kirehe yakomerekeje bikomeye mu gitsina umugore we witwa Tuyambaze Diane akoresheje umusumari, mu ma saa tanu z’ijoro rishyira tariki 12 Mata 2015.