Mu gihe cya saa munani z’amanywa kuri wa 28 Gicurasi 2015, ni bwo uwitwa Nizeyimana Dieudonne w’imyaka 18 ari kumwe na nyina Nyransababera batoraguye igisasu cya “60MM Mortar Gun”, ubwo bahingaga mu murima wabo, mu Mudugudu wa Kabungo, Akagari ka Cyanza mu Murenge wa Mbuye.
Umugabo witwa Musonera Patrice w’imyaka 35 y’amavuko, afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kabarore, akekwaho gusambanya akana k’agakobwa kitwa Mpuhwezayo Aline k’imyaka 3 y’amavuko.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 10 wo mu Kagari ka Kiremera mu Murenge wa Kigarama ubwo yari atashye avuye ku ishuri ku mugoroba wo ku wa 27 Gicurasi 2015 yajyanye na bagenzi be mu rugomero rwa Kinoni II batangiye koga ararohama ahita apfa.
Umugabo witwa Mihigo Joël wo mu Kagari ka Curazo mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe bamusanze mu ishyamba yapfuye mu gitondo cyo ku wa 27 Gicurasi 2015, batatu bakekwaho kugira uruhare muri urwo rupfu baburirwa irengero.
Kuri uyu wa 27 Gicurasi 2015 umugabo witwa Ntahobavukira utuye mu Kagari ka Teba mu Murenge wa Gihango ho mu Karere ka Rutsiro yatawe muri yombi akekwaho kwiba ihene enye yafatanywe.
Abantu 40 bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gahunga iri mu Murenge wa Cyanika, mu Karere ka Burera, bakekwaho ubujurura bw’inka bwari bwarayogoje abatuye mu Mirenge wa Cyanika na Kagogo, ituriye umupaka uhuza u Rwanda na Uganda.
Mu busitani bw’Ibiro by’Umurenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, ahagana mu saa kumi n’ebyiri z’igitondo kuri uyu wa 26 Gicurasi 2015, hatoraguwe igisasu cya grenade yo mu bwoko bwa Stick, kugeza ubu uwakihashyize akaba ataramenyekana.
Umugabo witwa Karekezi yagwiriye n’ikirombe yacukuragamo amabuye y’agaciro ya Coltan ahita yitaba Imana.
Mu masaha ya saa yine z’ijoro zo kuri uyu wa 25 Gicurasi 2015, imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hilux ifite puraki RAC 218 V yavaga i Kigali yerekeza i Rubavu yataye umuhanda igonga inzu abantu bari mu modoka bavamo ari bazima uretse umushoferi wakomeretse ku maboko.
Abantu barindwi bo mu muryango umwe bari mu maboko ya polisi guhera ku mugoroba wo kuri uyu wa 24 Gicurasi 2015, bakurikiranyweho iterwa rya grenade yahitanywe uwitwa Theoneste Ntigurirwa w’imyaka 33 y’amavuko.
Mu rukerera rwo ku wa 21 Gicurasi 2015, ku bufatanye bw’inzego z’ibanze, ingabo na polisi, hakozwe umukwabu wo gufata abakora Kanyanga maze hasenywa inganda ebyiri ndetse bagwa gitumo abantu bane bayitetse.
Umugabo witwa Habumugisha Jean Bosco wo mu Kagari ka Kabaya, Umurenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero, yatawe muri yombi mu ijoro ryo ku wa 20 rishyira ku wa 21 Gicurasi 2015, saa tanu z’ijoro, akekwaho gutanga ruswa ubwo yajyaga gushaka abapolisi babiri, (umwe ufite ipeti rya AIP n’undi ufite PC), bakorera muri uwo murenge (…)
Bamwe mu baturage bo mu Mudududu wa Rugarama, Akagari ka Tambwe, Umurenge wa Ruhango wo mu Karere ka Ruhango, baravuga ko bahangayikishijwe cyane n’ikibazo cy’umutekano muke umaze iminsi ugaragara mu baturanyi babo kandi ababiri inyuma ntibamenyekane.
Inama y’umutekano yaguye y’Akarere ka Rwamagana yateranye kuri uyu wa 20 Gicurasi 2015, yagaragaje ko ubusinzi, by’umwihariko ubushingiye ku ikoreshwa rya “Kanyanga” buza ku isonga mu guhungabanya umutekano muri ako karere, bafata ingamba z’uko bagiye kuyihagurukira kugeza irandutse.
Ahitwa Rubumbashi mu Mudugudu wa Ruhango, Akagari ka Nyamagana, Umurenge wa Ruhango wo mu Karere ka Ruhango, mu gitondo cyo ku wa 21 Gicurasi 2015, habonetse umurambo w’umusore witwa Ishimwe Samuel uri mu kigero cy’imyaka 21 y’amavuko umanitse mu nzu yari acumbitsemo.
Abagabo babiri; Muhire na Ntirenganya Anastase bo mu Kagari ka Bushaka, Umurenge wa Boneza ho mu Karere ka Rutsiro bari gushakishwa nyuma y’uko bagiye kuroba mu kiyaga cya Kivu ntibagaruke.
Mu Kagari ka Ngondore mu Mudugudu wa Bukamba, Umurenge wa Byumba mu Karere ka Gicumbi hatoraguwe umurambo w’umusaza witwa Sinabajije Evariste mu muringoti yapfuye.
Muhawenimana Josiane, umugore w’imyaka 27, wo mu Murenge wa Musaza ari mu maboko ya Polisi nyuma yo gufatwa n’irondo ngo yikoreye ibiro 15 by’urumogo mu ijoro rishyira tariki 18 Gicurasi 2015 agahita avuga ko yari arutwaje umugabo wari wamuhaye akazi.
Ku mugoroba wo ku wa 17 Gicurasi 2015, Umurambo w’umukambwe witwa Ngirabayitsi w’imyaka 92 wo mu Kagari ka Nyakabungo mu Murenge wa Mpanga mu Karere ka Kirehe wasanzwe mu giti unagana mu mugozi bikaba bikekwa ko yiyahuye.
Abantu batatu bapfuye bagwiriwe n’igisenge cy’urusengero rw’Abadiventisiti b’umunsi wa Karindwi ruherereye mu Mudugudu wa Cyahafi, Akagari ka Kabuye, Umurenge wa Nyarugenge mu Karere ka Bugesera.
Umugabo witwa Hakizimana Jean Paul w’imyaka 29 y’amavuko, utuye mu Kagari ka Rubona, Umurenge wa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo, afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kiramuruzi akekwaho kwica umwana yibyariye witwa Habineza Eugène w’imyaka 5 amuciye umutwe.
Abantu babiri bitabye Imana undi umwe akomeje kuburirwa irengero nyuma yo kurohama mu mugezi wa Nyabarongo, igice giherereye mu Murenge wa Kibangu, mu Kagari ka Gitega, Umudugudu wa Gasarara.
Gahungu Enock ari mu maboko ya Polisi, sitasiyo ya Nyagatare nyuma yo gukubita umugore we Mukanziza Juliet ishoka mu mutwe, ubu akaba arwariye mu bitaro bya Nyagatare.
Ku wa kane tariki ya 14 Gicurasi 2015, Umugore witwa Mukamurara Clementine utuye mu Kagari ka Mataba mu Murenge wa Rubengera ho mu Karere ka Karongi yafatanywe udupfunyika tw’urumogi ibihumbi bibiri avuga ko yari arushyiriye uwitwa Mahoro Angélique ngo atumurangurire, bose batabwa muri yombi.
Shumbusho Seth w’imyaka 29 y’amavuko, umucungamutungo w’ikigo nderabuzima cya Gitoki, giherereye mu Murenge wa Gitoki mu Karere ka Gatsibo, afungiye kuri sitatiyo ya Polisi ya Kabarore akekwaho kunyereza amafaranga y’icyo kigo ari hagati ya miliyoni 2 n’ibihumbi 500 na miliyoni 3 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umukozi w’Umurenge wa Cyanika ushinzwe ubworozi, Ndagijimana Jean Baptiste, afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gahunga iri mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, akekwaho gukubita umugore we bikamuviramo urupfu.
Umuturage witwa Emelita Uzamukunda wo mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke mu gitondo cyo kuri uyu wa 13 Gicurasi 2015 ngo yaturukiweho n’igisasu cyo mu bwoko bwa geranade (stick) ubwo yararimo guhinga gusa ku bw’amahirwe ntibyamukomeretsa
Umusore witwa Hakizimana Jean w’imyaka 28 y’amavuko uvuga ko akomoka mu Karere ka Muhanga mu Murenge Nyamabuye ari mu maboko ya Polisi kuva kuri uyu wa 11 Gicurasi 2015 nyuma ngo yo kugubwa gitumo na Polisi y’Igihugu akorera undi mu ikizamini cy’uruhushya rwo gutwara ibinyabizika.
Mu Karere ka Gatsibo, Umurenge wa Kiramuruzi, mu Kagari ka Gakenke, Umudugudu wa Akamasine, mu ijoro ryo ku wa mbere rishyira ku wa kabiri tariki ya 12 Gicurasi 2015 ahagana mu saa sita n’igice z’ijoro, umugabo witwa Twagirimana Muzehe bakunze kwita Murasi w’imyaka 31 y’amavuko yarashwe n’umupolisi ahita yitaba Imana.
Umugore witwa Icyitegetse Fortunée w’imyaka 56 y’amavuko wari utuye mu Kagari ka Shyira mu Murenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza, yaketsweho gucuragura mu ijoro ryo ku wa 11 rishyira ku wa 12 Gicurasi 2015 maze arakubitwa kugeza ashizemo umwuka.