Umuhanda Nyamagabe-Nyamasheke-Rusizi wongeye kuba nyabagendwa

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ubu umuhanda Nyamagabe-Nyamasheke-Rusizi ari nyabagendwa.

Uyu muhanda wongeye kuba nyabagendwa nyuma yo gukuraho ibyari byawufunze byatewe n’inkangu yabaye mu ijoro ryakeye.

Imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru ni yo yateje inkangu ahitwa Pindura mu ishyamba rya Nyungwe, iyo nkangu ifunga uwo muhanda bituma udakomeza kuba nyabagendwa.

Ubutumwa Polisi yanyujije kuri Twitter bwagiraga inama abifuza kujya muri ibyo bice ko bakoresha umuhanda Muhanga- Karongi, Polisi isaba abantu kwihanganira izo mbogamizi mu gihe imirimo yo gutunganya uyu muhanda yari irimo gukorwa.

Mu bundi butumwa Polisi yashyize kuri Twitter, nyuma yaho, buherekejwe n’ifoto, bugaragaza ko uyu muhanda wongeye kuba nyabagendwa kuko imbogamizi zari zahavutse zakuweho.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka