Inkangu yafunze umuhanda Nyamagabe - Nyamasheke-Rusizi

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru yateje inkangu ahitwa Pindura mu ishyamba rya Nyungwe.

Iyo nkangu yafunze umuhanda Nyamagabe - Nyamasheke-Rusizi bituma udakomeza kuba nyabagendwa.

Ubutumwa Polisi yanyujije kuri Twitter bugira inama abifuza kujya muri ibyo bice ko bakoresha umuhanda Muhanga- Karongi, Polisi igasaba abantu kwihanganira izo mbogamizi mu gihe imirimo yo gutunganya uyu muhanda irimo gukorwa.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka