Rusizi: Umunya-Turkiya wari ugiye kwibwa miliyoni 10Frw yatabawe n’inzego z’umutekano

Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Rusizi yafatiye abagabo batatu mu cyuho, ubwo bari bagiye gushukisha w’Umunya-Turukiya, ikibuye cy’ikibumbano bamubeshya ko ari zahabu.

Nsabimana wafatanywe iryo buye yita zahabu yavuze ko yatangiye gukora akazi ko guteka umutwe afite imyaka 12
Nsabimana wafatanywe iryo buye yita zahabu yavuze ko yatangiye gukora akazi ko guteka umutwe afite imyaka 12

Abo batekamutwe bafashwe mu gihe biteguraga kumwaka miliyoni 10Frw nk’ikiguzi. Bafashwe ku bufatanye bw’inzego z’umutekano n’abaturage.

Abo batekamutwe kandi ngo bari bamaze imyaka irenga itatu bambura abaturage, babashukisha ibibuye babumbye, bavuga ko ari zahabu zasizwe n’Abakoloni bataburuye mu butaka.

Abafashwe barimo uwari utwaye icyo kibuye yitaga zahabu, uwari ushinzwe guhuza abo batekamutwe n’abakiliya ndetse n’umumotari wari ubazanye aho bagombaga guhurira n’umuzungu. Abandi babiri baburiwe irengero, kugeza ubu baracyashakishwa.

Ikibuye bafatanywe kibumbye muri “Bloc Ciment” bakagishukisha abantu bavuga ko ari zahabu.

Akimara gufatwa Nsabimana Louis Pacifique yavuze ko abisanzwemo kuva ku myaka 12 kandi ko ari akazi kamutunze kugeza ubu.

Agira ati “Aka ni akazi nk’akandi kose njyewe nakuyemo amafaranga menshi, ni yo antunze. Njyewe ndi umusore umeze neza aka ni akazi ngura ipantaro nziza nkarya neza. Kino kibuye bari kumpa miliyoni 10Frw, maze kugurisha ibindi 4 na kino cya gatanu.”

Ngiryo ibuye abo bita abameni bashukisha abaturage bakabatwara amafaranga
Ngiryo ibuye abo bita abameni bashukisha abaturage bakabatwara amafaranga

Nzayiramya Fabien, umuturage wo mu Murenge wa Giheke kimwe na bagenzi be basobanura, ko abo bantu babazengereje babasahura utwabo babashutse.

Ati “Hari nabo bajya bategera mu nzira. Hari uwo batwaye miliyoni 2Frw, (uwayamutwaye) turamufata tumugejeje kuri Polisi habura gihamya, ariko amafaranga yari yayoherereje mugenzi we arayirukankana, abo baba baraducitse.”

Ibrahim Ndagijimana ushinzwe gusemurira uwo Munya-Tturukiya wari uje kugura iyo mari, avuga ko ibikorwa nk’ibyo bishobora gutuma abagenderera u Rwanda n’abarushoramo imari bashobora kurutera icyizere.

Ati “Abantu turi kumwe ni abanyamahaga baba barashoye imari yabo mu gihugu bazi neza ko kirimo umutekano. Iyo umutesheje umwanya agaturuka i Kigali akirirwa mu bintu nk’ibi, bituma batera igihugu cyacu icyizere kubera abantu bake barimo abo nakwita abatekemutwe.”

Abo bagabo bahise bajyanwa kuri sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ishami rya Rusizi. Itegeko rigena ko icyaha kibahamye bahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka ibiri n’imyaka itatu ndetse n’ihazabu ry’amafaranga ari hagati ya miliyoni 3Frw na miliyoni 5Frw.

Yafashwe hakoreshejwe imbaraga nyinshi, aho yashakishijwe umwanya munini yihishe mu mirima y'ibyayi
Yafashwe hakoreshejwe imbaraga nyinshi, aho yashakishijwe umwanya munini yihishe mu mirima y’ibyayi

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’u Burengerazuba CIP Innocent Gasasira, yavuze ko bakurikiranyweho icyaha cy’ubwambuzi bushukana, ariko aboneraho n’umwanya wo kwibutsa abantu kujya bashishoza umuntu ubahamagariye ibyitwa imari

Ati “Icyo tuvuga cyane dukangurira bamwe mu baturage bemera gushukwa, urabona, kugira ngo umuntu aguhamagare ngo afite imari kuri telefone mutaziranye ukiruka ukajya kureba iyo mari. Wagombye no gutera intabwe ukamenya uwo muntu uwo ari we.”

Ikibazo cy’abatekamutwe bazwi nk’"Abameni" si ubwa mbere kivuzwe muri ako karere, cyiganje mu mirenge ya Nyakarenzo na Nkungu.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 16 )

Uubu nonaha Hari umpaye gahunda

Alias Joe yanditse ku itariki ya: 23-12-2021  →  Musubize

Yanditse kuri 05/03/2021 kuri iyi number 0785415745

Joe yanditse ku itariki ya: 7-03-2021  →  Musubize

numero imwe bari gukoresha ni: 0782842995

gihaza yanditse ku itariki ya: 29-10-2019  →  Musubize

yewe uyu muntu nanjye nsanze yampamagaye cyane arambura muhamagaye ntiyacamo nyua arampamagara ntabintu byinshi ambwiye ahubwo arabwiyengo reka ampe message ampaye message irimo ngo nimusobanurirre ngo se atoye agapine kanditse amagambo karimo uducupa tubiri turimo imicanga ibengerana hamwe nakandi karimo amazi y’umutuku akoresheje no0787650953 ariko barasaze kweri

KAMALI yanditse ku itariki ya: 18-10-2019  →  Musubize

Mumpamagare mbahereze numero y’uwo turi kuvugana ngo aragifite muzakimwake nacyo numvise bafite na byinshi. 0788761958 niyo munshakiraho banzengereje Kbs Bamaze iminsi ambwirako ngo bakinzanire ngo mbashakire isoko

Jean yanditse ku itariki ya: 8-10-2019  →  Musubize

Just been called by 0783951087, he was saying he is a Me2U agent staying in Rusizi, talking about some "PURE GOLD bulls**t"...hahahhahahaha he was trying to make me believe that it’s just that I don’t remember but we had an appointment 2 months ago and that I promised to buy the gold from him! I just can’t stop laughing, like who in the world they thought was going to believe that weak a$$ lie?

Arsene Ngenzi yanditse ku itariki ya: 17-09-2019  →  Musubize

Abatekamutswe baragwira. Nanjye message nkiyo ndayibonye ariko sinayiha agaciro

Jean yanditse ku itariki ya: 27-08-2019  →  Musubize

Hhhhhhh sha nanjye naringiye kumwohereza amafaranga nuko narimbanje kureba amateka yiri buye none nsanze arabatekamitwe nari natangiye kuvuga ngo nakize birarangiye. Imana ishimwe kbx
Yambwye ngo yitwa eric yacuruzaga m2u

Yvan yanditse ku itariki ya: 23-07-2019  →  Musubize

Ubu butekamutwe ntago bwarangiye le12/07/2019 byongeye bibaho rero murebe ukuntu mwakongera umutekano kuko noneho baka amafaranga menshi cyane ayo mabuye nayo akaba ameze nkaho ari ayanyayo murakoze

Derick MUHIRWA yanditse ku itariki ya: 14-07-2019  →  Musubize

Sha ewana polisi nikore akazi kuko izinyana zimbwa zandiye ibihumbi 300 muri 2016 mukwa 8 harimo nababa biyita ko araba polisi bakora kumupaka mana weee sinabona icyomvuga kabsa

Ismael yanditse ku itariki ya: 25-11-2018  →  Musubize

Uwamumpa nkamukandisha ipensi amabya ntiyazongera.Iyo ngegera.

@@@@ yanditse ku itariki ya: 21-11-2018  →  Musubize

nanjye iyi bazanga yanyohereje sms imbwira ibya zahabu bataburuye mu isambu ya na 0787821148 na sms ndacyazifite ngo ni 1914CERTIFIED PURE GOLD, NETWEIGHT 2000GRS WITHOUT FLASK. hihihi usibye ko nahise mutuka ku babyeyi be bose akimara kuyohereza ngo

liki liki yanditse ku itariki ya: 21-11-2018  →  Musubize

Uwo mutekamutwe uziko agihari, ubu ndi kwandika iyo message imaze kungeraho!

Emmanuel yanditse ku itariki ya: 14-01-2019  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka