Kigali: Umukobwa yasimbutse igorofa ashaka kwiyahura

Umukobwa witwa Scolastique Hatangimana w’imyaka 25 y’amavuko, mu masaha ya saa tanu kuri uyu wa gatanu 06 Nzeri 2019 yasimbutse mu igorofa rya kane mu nyubako ya Makuza Peace Plaza, ashaka kwiyahura.

Yasimbutse avuye mu igorofa rya kane ntiyapfa
Yasimbutse avuye mu igorofa rya kane ntiyapfa

Umuyobozi ushinzwe umutekano ku nyubako ya Makuza Peace Plaza, Munyaneza Peter, yabwiye Kigali Today ko uwo mukobwa bamusanganye ibyangombwa byerekana ko yitwa Hatangimana Scolastique, akaba yaravutse mu 1994.

Munyaneza yavuze ko amakuru bamaze kumenya ari uko uwo mukobwa yasimbutse igorofa agamije kwiyahura.

Nyuma yo gusimbuka igorofa rya kane, uyu mukobwa ntiyahise apfa ahubwo yakomeretse, ahita ajyanwa mu bitaro bya CHUK.

Ababonye uyu mukobwa bavuze ko yakomeretse cyane ku buryo bigoye ko yakira ibyo bikomere.

Ababibonye kandi bavuga ko uyu mukobwa yabanje kwipfuka agatambaro mu maso mbere yo gusimbuka.

Amakuru aravuga ko uyu mukobwa yaba yashatse kwiyahura bitewe n’uko umusore bakundanaga yamwanze, ndetse ngo mbere yo kwiyahura akaba yari yasize yanditse urupapuro.

Uru ni rwo rupapuro bivugwa ko bamusanganye
Uru ni rwo rupapuro bivugwa ko bamusanganye

Kuri urwo rupapuro yanditse agira ati " Dear .... (izina ry’umusore), kuko utahaye agaciro urwo nagukundaga, ukarenga ukabaho ukinisha umutima wanjye, ubu singishoboye kwihanganira uburibwe unteye. BYE.

Mbere yo kwiyahura yabanje kwandikira abantu benshi, n'ubuzima
Mbere yo kwiyahura yabanje kwandikira abantu benshi, n’ubuzima
Yahise ajyanwa kuvurirwa kuri CHUK
Yahise ajyanwa kuvurirwa kuri CHUK
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 17 )

Uyu ba bagabo bamusunitse ahubwo umunsi we wari utaragera. Tumwifurije gukira kandi barebe kuri camera ziri hafi niba batabisibye cg batazizimije.

Makuza yanditse ku itariki ya: 6-09-2019  →  Musubize

Birababaje cyane kdi biteye agahinda ndabitekereza nkumva ukuntu yaramerewe mu mutimawe nanjye byaribirihafi kuzambaho nimana yankijijepe nihanganishije umuryangowe ni ncuti zezose

nsabimana jaen Baptiste yanditse ku itariki ya: 7-09-2019  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka