Kuri uyu wa kane hateganyijwe indi mvura mu bice bitandukanye by’igihugu

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe (Meteo Rwanda) kiratangaza ko kuri uyu wa kane tariki 26 Ukuboza 2019 hagati ya saa kumi n’ebyiri za mu gitondo na saa sita z’amanywa hateganyijwe imvura iri buhere mu Ntara y’i Burasirazuba yerekeza mu Mujyi wa Kigali no mu turere twa Gicumbi, Rulindo na Kamonyi.

Ahandi hasigaye hateganyijwe ibicu byiganje biza gutanga imvura yumvikanamo inkuba nyuma ya saa sita (ni ukuvuga hagati ya saa sita z’amanywa na saa kumi n’ebyiri z’umugoroba) mu turere twose tw’igihugu uretse mu Ntara y’i Burasirazuba biteganyijwe ko imvura iba yarangiyemo hakarangwa n’ibicu gusa.

Itangazo rya Meteo Rwanda ryerekeranye n’uko ikirere cyifashe kuri uyu wa kane riravuga ko igipimo cy’ubushyuhe bwinshi kiri buboneke kurusha ahandi mu turere twa Nyagatare, Gatsibo, Kayonza na Ngoma ari 27℃ naho igipimo cy’ubushyuhe buke kiri buboneke mu turere twa Gicumbi, Burera na Nyabihu akaba ari 12℃.

Umuyaga uraba woroheje ufite umuvuduko uri hagati ya metero enye ku isegonda (4m/s) na metero esheshatu ku isegonda (6m/s).

Meteo Rwanda ivuga ko uwagira ikindi ashaka kumenya yahamagara ku murongo utishyurwa ari wo: 6080.

Meteo Rwanda itangaje ko kuri uyu wa kane hagwa imvura hirya no hino mu gihugu, nyuma y’indi mvura ikomeye yaraye iguye mu ijoro ryakeye, imibare y’ibyangijwe n’iyo mvura ikaba yari ikirimo gukusanywa.

Inkuru bijyanye:

Imvura yamanukanye imodoka iyiroha mu kiraro muri Nyabugogo

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka